Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

radiotv10by radiotv10
26/01/2026
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bahinzi b’icyayi bo muri Pfunda mu Karere ka Rutsiro bashengurwa no kuba bagurirwa umusaruro wabo ku giciro cyo hasi, ugereranyije n’ab’ahandi, kuko hari aho babakubye kabiri. Ibi bigatuma basigara inyuma mu rugendo rwo kwiteza imbere.

Abo ni bamwe mu bahinzi bibumbiye muri Koperative y’Abahinzi b’Icyayi cya Pfunda (COOTP), bagaragaza ko buri mezi atatu bahabwa ibiciro bishya by’icyayi, ariko bagasanga ibyabo biri hasi nyamara baba bakoze ibishoboka byose kugira ngo batange umusaruro mwiza, nk’uko baba babisabwa.

Sebyondo Naason ati: “Nyine buri mezi atatu barabigabanya. Hari igihe twahembwaga 250 RWF, none ubu tugeze kuri 170 RWF, bakatubwira ngo babuze isoko.”

Dushimimana Protogène ati “Tukibaza ngo mbese icyayi cyacu cyaba gifite irindi soko kijyaho ritameze nk’iry’ikindi cyayi cy’u Rwanda kijyaho? Nk’ubu twari turi kuri 220 RWF, ariko n’ubundi amezi atatu arashize dushobora no kubona cyongeye kumanuka. Tukibaza ngo ko twasoromye neza, ikibi kikamenwa byagenze gute ku buryo icyayi kitiyongera igiciro, kandi mu yandi makoperative tugasanga icyabo kiri hejuru y’icyacu. Ese ikirere cyacu ntikiryoshya icyayi? Ubutaka se? Turifuza ko batumenyesha aho ikibazo kiri.”

Harerimana Leonidas ati “I Gikongoro bahemba ahari kuri 445 RWF ku kilo, ariko twe tugahembwa 100, ubundi 200; mbese bigahora bihindagurika.”

Aba bahinzi bakomeza bagaragaza ko kubera iyo mpamvu bahora mu bukene budashira, nyamara baba bakorera icyayi cyabo kugira ngo kibateze imbere.

Harerimana Leonidas ati “Turakena, nta kintu icyayi kitugezaho kandi ari cyo cyagombye kuduteza imbere.”

Dushimimana Protogène ati “Urabona ndacyari muto, ariko nashoye mu cyayi, maze imyaka icyenda mfite icyayi gusa, mbona ntacyo kingezaho. Ubuzima bwanjye mbona nta gihinduka, kuko ubuhinzi bw’icyayi muri iki gihe buragoye; kubona ubutaka ugihingaho biragorana cyane cyane kuri twe tukiri bato, ugasanga ibyo ushyiramo ari byinshi kuruta ibyo ukuramo.”

Ni mu gihe ubuyobozi bwa Koperative y’Abahinzi b’Icyayi cya Pfunda (COOTP) buvuga ko abahinzi badakwiye kwigereranya n’abandi, kuko ibiciro bishyirwaho na buri ruganda hashingiwe ku buryo isoko ryabo rimeze ku rwego mpuzamahanga. Bubasaba ahubwo gukora cyane no kongera ubwiza bw’icyayi cyabo.

Bizirema Pacifique, Perezida wa Koperative y’Abahinzi b’Icyayi ba Pfunda, yagize ati “Buri ruganda rugira ibiciro byarwo bitewe n’uko isoko ryabo mpuzamahanga rimeze, bijyanye n’ubwiza bw’icyayi. Ibiciro bigenwa n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iyoherezwa mu Mahanga ry’Ibikomoka ku Buhinzi; ntabwo ari twe tubigena. Abahinzi basabwa kugikorera neza, bakibagara, bagasarura, bakacyitaho uko bikwiye.”

Uyu muyobozi akomeza agaragaza ko kuri ubu igiciro umuhinzi w’icyayi cya Pfunda ahembwa ari amafaranga y’u Rwanda 145 Frw.

Bavuga ko batumva impamvu bagurirwa ku giciro cyo hasi

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × two =

Previous Post

Why humans naturally copy each other’s behavior

Next Post

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Related Posts

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

Why humans naturally copy each other’s behavior

Why humans naturally copy each other’s behavior

by radiotv10
26/01/2026
0

Humans often copy each other without realizing it. We copy accents, gestures, emotions, and even habits. This behavior is natural...

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

by radiotv10
25/01/2026
0

Umugabo witwa Sindayiheba Jean de Dieu wo mu kagari ka Mataba mu murenge wa Nkungu, arahigishwa uruhindu nyuma yo gukubita...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

IZIHERUKA

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo
IBYAMAMARE

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

by radiotv10
26/01/2026
0

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

26/01/2026
Why humans naturally copy each other’s behavior

Why humans naturally copy each other’s behavior

26/01/2026
Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

25/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y'u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.