Wednesday, December 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ubuhamya bw’umaze imyaka 20 yikinisha bukwiye gutuma n’uwabitekerezaga asubiza amerwe mu isaho

radiotv10by radiotv10
29/10/2024
in MU RWANDA, UDUSHYA
1
Ubuhamya bw’umaze imyaka 20 yikinisha bukwiye gutuma n’uwabitekerezaga asubiza amerwe mu isaho
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo uvuga ko amaze imyaka irenga 20 yikinisha, none bikaba byaramunaniye kubicikaho, aravuga ingaruka bikomeje kumukururira zirimo kuba agiye gutandukana n’umugore yashatse amukunze.

Uyu mugabo yo mu Mujyi wa Kigali, avuga ko yatangiye kwikinisha afite imyaka 16 y’amavuko, none ubu akaba afite 37.

Yabitangiye bigezo yiga mu mashuri yisumbuye, agira ngo yumve icyo bagenzi be babikoraga bamurushije, kuva ubwo bimugira imbata, none n’ubu aracyabikora.

Ati “Ni ibintu natangiye ndi mu mashuri yisumbuye nkabikora buri munsi, nabonye ko ari ikibazo maze gushaka umugore ngejeje imyaka 32 gutera akabariro bikanga ariko we atabizi, bigiye kunsenyera kuko umudamu yambwiye ko agiye gusaba gatanya.”

Uretse kuba bigiye kumusenyera agatandukana n’umugore yashatse amukunze, uyu mugabo avuga ko hari n’izindi ngaruka byamugizeho z’ubuzima.

Ati “Harimo kurwara umutwe udakira, isereri, kurwara umugongo, nk’ubu sinarenza iminota itatu mpagaze.”

Dr. rukundo Arthur, umuganga w’inzobere mu bijyanye n’ubuzima bwo mu mutwe mu Bitaro bya Ndera, avuga ko ababaswe no kwikinisha bishoboka ko bavurwa kandi bagakira, asaba ko bakwihutira kugana abaganga hakiri kare kuko iyo bitinze no kuvurwa bifata igihe.

Ati “Ntabwo umuntu yiganiriza, agomba kuganira n’abandi. Abo bantu usanga bajya gushaka imiti y’umutwe ariko kuko atagura icyateye umutwe ntakira. Bakwiye kubonana n’abantu b’inzobere mu mutwe, hari imiti dushobora kumwandikira tukamuha n’ibiganiro tukamwigisha uko agenda agabanya buhoro buhoro akagera kuri frequence normale.”

Dr. Rukundo avuga ko mu mezi atatu gusa yakiriye abantu 15 afite ikibazo nk’iki cyo kubatwa no kwikinisha, icyakora akavuga ko abagifite ari benshi cyane ugereranyije n’abajya kwa muganga.

Raporo y’ikigo World Metrics, igaragaza ko 80% y’abagabo na 58% y’abagore bigeze kwikinisha mu buzima bwabo.

Abahanga mu buzima bagaragaza ko kwikinisha bigira ingaruka ku babikora zirimo kurwara umutwe uhoraho, kuribwa umugongo ndetse n’ibindi bibazo byo mu mutwe.

INKURU MU MAJWI N’AMASHUSHO

Denyse MBABAZI MPAMBARA
RADIOTV10

Comments 1

  1. Anonymous says:
    1 year ago

    Nyamara ni ikibazo gikomeye cyane.
    Niba ushaka umugore ugakomeza ukabikora.

    Njyewe c ubwo nzubaka nanje ko mbikoze 12 years. Gusa nko mu mwaka mbikora nka 50 Times
    Mba numva mbonye umugore ahari byagenda.
    Ni ikibazo gikomeye mu rubyiruko byumwihariko abavukiye mu madini babwirwa ko gusambana Ari icyaha.
    Nanjye Bazi ko ntari umusambanyi NDI umusore witonda.
    Byarakaze.
    Nsenga nsaba Imana kuzampa umugore unyumva

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 − 1 =

Previous Post

Amakuru mpamo ku ifoto ya Perezida Kagame yagaragaye i Burundi

Next Post

M23 yongeye kwikoma MONUSCO inahishura amarorerwa yongeye gukorwa na FARDC n’abayifasha

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

by radiotv10
03/12/2025
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame; na we yageze i Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, yitabiriye isinywa ry'amasezerano...

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

by radiotv10
03/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko mbere yuko akorana na General (Rtd) James Kabarebe hari byinshi byiza...

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

by radiotv10
03/12/2025
0

Abapolisi 74 ba Polisi y'u Rwanda barimo babiri bafite ipeti rya ACP, nka ACP Sam Rumanzi na ACP Francis Muheto...

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hategujwe ibura ry’umuriro mu bice bimwe byo muri Kigali mu gihe cy’amasaha atatu

by radiotv10
03/12/2025
0

Sosiyete y'u Rwanda ishinzwe Ingufu (REG), yatangaje ko mu bice bimwe by'Imirenge ya Kacyiru na Kinyinya mu Karere ka Gasabo,...

Hatangajwe amagambo y’ingengabitekerezo yavuzwe n’uyikurikiranyweho wanigeze kuvuga andi nkayo mu cyunamo

Hatangajwe amagambo y’ingengabitekerezo yavuzwe n’uyikurikiranyweho wanigeze kuvuga andi nkayo mu cyunamo

by radiotv10
03/12/2025
0

Umugabo w’imyaka 35 wo mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu, ari mu maboko ya RIB akurikiranyweho ingengabitekerezo ya...

IZIHERUKA

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine
IBYAMAMARE

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

by radiotv10
03/12/2025
0

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

03/12/2025
Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

03/12/2025
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

03/12/2025
Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

03/12/2025
Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

03/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

M23 yongeye kwikoma MONUSCO inahishura amarorerwa yongeye gukorwa na FARDC n’abayifasha

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.