Monday, November 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

radiotv10by radiotv10
16/09/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Nteko y’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Uburengenazira bwa Muntu; yateranye mu buryo bw’igitaraganya, uhagarariye u Rwanda yavuze ko iki Gihugu cyongeye kwamagana kivuye inyuma igitero Israel yagabye kuri Qatar, avuga ko hakwiye kujyaho uburyo kurinda iki Gihugu.

Nubwo Israel itigeze yitabira iyi nama; abayitabiriye bose basubiramo imvugo igaragaza ko bamaganye icyemezo Guverinoma y’iki Gihugu yafashe mu cyumweru gishize.

Uhagarariye u Rwanda mu Biro by’Umuryango w’Abibumbye n’indi Miryango Mpuzamahanga ikorera mu Busuwisi,Amb. Urujeni Bakuramutsa, yongeye gushimangira ko u Rwanda rwababajwe na kiriya gikorwa Israel yakoze.

Yagize ati “Twifatanyije na Guverinoma ndetse n’abaturage ba Leta ya Qatar. Turamagana twivuye inyuma igetero Israel yagabye muri Qatar kuko gishyira ubuzima bw’abaturage mu kaga, kikanarushaho gutuma ibibazo bihari birushaho kuba bibi.

U Rwanda ruha agaciro ubusugire n’umutekano by’Ibihugu byose by’uyu Muryango. Amasezerano y’Umuryango w’Abibumbye ndetse n’amasezerano mpuzamahanga ndetse n’uburyo bwo gukemura ibibazo binyuze mu mahoro, bigomba kwitabazwa igihe cyose. Kwirengagiza ubu buryo ugakoresha imbaraga; bica intege umutekano uhuriweho.

Turashima uruhare rw’abahuza mu kwirinda ko ibintu birushaho kuba bibi, ahubwo bagaca inzira yo gushaka ibisubizo mu buryo bwa politike. Ni muri urwo rwego dushimira uruhare rwa Qatar mu gushaka amahoro mu karere k’ibiyaga bigari, aho ikorana n’Umuryango wa Afurika Uunze Ubumwe mu guhuza amasezerano y’i Washington n’ibiganiro bihuza Abanyekongo kugira ngo bahagarike ibibazo, kwimakaza uburenganzira bwa muntu no gushaka igisubizo cyumvikana mu buryo bwa politike.”

Nubwo abo bakomeje ibiganiro byamagana igitero Israel yagabye muri Qatar; mu izina ryo guhashya Hamas; Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, we yavuze ko yafashe uriya mwanzuro nk’uburyo bwo gutanga ubutumwa, kandi ngo nibiba ngombwa azakomereza muri uyu murongo.

Yagize ati “Iki gitero ntabwo cyapfubye kubera ko cyari gifite intego cyubakiyeho. Ubu butumwa twashaga gutanga ni ukumenyesha abantu ko ushobora kwiruka, ukihisha; ariko tuzakugeraho. Ibi ni ingenzi cyane kuko ibyihebe byumva ko bifite ubudahangarwa bikibwira ko bizabisubiramo kenshi.

Iyo ubyambuye ubwo budahangarwa bitangira kubitekerezaho neza. Itegeko ry’uko icyihebe kitagomba kugira ubudahangarwa utitaye ku hantu kiri, ntabwo ari njye warishyizeho, ariko itegeko tugenderaho kandi ntibizahinduka.”

Nubwo amahanga akomeje kwamagana Israel, ntagaragaza niba icyo Gihugu kigomba kuryozwa icyo cyemezo.  Ibihugu 50 by’Abarabu byateraniye i Doha mu cyumweru gishize, na byo byashyize hamwe amajwi byamagana Israel, icyakora Qatar yo yavuze ko idateze kwihimura mu buryo bwa gisilikare, ariko kugeza uyu munsi Leta Zunze Ubumwe za America zo zivuga ko Israel na Qatar badashobora kurwana.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + twelve =

Previous Post

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

Next Post

Rwanda’s political readiness to host the World on two wheels

Related Posts

Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

by radiotv10
03/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha ruratangaza ko rufunze abagabo batatu bafatanywe amahembe y’inzovu yaturutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bayatwaye mu...

Stop waiting, start doing: How to beat Procrastination and own your week

Stop waiting, start doing: How to beat Procrastination and own your week

by radiotv10
03/11/2025
0

Mondays are hard. After a relaxing weekend, it’s easy to put off work, scroll on your phone, or tell yourself,...

BREAKING: Inkongi y’umuriro bitaramenyekana icyayiteye yibasiye inyubako y’ishuri ry’i Rwamagana

BREAKING: Inkongi y’umuriro bitaramenyekana icyayiteye yibasiye inyubako y’ishuri ry’i Rwamagana

by radiotv10
03/11/2025
0

Inzu isanzwe ari icumbi ry’abanyeshuri mu ishuri rya IWE (Institute Of Women For Excellence) Secondary School riherereye mu Karere ka...

Kamonyi: Umukwabu wo gushaka abakora ibikorwa bigayitse wageze no bajura b’amatungo

Kamonyi: Umukwabu wo gushaka abakora ibikorwa bigayitse wageze no bajura b’amatungo

by radiotv10
03/11/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Kamonyi, yafashe itsinda ry’abantu batanu barimo umugore umwe, bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano, birimo ubujura...

Yabaye icyomoro cy’ibikomere twasigiwe n’amateka mabi-Madamu J.Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa kuri ‘Ndi Umunyarwanda’

Yabaye icyomoro cy’ibikomere twasigiwe n’amateka mabi-Madamu J.Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa kuri ‘Ndi Umunyarwanda’

by radiotv10
03/11/2025
0

Umuyobozi Mukuru w’Umuryango Unity Club Intwararumuri, Madamu Jeannette Kagame yasabye Abanyarwanda gukomeza kwimakaza Ihame ntakukuka ry’Ubunyarwanda, abibutsa ko gahunda ya...

IZIHERUKA

Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora
AMAHANGA

Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora

by radiotv10
03/11/2025
0

Amakuru y’ibanga agezweho ku muhanzi ukunzwe na benshi mu Rwanda

Amakuru y’ibanga agezweho ku muhanzi ukunzwe na benshi mu Rwanda

03/11/2025
Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

03/11/2025
Stop waiting, start doing: How to beat Procrastination and own your week

Stop waiting, start doing: How to beat Procrastination and own your week

03/11/2025
Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyo ibona cyihishe inyuma y’ubutabazi bwavugiwe mu Bufaransa

03/11/2025
BREAKING: Inkongi y’umuriro bitaramenyekana icyayiteye yibasiye inyubako y’ishuri ry’i Rwamagana

BREAKING: Inkongi y’umuriro bitaramenyekana icyayiteye yibasiye inyubako y’ishuri ry’i Rwamagana

03/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rwanda’s political readiness to host the World on two wheels

Rwanda’s political readiness to host the World on two wheels

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora

Amakuru y’ibanga agezweho ku muhanzi ukunzwe na benshi mu Rwanda

Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.