Friday, June 6, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

UBUCURUZI: Barinubira ko basigaye bakatwa kuri MOMO Pay

radiotv10by radiotv10
22/09/2021
in MU RWANDA
0
UBUCURUZI: Barinubira ko basigaye bakatwa kuri MOMO Pay
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage barinubira ko basigaye bajya guhaha bakwishyura kuri MOMO Pay bagasabwa kongeraho ayo gukata kandi byari ubuntu.

Kuva COVID-19 yagera mu Rwanda, abacuruzi n’abaguzi basabwe kujya bahererekanya amafaranga binyuze mu buryo bw’ikoranabuhanga bwa MOMO pay, kugira ngo birinde gukwirakwiza icyorezo.

Nyamara n’ubwo iyo serivisi yaje ari ubuntu yaba ku mucuruzi n’umuguzi, ubu si ko bimeze kuko abaturage bavuga ko bsigaye birutwa no kutabaho,ngo kuko nta mucuruzi ucyemera kwishyurwa hatarengejweho ayo gukata.

Ati ” Usigaye ujya guhaha, wabwira umucuruzi ngo uramwishyura kuri MOMO Pay, akabyanga ngo kereka urengejeho ayo gukata.”

Undi na we yagize ati ” Rwose mbona bakwiye kubikuraho kuko ntacyo bitumariye,babizanye  ari ibigamije kudufahsa,ariko ni ibidukenesha.”

Twabajije abacuruzi  impamvu batacyemera kwishyurwa kuri iri koranabuhanga nta kintu kirenzeho,bavuga ko nabo ari ukubura uko bagira,icyakora ngo  basigaye barayobotse iyo kwishyurwa mu ntoki  kugirango batiteranya.

Ati” Natwe dusigaye dukatwa,kandi urumva tutayasabye abakiriya twaba dukorera mu gihombo kuko igiciro cy’ibintu aba aguze ntikiba cyahindutse. Rero ahubwo mudukorere ubuvugizi,ababishyizeho badutabare.”

Guverineri wa Banki nkuru y’ u Rwanda John Rwangombwa  ari nayo yatangije ubu buryo igashishsiakriza abantu kubuyoboka, avuga ko abashoramri b’irikoranabuhanga batagomba gukorera mu gihombo kuko barishoramo amafaranga, bityo ngo gukata umucuruzi ni ngombwa icyakora ngo umukiriya we nta n’iritoboye agomba gusabwa.

Ati” Niba ukoresheje numero y’umucuruzi mu kohereza amafranga, abatanga iyo servisi nabo bagomba kugira icyo babona kuri icyo gicuruzwa cyabo,kuko icyo ni igicuruzwa bashyize ku isoko,bagishoramo amafarnga. Rero bagomba kugira icyo binjiza kuri icyo gicuruzwa cyabo kiri ku isoko!”

Ati ” Na none turongera kwibutsa baturage ko icyo kiguzi cya serivisi gisabwa umucuruzi ku muguzi uba umuguriye igicuruzwa,birabujijwe ko umucuruzi akata aya mafranga umuguzi.”

BNR kandi ivuga ko kuva muri mutarama kugeza muri Mata umwaka ushize, amafaranga yaherekanyijwe mu ikoranabuhanga yiyongereye ku kigero cya 450 % akava kuri miliyari 7.2 akagera kuri milliyari 40.

Icyakora  abasesengura iby’ubukungu  bavuga ko hatagize igikorwa ngo iyi mibare yahanantuka ngo kubera mu gihe icyo ryashyirirweho kitagirahri, ngo byarangira abagenerwabikorwa bariretse.

Ngo n’ubwo byagenda gutya ariko, na none umuguzi yaba akibihomberamo nubwo BNR ivuga ko yarishyizeho ari we irengera, ngo kuko  azasigara hagati y’amayira afunze, aho azajya asabwa kubikuza amafaranga afite kuri konti kugirango ajye guhaha,icyo gihe kandi azajya akatwa, ngo yanemera gukoresha rya koranabuihanga yishhyura umucuruzi agsabwa kumurengerezaho ayo gukata, nubundi ugasanga umutwaro uzakomeza kumuba ku mutwe.

Inkuru ya Eugenie Nyiransabimana/RadioTV10

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − 10 =

Previous Post

Amatariki y’ubuke bwa Patient Bizimana yamenyekanye

Next Post

BUGESERA: Hari abaturage bari gusenyerwa n’amazi y’imvura yabuze inzira bitewe n’ikorwa ry’umuhanda

Related Posts

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

Abari bakoresheje amayeri adasanzwe ngo babone uko bakwirakwiza urumogi batahuwe batarabigeraho

Abari bakoresheje amayeri adasanzwe ngo babone uko bakwirakwiza urumogi batahuwe batarabigeraho

by radiotv10
05/06/2025
0

Abagabo babiri bafatiwe mu Murenge wa Kanyinya mu Karere ka Nyarugenge bafite ibilo 36 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi bari bahishe mu ipine...

IZIHERUKA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel
MU RWANDA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

05/06/2025
Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

05/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
BUGESERA: Hari abaturage bari gusenyerwa n’amazi y’imvura yabuze inzira bitewe n’ikorwa ry’umuhanda

BUGESERA: Hari abaturage bari gusenyerwa n’amazi y’imvura yabuze inzira bitewe n’ikorwa ry’umuhanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.