Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ubutumwa bwa M23 nyuma yuko ubutegetsi bwa Congo buvuye ku k’ejo bukemera ko baganira

radiotv10by radiotv10
13/03/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
1
Ubutumwa bwa M23 nyuma yuko ubutegetsi bwa Congo buvuye ku k’ejo bukemera ko baganira
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Umutwe wa M23 buravuga ko ibiganiro byashyizwe bikemerwa n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, byakomeje kuvugwa kenshi n’uyu mutwe ko ari yo nzira yonyine yavamo umuti w’ibibazo bihari, kandi ko wari wariyemeje kuzana Tshisekedi ku meza y’ibiganiro ku bushake cyangwa ku mbaraga.

Ni nyuma yuko Guverinoma ya Angola isanzwe ari umuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa DRC, itangaje ko Perezida João Lourenço azatangiza ibiganiro hagati ya Guverinoma ya Congo Kinshasa n’umutwe wa M23.

Ni mu gihe ubutegetsi bwa Congo burangajwe imbere n’Umukuru w’iki Gihugu, Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo yari yarabanje kuvuga inshuro nyinshi ko Guverinoma y’iki Gihugu idateze kujya mu biganiro biyihuza n’uyu mutwe.

Uyu mutwe wa M23 ugizwe n’Abanyekongo baharanira uburenganzira bwa bagenzi babo bakomeje kwicwa umusubirizo n’ubutegetsi bwa Congo bufatanyije n’imitwe inyuranye irimo uw’abajenoside wa FDLR ugizwe n’abasize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, wakunze kuvuga ko udateze kurambika hasi intwaro igihe cyose Congo itemeye ko bagirana ibiganiro, kandi ikubahiriza ibyo uyu mutwe (M23) usaba.

Nyuma yuko Angola itangaje ko noneho ibi biganiro bigiye kuba, Perezida w’umutwe wa M23, Bertrand Bisimwa yavuze ko ibi babivuze kenshi, ariko ubutegetsi bwa Congo bugakomeza kubitera umugongo.

Yifashishije ubutumwa yatanze muri Mutarama uyu mwaka wa 2025, yavuze ko “Twarabivuze, twarabikoze”, aho agaragaza ko inzira z’amasasu zari zashyizwe imbere n’ubutegetsi bwa Congo zitashoboraga kuvamo umuti.

Muri ubu butumwa yari yatanze muri Mutarama akaba yongeye kubugarukaho, Betrand Bisimwa yagize ati “Twiyemeje gutsinda inzira za gisirikare za Tshisekedi, no kumuzana ku bushake cyangwa ku mbaraga ku meza y’ibiganiro, ari na yo nzira yonyine ya gisivile ishobora gushyira ku murongo ibibazo bimaze ibinyacumi by’imyaka.”

Umuvugizi w’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cya DRC, Tina Salama, na we mu butumwa yanditse kuri X nyuma yuko Angola yari imaze gutangaza ibi biganiro, yari yavuze ko “Ibiganiro na M23: Twamenye kandi dutegereje kureba ishyirwa mu bikorwa ry’uru rugendo rw’ubuhuza bwa Angola.”

Abakuru b’Ibihugu binyuranye barimo abo mu karere DRC n’u Rwanda biherereyemo, ndetse n’Imiryango Mpuzamahanga; na bo bakunze kuvuga ko ntayindi nzira yatanga igisubizo ku bibazo bimaze igihe mu burasirazuba bwa DRC, atari ibiganiro hagati ya Leta ya Kinshasa n’umutwe wa M23.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Stephano Nzacahinyeretse says:
    10 months ago

    Birabe Atari amayeri ya poritike

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + three =

Previous Post

DRCongo: Hatangajwe aho Ingabo za MONUSCO zigiye gukomereza akazi n’impinduka zigiye kugaragaza

Next Post

Icyo Umugaba Mukuru wa M23 avuga ku biganiro bivugwa hagati yabo na Congo

Related Posts

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

by radiotv10
19/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko impugenge ryagaragaje niriramuka rirekuye Umujyi wa Uvira, zahise...

Nyuma ya Perezida w’u Rwanda uw’u Burundi na we yageneye Museveni ubutumwa

Nyuma ya Perezida w’u Rwanda uw’u Burundi na we yageneye Museveni ubutumwa

by radiotv10
19/01/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, na we yashimiye mugenzi we wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni ku bw’intsinzi ye yo kongera...

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

by radiotv10
16/01/2026
0

Ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Gihugu cy’u Burundi, riranengerwa kujandika abana b’abanyeshuri mu bya politiki, nyuma yuko ribakoresheje imyiyerekano...

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

by radiotv10
16/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryongeye kugaragaza ko uruhande bahanganye mu mirwano, rukomeje kurenga ku...

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

Munyemana Athanase 41 w’imyaka na Habimana Augustin w’imyaka 33 y’amavuko batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa amadolari ya Amerika asaga...

IZIHERUKA

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri
FOOTBALL

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

by radiotv10
19/01/2026
0

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo Umugaba Mukuru wa M23 avuga ku biganiro bivugwa hagati yabo na Congo

Icyo Umugaba Mukuru wa M23 avuga ku biganiro bivugwa hagati yabo na Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.