Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

radiotv10by radiotv10
13/01/2026
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye
Share on FacebookShare on Twitter

Umugaba Mukuru w’Abarwanyi ba AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga, yongeye gushimangira ko iri Huriro rizaruhuka ari uko ribohoye Igihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, anahamagarira urubyiruko rw’Abanyekongo kuza gufatanya na ryo.

Yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki 12 Mutarama 2026, mu Mujyi wa Goma ubwo yaganiraga n’abayobozi bazwi nk’Abanoteri bo mu bice byabohowe na AFC/M23 byo mu Ntara ya Kivu ya Ruguru.

Maj Gen Makenga yagejejweho bimwe mu bibazo biri mu bice biyobowe n’aba bayobozi, birimo iby’umutekano ndetse n’ibindi byose bikeneye gukemurwa.

Mu ijambo yagejeje kuri aba bayobozi, Maj Gen Sultani Makenga yavuze ko icya mbere ari umutekano kugira ngo ibindi byose bigerweho, kandi ko igisirikare cya AFC/M23 ari cyo gishyize imbere.

Ati “Nta gihe kinini dufite ubu, ntabwo turagera ku byo twifuza, kandi icyo dukeneye ni inkunga yanyu, dukeneye raporo zanyu, ni yo mpamvu tubashimira. Kandi turabasa gukomeza kudufasha kugira ngo tugere ku mutekano uhamye.”

Yakomeje avuga ko abaturage bakeneye umutekano kuko ari wo ubafasha gutera imbere mu bikorwa byabo bituma banagira imibereho myiza.

Yahamagariye urubyiruko rukomeje gushukwa n’ubutegetsi bwa DRC, byumwihariko Perezida Tshisekedi, ko rukwiye guhumuka amaso, rukaza na rwo gufatanya n’iri Huriro.

Ati “Turabasaba ko baza bakubaka Igihugu dufatanyije. Abiteguye muze kwifatanya n’igisirikare cyacu, cyiteguye gusubiza mu byabo abaturage babikuwemo.”

Yakomeje avuga ko urugendo iri Huriro rya AFC/M23 ririmo rugamije kuzana impinduka, kandi ko intego yaryo, ari ukubigeraho byanga byakunda.

Ati “Urugendo rwacu rwo kuzana impinduka mu Gihugu cyacu, nk’uko abanyapolitiki babivuga, nta gusubira inyuma. Twararutangiye kandi tuzarukomeza kugeza igihe tuzaba twizeye ko Igihugu cyacu cyabohowe, ndetse n’abaturage batekanye.”

Mu minsi ishize kandi, Maj Gen Sultani Makenga, aherutse kuvuga ko urugamba bariho barwana, nta n’umwe ukwiye kumva ko rwarangiye, ahubwo ko ari bwo rugitangira.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 + one =

Previous Post

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Next Post

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.