Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwibiye ibanga Afurika icyatuma ica ukubiri n’ibibazo byototera ubukungu bwayo

radiotv10by radiotv10
25/05/2023
in MU RWANDA, POLITIKI, UBUKUNGU
0
U Rwanda rwibiye ibanga Afurika icyatuma ica ukubiri n’ibibazo byototera ubukungu bwayo
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ubukungu bwa Afurika bwugarijwe n’ibibazo bituruka mu mahanga, bityo ko hakwiye gufatwa ingamba zo guhangana na byo zirimo gukurura abashoramari no gufata inguzanyo zidahenze.

Byatangajwe na Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente witabiriye Inama ya 58 y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma ya Banki Nyafurika Itsura Amajyambere iri kubera mu Misiri.

Ingaruka za COVID-19 n’intambara y’u Burusiya na Ukraine; ni kimwe mu byo inzego za Leta zikomeje kugaragaza nk’intandaro y’itumbagira ry’ikiguzi cy’imibereho n’ibindi bibazo biri kuzahaza ubukungu bw’Ibihugu byo muri Afurika.

Minisitiri w’Intebe, Dr Edourd Ngirente, muri iyi nama yavuze ko hari uburyo bwo kwigobotora uruhare rw’amahanga ku mibereho y’abatuye Umugabane wa Afurika.

Yagize ati “Ubu turi guhura n’ibibazo biturutse hanze ku buryo tutabifiteho ububasha. Bivuze ko ubushobozi dufite nk’Ibihugu tugomba kubusaranganya mu nzego zitandukanye. Igice kimwe kigomba gukoreshwa mu kugera ku ntego z’iterambere Igihugu cyiyemeje, ikindi kikajya mu guhangana n’ibyo bibazo biva hanze.”

Yakomeje agaragaza igikwiye gukorwa, ati “Icyo Ibihugu bya Afurika bigomba gukora, ni ugushyira mu bikorwa iyo migambi. Tugomba gushaka inguzanyo zidahenze, icyo ni kimwe. Icya kabiri ni ukureshya abashoramari bigenga. Kugira ngo bikunde, tugomba kuzamura inzego zikijegajega. Ibyo bisaba ishoramari rya Leta. Ayo mafaranga ya Leta kandi ava mu madeni ahendutse. Ni urusobe rw’ibintu byinshi. Kandi tugomba kubikemura.”

Bamwe mu bayobozi bo mu Bihugu by’u Bubayi, Asia na America, na bo bakomeje kubona amahirwe ari muri uyu Mugabane wa Afurika, aho bavuga ko ufite urubyiruko rwinshi, kandi ko ari imbaranga zikomeye zo kuzamura ubukungu bw’Ibihugu byawo.

Banavuga kandi ko uyu Mugabane wa Afurika ukungahaye ku mutungo kamere, ku buryo bitanga icyizere cy’iterambere ryawo.

Dr Ngirente yahagarariye u Rwanda muri iyi nama

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × four =

Previous Post

Kigali: Hamenyekanye amakuru ababaje ku bw’inkongi iremereye yabaye mu Gakiriro

Next Post

RDF yagaragaje uko Dipolomasi y’Igisirikare ifatiye runini u Rwanda

Related Posts

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, riratangaza ko abantu 92 bafashwe ku minsi mikuru ya Noheli...

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
RDF yagaragaje uko Dipolomasi y’Igisirikare ifatiye runini u Rwanda

RDF yagaragaje uko Dipolomasi y’Igisirikare ifatiye runini u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.