Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ubucamanza bw’u Rwanda bwahishuye ikibuteye impungenge kirushaho gukomera uko imyaka ishira

radiotv10by radiotv10
05/09/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Ubucamanza bw’u Rwanda bwahishuye ikibuteye impungenge kirushaho gukomera uko imyaka ishira
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, yavuze ko kimwe mu bibazo bibangamiye Ubucamanza bw’u Rwanda; ari umubare muto w’Abacamanza, kandi na bo bagenda basezera mu kazi uko ibihe biha ibindi.

Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga akaba na Perezida w’Inama y’Ubucamanza, Dr Ntezilyayo Faustin yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki 04 Nzeri ubwo hatangizwaga umwaka w’Ubucamanza.

Ubwo yagaragazaga ibibazo bikibangamiye Ubucamanza bw’u Rwanda, Dr Ntezilyayo yagize ati “Dufite impungenge ikomeye y’uko n’uwo mubare mutoya w’abo Bacamanza n’abakozi b’Inkiko, umwaka ku wundi ugenda ugabanuka kubera isezera rya hato na hato ry’Abacamanza n’Abakozi b’Inkiko.”

Yavuze kandi ko hari n’ikibazo cy’inkiko zidafite aho zikorera hatunganye. Ati “Ndetse zimwe na zimwe zirimo n’Inkiko zo hejuru, nk’Urukiko rw’Ikirenga n’Urukiko rw’Ubujurire zikaba zikodesherezwa aho zikorera kandi ku biciro biri hejuru cyane.”

Ni ibibazo yagezaga kuri Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta y’u Rwanda, wari umushyitsi mukuru muri uyu muhango, kugira ngo Guverinoma y’u Rwanda izagire icyo ibikoraho

Minisitiri w’Ubutabera, Dr Ugirashebuja Emmanuel, yavuze ko Guverinoma yavuze ko hari ingamba zatangiye gufatwa mu gushaka umuti w’ibi bibazo, ndetse ko zimwe zatangiye gushyirwa mu bikorwa.

Ati “Muri izo ngamba twavuga izi zikurikira; gukomeza kureba uburyo umubare w’abakozi mu Nkiko uzagenda wiyongera kandi ikoranabuhanga rikarushaho kunozwa ku buryo na bacye bahari bazakora umurimo utubutse kurushaho, kuvugurura amategeko agenga imiburanishirize y’imanza hagamijwe guha umwanya uhagije uburyo bwo gufasha abo bireba kubanza kwikemurira amakimbirane badahise bihutira kugana inkiko.”

 

Urubyiruko ni rwinshi mu byaha

Imibare y’Urukiko rw’Ikirenga, ivuga ko mu mwaka w’Ubucamanza wa 2022-2023, imanza ziyongereyeho izisaga bihumbi 8 bagereranyije n’umwaka wabanje. Ibirarane by’imanza birenze 60%. Imanza zaciwe zikajuririrwa zingana na 6%; naho izasabiwe gusubirwamo kubera akarengane zingana na 1%. Ibyo ngo ni impamvu igomba gutuma hakorwa amavugurura agamije kunoza imikorere y’urwego rw’ubutabera mu Rwanda.

Umushinjacyaha Mukuru w’u Rwanda, Havugimana Aimable avuga ko muri uwo mwaka wa 2023-2024 ubusinzi buri mu mpamvu muzi zatumye urubyiruko rwijandika mu byaha byo gukubita no gukomeretsa.

Yavuze ko nk’ibyaha bibiri; icy’ubujura n’icyaha cyo gukubita cyangwa gukomeretsa ku bushake, byombi gusa byihariye 59.3% by’ibyaha byakozwe muri rusange.

Ati “Mu mikorere y’ibi byaha byagaragaye ko ahanini ababikora biba bifitanye isano n’ubusinzi, abenshi mu rubyiruko rukurikiranwaho ubujura; ahanini biterwa no gushaka amafaranga yo kwishora mu nzoga n’ibiyobyabwenge, iyo bamaze gusinda ni byo bikunze kuvamo amakimbirane muri urwo rubyiruko barwana bikavamo icyaha cyo gukubita no gukomeretsa ku bushake.”

Mu rwego rwo guhangana n’ibibazo birimo n’ibi; Perezida w’Urugaga rw’Abavoka, Me Moise Nkundabarashi yavuze nk’abantu bunganira bandi, bagifite imbogamizi zituma bongera kwitekerezaho nk’urwego rufite inshingano zo gutanga ubutabera bwuzuye.

Ati “nk’uko bigaragara muri raporo y’urwego rw’ubucamanza y’uyu mwaka; niba imanza zaravuye ku 37 136 mu mwaka wa 2005 ubu zikaba zigeze ku 91 381 muri uyu mwaka ushize; Umucamanza akaba agomba guca imanza 49 ku kwezi, ndetse bikaba binagaragara muri izo mbogamizi ko dufite inkiko 16 zidafite aho zikorera, ibi ni ibibazo bikeneye gukemuka mu buryo bwihutirwa.”

Icyakora Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta, Dr Ugirashebuja yavuze ko ziriya ngamba zose zagiye zishyirwaho, zizagenda zitanga umuti w’ibi bibazo byose.

Bamwe mu bakora mu nzego z’ubutabera ubwo bari muri uyu muhango

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − sixteen =

Previous Post

Nyamagabe: Barashinja Gitifu gukuraho ‘Mudugudu’ bitoreye akimika uwe

Next Post

Perezida Kagame yageze i Nairobi mu nama yiga ku ngingo ikomereye Isi

Related Posts

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

IZIHERUKA

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye
IBYAMAMARE

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

by radiotv10
09/01/2026
0

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

09/01/2026
Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

09/01/2026
Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yageze i Nairobi mu nama yiga ku ngingo ikomereye Isi

Perezida Kagame yageze i Nairobi mu nama yiga ku ngingo ikomereye Isi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.