Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Uburyo wagabanya ibilo byihuse udakoze siporo nawe ukagira ikimero kikunogeye

radiotv10by radiotv10
07/08/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, UDUSHYA
0
Uburyo wagabanya ibilo byihuse udakoze siporo nawe ukagira ikimero kikunogeye
Share on FacebookShare on Twitter

Hambere iyo abantu babonaga ufite inda yagutse, bavugaga ko yazanye ‘nyakubahwa’ ndetse bigatuma bamwe babimwubahira, ariko ubu bamwe basigaye banabitinya kuko umubyibuho ukabije ari ifuni iharurira inzira zimwe mu ndwara zirimo n’izihitana benshi. Ibi bituma abantu basigaye bakora ibishoboka ngo bagendere kure umubyibuho ukabije n’abawufite bagakora ibyawugabanya.

Bumwe mu buryo bukoreshwa ngo umuntu arwanye umubyibuho ukabije cyangwa ngo awirinde, harimo gukora siporo mu buryo buhoraho, ndetse no kumenya kuringaniza amafunguro n’ibinyobwa afata.

Abahanga mu buzima by’umwihariko mu miterere y’umubiri wa muntu, bakunze kugira inama abantu gukoresha ubu buryo bwombi, gukora siporo ihoraho ndetse no kurya indyo iringaniye ariko ifite intungamibiri zuzuye.

Twabateguriye uburyo burindwi wakoresha ukagabanya ibilo udakoze Siporo nubwo tutirengagije ko na yo ari ingenzi, ndetse tunibutsa ko ari ngombwa kuyikora.

  1. Kugabanya isukari

Abantu benshi bazi ko amavuta ari yo yongera umubyibuho, kandi isukari ni yo yongera umubyibuho kurusha amavuta cyane cyane ibyaciye mu nganda.

Isuraki iyo yabaye nyinshi mu mubiri, irema ibinure bikajya kwiyomeka ku mikaya y’umubiri nko ku nda, ari byo bituma umuntu atangira kugaragara yaragutse, bamwe bakavuga ko ari amafunguro yamuyobotse, nyamara ari isukari yamuzaniye ako kaga.

Umuntu niba yanywaga utuyiko dutatu tw’isukari agatangira kunywa kamwe
  1. Kubara calories urya ku munsi

Iyo ushaka kugabanya ibilo, ugomba kurya ibiryo bicye, bingana n’ibyo umubiri wawe ukeneye, kugira ngo wirinde ko hari intungamubiri zitari ngombwa ziwujyamo zikajya kwitsindagira mu mikaya yawe, ari na byo bituma umuntu atangira kugira ibilo byinshi.

Kumenya uko waringaniza calories umubiri wawe ukeneye, bishobora kuba byagora bamwe, ari na yo mpamvu abantu bagirwa inama yo kuba bakwifashisha application ya ‘Shealth’.

Salade ni bimwe mu biribwa bitagira Calories nyinshi
  1. Kurya imboga n’imbuto

Kurya imboga n’imbuto kandi z’umwimerere zitanyuze mu nganda, nabyo bifasha mu gutakaza ibilo, kuko byoza mu nda kandi bikongerera gukomera kw’imitsi.

Imboga n’imbuto kandi uretse kuba binazwiho kurinda indwara, ni na bimwe umuntu yarya akumva atabangamiwe mu mubiri, kuko byoroha gukorerwa igogora, ndetse uwabiriye, aba yumva akomeye mu mubiri atanakeneye kurya ibindi biribwa bijya kongera ibinure mu mubiri.

Kuryango imbuto nyinshi na byo birafasha
  1. Kunywa amazi menshi

Kunywa amazi menshi nibura litiro eshatu (3) ku munsi kandi akanyobwa mu gitondo umuntu akibyuka kuko bifasha umubiri gukora neza kandi akirirwa umuze neza.

Nanone kandi umuntu uri mu rugendo rwo kugabanya ibilo, agirwa inama yo kunywa amazi mbere yo kurya, kuko bituma atarya amafunguro menshi, kandi n’ayo ariye agakorerwa igogora mu buryo bworoshye.

Umuntu kandi akibuka kunywa amazi menshi
  1. Kurya ibikomoka ku matungo nk’inyama, amagi n’amafi

Inyama, amagi n’amafi; ni amafunguro aba akungahaye ku ntungamubiri, ndetse iyo umuntu ayariye ku rugero rudakabije, bituma umubiri ukomera, ariko ntiwongere ibilo.

Aya mafunguro yafashwe ku kigero cyo hasi kandi, bituma umubiri utagira ibyo usigaza ngo bijye kwibika mu mikaya, ahubwo intungamubiri zayo zikihutira kujya gutanga umusaruro mu gukomeza amagufwa n’umubiri.

Amafunguro nk’amafi na yo yafasha umubiri
  1. Kurya gahoro kandi utuje 

Kurya gahoro kandi utuje bigufasha kudahaga vuba, kuko iyo uriye wihuta uhaga vuba kandi n’umubiri ugakora cyane, bityo bikaba byateza ibindi bibazo.

Nanone kandi kurya gahoro, bituma amafungo agera mu gifu yoroshye bikanacyoherereza gukora igogora, n’intungamubiri zajya mu mubiri zikagenda zifite icyo zigiye kuwumarira zitagiye kwibika mu mubiri.

Umuntu akarya buhoro atuje
  1. Kuryama amasaha ahagije

Kuryama amasaha ahagije bifasha umubiri gukora neza ndetse n’imikaya n’imyakura bikarambuka, ku buryo ahari ibinure byinshi, bigenda bigabanuka.

Kuryama nibura amasaha umunani cyangwa icyenda, birinda umuntu indwara, kuko umubiri uba waruhutse bihagije ntubone ibiwunaniza ngo habe hari ibonnyi byawinjiramo mu buryo bworoshye.

Ubundi umuntu akagira umwanya uhagije wo kuryama

Noella AKIMANA ISIMBI
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × four =

Previous Post

U Burusiya bwavuze ku baturage bo muri Afurika bagiye mu myigaragambyo bitwaje ibendera ryabwo

Next Post

Hamenyekanye irindi Torero mu Rwanda ryafunzwe burundu n’impamvu

Related Posts

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

IZIHERUKA

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye
IBYAMAMARE

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

by radiotv10
09/01/2026
0

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

09/01/2026
Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

09/01/2026
Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Urusengero rwashyizwe ku isoko bigatungura benshi hatangajwe impamvu ruri kugurishwa

Hamenyekanye irindi Torero mu Rwanda ryafunzwe burundu n’impamvu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.