Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

radiotv10by radiotv10
26/01/2026
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bahinzi b’icyayi bo muri Pfunda mu Karere ka Rutsiro bashengurwa no kuba bagurirwa umusaruro wabo ku giciro cyo hasi, ugereranyije n’ab’ahandi, kuko hari aho babakubye kabiri. Ibi bigatuma basigara inyuma mu rugendo rwo kwiteza imbere.

Abo ni bamwe mu bahinzi bibumbiye muri Koperative y’Abahinzi b’Icyayi cya Pfunda (COOTP), bagaragaza ko buri mezi atatu bahabwa ibiciro bishya by’icyayi, ariko bagasanga ibyabo biri hasi nyamara baba bakoze ibishoboka byose kugira ngo batange umusaruro mwiza, nk’uko baba babisabwa.

Sebyondo Naason ati: “Nyine buri mezi atatu barabigabanya. Hari igihe twahembwaga 250 RWF, none ubu tugeze kuri 170 RWF, bakatubwira ngo babuze isoko.”

Dushimimana Protogène ati “Tukibaza ngo mbese icyayi cyacu cyaba gifite irindi soko kijyaho ritameze nk’iry’ikindi cyayi cy’u Rwanda kijyaho? Nk’ubu twari turi kuri 220 RWF, ariko n’ubundi amezi atatu arashize dushobora no kubona cyongeye kumanuka. Tukibaza ngo ko twasoromye neza, ikibi kikamenwa byagenze gute ku buryo icyayi kitiyongera igiciro, kandi mu yandi makoperative tugasanga icyabo kiri hejuru y’icyacu. Ese ikirere cyacu ntikiryoshya icyayi? Ubutaka se? Turifuza ko batumenyesha aho ikibazo kiri.”

Harerimana Leonidas ati “I Gikongoro bahemba ahari kuri 445 RWF ku kilo, ariko twe tugahembwa 100, ubundi 200; mbese bigahora bihindagurika.”

Aba bahinzi bakomeza bagaragaza ko kubera iyo mpamvu bahora mu bukene budashira, nyamara baba bakorera icyayi cyabo kugira ngo kibateze imbere.

Harerimana Leonidas ati “Turakena, nta kintu icyayi kitugezaho kandi ari cyo cyagombye kuduteza imbere.”

Dushimimana Protogène ati “Urabona ndacyari muto, ariko nashoye mu cyayi, maze imyaka icyenda mfite icyayi gusa, mbona ntacyo kingezaho. Ubuzima bwanjye mbona nta gihinduka, kuko ubuhinzi bw’icyayi muri iki gihe buragoye; kubona ubutaka ugihingaho biragorana cyane cyane kuri twe tukiri bato, ugasanga ibyo ushyiramo ari byinshi kuruta ibyo ukuramo.”

Ni mu gihe ubuyobozi bwa Koperative y’Abahinzi b’Icyayi cya Pfunda (COOTP) buvuga ko abahinzi badakwiye kwigereranya n’abandi, kuko ibiciro bishyirwaho na buri ruganda hashingiwe ku buryo isoko ryabo rimeze ku rwego mpuzamahanga. Bubasaba ahubwo gukora cyane no kongera ubwiza bw’icyayi cyabo.

Bizirema Pacifique, Perezida wa Koperative y’Abahinzi b’Icyayi ba Pfunda, yagize ati “Buri ruganda rugira ibiciro byarwo bitewe n’uko isoko ryabo mpuzamahanga rimeze, bijyanye n’ubwiza bw’icyayi. Ibiciro bigenwa n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iyoherezwa mu Mahanga ry’Ibikomoka ku Buhinzi; ntabwo ari twe tubigena. Abahinzi basabwa kugikorera neza, bakibagara, bagasarura, bakacyitaho uko bikwiye.”

Uyu muyobozi akomeza agaragaza ko kuri ubu igiciro umuhinzi w’icyayi cya Pfunda ahembwa ari amafaranga y’u Rwanda 145 Frw.

Bavuga ko batumva impamvu bagurirwa ku giciro cyo hasi

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − 8 =

Previous Post

Why humans naturally copy each other’s behavior

Next Post

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.