Thursday, November 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rweruriye MONUSCO ko yamaze kugaragaza uruhande ihengamiyeho mu bushotoranyi bwa FARDC

radiotv10by radiotv10
14/06/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rweruriye MONUSCO ko yamaze kugaragaza uruhande ihengamiyeho mu bushotoranyi bwa FARDC
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo yavuze ko MONUSCO yamaze kugaragaza ko ishyigikiye igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasiya Congo (FARDC) mu bikorwa by’ubushotoranyi ku Rwanda.

Mu mezi atatu gusa, FARDC imaze kurasa mu Rwanda inshuro eshatu zirimo iyo mu cyumweru gishize ubwo ku wa Gatanu tariki 10 Kamena iki Gisirikare cya DRCongo cyarasaga ibisasu bibiri bya rutura bikagwa mu mirima y’abaturage mu Murenge wa Kinigi mu Karere ka Musanze.

Umuvugizi w’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Stéphane Dujarric ku wa Gatandatu tariki 11 Kamena 2022 ubwo yagaruka ku bibazo biri hagati y’u Rwanda na DRC, yavuze ko bashyigikiye inzira y’ibiganiro bigamije kugarura umwuka mwiza hagati y’ibi Bihugu.

Yavuze ko bakiriye neza umuhuza washyizweho ari we Perezida wa Angola João Lourenço, ndetse ko Umuryango w’Abibumbye uzatanga ubufasha bwose bukenewe mu bya Politiki.

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo ubwo yasubizaga kuri ibi byatangajwe n’Umuvugizi w’Umunyamabanga Mukuru wa UN, yamwibukije ko ingabo z’uyu muryango zicunga umutekano mu Burasirazuba bwa DRCongo (MONUSCO) zamaze kugaragaza uruhande zibogamiyeho kuko ziri gufasha FARDC mu bikorwa by’ubushotoranyi ku Rwanda.

Yagize ati “Ubusugire bw’Ibihugu byose, burangana yaba ubw’u Rwanda n’ubwa DRC. Iyo DRC irashe ibisasu mu Rwanda ntibyitwa kuvogera, iki ni ikibazo gikomeye kandi kizana ingaruka kandi bikwiye guhagarara burundu.”

Yolande Makolo yakomeje agira ati “Mu gufata uruhande muri iki kibazo, MONUSCO yatanze ubufasha bweruye kuri Guverinoma ya DRC mu bikorwa byo kurasa ku butaka bw’u Rwanda mu rwego rwo kwihunza ibibazo by’imbere mu Gihugu cyabo.”

Mu butumwa bwa Yolande Makolo yashyize kuri Twitter, yakomeje agira ati “Ingabo za UN, MONUSCO ntabwo zari zikwiye kugira uruhare mu bikorwa by’ubushotoranyi cyangwa ngo zihagarare zirebere ibiri kuba, bitabaye ibyo byaba ari ubufatanyacyaha. Iki ni ikibazo cyakunze kugaragazwa n’u Rwanda inshuro nyinshi.”

The sovereignty of all countries is equal, whether it is Rwanda or DRC. When the DRC bombs Rwandan territory unprovoked, this is a serious matter that has consequences, and it has to stop once and for all. 1/4 https://t.co/g1pap644qw

— Yolande Makolo 🇷🇼 (@YolandeMakolo) June 13, 2022

Umubano w’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, umaze iminsi urimo igitotsi cyaturutse ku birego Ibihugu byombi bishinjanya.

Ibihugu binyuranye birimo iby’ibihangange byagize icyo bivuga kuri ibi bibazo nka Leta Zunze Ubumwe za America zasohoye itangazo mu mpera z’icyumweru gishize.

Iri tangazo ryashyizwe hanze n’Ibiro bishinzwe Ububanyi n’Amahanga bwa Afurika ku ya 11 Kamena 2022, rivuga ko Leta Zunze Ubumwe za America zitewe impungenge n’ibikorwa by’ubushotoranyi hagati y’u Rwanda na DRC.

Iri tangazo ryasabye ibiro by’Abakuru b’Ibihugu byombi, kugira icyo bakora kugira ngo ibi bikorwa biri hagati y’u Rwanda na DRC bihagarare.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − seven =

Previous Post

FARDC yemeje ko Bunagana yafashwe ariko itangaza abandi bayifashe batari M23

Next Post

Igikomangoma cyacu kindyamye mu gituza- Impundu Kwa Clarisse Karasira wamaze kuba umubyeyi

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

by radiotv10
20/11/2025
0

Perezida Paul Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenge wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al-Thani watangiye uruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri mu Rwanda....

Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

by radiotv10
20/11/2025
0

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yatangiye gukurikirana ikibazo cy’abandi banyamahanga bagaragaye mu mashusho bakorera urugomo abamotari mu Mujyi wa Kigali....

Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

by radiotv10
20/11/2025
0

Uruganda ‘Agashinguracumu’ ruherereye mu Murenge wa Muyumbu mu Karere ka Rwamagana, rwari rwarahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki, rwatahuwe...

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

by radiotv10
20/11/2025
0

Umuhanda uhuza Uturere twa Nyanza mu Ntara y’Amajyepfo, na Bugesera na Ngoma mu y’Iburasirazuba, uraza kumara amasaha arindwi (kuva saa...

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

by radiotv10
20/11/2025
0

Umugabo wo mu murenge wa Kamembe wari wibwe terefone n’abasore babiri bamutekeye umutwe ngo bakamutega ikizingo cy’amakoma azinze neza nk’amafaranga...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

by radiotv10
20/11/2025
0

Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

20/11/2025
Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

20/11/2025
Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

20/11/2025
Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

20/11/2025
Kwinjiza abafana ku buntu ni inyungu ku Mavubi cyangwa ni ukubamenyereza nabi?

Menya umwanya Amavubi yajeho ku Isi ku rutonde ngarukakwezi

20/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Igikomangoma cyacu kindyamye mu gituza- Impundu Kwa Clarisse Karasira wamaze kuba umubyeyi

Igikomangoma cyacu kindyamye mu gituza- Impundu Kwa Clarisse Karasira wamaze kuba umubyeyi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.