Saturday, December 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

radiotv10by radiotv10
16/09/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Nteko y’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Uburengenazira bwa Muntu; yateranye mu buryo bw’igitaraganya, uhagarariye u Rwanda yavuze ko iki Gihugu cyongeye kwamagana kivuye inyuma igitero Israel yagabye kuri Qatar, avuga ko hakwiye kujyaho uburyo kurinda iki Gihugu.

Nubwo Israel itigeze yitabira iyi nama; abayitabiriye bose basubiramo imvugo igaragaza ko bamaganye icyemezo Guverinoma y’iki Gihugu yafashe mu cyumweru gishize.

Uhagarariye u Rwanda mu Biro by’Umuryango w’Abibumbye n’indi Miryango Mpuzamahanga ikorera mu Busuwisi,Amb. Urujeni Bakuramutsa, yongeye gushimangira ko u Rwanda rwababajwe na kiriya gikorwa Israel yakoze.

Yagize ati “Twifatanyije na Guverinoma ndetse n’abaturage ba Leta ya Qatar. Turamagana twivuye inyuma igetero Israel yagabye muri Qatar kuko gishyira ubuzima bw’abaturage mu kaga, kikanarushaho gutuma ibibazo bihari birushaho kuba bibi.

U Rwanda ruha agaciro ubusugire n’umutekano by’Ibihugu byose by’uyu Muryango. Amasezerano y’Umuryango w’Abibumbye ndetse n’amasezerano mpuzamahanga ndetse n’uburyo bwo gukemura ibibazo binyuze mu mahoro, bigomba kwitabazwa igihe cyose. Kwirengagiza ubu buryo ugakoresha imbaraga; bica intege umutekano uhuriweho.

Turashima uruhare rw’abahuza mu kwirinda ko ibintu birushaho kuba bibi, ahubwo bagaca inzira yo gushaka ibisubizo mu buryo bwa politike. Ni muri urwo rwego dushimira uruhare rwa Qatar mu gushaka amahoro mu karere k’ibiyaga bigari, aho ikorana n’Umuryango wa Afurika Uunze Ubumwe mu guhuza amasezerano y’i Washington n’ibiganiro bihuza Abanyekongo kugira ngo bahagarike ibibazo, kwimakaza uburenganzira bwa muntu no gushaka igisubizo cyumvikana mu buryo bwa politike.”

Nubwo abo bakomeje ibiganiro byamagana igitero Israel yagabye muri Qatar; mu izina ryo guhashya Hamas; Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, we yavuze ko yafashe uriya mwanzuro nk’uburyo bwo gutanga ubutumwa, kandi ngo nibiba ngombwa azakomereza muri uyu murongo.

Yagize ati “Iki gitero ntabwo cyapfubye kubera ko cyari gifite intego cyubakiyeho. Ubu butumwa twashaga gutanga ni ukumenyesha abantu ko ushobora kwiruka, ukihisha; ariko tuzakugeraho. Ibi ni ingenzi cyane kuko ibyihebe byumva ko bifite ubudahangarwa bikibwira ko bizabisubiramo kenshi.

Iyo ubyambuye ubwo budahangarwa bitangira kubitekerezaho neza. Itegeko ry’uko icyihebe kitagomba kugira ubudahangarwa utitaye ku hantu kiri, ntabwo ari njye warishyizeho, ariko itegeko tugenderaho kandi ntibizahinduka.”

Nubwo amahanga akomeje kwamagana Israel, ntagaragaza niba icyo Gihugu kigomba kuryozwa icyo cyemezo.  Ibihugu 50 by’Abarabu byateraniye i Doha mu cyumweru gishize, na byo byashyize hamwe amajwi byamagana Israel, icyakora Qatar yo yavuze ko idateze kwihimura mu buryo bwa gisilikare, ariko kugeza uyu munsi Leta Zunze Ubumwe za America zo zivuga ko Israel na Qatar badashobora kurwana.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + 2 =

Previous Post

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

Next Post

Rwanda’s political readiness to host the World on two wheels

Related Posts

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

by radiotv10
20/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Burusiya, Sergey Lavrov, byibanze ku guteza imbere...

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

by radiotv10
20/12/2025
0

Bamwe mu barema isoko ry’amatungo magufi ryo mu Murenge wa Kabarondo, bavuga ko babangamirwa n’uko ritazitiye, bigatuma amatungo yangiza ubusitani...

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

by radiotv10
20/12/2025
0

Rwanda’s Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, held talks with his Russian counterpart, Sergey Lavrov, focusing...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
20/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
20/12/2025
1

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days
AMAHANGA

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

by radiotv10
20/12/2025
0

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rwanda’s political readiness to host the World on two wheels

Rwanda’s political readiness to host the World on two wheels

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.