Wednesday, February 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ubutumwa bwa mbere bw’umuyobozi wo hejuru muri AFC/M23 buca amarenga y’urupfu rwa Willy Ngoma

radiotv10by radiotv10
25/02/2026
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Ubutumwa bwa mbere bw’umuyobozi wo hejuru muri AFC/M23 buca amarenga y’urupfu rwa Willy Ngoma
Share on FacebookShare on Twitter

Mu butumwa budatomora ku bijyanye n’urupfu rw’Umuvugizi w’igisirikare cya AFC/M23, Lt Col Willy Ngoma, Umuhuzabikorwa Wungirije w’iri Huriro, Bertrand Bisimwa yatangaje ko urugamba rw’impinduramatwara igihe cyose rugira intwari zimena amaraso zikitangira kubohora Igihugu.

Ni ubutumwa Bertrand Bisimwa yatangaje ku rubuga nkoranyambaga rwa X mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 25 Gashyantare nyuma y’umunsi umwe havugwa urupfu rwa Lt Col Willy Ngoma.

Bertrand Bisimwa yagize ati “Impinduramatwara igerwaho n’intwari, igihe cyose zitanga ubuzima bwazo zitizigama kugira ngo zibohore Igihugu ziharanira ahazaza heza habereye abazabakomokaho, umusingi wa Leta irinda abaturage bayo nta vangura.”

Ubu butumwa butanzwe na Bertrand Bisimwa wigeze kuba Perezida wa M23 itarivanga na AFC, buje nyuma yuko kuri uyu wa Kabiri tariki 24 Gashyantare havuzwe urupfu rwa Lt Col Willy Ngoma wavugiye igisirikare cya AFC/M23 kuva hakiriho umutwe wa M23.

Ni ubutumwa bubaye ubwa mbere mu bayobozi bo hejuru ba AFC/M23 busa n’ubuvuga kuri uru rupfu rwa Willy Ngoma wari umwe mu basirikare bafite igikundiro mu barwanyi b’iri huriro no mu Banyekongo benshi.

Ihuriro AFC/M23, kugeza ubu ntirashyira hanze itangazo ryemeza iby’urupfu rwa Lt Col Willy Ngoma, mu gihe yemezwa n’ibitangazamakuru byinshi birimo na mpuzamahanga nk’Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza Reutes byatangaje ko aya makuru byayemerewe n’abayobozi muri iri Huriro.

Amakuru avuga ko Lt Col Willy Ngoma yivuganywe n’ibitero by’indege zitagira abapilote (Drones) bya FARDC byagabwe mu rukerera rwo kuri uyu wa Kabiri ahagana saa cyenda z’igitondo mu gace ka Rubaya kazwiho kuba gakungahaye ku bucukuzi bw’amabuye y’agaciro.

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), mu butumwa cyari cyanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X, cyemeje urupfu rwa Willy Ngoma, nubwo iri tangazo ryaje gukurwaho nyuma y’umwanya muto rigiye hanze.

Bertrand Bisimwa na Willy Ngoma

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + eighteen =

Previous Post

Uhagarariye u Rwanda muri America yitabiriye umuhango watangiwemo ijambo ry’Igihugu rya Trump

Related Posts

Hatangajwe amakuru ku Banyafurika y’Epfo bisanze mu ntambara y’u Burusiya nyuma yo kwizezwa ibitangaza

Hatangajwe amakuru ku Banyafurika y’Epfo bisanze mu ntambara y’u Burusiya nyuma yo kwizezwa ibitangaza

by radiotv10
25/02/2026
0

Abantu 11 mu itsinda rya 17 bo muri Afurika y’Epfo bisanze barwanira u Burusiya mu ntambara yo muri Ukraine nyuma...

Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

Amakuru aravuga urupfu rw’Umuvugizi wa AFC/M23 Willy Ngoma

by radiotv10
24/02/2026
0

Amakuru menshi akomeje kuvuga ko Umuvugizi w’Igisirikare cy’Ihuriro rya AFC/M23, Lieutenant-Colonel Willy Ngoma yishwe arasiwe mu gitero cy'indege zitagira abapilote...

Imirwano yahinduye isura muri Congo: FARDC n’abayifasha barashinjwa gutangiza intambara yagutse

Imirwano yahinduye isura muri Congo: FARDC n’abayifasha barashinjwa gutangiza intambara yagutse

by radiotv10
24/02/2026
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko uruhande bahanganye rugizwe n’igisirikare cya DRC (FARDC) n’abagifasha, rwatangije ibitero by’urugamba rwagutse mu bice byose by’imirwano...

Amakuru agezweho nyuma y’imirwano ikomeye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Amakuru agezweho nyuma y’imirwano ikomeye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

by radiotv10
23/02/2026
0

Nyuma y’iminsi ibiri y’imirwano ikomeye hagati y’abarwanyi ba AFC/M23 n’aba Wazalendo bafatanya na FARDC, yaberaga mu bice bimwe byo muri...

Byamenyekanye ko Umuvugizi w’Inteko Ishinga Amategeko y’u Burundi aherutse kumara iminsi afunzwe n’urwego rw’ubutasi

Byamenyekanye ko Umuvugizi w’Inteko Ishinga Amategeko y’u Burundi aherutse kumara iminsi afunzwe n’urwego rw’ubutasi

by radiotv10
23/02/2026
0

Umujyanama Mukuru ushinzwe Itumanaho akaba n’Umuvugizi w’Inteko Ishinga Amategeko y’u Burundi, aherutse gutabwa muri yombi, n’urwego rw’iki Gihugu rushinzwe Iperereza...

IZIHERUKA

Ubutumwa bwa mbere bw’umuyobozi wo hejuru muri AFC/M23 buca amarenga y’urupfu rwa Willy Ngoma
AMAHANGA

Ubutumwa bwa mbere bw’umuyobozi wo hejuru muri AFC/M23 buca amarenga y’urupfu rwa Willy Ngoma

by radiotv10
25/02/2026
0

Uhagarariye u Rwanda muri America yitabiriye umuhango watangiwemo ijambo ry’Igihugu rya Trump

Uhagarariye u Rwanda muri America yitabiriye umuhango watangiwemo ijambo ry’Igihugu rya Trump

25/02/2026
Hatangajwe amakuru ku Banyafurika y’Epfo bisanze mu ntambara y’u Burusiya nyuma yo kwizezwa ibitangaza

Hatangajwe amakuru ku Banyafurika y’Epfo bisanze mu ntambara y’u Burusiya nyuma yo kwizezwa ibitangaza

25/02/2026
Ingabo z’u Rwanda ziri muri Centrafrique zagobotse abagororwa zibaha ubuvuzi ku buntu

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Centrafrique zagobotse abagororwa zibaha ubuvuzi ku buntu

25/02/2026
Rubavu: Hari abahoze ari abarezi mu ngo mbonezamikurire barira ayo kwarika

Rubavu: Hari abahoze ari abarezi mu ngo mbonezamikurire barira ayo kwarika

25/02/2026
Are Grades the Only Way to Measure a Student’s Knowledge?

Are Grades the Only Way to Measure a Student’s Knowledge?

25/02/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa bwa mbere bw’umuyobozi wo hejuru muri AFC/M23 buca amarenga y’urupfu rwa Willy Ngoma

Uhagarariye u Rwanda muri America yitabiriye umuhango watangiwemo ijambo ry’Igihugu rya Trump

Hatangajwe amakuru ku Banyafurika y’Epfo bisanze mu ntambara y’u Burusiya nyuma yo kwizezwa ibitangaza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.