Sunday, June 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Uburyo wagabanya ibilo byihuse udakoze siporo nawe ukagira ikimero kikunogeye

radiotv10by radiotv10
07/08/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, UDUSHYA
0
Uburyo wagabanya ibilo byihuse udakoze siporo nawe ukagira ikimero kikunogeye
Share on FacebookShare on Twitter

Hambere iyo abantu babonaga ufite inda yagutse, bavugaga ko yazanye ‘nyakubahwa’ ndetse bigatuma bamwe babimwubahira, ariko ubu bamwe basigaye banabitinya kuko umubyibuho ukabije ari ifuni iharurira inzira zimwe mu ndwara zirimo n’izihitana benshi. Ibi bituma abantu basigaye bakora ibishoboka ngo bagendere kure umubyibuho ukabije n’abawufite bagakora ibyawugabanya.

Bumwe mu buryo bukoreshwa ngo umuntu arwanye umubyibuho ukabije cyangwa ngo awirinde, harimo gukora siporo mu buryo buhoraho, ndetse no kumenya kuringaniza amafunguro n’ibinyobwa afata.

Abahanga mu buzima by’umwihariko mu miterere y’umubiri wa muntu, bakunze kugira inama abantu gukoresha ubu buryo bwombi, gukora siporo ihoraho ndetse no kurya indyo iringaniye ariko ifite intungamibiri zuzuye.

Twabateguriye uburyo burindwi wakoresha ukagabanya ibilo udakoze Siporo nubwo tutirengagije ko na yo ari ingenzi, ndetse tunibutsa ko ari ngombwa kuyikora.

  1. Kugabanya isukari

Abantu benshi bazi ko amavuta ari yo yongera umubyibuho, kandi isukari ni yo yongera umubyibuho kurusha amavuta cyane cyane ibyaciye mu nganda.

Isuraki iyo yabaye nyinshi mu mubiri, irema ibinure bikajya kwiyomeka ku mikaya y’umubiri nko ku nda, ari byo bituma umuntu atangira kugaragara yaragutse, bamwe bakavuga ko ari amafunguro yamuyobotse, nyamara ari isukari yamuzaniye ako kaga.

Umuntu niba yanywaga utuyiko dutatu tw’isukari agatangira kunywa kamwe
  1. Kubara calories urya ku munsi

Iyo ushaka kugabanya ibilo, ugomba kurya ibiryo bicye, bingana n’ibyo umubiri wawe ukeneye, kugira ngo wirinde ko hari intungamubiri zitari ngombwa ziwujyamo zikajya kwitsindagira mu mikaya yawe, ari na byo bituma umuntu atangira kugira ibilo byinshi.

Kumenya uko waringaniza calories umubiri wawe ukeneye, bishobora kuba byagora bamwe, ari na yo mpamvu abantu bagirwa inama yo kuba bakwifashisha application ya ‘Shealth’.

Salade ni bimwe mu biribwa bitagira Calories nyinshi
  1. Kurya imboga n’imbuto

Kurya imboga n’imbuto kandi z’umwimerere zitanyuze mu nganda, nabyo bifasha mu gutakaza ibilo, kuko byoza mu nda kandi bikongerera gukomera kw’imitsi.

Imboga n’imbuto kandi uretse kuba binazwiho kurinda indwara, ni na bimwe umuntu yarya akumva atabangamiwe mu mubiri, kuko byoroha gukorerwa igogora, ndetse uwabiriye, aba yumva akomeye mu mubiri atanakeneye kurya ibindi biribwa bijya kongera ibinure mu mubiri.

Kuryango imbuto nyinshi na byo birafasha
  1. Kunywa amazi menshi

Kunywa amazi menshi nibura litiro eshatu (3) ku munsi kandi akanyobwa mu gitondo umuntu akibyuka kuko bifasha umubiri gukora neza kandi akirirwa umuze neza.

Nanone kandi umuntu uri mu rugendo rwo kugabanya ibilo, agirwa inama yo kunywa amazi mbere yo kurya, kuko bituma atarya amafunguro menshi, kandi n’ayo ariye agakorerwa igogora mu buryo bworoshye.

Umuntu kandi akibuka kunywa amazi menshi
  1. Kurya ibikomoka ku matungo nk’inyama, amagi n’amafi

Inyama, amagi n’amafi; ni amafunguro aba akungahaye ku ntungamubiri, ndetse iyo umuntu ayariye ku rugero rudakabije, bituma umubiri ukomera, ariko ntiwongere ibilo.

Aya mafunguro yafashwe ku kigero cyo hasi kandi, bituma umubiri utagira ibyo usigaza ngo bijye kwibika mu mikaya, ahubwo intungamubiri zayo zikihutira kujya gutanga umusaruro mu gukomeza amagufwa n’umubiri.

Amafunguro nk’amafi na yo yafasha umubiri
  1. Kurya gahoro kandi utuje 

Kurya gahoro kandi utuje bigufasha kudahaga vuba, kuko iyo uriye wihuta uhaga vuba kandi n’umubiri ugakora cyane, bityo bikaba byateza ibindi bibazo.

Nanone kandi kurya gahoro, bituma amafungo agera mu gifu yoroshye bikanacyoherereza gukora igogora, n’intungamubiri zajya mu mubiri zikagenda zifite icyo zigiye kuwumarira zitagiye kwibika mu mubiri.

Umuntu akarya buhoro atuje
  1. Kuryama amasaha ahagije

Kuryama amasaha ahagije bifasha umubiri gukora neza ndetse n’imikaya n’imyakura bikarambuka, ku buryo ahari ibinure byinshi, bigenda bigabanuka.

Kuryama nibura amasaha umunani cyangwa icyenda, birinda umuntu indwara, kuko umubiri uba waruhutse bihagije ntubone ibiwunaniza ngo habe hari ibonnyi byawinjiramo mu buryo bworoshye.

Ubundi umuntu akagira umwanya uhagije wo kuryama

Noella AKIMANA ISIMBI
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × two =

Previous Post

U Burusiya bwavuze ku baturage bo muri Afurika bagiye mu myigaragambyo bitwaje ibendera ryabwo

Next Post

Hamenyekanye irindi Torero mu Rwanda ryafunzwe burundu n’impamvu

Related Posts

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Abatuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, baravuga ko hari abaremye itsinda ryiyise ‘Abanjongo’ baturuka mu Murenge wa...

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

by radiotv10
28/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zibifashijwemo n’iya Leta Zunze Ubumwe za America, zasinye amasezerano y’amahoro arimo...

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

by radiotv10
28/06/2025
0

Bamwe mu bakora akazi ko gusoroma icyayi mu mirima ya Pfunda mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, bavuga...

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

by radiotv10
28/06/2025
0

The Government of Rwanda and the Democratic Republic of Congo, with the support of the United States of America, have...

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

by radiotv10
27/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z’u Rwanda, barangije amasomo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Kimaka muri...

IZIHERUKA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye
IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

28/06/2025
Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

28/06/2025
Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

28/06/2025
Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

27/06/2025
“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

27/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Urusengero rwashyizwe ku isoko bigatungura benshi hatangajwe impamvu ruri kugurishwa

Hamenyekanye irindi Torero mu Rwanda ryafunzwe burundu n’impamvu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.