Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ubutumwa bwa M23 nyuma yuko ubutegetsi bwa Congo buvuye ku k’ejo bukemera ko baganira

radiotv10by radiotv10
13/03/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
1
Ubutumwa bwa M23 nyuma yuko ubutegetsi bwa Congo buvuye ku k’ejo bukemera ko baganira
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Umutwe wa M23 buravuga ko ibiganiro byashyizwe bikemerwa n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, byakomeje kuvugwa kenshi n’uyu mutwe ko ari yo nzira yonyine yavamo umuti w’ibibazo bihari, kandi ko wari wariyemeje kuzana Tshisekedi ku meza y’ibiganiro ku bushake cyangwa ku mbaraga.

Ni nyuma yuko Guverinoma ya Angola isanzwe ari umuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa DRC, itangaje ko Perezida João Lourenço azatangiza ibiganiro hagati ya Guverinoma ya Congo Kinshasa n’umutwe wa M23.

Ni mu gihe ubutegetsi bwa Congo burangajwe imbere n’Umukuru w’iki Gihugu, Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo yari yarabanje kuvuga inshuro nyinshi ko Guverinoma y’iki Gihugu idateze kujya mu biganiro biyihuza n’uyu mutwe.

Uyu mutwe wa M23 ugizwe n’Abanyekongo baharanira uburenganzira bwa bagenzi babo bakomeje kwicwa umusubirizo n’ubutegetsi bwa Congo bufatanyije n’imitwe inyuranye irimo uw’abajenoside wa FDLR ugizwe n’abasize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, wakunze kuvuga ko udateze kurambika hasi intwaro igihe cyose Congo itemeye ko bagirana ibiganiro, kandi ikubahiriza ibyo uyu mutwe (M23) usaba.

Nyuma yuko Angola itangaje ko noneho ibi biganiro bigiye kuba, Perezida w’umutwe wa M23, Bertrand Bisimwa yavuze ko ibi babivuze kenshi, ariko ubutegetsi bwa Congo bugakomeza kubitera umugongo.

Yifashishije ubutumwa yatanze muri Mutarama uyu mwaka wa 2025, yavuze ko “Twarabivuze, twarabikoze”, aho agaragaza ko inzira z’amasasu zari zashyizwe imbere n’ubutegetsi bwa Congo zitashoboraga kuvamo umuti.

Muri ubu butumwa yari yatanze muri Mutarama akaba yongeye kubugarukaho, Betrand Bisimwa yagize ati “Twiyemeje gutsinda inzira za gisirikare za Tshisekedi, no kumuzana ku bushake cyangwa ku mbaraga ku meza y’ibiganiro, ari na yo nzira yonyine ya gisivile ishobora gushyira ku murongo ibibazo bimaze ibinyacumi by’imyaka.”

Umuvugizi w’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cya DRC, Tina Salama, na we mu butumwa yanditse kuri X nyuma yuko Angola yari imaze gutangaza ibi biganiro, yari yavuze ko “Ibiganiro na M23: Twamenye kandi dutegereje kureba ishyirwa mu bikorwa ry’uru rugendo rw’ubuhuza bwa Angola.”

Abakuru b’Ibihugu binyuranye barimo abo mu karere DRC n’u Rwanda biherereyemo, ndetse n’Imiryango Mpuzamahanga; na bo bakunze kuvuga ko ntayindi nzira yatanga igisubizo ku bibazo bimaze igihe mu burasirazuba bwa DRC, atari ibiganiro hagati ya Leta ya Kinshasa n’umutwe wa M23.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Stephano Nzacahinyeretse says:
    9 months ago

    Birabe Atari amayeri ya poritike

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + thirteen =

Previous Post

DRCongo: Hatangajwe aho Ingabo za MONUSCO zigiye gukomereza akazi n’impinduka zigiye kugaragaza

Next Post

Icyo Umugaba Mukuru wa M23 avuga ku biganiro bivugwa hagati yabo na Congo

Related Posts

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

by radiotv10
10/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryemeje ko ryamaze gufata umujyi wa Uvira, risaba abaturage bawutuye...

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

by radiotv10
10/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryagaragaje intwaro nyinshi zirimo izirasa kure yambuye ingabo z’u Burundi ziri gufasha FARDC bahanyanye, inerekana impuzankano z’igisirikare cya...

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

by radiotv10
10/12/2025
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the Government of the Democratic Republic of Congo, has confirmed that it has taken control...

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

by radiotv10
10/12/2025
0

Mu ishyaka riri ku butegetsi mu Burundi, CNDD-FDD haravugwamo gucikamo ibice kw’abakomeyemo, bitewe no kutumvikana ku guhitamo umukandida uzarihagararira mu...

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

by radiotv10
09/12/2025
0

Raporo y'Umuryango w'Abanyamakuru batagira umupaka (Reporters Without Borders-RSF) yagaragaje ko Igihugu cya Israel ari cyo cyabaye icya mbere mu kwica...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira
AMAHANGA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

by radiotv10
10/12/2025
0

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

10/12/2025
Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

10/12/2025
Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

10/12/2025
Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

10/12/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

10/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo Umugaba Mukuru wa M23 avuga ku biganiro bivugwa hagati yabo na Congo

Icyo Umugaba Mukuru wa M23 avuga ku biganiro bivugwa hagati yabo na Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.