• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ubutumwa bwa Sarkozy wabaye Perezida w’u Bufaransa nyuma yo gufungurwa

radiotv10by radiotv10
11/11/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ubutumwa bwa Sarkozy wabaye Perezida w’u Bufaransa nyuma yo gufungurwa
Share on FacebookShare on Twitter

Nicolas Sarkozy wabaye Perezida w’u Bufaransa wari umaze iminsi 20 afunzwe muri gereza, yarekuwe by’agateganyo, ashimira abamwoherereje ubutumwa bwo kumwihanganisha, anasezeranya ko yiteguye kugaragaza ko ari umwere.

Ni nyuma yuko kuri uyu wa Mbere tariki 10 Ugushyingo 2025 Urukiko rw’Ubujurire rw’i Paris rufashe icyemezo cyo gufungura by’agateganyo uyu wahoze ari Perezida w’u Bufaransa.

Mu masaaha ya saa kumi z’umugoroba kuri uyu wa Mbere, Nicolas Sarkozy yatashye iwe, ari mu modoka y’umukara arindiwe umutekano na moto ebyiri.

Mu butumwa yatanze nyuma yo kurekurwa, Nicolas Sarkozy yashimiye abantu bose bamweretse ko bari kumwe na we muri ibi bihe by’ibibazo arimo.

Yagize ati “Mu gihe ndekuwe nsanze umuryango wanjye ndashaka kumenyesha abantu bose banyandikiye, abanshyigikiye, abanyunganiye; ko mbizirikana. Ubutumwa bwanyu bwinshi bwankoze ku mutima kandi bumpa imbaraga zo guhangana n’iki kibazo.”

Uyu munyapolitiki wayoboye u Bufaransa wanabaye uwa mbere wabaye Perezida wa kiriya Gihugu ufunzwe, yakomeje avuga ko uku kurekurwa kwe, ari iyubahirizwa ry’amategeko ryashyizwe mu bikorwa.

Ati “Ubu ngiye kwitegura urubanza rw’ubujurire. Imbaraga zanjye ubu nzerekeje mu kuzagaragaza ko ndi umwere. Ukuri kuzatsinda. Iri ni isomo ubuzima butwigisha. Iherezo ry’amateka rizandikwa.”

Nicolas Sarkozy utegereje icyemezo cy’Urukiko Rusesa Imanza rw’i Paris, icyemezo kimufungura by’agateganyo kimuteheka ko atemerewe guhura n’abantu 17 bakorwaho iperereza ku byaha akurikiranyweho.

Sarkozy yakatiwe igifungo cy’imyaka itanu, ahamijwe ibyaha birimo bifitanye isano n’amafaranga yakiriye nk’inkunga yamufashije mu bikorwa byo kwiyamamaza mu matora y’Umukuru w’Igihugu ya 2007 yahawe na Muammar Gaddafi wari Perezida wa Libya.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − three =

Previous Post

Eng.-Tshisekedi arrests two Generals including John Tshibangu who once vowed to get rid of M23

Next Post

Ibivugwa ku itabwa muri yombi ry’Abajenerali babiri mu Congo barimo uwakunze kwigaragaza nk’umunyabubasha

Related Posts

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

by radiotv10
01/06/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America zatangaje ko zagabye ibitero ku birindiro by’Ingabo za Iran, mu gihe iki Gihugu na cyo...

America na Iran bongeye gutera intambwe igana ahatanga icyizere

America na Iran bongeye gutera intambwe igana ahatanga icyizere

by radiotv10
30/05/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America na Iran byageze ku bwumvikane bwo kongera igihe cy’agahenge kari hagati y’impande zombi ndetse no...

Abamaze kwandura icyorezo cya Ebola muri Congo bageze ku mubare ukabakaba igihumbi

Abamaze kwandura icyorezo cya Ebola muri Congo bageze ku mubare ukabakaba igihumbi

by radiotv10
29/05/2026
0

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, ryatangaje ko umubare w’abamaze kwandura Ebola muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bageze kuri...

Next Post
Ibivugwa ku itabwa muri yombi ry’Abajenerali babiri mu Congo barimo uwakunze kwigaragaza nk’umunyabubasha

Ibivugwa ku itabwa muri yombi ry’Abajenerali babiri mu Congo barimo uwakunze kwigaragaza nk’umunyabubasha

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.