Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ubutegetsi bwa Perezida Ndayishimiye bwahagurukiwe n’abavuga ko bifuza kubohora u Burundi

radiotv10by radiotv10
18/02/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ubutegetsi bwa Perezida Ndayishimiye bwahagurukiwe n’abavuga ko bifuza kubohora u Burundi
Share on FacebookShare on Twitter

Imitwe itatu yitwaje Intwaro irwanya ubutegetsi buriho mu Burundi, yihurije mu Ihuriro rimwe inahamagarira indi kuyiyungaho kugira ngo ibohore iki Gihugu, ivuga ko kiri mu kangaratete n’ibibazo uruhuri.

Iyi mitwe yihurije hamwe, ni FRB-Abarundi, UPR ndetse na UPF, aho yahise ifata izina rya F.B.L-ABARUNDI (Le Front Burundais de la Liberation).

Itangazo ryashyizwe hanze n’iri huriro kuri uyu wa Mbere tariki 17 Gashyantare 2025, rigaragaza ko iyi mitwe yiyemeje kwihuriza mu Ihuriro rimwe, nyuma y’Inama idasanzwe yayihuje tariki 16 Gashyantare 2025, ikabera ahitwa Musigati muri Bubanza.

Iri tangazo ryashyizweho umukono n’Umuvugizi w’iri Huriro, Major Mugisha Joab, rigira riti “Muri iyo Nama, FRB-ABARUNDI yihurije hamwe n’Indi mitwe nka UPR na UPF, mu rwego rwo guhuriza hamwe intego.”

Iri tangazo rikomeza kandi rihamagarira n’indi mitwe yaba iya Politiki ndetse n’indi yose ibyifuza, kuza kwiyunga kuri iri huriro “mu rwego rwo kwagura ubushake bwo kubohora Igihugu cyacu dukunda cy’u Burundi.”

Maj Mugisha Joab agakomeza agira ati “Ikindi kandi Umuryango wacu wa F.B.L- ABARUNDI wiyemeje guhangana n’ibibazo byose, ndetse no kurwanya ubutegetsi bwa CNDD-FDD mu kubohora byuzuye Igihugu cyacu kiri mu bibazo.”

Iri Huriro ryanasabye Abarundi bose hatitawe ku bwoko, kwihuza na ryo, riti “bityo tugakuraho burundu ubutegetsi bw’abanyabyaha bwa CNDD-FDD.”

Iri huriro rishinja Ishyaka rya CNDD-FDD riri ku butegetse mu Burundi, kurangwa n’imiyorere mibi, yatumye havuka umwuka w’ubwoba mu Barundi ndetse n’abanyamahanga baba muri iki Gihugu.

Rivuga kandi ko ubu butegetsi bwimakaje politiki y’inzangano zishingiye ku moko, ndetse no kubikamo ubwoba abaturage, bakaba batisanzuye mu Gihugu cyabo.

Rivuga kandi ko hatutumba umugambi wo gutegura Jenoside yo gukorera abo mu bwoko bw’Abatutsi [mu Burundi, ubwoko buremewe] habayeho gufatanya n’umutwe wa FDLR ugizwe n’abasize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × two =

Previous Post

Kamonyi: Hazamuwe dosiye y’Umuyobozi mu z’ibanze ari mu maboko ya RIB

Next Post

M23 ikomeje gushimangira ko intego yayo ari ugukuraho ubutegetsi buriho muri Congo

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

6 Fruits you should eat after every meal
IMIBEREHO MYIZA

6 Fruits you should eat after every meal

by radiotv10
29/01/2026
0

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

29/01/2026
Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

M23 ikomeje gushimangira ko intego yayo ari ugukuraho ubutegetsi buriho muri Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

6 Fruits you should eat after every meal

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.