Monday, December 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwungutse Abenegihugu babiri b’Abanyaburayi bifuje kwinjira mu muryango w’Abanyarwanda

radiotv10by radiotv10
30/01/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwungutse Abenegihugu babiri b’Abanyaburayi bifuje kwinjira mu muryango w’Abanyarwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Elise Stephanie Catherine Delattre Habimana na Jérémie Jean-Francois Julien Mercier, bakomoka mu Busuwisi ku Mugabane w’u Burayi, ubu ni Abanyarwanda b’ubwenegihugu butari ubw’inkomoko, nyuma yo kubirahirira ku ibendera rya Repubulika y’u Rwanda.

Aba Banyarwanda bashya binjiye mu Muryango Mugari w’Abanyarwanda, bahawe ubwenegihugu kuri uyu wa Gatatu tariki 29 Mutarama 2025 mu muhango wabereye i Geneva mu Busuwisi, wayobowe na Ambasaderi w’u Rwanda muri iki Gihugu, Ngango James.

Muri uyu muhango wabereye ku Cyicaro Gikuru cya Ambasade y’u Rwanda mu Busuwisi i Geneve, Ambasaderi Ngango James yahaye ikaze aba Banyarwanda bashya mu muryango mugari w’Abanyarwanda.

Ibiro bya Ambasade y’u Rwanda i Geneva, bivuga ko kandi Amb.Ngango James “yabibukije uburenganzira bwabo n’inshingano bafite zirimo kugira uruhare mu iterambere ry’Igihugu n’Imibereho y’Abanyarwanda.”

Ibiro bya Ambasade bikomeza bigira biti “Madamu Habimana na Bwana Mercier basezeranyije kuzagendera no gusigasira indangagaciro Nyarwanda ndetse no gutanga umusanzu wabo mu iterambere ry’Igihugu.”

Aba Basuwisi b’inkomoko babiri binjiye mu muryango mugari w’Abanyarwanda nyuma y’ukwezi n’igice, u Rwanda n’ubundi rwungutse bagenzi babo batatu bakomoka muri iki Gihugu, na bo bahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda.

Aba batatu bari baherutse guhabwa ubwenegihugu bw’u Rwanda i Geneva mu Busuwisi, ni Marine Frédérique Colette Dourilin, Franziska Karyabwite ndetse na Markus Stark, barahiriye kuba Abanyarwanda batari ab’inkomoko mu muhango wabaye tariki 16 Ukuboza 2024.

Ambasaderi Ngango James yabasabye kuzagendera ku ndangagaciro Nyarwanda
Delattre Habimana yarahiriye kuba Umunyarwandakazi yambaye umushanana
Na Jérémie Jean-Francois na we ubu ni Umunyarwanda

Ubwenegihugu bw’u Rwanda buboneka bute? Hasabwa iki?

Kubona Ubwenegihugu bw’u Rwanda bishingira ku mpamvu zitandukanye zirimo  kuba waravukiye ku butaka bw’u Rwanda, ubwenegihugu bw’inkomoko, ubwenegihugu buturuka ku gushyingiranwa n’Umunyarwanda, n’ubuturuka ku kugirwa Umunyarwanda.

Nko ku bwenegihugu buturuka ku gushyingiranwa, Ingingo ya 11 y’itegeko ngenga n° 30/2008 ryo ku wa 25/07/2008 ryerekeye ubwenegihugu Nyarwanda, ivuga ko umunyamahanga washyingiranywe n’Umunyarwanda yemerewe gusaba no guhabwa ubwenegihugu bw’u Rwanda, igihe yanyuze mu nzira zagenwe n’iiyi ngingo.

Usaba ubu bwenegihugu, hari ibyo asabwa gutanga, birimo icyemezo cy’amavuko, Icyemezo cy’ugushyingiranwa, Icyemezo cy’uko atakatiwe n’inkiko, na Fotokopi ya Pasiporo. Agomba gutanga kandi icyemezo cy’uko abo bashakanye bamaze imyaka itatu babana.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × four =

Previous Post

Igisirikare cya Congo-FARDC mu gahinda nyuma y’ibyabaye i Goma

Next Post

Ibisobanuro by’uregwa gusambanya inshuro nyinshi umukobwa we yibyariye akanamutera inda

Related Posts

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

by radiotv10
01/12/2025
0

Mu Mujyi wa Kigali hagiye gutangira gahunda nshya mu gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange, izatuma nta modoka zihagarara umwanya...

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda barimo Umunyamabanga Uhoraho muri MINAFFET

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda barimo Umunyamabanga Uhoraho muri MINAFFET

by radiotv10
29/11/2025
0

Inama y’Abaminisitiri yashyize mu myanya abayobozi, barimo Nirere Madeleine wongerewe Manda nk'Umuvunyi Mukuru, na Amb. Fidelis Mironko wagizwe Umunyamabanga Uhoraho...

Kayonza: Hari amahirwe yo kugura imodoka ari muri Koperative ihinga umuceri

Kayonza: Hari amahirwe yo kugura imodoka ari muri Koperative ihinga umuceri

by radiotv10
29/11/2025
0

Bamwe mu banyamuryango ba Koperative Duterimbere Murundi ihinga umuceri mu Murenge wa Murundi, Akagari ka Karambi, Akarere ka Kayonza, basaba...

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

by radiotv10
28/11/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Mahama mu Karere ka Kirehe, bavuga ko irimbi rusange bashyinguramo hamwe n’impunzi, ryamaze kuzura,...

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
28/11/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko abantu badakwiye gukomeza kuzamura impaka z’igihe hazafungurirwa insengero zafunzwe, ahubwo ko bari bakwiye gutekereza ibyabateza...

IZIHERUKA

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho
IMIBEREHO MYIZA

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

by radiotv10
01/12/2025
0

Amagare muri Afurika: Umunya-Eritrea Biniam yabaye umukinnyi w’umwaka, Masengesho ahiga Abanyarwanda

Amagare muri Afurika: Umunya-Eritrea Biniam yabaye umukinnyi w’umwaka, Masengesho ahiga Abanyarwanda

30/11/2025
Ukuri abantu batamenye ku byari byatumye umuhanzi w’i Burundi arakarirwa n’Abanyarwanda benshi

Ukuri abantu batamenye ku byari byatumye umuhanzi w’i Burundi arakarirwa n’Abanyarwanda benshi

29/11/2025
Umuyobozi w’Ingabo z’Igihugu kimwe muri Afurika yatakambiye Perezida wa America

Umuyobozi w’Ingabo z’Igihugu kimwe muri Afurika yatakambiye Perezida wa America

29/11/2025
Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda barimo Umunyamabanga Uhoraho muri MINAFFET

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda barimo Umunyamabanga Uhoraho muri MINAFFET

29/11/2025
Abo mu Bihugu bikennye bashobora kutazongera kugera muri America ukundi

Abo mu Bihugu bikennye bashobora kutazongera kugera muri America ukundi

29/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
RIB yafunze Animateri wiyemerera ko yakubise inshyi mu matwi umunyeshuri bikamuviramo kuvamo amaraso

Ibisobanuro by’uregwa gusambanya inshuro nyinshi umukobwa we yibyariye akanamutera inda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Amagare muri Afurika: Umunya-Eritrea Biniam yabaye umukinnyi w’umwaka, Masengesho ahiga Abanyarwanda

Ukuri abantu batamenye ku byari byatumye umuhanzi w’i Burundi arakarirwa n’Abanyarwanda benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.