Monday, September 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rweruriye MONUSCO ko yamaze kugaragaza uruhande ihengamiyeho mu bushotoranyi bwa FARDC

radiotv10by radiotv10
14/06/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rweruriye MONUSCO ko yamaze kugaragaza uruhande ihengamiyeho mu bushotoranyi bwa FARDC
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo yavuze ko MONUSCO yamaze kugaragaza ko ishyigikiye igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasiya Congo (FARDC) mu bikorwa by’ubushotoranyi ku Rwanda.

Mu mezi atatu gusa, FARDC imaze kurasa mu Rwanda inshuro eshatu zirimo iyo mu cyumweru gishize ubwo ku wa Gatanu tariki 10 Kamena iki Gisirikare cya DRCongo cyarasaga ibisasu bibiri bya rutura bikagwa mu mirima y’abaturage mu Murenge wa Kinigi mu Karere ka Musanze.

Umuvugizi w’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Stéphane Dujarric ku wa Gatandatu tariki 11 Kamena 2022 ubwo yagaruka ku bibazo biri hagati y’u Rwanda na DRC, yavuze ko bashyigikiye inzira y’ibiganiro bigamije kugarura umwuka mwiza hagati y’ibi Bihugu.

Yavuze ko bakiriye neza umuhuza washyizweho ari we Perezida wa Angola João Lourenço, ndetse ko Umuryango w’Abibumbye uzatanga ubufasha bwose bukenewe mu bya Politiki.

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo ubwo yasubizaga kuri ibi byatangajwe n’Umuvugizi w’Umunyamabanga Mukuru wa UN, yamwibukije ko ingabo z’uyu muryango zicunga umutekano mu Burasirazuba bwa DRCongo (MONUSCO) zamaze kugaragaza uruhande zibogamiyeho kuko ziri gufasha FARDC mu bikorwa by’ubushotoranyi ku Rwanda.

Yagize ati “Ubusugire bw’Ibihugu byose, burangana yaba ubw’u Rwanda n’ubwa DRC. Iyo DRC irashe ibisasu mu Rwanda ntibyitwa kuvogera, iki ni ikibazo gikomeye kandi kizana ingaruka kandi bikwiye guhagarara burundu.”

Yolande Makolo yakomeje agira ati “Mu gufata uruhande muri iki kibazo, MONUSCO yatanze ubufasha bweruye kuri Guverinoma ya DRC mu bikorwa byo kurasa ku butaka bw’u Rwanda mu rwego rwo kwihunza ibibazo by’imbere mu Gihugu cyabo.”

Mu butumwa bwa Yolande Makolo yashyize kuri Twitter, yakomeje agira ati “Ingabo za UN, MONUSCO ntabwo zari zikwiye kugira uruhare mu bikorwa by’ubushotoranyi cyangwa ngo zihagarare zirebere ibiri kuba, bitabaye ibyo byaba ari ubufatanyacyaha. Iki ni ikibazo cyakunze kugaragazwa n’u Rwanda inshuro nyinshi.”

The sovereignty of all countries is equal, whether it is Rwanda or DRC. When the DRC bombs Rwandan territory unprovoked, this is a serious matter that has consequences, and it has to stop once and for all. 1/4 https://t.co/g1pap644qw

— Yolande Makolo 🇷🇼 (@YolandeMakolo) June 13, 2022

Umubano w’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, umaze iminsi urimo igitotsi cyaturutse ku birego Ibihugu byombi bishinjanya.

Ibihugu binyuranye birimo iby’ibihangange byagize icyo bivuga kuri ibi bibazo nka Leta Zunze Ubumwe za America zasohoye itangazo mu mpera z’icyumweru gishize.

Iri tangazo ryashyizwe hanze n’Ibiro bishinzwe Ububanyi n’Amahanga bwa Afurika ku ya 11 Kamena 2022, rivuga ko Leta Zunze Ubumwe za America zitewe impungenge n’ibikorwa by’ubushotoranyi hagati y’u Rwanda na DRC.

Iri tangazo ryasabye ibiro by’Abakuru b’Ibihugu byombi, kugira icyo bakora kugira ngo ibi bikorwa biri hagati y’u Rwanda na DRC bihagarare.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five − 1 =

Previous Post

FARDC yemeje ko Bunagana yafashwe ariko itangaza abandi bayifashe batari M23

Next Post

Igikomangoma cyacu kindyamye mu gituza- Impundu Kwa Clarisse Karasira wamaze kuba umubyeyi

Related Posts

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

by radiotv10
15/09/2025
0

Inteko Ishinga Amategeko yanenze umwanzuro w’iy’Ubumwe bw’u Burayi wo gusaba u Rwanda kurekura vuba na bwangu Ingabire Victoire Umuhoza, ivuga...

Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

by radiotv10
15/09/2025
0

Habiyaremye Zacharie wamenyekanye nka Bishop Gafaranga, uregwa ibyaha birimo guhoza ku nkeke uwo bashakanye, yagarutse imbere y’Urukiko, kuburana mu mizi,...

Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

by radiotv10
15/09/2025
0

Inkongi y’umuriro yibasiye inzu ituyemo umuryango wo mu Murenge wa Rwimbogo mu Karere ka Rusizi, nyuma yuko umukozi wo muri...

Bagaragarije ubuyobozi icyatanga umuti w’impanuka n’akavuyo bigaragara mu isantere yabo

Bagaragarije ubuyobozi icyatanga umuti w’impanuka n’akavuyo bigaragara mu isantere yabo

by radiotv10
15/09/2025
0

Abo mu Murenge wa Busogo, mu Karere ka Musanze, bavuga ko batewe impungenge n’imodoka zitwara abagenzi ziparika ku bwinshi mu...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
15/09/2025
0

IZIHERUKA

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma
MU RWANDA

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

by radiotv10
15/09/2025
0

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

15/09/2025
Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

15/09/2025
Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

15/09/2025
Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

15/09/2025
Agashya karanze Weekend: I Roma kwa Papa hagaragaye ibyanyuze benshi

Agashya karanze Weekend: I Roma kwa Papa hagaragaye ibyanyuze benshi

15/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Igikomangoma cyacu kindyamye mu gituza- Impundu Kwa Clarisse Karasira wamaze kuba umubyeyi

Igikomangoma cyacu kindyamye mu gituza- Impundu Kwa Clarisse Karasira wamaze kuba umubyeyi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.