Thursday, January 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

UBUCURUZI: Barinubira ko basigaye bakatwa kuri MOMO Pay

radiotv10by radiotv10
22/09/2021
in MU RWANDA
0
UBUCURUZI: Barinubira ko basigaye bakatwa kuri MOMO Pay
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage barinubira ko basigaye bajya guhaha bakwishyura kuri MOMO Pay bagasabwa kongeraho ayo gukata kandi byari ubuntu.

Kuva COVID-19 yagera mu Rwanda, abacuruzi n’abaguzi basabwe kujya bahererekanya amafaranga binyuze mu buryo bw’ikoranabuhanga bwa MOMO pay, kugira ngo birinde gukwirakwiza icyorezo.

Nyamara n’ubwo iyo serivisi yaje ari ubuntu yaba ku mucuruzi n’umuguzi, ubu si ko bimeze kuko abaturage bavuga ko bsigaye birutwa no kutabaho,ngo kuko nta mucuruzi ucyemera kwishyurwa hatarengejweho ayo gukata.

Ati ” Usigaye ujya guhaha, wabwira umucuruzi ngo uramwishyura kuri MOMO Pay, akabyanga ngo kereka urengejeho ayo gukata.”

Undi na we yagize ati ” Rwose mbona bakwiye kubikuraho kuko ntacyo bitumariye,babizanye  ari ibigamije kudufahsa,ariko ni ibidukenesha.”

Twabajije abacuruzi  impamvu batacyemera kwishyurwa kuri iri koranabuhanga nta kintu kirenzeho,bavuga ko nabo ari ukubura uko bagira,icyakora ngo  basigaye barayobotse iyo kwishyurwa mu ntoki  kugirango batiteranya.

Ati” Natwe dusigaye dukatwa,kandi urumva tutayasabye abakiriya twaba dukorera mu gihombo kuko igiciro cy’ibintu aba aguze ntikiba cyahindutse. Rero ahubwo mudukorere ubuvugizi,ababishyizeho badutabare.”

Guverineri wa Banki nkuru y’ u Rwanda John Rwangombwa  ari nayo yatangije ubu buryo igashishsiakriza abantu kubuyoboka, avuga ko abashoramri b’irikoranabuhanga batagomba gukorera mu gihombo kuko barishoramo amafaranga, bityo ngo gukata umucuruzi ni ngombwa icyakora ngo umukiriya we nta n’iritoboye agomba gusabwa.

Ati” Niba ukoresheje numero y’umucuruzi mu kohereza amafranga, abatanga iyo servisi nabo bagomba kugira icyo babona kuri icyo gicuruzwa cyabo,kuko icyo ni igicuruzwa bashyize ku isoko,bagishoramo amafarnga. Rero bagomba kugira icyo binjiza kuri icyo gicuruzwa cyabo kiri ku isoko!”

Ati ” Na none turongera kwibutsa baturage ko icyo kiguzi cya serivisi gisabwa umucuruzi ku muguzi uba umuguriye igicuruzwa,birabujijwe ko umucuruzi akata aya mafranga umuguzi.”

BNR kandi ivuga ko kuva muri mutarama kugeza muri Mata umwaka ushize, amafaranga yaherekanyijwe mu ikoranabuhanga yiyongereye ku kigero cya 450 % akava kuri miliyari 7.2 akagera kuri milliyari 40.

Icyakora  abasesengura iby’ubukungu  bavuga ko hatagize igikorwa ngo iyi mibare yahanantuka ngo kubera mu gihe icyo ryashyirirweho kitagirahri, ngo byarangira abagenerwabikorwa bariretse.

Ngo n’ubwo byagenda gutya ariko, na none umuguzi yaba akibihomberamo nubwo BNR ivuga ko yarishyizeho ari we irengera, ngo kuko  azasigara hagati y’amayira afunze, aho azajya asabwa kubikuza amafaranga afite kuri konti kugirango ajye guhaha,icyo gihe kandi azajya akatwa, ngo yanemera gukoresha rya koranabuihanga yishhyura umucuruzi agsabwa kumurengerezaho ayo gukata, nubundi ugasanga umutwaro uzakomeza kumuba ku mutwe.

Inkuru ya Eugenie Nyiransabimana/RadioTV10

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − 9 =

Previous Post

Amatariki y’ubuke bwa Patient Bizimana yamenyekanye

Next Post

BUGESERA: Hari abaturage bari gusenyerwa n’amazi y’imvura yabuze inzira bitewe n’ikorwa ry’umuhanda

Related Posts

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

Simple Ways to Reduce Screen-Related Eye Strain

Simple Ways to Reduce Screen-Related Eye Strain

by radiotv10
08/01/2026
0

In today’s digital world, screens are everywhere. From phones and laptops to TVs and tablets, many people spend hours staring...

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, riratangaza ko abantu 92 bafashwe ku minsi mikuru ya Noheli...

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

IZIHERUKA

Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira
IMYIDAGADURO

Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
Hamenyekanye igikorwa cya mbere kizakorwa na nimero ya mbere ku Isi ku mbuga nkoranyambaga akigera mu Rwanda

Hamenyekanye igikorwa cya mbere kizakorwa na nimero ya mbere ku Isi ku mbuga nkoranyambaga akigera mu Rwanda

08/01/2026
Dore ubutumwa bwose umukinnyi wakiniye amakipe akomeye mu Rwanda yakoresheje asezera burundu ruhago

Dore ubutumwa bwose umukinnyi wakiniye amakipe akomeye mu Rwanda yakoresheje asezera burundu ruhago

08/01/2026
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

08/01/2026
Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
BUGESERA: Hari abaturage bari gusenyerwa n’amazi y’imvura yabuze inzira bitewe n’ikorwa ry’umuhanda

BUGESERA: Hari abaturage bari gusenyerwa n’amazi y’imvura yabuze inzira bitewe n’ikorwa ry’umuhanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Hamenyekanye igikorwa cya mbere kizakorwa na nimero ya mbere ku Isi ku mbuga nkoranyambaga akigera mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.