Tuesday, December 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

UBUCURUZI: Barinubira ko basigaye bakatwa kuri MOMO Pay

radiotv10by radiotv10
22/09/2021
in MU RWANDA
0
UBUCURUZI: Barinubira ko basigaye bakatwa kuri MOMO Pay
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage barinubira ko basigaye bajya guhaha bakwishyura kuri MOMO Pay bagasabwa kongeraho ayo gukata kandi byari ubuntu.

Kuva COVID-19 yagera mu Rwanda, abacuruzi n’abaguzi basabwe kujya bahererekanya amafaranga binyuze mu buryo bw’ikoranabuhanga bwa MOMO pay, kugira ngo birinde gukwirakwiza icyorezo.

Nyamara n’ubwo iyo serivisi yaje ari ubuntu yaba ku mucuruzi n’umuguzi, ubu si ko bimeze kuko abaturage bavuga ko bsigaye birutwa no kutabaho,ngo kuko nta mucuruzi ucyemera kwishyurwa hatarengejweho ayo gukata.

Ati ” Usigaye ujya guhaha, wabwira umucuruzi ngo uramwishyura kuri MOMO Pay, akabyanga ngo kereka urengejeho ayo gukata.”

Undi na we yagize ati ” Rwose mbona bakwiye kubikuraho kuko ntacyo bitumariye,babizanye  ari ibigamije kudufahsa,ariko ni ibidukenesha.”

Twabajije abacuruzi  impamvu batacyemera kwishyurwa kuri iri koranabuhanga nta kintu kirenzeho,bavuga ko nabo ari ukubura uko bagira,icyakora ngo  basigaye barayobotse iyo kwishyurwa mu ntoki  kugirango batiteranya.

Ati” Natwe dusigaye dukatwa,kandi urumva tutayasabye abakiriya twaba dukorera mu gihombo kuko igiciro cy’ibintu aba aguze ntikiba cyahindutse. Rero ahubwo mudukorere ubuvugizi,ababishyizeho badutabare.”

Guverineri wa Banki nkuru y’ u Rwanda John Rwangombwa  ari nayo yatangije ubu buryo igashishsiakriza abantu kubuyoboka, avuga ko abashoramri b’irikoranabuhanga batagomba gukorera mu gihombo kuko barishoramo amafaranga, bityo ngo gukata umucuruzi ni ngombwa icyakora ngo umukiriya we nta n’iritoboye agomba gusabwa.

Ati” Niba ukoresheje numero y’umucuruzi mu kohereza amafranga, abatanga iyo servisi nabo bagomba kugira icyo babona kuri icyo gicuruzwa cyabo,kuko icyo ni igicuruzwa bashyize ku isoko,bagishoramo amafarnga. Rero bagomba kugira icyo binjiza kuri icyo gicuruzwa cyabo kiri ku isoko!”

Ati ” Na none turongera kwibutsa baturage ko icyo kiguzi cya serivisi gisabwa umucuruzi ku muguzi uba umuguriye igicuruzwa,birabujijwe ko umucuruzi akata aya mafranga umuguzi.”

BNR kandi ivuga ko kuva muri mutarama kugeza muri Mata umwaka ushize, amafaranga yaherekanyijwe mu ikoranabuhanga yiyongereye ku kigero cya 450 % akava kuri miliyari 7.2 akagera kuri milliyari 40.

Icyakora  abasesengura iby’ubukungu  bavuga ko hatagize igikorwa ngo iyi mibare yahanantuka ngo kubera mu gihe icyo ryashyirirweho kitagirahri, ngo byarangira abagenerwabikorwa bariretse.

Ngo n’ubwo byagenda gutya ariko, na none umuguzi yaba akibihomberamo nubwo BNR ivuga ko yarishyizeho ari we irengera, ngo kuko  azasigara hagati y’amayira afunze, aho azajya asabwa kubikuza amafaranga afite kuri konti kugirango ajye guhaha,icyo gihe kandi azajya akatwa, ngo yanemera gukoresha rya koranabuihanga yishhyura umucuruzi agsabwa kumurengerezaho ayo gukata, nubundi ugasanga umutwaro uzakomeza kumuba ku mutwe.

Inkuru ya Eugenie Nyiransabimana/RadioTV10

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − twelve =

Previous Post

Amatariki y’ubuke bwa Patient Bizimana yamenyekanye

Next Post

BUGESERA: Hari abaturage bari gusenyerwa n’amazi y’imvura yabuze inzira bitewe n’ikorwa ry’umuhanda

Related Posts

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

by radiotv10
16/12/2025
0

Abanyeshuri barenga 100 b’ikigo cy’ishuri cya ‘Wise and Smart School’ cyo mu Karere ka Musanze n’abarezi babo, basuye Polisi y’u...

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

by radiotv10
16/12/2025
0

Itorero ADEPR rigiye kwizihiza isabukuru y'imyaka 85 rimaze ribayeho, rivuga ko muri iyi myaka hari byinshi ryishimira ryagezeho nko kubaka...

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

by radiotv10
16/12/2025
0

Urutonde rwashyizwe hanze n’Ikinyamakuru Jeune Afrique, rugaragaza uko imijyi ikurikiranaga ku ireme rya serivisi z’ubuvuzi n’imitangire yazo, Umujyi wa Kigali...

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Nyuma y’igitero umutwe w’iterabwoba wa FDLR wagabye muri Teritwari ya Walikare cyahitanye abantu bane, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yavuze...

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

by radiotv10
15/12/2025
0

After a brutal attack carried out by the FDLR terrorist group in Walikale Territory left four civilians dead. Rwanda’s Minister...

IZIHERUKA

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora
IMIBEREHO MYIZA

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

by radiotv10
16/12/2025
0

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

16/12/2025
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

16/12/2025
Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

16/12/2025
Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

16/12/2025
AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

15/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
BUGESERA: Hari abaturage bari gusenyerwa n’amazi y’imvura yabuze inzira bitewe n’ikorwa ry’umuhanda

BUGESERA: Hari abaturage bari gusenyerwa n’amazi y’imvura yabuze inzira bitewe n’ikorwa ry’umuhanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.