Tuesday, July 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Uburyo bwo kwandura Hepatite B bwikubye inshuro 100 ugereranyije no kwandura SIDA mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
29/07/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Uburyo bwo kwandura Hepatite B bwikubye inshuro 100 ugereranyije no kwandura SIDA mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC gitangaza ko uburyo bwo kwandura indwara ya Hepatite B bwikubye inshuro 100 ugereranyije no kwandura Virusi itera SIDA, kikagira inama abantu kwitabira gahunda yo kuyikingiza kuko igira urukingo ariko nta muti.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, rigaragaza ko indwara ya Hepatite B na C ihitana abantu 1,3 ku mwaka, bivuze ko ku munsi yica abantu 3 500. Ku Mugabane wa Afurika gusa, iyi ndwara ku mwaka yica abantu ibihumbi 200.

Mu Rwanda Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC igaragaza ko kugeza ubu abarwaye Hepatite B bagera kuri 0,25%, naho abarwaye Hepatite C baka 0,21% bavuye kuri 3% bariho mu mwaka wa 2017.

Umukozi muri RBC mu ishami ryo kurwanya indwara z’umwijima, SIDA n’izindi ziterwa na Virus Dr. Berabose Charles avuga ko nubwo imibare y’abandura yagabanutse ariko uburyo bwo kwandura bwo bukomeza kuzamuka.

Ati “Aka gakoko duhereye nko kuri B, uburyo bwako bwo kwandura bwikubye inshuro 100 ugereranije n’agakoko gatera DISA mu buryo bwo kwandura. Twavuga yuko ku bijyanye no kwandura yaba Hepatite B na C byose byandurira mu matembabuzi cyangwa se gukora imibonano mpuzabitsina idakingiye ariko kandi n’umubyeyi ashobora kwanduza umwana amutwite cyangwa se amwonsa.”

Yakomeje agira ati “ikindi nasobanura ni uko Hepatite B ntago ikira, ni ukuvuga ngo uwo tuyisanganye ayirwaye afata imiti ubuzima bwe bwose, ariko nanone igira urukingo ku buryo rushobora guhabwa abantu ku buryo uburyo bwo kwandura burushaho kugabanuka, naho hepatite c yo nta rukingo igira ariko iravurwa igakira usanzwe ayirwaye aravurwa agakira.”

Mu rwego rwo guhangana n’iyi ndwara, Leta yoroheje uburyo ivurwamo ndetse ikanapimwamo kuko izo serivise zose zitangwa ku buntu, icyakora abitabira kuyipimisha baracyari bacye nk’uko bitangazwa na bamwe mu bayobozi b’amavuriro.

Dogo Tresor ni Umuyobozi w’Ikigo Nderabuzima cya Kagugu mu Mujyi wa Kigali, agira ati “Nko mu cyumweru gishobora kurangira nta muntu uje kwisabira gupimwa Hepatite ari byo bimuzanye ngo avuge ati ‘nari nje kwipimisha hepatite’. Usanga ntawe, bivuze ko ubwitabire bukiri hasi.”

Bamwe mu baturage bagaragaza impamvu zitandukanye zituma batitabira kwipimisha indwara ya Hepatite, zirimo no kuba badafite amakuru ahagije kuri yo.

Umwe yagize ati “Iyo umuntu atararemba ngo anegekare biba bigoye ko yajya kwipimisha indwara, ni yo mpamvu njyewe ntajyayo.”

Undi na we yagize ati “Ntabwo ndayipimisha kuko nta makuru ahagije mba mbifiteho.”

RBC igaragaza ko u Rwanda rukomeje gukora ibishoboka kugira ngo iyi ndwara ya Hepatite icike burundu, ahashyizweho ingamba zirimo ushishikariza abantu kuyipimisha ndetse no kwita ku byiciro bifite ibyago byinshi byo kandura.

Kugeza ubu mu Rwanda hose abamaze gusuzumwa Hepatite B ni miliyoni 5, mu gihe abisuzumishije Hepatite C bagera muri miliyoni 8. Kuri Hepatite C hamaze kuvurwa abagera ku bihumbi 45 naho abari kuvurwa Hepatite B ni ibihumbi 9.

Dr. Berabose Charles avuga ko abantu bakwiye kwipimisha hakiri kare
DOgo Tresor avuga ko abitabira kwipimisha Hepatite bakiri bacye cyane

Emelyne MBABAZI
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − 2 =

Previous Post

Umucyo ku makuru yacicikanye yavugaga ko amatora yo muri FERWAFA yahagaritswe

Next Post

Can Rwandan women balance career and family, or is that a lie?

Related Posts

Ubutumwa bugenewe Abanyarwanda bose bwerecyeye Ibirori by’Umuganura byegereje

Ubutumwa bugenewe Abanyarwanda bose bwerecyeye Ibirori by’Umuganura byegereje

by radiotv10
29/07/2025
0

Inteko y’Umuco yagaragaje gahunda y’ibirori byo kwihiza Umuganura, isaba Abanyarwanda bose kuzawizihiza baganuzanya baharanira kuba Abanyarwanda b’umutima, badahujwe gusa no...

Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

by radiotv10
29/07/2025
0

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bwakoreye ibirori byo gusezerera abasirikare barimo abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj Gen (Rtd) Wilson Gumisiriza,...

Harakurikiraho iki nyuma yuko abakoresha MTN Rwanda bahuye n’imbogamizi ikanabiseguraho?

Harakurikiraho iki nyuma yuko abakoresha MTN Rwanda bahuye n’imbogamizi ikanabiseguraho?

by radiotv10
29/07/2025
0

Nyuma yuko abakoresha umurongo wa Sosiyete y’Itumanaho ‘MTN Rwanda’ bahuye n’imbogamizi zirimo guhamagarana, kanisegura ku bakiliya bayo, Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere...

Can Rwandan women balance career and family, or is that a lie?

Can Rwandan women balance career and family, or is that a lie?

by radiotv10
29/07/2025
0

In Rwanda today, the image of a modern woman is one of confidence, ambition, and independence. She’s climbing the corporate...

Hope on the Hills of Kibali: Anglican Bishop calls for hard work to build a better future

Hope on the Hills of Kibali: Anglican Bishop calls for hard work to build a better future

by radiotv10
28/07/2025
0

Once considered a forgotten and underdeveloped place, the hills of Kibali, in Rwanda's Gicumbi District, are now a symbol of transformation...

IZIHERUKA

Senegal: Hatanzwe itegeko ry’iperereza ku mvururu zabaye hagati y’abaturage n’inzego z’umutekano zigahitana benshi
AMAHANGA

Senegal: Hatanzwe itegeko ry’iperereza ku mvururu zabaye hagati y’abaturage n’inzego z’umutekano zigahitana benshi

by radiotv10
29/07/2025
0

Abasirikare batatu b’igisirikare cya Uganda baburiye ubuzima muri Congo

Abasirikare batatu b’igisirikare cya Uganda baburiye ubuzima muri Congo

29/07/2025
AMASHUSHO: Uwayoboye kimwe mu Bihugu bikomeye yagaragaye atwaye imodoka ishaje

AMASHUSHO: Uwayoboye kimwe mu Bihugu bikomeye yagaragaye atwaye imodoka ishaje

29/07/2025
Ubutumwa bugenewe Abanyarwanda bose bwerecyeye Ibirori by’Umuganura byegereje

Ubutumwa bugenewe Abanyarwanda bose bwerecyeye Ibirori by’Umuganura byegereje

29/07/2025
DRCongo: Bajyanywe kwa muganga igitaraganya nyuma yo kurya inyama z’inka yagaragazaga ibibazo

DRCongo: Bajyanywe kwa muganga igitaraganya nyuma yo kurya inyama z’inka yagaragazaga ibibazo

29/07/2025
Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

29/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Can Rwandan women balance career and family, or is that a lie?

Can Rwandan women balance career and family, or is that a lie?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Senegal: Hatanzwe itegeko ry’iperereza ku mvururu zabaye hagati y’abaturage n’inzego z’umutekano zigahitana benshi

Abasirikare batatu b’igisirikare cya Uganda baburiye ubuzima muri Congo

AMASHUSHO: Uwayoboye kimwe mu Bihugu bikomeye yagaragaye atwaye imodoka ishaje

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.