Perezida wa Benin, Patrice Talon yatangaje ko nyuma yuko itsinda ry’abasirikare ritangaje ko ryahiritse ubutegetsi bwe, ibintu byasubiye ku murongo, ahumuriza abaturage anabasaba gusubukura imirimo yabo nta gihunga, asezeranya ko ababigerageje bose bazabihanirwa.
Patrice Talon yabitangaje mu ijambo yatanze kuri iki Cyumweru, nyuma yuko itsinda ry’abasirikare ryari ryavuze ko ryahiritse ubutegetsi.
Muri iri jambo ryatambutse imbonankubone kuri televiziyo y’Igihugu, Patrice Talon yagize ati “Ndashaka gushimira ingabo zacu n’abayobozi bazo, bakomeje kuba indahemuka ku Gihugu.”
Nanone kandi iri jambo ryaje nyuma yuko muri iki Gihugu cya Benin humvikanye urusaku rw’ibisasu bya rutura mu murwa mukuru i Cotonou, hafi y’icyicaro gikuru cya Guverinoma, aho byavugwaga ko ari igitero cy’indege.
Hari amakuru yavugaga ko hari indege zaturutse muri Nigeria mu Gihugu cy’igituranyi, ndetse Umuvugizi wa Perezida wa Nigeria akaba yaje kwemeza ko indege zayo z’intambara zagiye muri Beni “kugira ngo zifashe kwirukana abateguye guhirika ubutegetsi kuri televiziyo y’Igihugu no mu Kigo cya gisirikare aho bari bishyize hamwe.”
Perezida Patrice Talon w’imyaka 67 y’amavuko, mu ijambo rye yavuze ko ingabo z’abashyigikiye ubutegetsi “zakuye mu nzira aba barwanyi b’ubugome.”
Yongeyeho ati “Ubu bwitange n’ubukangurambaga byatumye dushobora gutsinda aba barusahurira mu nduru bashakaga kuzanira ibyago Igihugu cyacu. Ubu bugambanyi ntibuzabura guhanwa.”
Yakomeje agira abwira abaturage, ati “Ndagira ngo mbahumurize, mbamenyesha ko ibintu biri mu nzira nziza, bityo ndabahamagarira gukora akazi kanyu mu mahoro uhereye muri uyu mugoroba.”
Ntibiramenyekana neza niba hari abaguye muri icyo gikorwa cyo kwisubiza ubutegetsi, ariko Perezida yagaragaje agahinda ke “ku baguye muri iki gikorwa kidasobanutse, ndetse no ku bakiri mu maboko y’inyeshyamba zahunze.”
Mbere yaho, Umuvugizi wa Guverinoma, Wilfried Leandre Houngbedji, yabwiye ibiro ntaramakuru by’Abongereza Reuters ko abantu 14 batawe muri yombi bakurikiranyweho igerageza ryo guhirika ubutegetsi.
RADIOTV10










