Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

UBUHINZI: Barifuza gufashwa kuhira imyaka kuko izuba riba ryinshi bakarumbya

radiotv10by radiotv10
22/10/2021
in MU RWANDA
0
UBUHINZI: Barifuza gufashwa kuhira imyaka kuko izuba riba ryinshi bakarumbya
Share on FacebookShare on Twitter

N’ubwo hari imishinga inyuranye yagiye itangizwa igamije gufasha ibice byibasirwa n’amapfa gukoresha uburyo bwo kuhira imyaka, bamwe mu bahinzi baravuga ko  bagihura  n’ibihombo n’inzara  kandi bahinze  kuko bataragerwaho n’iyi mishinga.

Ni ikibazo kimaze imyaka n’imyaniko kigaragazwa n’abaturage cyane abo mu bice byibasirwa n’amapfa kurusha ibindi nko mu ntara y’iburasizuba n’ahandi. Mu myaka inyuranye inzego zishinzwe ubuhinzi, zatangije imishinga migari wo kuhira imyaka ariko haherewe kuri utwo duce.

Akarere ka Nyagatare ni kamwe mu dukunze  guhura n’izuba ryinshi kandi ry’igihe kirekire ,kabone nubwo ahandi imvura yaba igwa kandi imibereho y’abagatuye ahanii ishingiye ku buhinzi n’ubworozi.

Ni saa tanu zishyira saa sita z’amanywa turi mu kagali ka Nyabitekeli mu murege wa Tabagwe ho muri aka karere. ni amasaha izuba rikambye ,abahinzi  bamwe batereye amasuka ku bitugu barahinguye. Abo duhuye baritsa imitima  bakavuga ko nubwo bayirara ku ibaba bajya guhinga ,ariko  n’ubundi basa n’abakorera ubusa kuko hari ubwo bashyira imbuto mu butaka zigaherayo ngo n’izimeze ntizive ku nonko kubera izuba rirerire rikunze kubibasira.

Kanamugire Innocent  ati” Turahinga ariko duhura n’ikibazo cy’izuba riba ryinshi ntitweze neza.”

Naho Mukamasabo Leonie ” Ati ” Rwose usanga n’ubwo duhinga ariko twicwa n’inzara kuko tugira izuba ryinshi cyane,ugasanga utabasha kujya mu biraka iyo kure,afite inzara kuko imbuto zihera mu butaka ,cyangwa se izimeze ntizikure kuber izuba.”

Basanga umuti rukumbi w’iki kibazo ari ugufashwa kubona uburyo bwo kuhira ngo dore ko hari abafite babikora bagasarura.

Ati “Twifuza ko badufasha kujya twuhira imyaka kuko nka Tabgwe hari abo twabonye bafite utmashini tuvomera kandi bo bareza,natwe rero badufashije kuzibona ubuzima bwacu bwaba bwiza.”

Twifuje kumenya aho gahunda yari igamije  kuhira hegitare 6000 z’ubutaka kugeza mu mwaka utaha igeze ,n’icyo bateganya gufasha aba bahinzi bataka inzara kandi bahoza isuka mu mirima,ariko ntitwabasha kubona ubuyobozi bw’ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuhinzi n’ubworozi RAB  .

Icyakora Minisiteri yubuhinzi nubworozi iherutse gutangaza ko  muri hegitari Milliyoni 1,5 zikeneye kuhirwa,ibihumbi 60 byonyine ari byo byuhiriwe ,gusa ngo intego ni uko muri 2024 hazaba bamaze kuhirwa izirenga ibihumbi 100,bishobora kugera no kuri aba baturage.

Abahinzi bo basanga leta nidahindura umuvuno ngo ibishyiremo imbaraga,ngo iherezo ry’iki kibazo cy’inzara rizaguma mu mpapuro nabo bagakomeza kuruhira ubusa inzara ibayogoza.

Nk’ubu umwe muri bo avuga ko aho afite asarura toni imwe y’ibigori nyamara ngo nta mapfa bahuye nayo yakabaye ahasarura toni 6.

Inkuru ya Nyiransabimana Eugenie/Radio&TV10

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − 8 =

Previous Post

Perezida Ndayishimiye yasubiye muri Tanzania mu ruzinduko rw’iminsi itatu

Next Post

TAEKWONDO: Haratangira imikino ya Korean Ambassador’s Cup Championships 2021

Related Posts

Perezida Kagame na Ndayishimiye bicaranye mu nama ya EAC itagaragayemo Tshisekedi

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

by radiotv10
11/12/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko ubwo u Burundi bwari bukomeje kongera umubare w’Ingabo muri DRC, ndetse zimwe zijya gushinga ibirindiro...

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

by radiotv10
11/12/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko abakomeje kwikoreza u Rwanda ibibazo bya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bakwiye kwibuka ko atari...

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

by radiotv10
11/12/2025
0

Umukozi ushinzwe imyirwarire y’abanyeshuri mu ishuri rya Saint Trinité de Ruhango riherereye mu Karere ka Ruhango, yatawe muri yombi n’Urwego...

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

by radiotv10
11/12/2025
0

The President of the Republic, Paul Kagame, said that the fighting that has been taking place in parts of South...

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

by radiotv10
11/12/2025
0

Abantu 15 barimo abaganga, n’abanyamuryango b’Ikigo cya Gisirikare cy’Ubwishingizi ku Ndwara (MMI), bakuriranyweho kunyereza amafaranga y’iki Kigo, aho batahuwe ubwo...

IZIHERUKA

Perezida Kagame na Ndayishimiye bicaranye mu nama ya EAC itagaragayemo Tshisekedi
MU RWANDA

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

by radiotv10
11/12/2025
0

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

11/12/2025
Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

11/12/2025
Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

11/12/2025
President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

11/12/2025
Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

11/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
TAEKWONDO: Haratangira imikino ya Korean Ambassador’s Cup Championships 2021

TAEKWONDO: Haratangira imikino ya Korean Ambassador’s Cup Championships 2021

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.