Tuesday, December 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

BREAKING: U Rwanda rwinjiye mu mikorenire n’indi kipe ikomeye ku Mugabane w’u Burayi

radiotv10by radiotv10
30/04/2025
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
BREAKING: U Rwanda rwinjiye mu mikorenire n’indi kipe ikomeye ku Mugabane w’u Burayi
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yasinyanye amasezerano y’imikoranire hagati yayo na Atlético de Madrid yo muri Espange binyuze mu Rwego rw’Igihugu rw’Iterambere muri gahunda ya Visit Rwanda, isanzwe inamamazwa n’andi makipe atatu na yo akomeye ku Mugabane w’u Burayi.

Isinywa ry’aya masezerano, ryatangajwe mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 30 Mata 2025, nk’uko tubikesha Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere RDB.

RDB ivuga ko “Visit Rwanda ibaye umufatanyabikorwa wa mbere wo ku Mugabane wa Afurika na Atlético de Madrid”, igaruka ku bigwi by’iyi kipe imaze kwegukana ibikombe 11 bya Shampiyona ya Espagne-La Liga.

Jean-Guy Afrika, Umuyobozi Mukuru wa RDB yavuze ko kuba u Rwanda rwinjiye mu mikoranire n’iyi kipe ya Atlético de Madrid bishimangira intego y’u Rwanda mu kuba nyambere mu ishoramari, ubukerarugendo ndetse no muri Siporo.

Ati “Indangagaciro z’iyi kipe zo kwigira, ikinyabupfura ndetse no kuba indashyikirwa, biri mu murongo w’Igihugu cy’u Rwanda mu rugendo rw’iterambere. Binyuze muri iyi mikoranire, tuzabasha kwerekana u Rwanda nk’ahantu heza hakurura abashoramari, habereye abifuza gutembera Isi, ndetse n’urubuga rwiza rwo guteza imbere impano no kwagura amahirwe y’urubyiruko rwa Afurika binyuze muri Siporo.”

Uretse kuba aya masezerano agamije gukomeza guha imbaraga gahunda yo gushishikariza abatuye Isi gusura u Rwanda, buzanagira uruhare mu gukurura abavuga ururimi rw’Ikinya-Espagne, mu bikorwa by’ishoramari, iby’ubukerarugendo ndetse n’ibikorwa mberamuco.

Uretse kuba aya masezerano agamije gukomeza guha imbaraga gahunda yo gushishikariza abatuye Isi gusura u Rwanda, buzanagira uruhare mu gukurura abavuga ururimi rw’Ikinya-Espagne, mu bikorwa by’ishoramari, iby’ubukerarugendo ndetse n’ibikorwa mberamuco.

Aya masezerano, ku ikubitiro azamara imyaka itatu, aho igice cya mbere cyayo kizageza tariki 30 Kamena 2028, aho ikipe ya Atlético de Madrid y’abagabo, izajya yambara ‘Visit Rwanda’ ku myambaro bakoresha mu myitozo ndetse no mu mikino itanu ya Shampiyona LaLiga, kimwe no mu mikino y’Igikombe cy’Isi cy’ama-Clubs.

Nanone kandi guhera mu mwaka utaha w’imikino ‘Visit Rwanda’ izajya igaragara ku myambaro y’abakinnyi b’ikipe y’abagore ya Atlético de Madrid, mu gihe cy’imyitozo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × five =

Previous Post

Uko byifashe ku rugamba rwa M23 na FARDC mu gihe hari habayeho ubwumvikane bw’agahenge

Next Post

Havuzwe ibyo umuyobozi mu Ishuri ryisumbuye yakoreraga abanyeshuri b’abakobwa byatumye atabwa muri yombi

Related Posts

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

by radiotv10
16/12/2025
0

Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Ubuzima RBC cyatanze ibisobanuro by’uburyo umuntu ashobora kubona ko yanduye cyangwa atanduye Virusi itera SIDA akoresheje agakoresha...

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

by radiotv10
16/12/2025
0

Abanyeshuri barenga 100 b’ikigo cy’ishuri cya ‘Wise and Smart School’ cyo mu Karere ka Musanze n’abarezi babo, basuye Polisi y’u...

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

by radiotv10
16/12/2025
0

Itorero ADEPR rigiye kwizihiza isabukuru y'imyaka 85 rimaze ribayeho, rivuga ko muri iyi myaka hari byinshi ryishimira ryagezeho nko kubaka...

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

by radiotv10
16/12/2025
0

Urutonde rwashyizwe hanze n’Ikinyamakuru Jeune Afrique, rugaragaza uko imijyi ikurikiranaga ku ireme rya serivisi z’ubuvuzi n’imitangire yazo, Umujyi wa Kigali...

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Nyuma y’igitero umutwe w’iterabwoba wa FDLR wagabye muri Teritwari ya Walikare cyahitanye abantu bane, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yavuze...

IZIHERUKA

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe
IMIBEREHO MYIZA

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

by radiotv10
16/12/2025
0

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

16/12/2025
Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

16/12/2025
Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

16/12/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

16/12/2025
Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

16/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Havuzwe ibyo umuyobozi mu Ishuri ryisumbuye yakoreraga abanyeshuri b’abakobwa byatumye atabwa muri yombi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.