Tuesday, December 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ubutegetsi bwa Perezida Ndayishimiye bwahagurukiwe n’abavuga ko bifuza kubohora u Burundi

radiotv10by radiotv10
18/02/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ubutegetsi bwa Perezida Ndayishimiye bwahagurukiwe n’abavuga ko bifuza kubohora u Burundi
Share on FacebookShare on Twitter

Imitwe itatu yitwaje Intwaro irwanya ubutegetsi buriho mu Burundi, yihurije mu Ihuriro rimwe inahamagarira indi kuyiyungaho kugira ngo ibohore iki Gihugu, ivuga ko kiri mu kangaratete n’ibibazo uruhuri.

Iyi mitwe yihurije hamwe, ni FRB-Abarundi, UPR ndetse na UPF, aho yahise ifata izina rya F.B.L-ABARUNDI (Le Front Burundais de la Liberation).

Itangazo ryashyizwe hanze n’iri huriro kuri uyu wa Mbere tariki 17 Gashyantare 2025, rigaragaza ko iyi mitwe yiyemeje kwihuriza mu Ihuriro rimwe, nyuma y’Inama idasanzwe yayihuje tariki 16 Gashyantare 2025, ikabera ahitwa Musigati muri Bubanza.

Iri tangazo ryashyizweho umukono n’Umuvugizi w’iri Huriro, Major Mugisha Joab, rigira riti “Muri iyo Nama, FRB-ABARUNDI yihurije hamwe n’Indi mitwe nka UPR na UPF, mu rwego rwo guhuriza hamwe intego.”

Iri tangazo rikomeza kandi rihamagarira n’indi mitwe yaba iya Politiki ndetse n’indi yose ibyifuza, kuza kwiyunga kuri iri huriro “mu rwego rwo kwagura ubushake bwo kubohora Igihugu cyacu dukunda cy’u Burundi.”

Maj Mugisha Joab agakomeza agira ati “Ikindi kandi Umuryango wacu wa F.B.L- ABARUNDI wiyemeje guhangana n’ibibazo byose, ndetse no kurwanya ubutegetsi bwa CNDD-FDD mu kubohora byuzuye Igihugu cyacu kiri mu bibazo.”

Iri Huriro ryanasabye Abarundi bose hatitawe ku bwoko, kwihuza na ryo, riti “bityo tugakuraho burundu ubutegetsi bw’abanyabyaha bwa CNDD-FDD.”

Iri huriro rishinja Ishyaka rya CNDD-FDD riri ku butegetse mu Burundi, kurangwa n’imiyorere mibi, yatumye havuka umwuka w’ubwoba mu Barundi ndetse n’abanyamahanga baba muri iki Gihugu.

Rivuga kandi ko ubu butegetsi bwimakaje politiki y’inzangano zishingiye ku moko, ndetse no kubikamo ubwoba abaturage, bakaba batisanzuye mu Gihugu cyabo.

Rivuga kandi ko hatutumba umugambi wo gutegura Jenoside yo gukorera abo mu bwoko bw’Abatutsi [mu Burundi, ubwoko buremewe] habayeho gufatanya n’umutwe wa FDLR ugizwe n’abasize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 2 =

Previous Post

Kamonyi: Hazamuwe dosiye y’Umuyobozi mu z’ibanze ari mu maboko ya RIB

Next Post

M23 ikomeje gushimangira ko intego yayo ari ugukuraho ubutegetsi buriho muri Congo

Related Posts

Umuyobozi w’Ingabo z’Igihugu kimwe muri Afurika yatakambiye Perezida wa America

Umuyobozi w’Ingabo z’Igihugu kimwe muri Afurika yatakambiye Perezida wa America

by radiotv10
29/11/2025
0

Gen. Abdel Fattah al-Burhan Abdelrahman al-Burhan ukuriye ingabo z'Igihugu cya Sudan, yatakambiye Perezida Donal Trump wa Leta Zunze Ubumwe za...

Abo mu Bihugu bikennye bashobora kutazongera kugera muri America ukundi

Abo mu Bihugu bikennye bashobora kutazongera kugera muri America ukundi

by radiotv10
29/11/2025
0

Perezida Donal Trump wa Leta Zunze Ubumwe za America, yavuze ko agiye guhagarika gahunda yo kwakira abaturage bava mu Bihugu bikennye...

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye

by radiotv10
29/11/2025
0

Inkongi ikomeye yibasiye inyubako zituwemo n’abantu muri Hong Kong, imaze guhitana abagera ku 128, barimo n’umwe uri mu bashinzwe kuzimya...

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

by radiotv10
26/11/2025
0

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 bafashe abagabo 40 bari batwaye imbunda n’ibindi bikoresho bya gisirikare babijyanye i Mahanga muri Teritwari ya Masisi....

Ibikorwa by’ubucuruzi by’Abanyekongo i Bruxelles mu Bubiligi byakozwemo umukwabu udasanzwe

Ibikorwa by’ubucuruzi by’Abanyekongo i Bruxelles mu Bubiligi byakozwemo umukwabu udasanzwe

by radiotv10
26/11/2025
0

Ibikorwa byinshi by’ubucuruzi byo mu gace na Matonge k’i Bruxelles mu Bubiligi gacururizwamo ibikomoka muri Afurika, aho ibyafunzwe byiganjemo iby’Abanyekongo...

IZIHERUKA

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda
MU RWANDA

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
01/12/2025
0

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

01/12/2025
Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

01/12/2025
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

01/12/2025
Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

01/12/2025
RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

01/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

M23 ikomeje gushimangira ko intego yayo ari ugukuraho ubutegetsi buriho muri Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.