Thursday, September 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ubutegetsi bwa Perezida Ndayishimiye bwahagurukiwe n’abavuga ko bifuza kubohora u Burundi

radiotv10by radiotv10
18/02/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ubutegetsi bwa Perezida Ndayishimiye bwahagurukiwe n’abavuga ko bifuza kubohora u Burundi
Share on FacebookShare on Twitter

Imitwe itatu yitwaje Intwaro irwanya ubutegetsi buriho mu Burundi, yihurije mu Ihuriro rimwe inahamagarira indi kuyiyungaho kugira ngo ibohore iki Gihugu, ivuga ko kiri mu kangaratete n’ibibazo uruhuri.

Iyi mitwe yihurije hamwe, ni FRB-Abarundi, UPR ndetse na UPF, aho yahise ifata izina rya F.B.L-ABARUNDI (Le Front Burundais de la Liberation).

Itangazo ryashyizwe hanze n’iri huriro kuri uyu wa Mbere tariki 17 Gashyantare 2025, rigaragaza ko iyi mitwe yiyemeje kwihuriza mu Ihuriro rimwe, nyuma y’Inama idasanzwe yayihuje tariki 16 Gashyantare 2025, ikabera ahitwa Musigati muri Bubanza.

Iri tangazo ryashyizweho umukono n’Umuvugizi w’iri Huriro, Major Mugisha Joab, rigira riti “Muri iyo Nama, FRB-ABARUNDI yihurije hamwe n’Indi mitwe nka UPR na UPF, mu rwego rwo guhuriza hamwe intego.”

Iri tangazo rikomeza kandi rihamagarira n’indi mitwe yaba iya Politiki ndetse n’indi yose ibyifuza, kuza kwiyunga kuri iri huriro “mu rwego rwo kwagura ubushake bwo kubohora Igihugu cyacu dukunda cy’u Burundi.”

Maj Mugisha Joab agakomeza agira ati “Ikindi kandi Umuryango wacu wa F.B.L- ABARUNDI wiyemeje guhangana n’ibibazo byose, ndetse no kurwanya ubutegetsi bwa CNDD-FDD mu kubohora byuzuye Igihugu cyacu kiri mu bibazo.”

Iri Huriro ryanasabye Abarundi bose hatitawe ku bwoko, kwihuza na ryo, riti “bityo tugakuraho burundu ubutegetsi bw’abanyabyaha bwa CNDD-FDD.”

Iri huriro rishinja Ishyaka rya CNDD-FDD riri ku butegetse mu Burundi, kurangwa n’imiyorere mibi, yatumye havuka umwuka w’ubwoba mu Barundi ndetse n’abanyamahanga baba muri iki Gihugu.

Rivuga kandi ko ubu butegetsi bwimakaje politiki y’inzangano zishingiye ku moko, ndetse no kubikamo ubwoba abaturage, bakaba batisanzuye mu Gihugu cyabo.

Rivuga kandi ko hatutumba umugambi wo gutegura Jenoside yo gukorera abo mu bwoko bw’Abatutsi [mu Burundi, ubwoko buremewe] habayeho gufatanya n’umutwe wa FDLR ugizwe n’abasize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 − eleven =

Previous Post

Kamonyi: Hazamuwe dosiye y’Umuyobozi mu z’ibanze ari mu maboko ya RIB

Next Post

M23 ikomeje gushimangira ko intego yayo ari ugukuraho ubutegetsi buriho muri Congo

Related Posts

Eng.-AFC/M23 takes decision to ease border crossing at Rwanda-Congo ‘Grande Barrière’

Eng.-AFC/M23 takes decision to ease border crossing at Rwanda-Congo ‘Grande Barrière’

by radiotv10
18/09/2025
0

The leadership of North Kivu Province that was appointed by AFC/M23 “informs all residents of the city of Goma that...

AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

by radiotv10
18/09/2025
0

Ubuyobozi bw’Intara ya Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwamenyesheje abatuye Umujyi wa Goma ko bemerewe kwambuka umupaka munini uzwi...

Hemejwe inyito y’ibyaha Abayobozi ba Israel bakoreye muri Gaza

Hemejwe inyito y’ibyaha Abayobozi ba Israel bakoreye muri Gaza

by radiotv10
17/09/2025
0

Komisiyo y’Umuryango w’Abibumbye ishinzwe iperereza, yemeje ko abayobozi ba Israel bakoze Jenoside ku Banya-Palestine bo mu Ntara ya Gaza. Raporo...

Hashyizwe hanze ibimenyetso bigaragaza ko ushinjwa kwica Charlie Kirk ari we wabikoze

Hashyizwe hanze ibimenyetso bigaragaza ko ushinjwa kwica Charlie Kirk ari we wabikoze

by radiotv10
17/09/2025
0

Ubushinjacyaha buburana na Tyler Robinson ukekwaho kwica Umunyamerika Charlie Kirk, inshuti ikomeye ya Perezida Trump, bwagaragaje bumwe mu butumwa bwoherejwe...

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

by radiotv10
16/09/2025
0

Ifoto yafashwe mu 1863 yerekana umucakara yuzuye inkovu umugongo wose, igaragaza amateka y’ubucakara bwakorewe abirabura muri Leta Zunze Ubumwe za...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 takes decision to ease border crossing at Rwanda-Congo ‘Grande Barrière’
AMAHANGA

Eng.-AFC/M23 takes decision to ease border crossing at Rwanda-Congo ‘Grande Barrière’

by radiotv10
18/09/2025
0

Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

18/09/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

18/09/2025
AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

18/09/2025
Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

18/09/2025
Pavelh Ndzila wagiye muri Rayon avuye muri APR bwa mbere ahishuye impamvu atagikinira Ikipe y’Igihugu

Pavelh Ndzila wagiye muri Rayon avuye muri APR bwa mbere ahishuye impamvu atagikinira Ikipe y’Igihugu

18/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

M23 ikomeje gushimangira ko intego yayo ari ugukuraho ubutegetsi buriho muri Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-AFC/M23 takes decision to ease border crossing at Rwanda-Congo ‘Grande Barrière’

Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.