Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ubucamanza bw’u Rwanda bwahishuye ikibuteye impungenge kirushaho gukomera uko imyaka ishira

radiotv10by radiotv10
05/09/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Ubucamanza bw’u Rwanda bwahishuye ikibuteye impungenge kirushaho gukomera uko imyaka ishira
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, yavuze ko kimwe mu bibazo bibangamiye Ubucamanza bw’u Rwanda; ari umubare muto w’Abacamanza, kandi na bo bagenda basezera mu kazi uko ibihe biha ibindi.

Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga akaba na Perezida w’Inama y’Ubucamanza, Dr Ntezilyayo Faustin yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki 04 Nzeri ubwo hatangizwaga umwaka w’Ubucamanza.

Ubwo yagaragazaga ibibazo bikibangamiye Ubucamanza bw’u Rwanda, Dr Ntezilyayo yagize ati “Dufite impungenge ikomeye y’uko n’uwo mubare mutoya w’abo Bacamanza n’abakozi b’Inkiko, umwaka ku wundi ugenda ugabanuka kubera isezera rya hato na hato ry’Abacamanza n’Abakozi b’Inkiko.”

Yavuze kandi ko hari n’ikibazo cy’inkiko zidafite aho zikorera hatunganye. Ati “Ndetse zimwe na zimwe zirimo n’Inkiko zo hejuru, nk’Urukiko rw’Ikirenga n’Urukiko rw’Ubujurire zikaba zikodesherezwa aho zikorera kandi ku biciro biri hejuru cyane.”

Ni ibibazo yagezaga kuri Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta y’u Rwanda, wari umushyitsi mukuru muri uyu muhango, kugira ngo Guverinoma y’u Rwanda izagire icyo ibikoraho

Minisitiri w’Ubutabera, Dr Ugirashebuja Emmanuel, yavuze ko Guverinoma yavuze ko hari ingamba zatangiye gufatwa mu gushaka umuti w’ibi bibazo, ndetse ko zimwe zatangiye gushyirwa mu bikorwa.

Ati “Muri izo ngamba twavuga izi zikurikira; gukomeza kureba uburyo umubare w’abakozi mu Nkiko uzagenda wiyongera kandi ikoranabuhanga rikarushaho kunozwa ku buryo na bacye bahari bazakora umurimo utubutse kurushaho, kuvugurura amategeko agenga imiburanishirize y’imanza hagamijwe guha umwanya uhagije uburyo bwo gufasha abo bireba kubanza kwikemurira amakimbirane badahise bihutira kugana inkiko.”

 

Urubyiruko ni rwinshi mu byaha

Imibare y’Urukiko rw’Ikirenga, ivuga ko mu mwaka w’Ubucamanza wa 2022-2023, imanza ziyongereyeho izisaga bihumbi 8 bagereranyije n’umwaka wabanje. Ibirarane by’imanza birenze 60%. Imanza zaciwe zikajuririrwa zingana na 6%; naho izasabiwe gusubirwamo kubera akarengane zingana na 1%. Ibyo ngo ni impamvu igomba gutuma hakorwa amavugurura agamije kunoza imikorere y’urwego rw’ubutabera mu Rwanda.

Umushinjacyaha Mukuru w’u Rwanda, Havugimana Aimable avuga ko muri uwo mwaka wa 2023-2024 ubusinzi buri mu mpamvu muzi zatumye urubyiruko rwijandika mu byaha byo gukubita no gukomeretsa.

Yavuze ko nk’ibyaha bibiri; icy’ubujura n’icyaha cyo gukubita cyangwa gukomeretsa ku bushake, byombi gusa byihariye 59.3% by’ibyaha byakozwe muri rusange.

Ati “Mu mikorere y’ibi byaha byagaragaye ko ahanini ababikora biba bifitanye isano n’ubusinzi, abenshi mu rubyiruko rukurikiranwaho ubujura; ahanini biterwa no gushaka amafaranga yo kwishora mu nzoga n’ibiyobyabwenge, iyo bamaze gusinda ni byo bikunze kuvamo amakimbirane muri urwo rubyiruko barwana bikavamo icyaha cyo gukubita no gukomeretsa ku bushake.”

Mu rwego rwo guhangana n’ibibazo birimo n’ibi; Perezida w’Urugaga rw’Abavoka, Me Moise Nkundabarashi yavuze nk’abantu bunganira bandi, bagifite imbogamizi zituma bongera kwitekerezaho nk’urwego rufite inshingano zo gutanga ubutabera bwuzuye.

Ati “nk’uko bigaragara muri raporo y’urwego rw’ubucamanza y’uyu mwaka; niba imanza zaravuye ku 37 136 mu mwaka wa 2005 ubu zikaba zigeze ku 91 381 muri uyu mwaka ushize; Umucamanza akaba agomba guca imanza 49 ku kwezi, ndetse bikaba binagaragara muri izo mbogamizi ko dufite inkiko 16 zidafite aho zikorera, ibi ni ibibazo bikeneye gukemuka mu buryo bwihutirwa.”

Icyakora Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta, Dr Ugirashebuja yavuze ko ziriya ngamba zose zagiye zishyirwaho, zizagenda zitanga umuti w’ibi bibazo byose.

Bamwe mu bakora mu nzego z’ubutabera ubwo bari muri uyu muhango

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − eleven =

Previous Post

Nyamagabe: Barashinja Gitifu gukuraho ‘Mudugudu’ bitoreye akimika uwe

Next Post

Perezida Kagame yageze i Nairobi mu nama yiga ku ngingo ikomereye Isi

Related Posts

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

by radiotv10
05/01/2026
0

Abantu 15 bari bugamye imvura mu gishanga cyo mu Murenge wa Jarama mu Karere ka Ngoma, bakubiswe n’inkuba, icyenda muri...

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

by radiotv10
05/01/2026
0

Earbuds are amazing, they let us enjoy music, podcasts, and calls anywhere. But did you know they can be full...

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

IZIHERUKA

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye
AMAHANGA

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

by radiotv10
05/01/2026
0

Eng.-Qatar Government reacts to Burundi President’s clarifications on Foreign Minister’s controversial statement

Eng.-Qatar Government reacts to Burundi President’s clarifications on Foreign Minister’s controversial statement

05/01/2026
Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

05/01/2026
Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

05/01/2026
Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

05/01/2026
Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

05/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yageze i Nairobi mu nama yiga ku ngingo ikomereye Isi

Perezida Kagame yageze i Nairobi mu nama yiga ku ngingo ikomereye Isi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

Eng.-Qatar Government reacts to Burundi President’s clarifications on Foreign Minister’s controversial statement

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.