Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwibiye ibanga Afurika icyatuma ica ukubiri n’ibibazo byototera ubukungu bwayo

radiotv10by radiotv10
25/05/2023
in MU RWANDA, POLITIKI, UBUKUNGU
0
U Rwanda rwibiye ibanga Afurika icyatuma ica ukubiri n’ibibazo byototera ubukungu bwayo
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ubukungu bwa Afurika bwugarijwe n’ibibazo bituruka mu mahanga, bityo ko hakwiye gufatwa ingamba zo guhangana na byo zirimo gukurura abashoramari no gufata inguzanyo zidahenze.

Byatangajwe na Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente witabiriye Inama ya 58 y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma ya Banki Nyafurika Itsura Amajyambere iri kubera mu Misiri.

Ingaruka za COVID-19 n’intambara y’u Burusiya na Ukraine; ni kimwe mu byo inzego za Leta zikomeje kugaragaza nk’intandaro y’itumbagira ry’ikiguzi cy’imibereho n’ibindi bibazo biri kuzahaza ubukungu bw’Ibihugu byo muri Afurika.

Minisitiri w’Intebe, Dr Edourd Ngirente, muri iyi nama yavuze ko hari uburyo bwo kwigobotora uruhare rw’amahanga ku mibereho y’abatuye Umugabane wa Afurika.

Yagize ati “Ubu turi guhura n’ibibazo biturutse hanze ku buryo tutabifiteho ububasha. Bivuze ko ubushobozi dufite nk’Ibihugu tugomba kubusaranganya mu nzego zitandukanye. Igice kimwe kigomba gukoreshwa mu kugera ku ntego z’iterambere Igihugu cyiyemeje, ikindi kikajya mu guhangana n’ibyo bibazo biva hanze.”

Yakomeje agaragaza igikwiye gukorwa, ati “Icyo Ibihugu bya Afurika bigomba gukora, ni ugushyira mu bikorwa iyo migambi. Tugomba gushaka inguzanyo zidahenze, icyo ni kimwe. Icya kabiri ni ukureshya abashoramari bigenga. Kugira ngo bikunde, tugomba kuzamura inzego zikijegajega. Ibyo bisaba ishoramari rya Leta. Ayo mafaranga ya Leta kandi ava mu madeni ahendutse. Ni urusobe rw’ibintu byinshi. Kandi tugomba kubikemura.”

Bamwe mu bayobozi bo mu Bihugu by’u Bubayi, Asia na America, na bo bakomeje kubona amahirwe ari muri uyu Mugabane wa Afurika, aho bavuga ko ufite urubyiruko rwinshi, kandi ko ari imbaranga zikomeye zo kuzamura ubukungu bw’Ibihugu byawo.

Banavuga kandi ko uyu Mugabane wa Afurika ukungahaye ku mutungo kamere, ku buryo bitanga icyizere cy’iterambere ryawo.

Dr Ngirente yahagarariye u Rwanda muri iyi nama

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + sixteen =

Previous Post

Kigali: Hamenyekanye amakuru ababaje ku bw’inkongi iremereye yabaye mu Gakiriro

Next Post

RDF yagaragaje uko Dipolomasi y’Igisirikare ifatiye runini u Rwanda

Related Posts

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko y’Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari umunyamakuru, akaba yagizwe Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yashimiye Perezida Paul Kagame ku cyizere yamugiriye,...

Mu minsi ibiri ikurikirana inkuba zishe abantu mu Ntara ebyiri z’u Rwanda

Mu minsi ibiri ikurikirana inkuba zishe abantu mu Ntara ebyiri z’u Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Abantu babiri bo mu Ntara y’Iburengerazuba n’iy’Amajyepfo, bitabye Imana bakubiswe n’inkuba, barimo umwana w’imyaka itandatu, mu gihe hari abandi bahungabanye...

Five things you must know before a job interview

Five things you must know before a job interview

by radiotv10
29/01/2026
0

An interview can feel scary, but good preparation makes it easier. Whether it’s your first interview or not, these five...

IZIHERUKA

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire
MU RWANDA

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

29/01/2026
Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

29/01/2026
AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
RDF yagaragaje uko Dipolomasi y’Igisirikare ifatiye runini u Rwanda

RDF yagaragaje uko Dipolomasi y’Igisirikare ifatiye runini u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.