Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

radiotv10by radiotv10
25/08/2025
in Uncategorized
0
Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri ya Siporo, amaze ashyingiranywe n’umugore we.

Ngarambe François Xavier usanzwe ari umuhanzi wamenyekanye cyane mu ndirimbo ‘Umwana ni Umutware’ we n’umufasha we Yvonne Solange, bifurije umuryango wa Ngarambe Rwego isabukuru nziza y’urushako.

Mu butumwa uyu muryango wanyujije ku mbuga nkoranyambaga, bateruye bagira bati “Bana bacu dukunda Josine na Rwego, tubifurije isabukuru nziza y’umwaka mumaze muhanye isakramentu ry’ugushyingirwa.”

Bakomeza bagira bati “Kuva icyo gihe, mwahindutse abaranga urukundo Imana yakunze abantu, urugo rwanyu ruba umusingi y’amajyambere y’Igihugu cyacu, ruba Kiliziya-remezo, ndetse mwifungurira kubyara no kororoka.”

Muri ubu butumwa, umuryango wa Ngarambe François Xavier ukomeza ubuga ko urugo rw’umuhungu we n’umugore we, rwakomeje kuyoborwa n’Imana.

Bati “Imana yabahamagariye kubaka urugo ni indahemuka, yasezeranye kubana namwe, ngo ibashoboze kurangiza ubwo butumwa yabahaye, namwe murayishobokera, maze mugira ibyishimo byo gukunda no gukundwa, ndetse mubisakaza hose, mu babasanze n’abo mwasanze. Mukomeze inzira mwatangiye, nta mususu, kuko Imana ibabereye urumuri n’agakiza. Urumuri rwayo rubabengeraneho kandi rutera amizero. Turabakunda kandi turabasabira.”

Ngarambe Rwego, imfura ya Ngarambe François Xavier; yagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri ya Siporo kuva mu mpera z’umwaka ushize, mu kwezi k’Ukuboza 2024 ubwo Perezida wa Repubulika Paul Kagame yakoraga impinduka muri Guverinoma y’u Rwanda.

Rwego Ngarambe winjiye muri Guverinoma y’u Rwanda ari na we ubaye Umunyamabanga wa Leta wa mbere muri iyi Minisiteri ya Siporo, yahawe izi nshingano nyuma y’igihe ari Umuyobozi ushinzwe Iterambere rya Siporo muri iyi Minisiteri.

Ngarambe n’umufasha we bifurije urugo ruhire umuryango bungutse
Bamaze umwaka bahawe isezerano ryo gushyingirwa

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − 1 =

Previous Post

Imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo i Masisi yongeye gukara

Next Post

Polisi yakuyeho urujijo ku byo abaturage bakekaga ku mpanuka y’ubwato yahitanye uwari ubutwaye

Related Posts

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

Abapolisi b’u Rwanda bagiye kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bahawe impanuro

Abapolisi b’u Rwanda bagiye kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bahawe impanuro

by radiotv10
10/02/2026
0

Abapolisi 160 bitegura koherezwa mu butumwa bw'Umuryango w'Abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo, baganirijwe n’Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

by radiotv10
27/01/2026
0

Umwarimu wo muri Kaminuza uherutse gutabwa muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rumukurikiranyeho gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri yisumbuye, hari...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Polisi yakuyeho urujijo ku byo abaturage bakekaga ku mpanuka y’ubwato yahitanye uwari ubutwaye

Polisi yakuyeho urujijo ku byo abaturage bakekaga ku mpanuka y’ubwato yahitanye uwari ubutwaye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.