Saturday, December 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwibiye ibanga Afurika icyatuma ica ukubiri n’ibibazo byototera ubukungu bwayo

radiotv10by radiotv10
25/05/2023
in MU RWANDA, POLITIKI, UBUKUNGU
0
U Rwanda rwibiye ibanga Afurika icyatuma ica ukubiri n’ibibazo byototera ubukungu bwayo
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ubukungu bwa Afurika bwugarijwe n’ibibazo bituruka mu mahanga, bityo ko hakwiye gufatwa ingamba zo guhangana na byo zirimo gukurura abashoramari no gufata inguzanyo zidahenze.

Byatangajwe na Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente witabiriye Inama ya 58 y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma ya Banki Nyafurika Itsura Amajyambere iri kubera mu Misiri.

Ingaruka za COVID-19 n’intambara y’u Burusiya na Ukraine; ni kimwe mu byo inzego za Leta zikomeje kugaragaza nk’intandaro y’itumbagira ry’ikiguzi cy’imibereho n’ibindi bibazo biri kuzahaza ubukungu bw’Ibihugu byo muri Afurika.

Minisitiri w’Intebe, Dr Edourd Ngirente, muri iyi nama yavuze ko hari uburyo bwo kwigobotora uruhare rw’amahanga ku mibereho y’abatuye Umugabane wa Afurika.

Yagize ati “Ubu turi guhura n’ibibazo biturutse hanze ku buryo tutabifiteho ububasha. Bivuze ko ubushobozi dufite nk’Ibihugu tugomba kubusaranganya mu nzego zitandukanye. Igice kimwe kigomba gukoreshwa mu kugera ku ntego z’iterambere Igihugu cyiyemeje, ikindi kikajya mu guhangana n’ibyo bibazo biva hanze.”

Yakomeje agaragaza igikwiye gukorwa, ati “Icyo Ibihugu bya Afurika bigomba gukora, ni ugushyira mu bikorwa iyo migambi. Tugomba gushaka inguzanyo zidahenze, icyo ni kimwe. Icya kabiri ni ukureshya abashoramari bigenga. Kugira ngo bikunde, tugomba kuzamura inzego zikijegajega. Ibyo bisaba ishoramari rya Leta. Ayo mafaranga ya Leta kandi ava mu madeni ahendutse. Ni urusobe rw’ibintu byinshi. Kandi tugomba kubikemura.”

Bamwe mu bayobozi bo mu Bihugu by’u Bubayi, Asia na America, na bo bakomeje kubona amahirwe ari muri uyu Mugabane wa Afurika, aho bavuga ko ufite urubyiruko rwinshi, kandi ko ari imbaranga zikomeye zo kuzamura ubukungu bw’Ibihugu byawo.

Banavuga kandi ko uyu Mugabane wa Afurika ukungahaye ku mutungo kamere, ku buryo bitanga icyizere cy’iterambere ryawo.

Dr Ngirente yahagarariye u Rwanda muri iyi nama

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + three =

Previous Post

Kigali: Hamenyekanye amakuru ababaje ku bw’inkongi iremereye yabaye mu Gakiriro

Next Post

RDF yagaragaje uko Dipolomasi y’Igisirikare ifatiye runini u Rwanda

Related Posts

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugore wari umaze ukwezi ashatse mu murenge wa Muganza yagerageje kwiyahura akoresheje igitenge ubwo umugabo yari amaze kumubwirira mu buriri...

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

by radiotv10
27/12/2025
0

Ginger is a common spice found in many kitchens. In Rwanda and across the world, people use it in tea,...

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

IZIHERUKA

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka
MU RWANDA

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

by radiotv10
27/12/2025
0

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

27/12/2025
Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

27/12/2025
Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
RDF yagaragaje uko Dipolomasi y’Igisirikare ifatiye runini u Rwanda

RDF yagaragaje uko Dipolomasi y’Igisirikare ifatiye runini u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.