Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwemeje ko nirukomeza kuraswaho ruzasubiza mu buryo bwa gisirikare

radiotv10by radiotv10
31/05/2022
in MU RWANDA
0
U Rwanda rwemeje ko nirukomeza kuraswaho ruzasubiza mu buryo bwa gisirikare
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwerera, Dr Vincent Biruta yatangaje ko u Rwanda rufite uburenganzira n’ubushobozi bwo kurinda abaturage barwo bityo ko mu gihe rwakomeza kuraswaho na DRCongo, na rwo ruzitaba.

Dr Vincent Biruta yabitangaje kuri uyu wa Kabiri tariki 31 Gicurasi mu kiganiro yagiranye n’Abanyamakuru cyagarutse ku mwuka mubi wavutse y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Vincent Biruta yagarutse ku bisasu byarashwe n’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo inshuro ebyiri mu mezi abiri gusa.

Yavuze ko ibisasu bya mbere byarashwe na FARDC ku itariki ya 19 Werurwe 2022.

Yagize ati “Ariko ejobundi ku wa 23 Gicurasi noneho hagwa amabombe menshi muri Burera no muri Musanze, noneho asenya inzu anakomeretsa n’abantu.”

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bwasohoye itangazo mu mpera z’icyumweru gishize, bugaruka kuri ibi bisasu byarashwe na FARDC ifatanyije n’umutwe wa FDLR washinzwe n’abasize bahekuye u Rwanda muri Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Dr Vincent Biruta yavuze ko ubwo FARDC yarasaga ibi bisasu byaguye mu Rwanda mu cyumweru gishize, yavuganye na mugenzi we wa DRC, akamwizeza ko bagiye kubikemura ariko ko kuva icyo gihe ntacyo basubije u Rwanda.

Biruta kandi yavuze ko Guverinoma y’u Rwanda ifite amakuru yizewe ko FARDC iri gukorana na FDLR mu rwego rwo gufasha uyu mutwe gushinga ibirindiro hafi y’u Rwanda kugira ngo ujye ubasha guhungabanya umutekano w’abaturarwanda.

Yavuze kandi ko Guverinoma y’u Rwanda yanaganiriye n’abahagarariye Ibihugu byabo mu Rwanda ikabereka uburyo MONUSCO na yo ikomeje kurebera ibi bikorwa by’ubushotoranyi biri gukorwa na FARDC.

Dr Vincent Biruta yavuze kandi ko u Rwanda rwamenyesheje aba bahagarariye Ibihugu byabo mu Rwanda ko Igihugu kitazakomeza kurebera mu gihe ibikorwa nk’ibi by’ubushotoranyi byakomeza kuko u Rwanda rufite inshingano zo kurinda abaturage barwo.

Ririya tangazo ry’Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda, ryanavuze ko hari abasirikare babiri b’u Rwanda bashimuswe na FARDC ifatanyije na FDLR ubu bakaba bari mu maboko y’uyu mutwe.

Dr Biruta yavuze ko DRC nitarekura abasirikare b’u Rwanda ikanakomeza kurasa mu Rwanda, na rwo rufite uburenganzira n’ubushobozi bwo kwitabara.

Yagize ati “Dufite inshingano zo kurinda abaturage bacu no kurinda imipaka y’igihugu cyacu. Igihugu iyo gitewe kiritabara.”

Gusa Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda aherutse gutangaza ko u Rwanda rudafite umwuka wo kurwana na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kuko iyo ruza kuwugira rutari kwihanganira ibi bikorwa by’ubushotoranyi bikaba ku nshuro ya kabiri.

Mu kiganiro yagiranye na Televiziyo Rwanda ku Cyumweru tariki 29 Gicurasi, Alain Mukuralinda yagize ati “iyo umwuka wo kurwana uba uhari, bari kurasa ku butaka bw’u Rwanda mu kwezi kwa Gatatu ukihangana ariko mu kwa Gatanu barasa na we ukarasa, ntabwo bivuze ko u Rwanda rudashoboye kurasa.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × three =

Previous Post

Umuyobozi muri Guverinoma avuze kuri Visi Meya wabajijwe n’umunyamakuru akamufata nk’utamwumvise

Next Post

Perezida Kagame na Tshisekedi bemeye guhura, Congo yemera kurekura abasirikare b’u Rwanda

Related Posts

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

IZIHERUKA

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?
IBYAMAMARE

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

by radiotv10
19/01/2026
0

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

19/01/2026
Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame na Tshisekedi bemeye guhura, Congo yemera kurekura abasirikare b’u Rwanda

Perezida Kagame na Tshisekedi bemeye guhura, Congo yemera kurekura abasirikare b'u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.