Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ubutumwa bwahawe M23 nyuma yo kurekura ku mugaragaro agace kamwe yagenzuraga

radiotv10by radiotv10
23/12/2022
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Ubutumwa bwahawe M23 nyuma yo kurekura ku mugaragaro agace kamwe yagenzuraga
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 washyikirije ku mugaragaro agace ka Kibumba, ihuriro ry’Ingabo ry’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EACRF) riri mu butumwa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ishimirwa ubu bushake ikomeje kugaragaza ndetse n’abaturage bahunze aka gace bagenerwa ubutumwa.

Icyemezo cyo kurekura aka gace ka Kibumba kari kamaze iminsi kari mu maboko ya M23, cyamenyekanye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 23 Ukuboza 2022, nkuko byari bikubiye mu itangazo ryanditswe kuri uyu wa Kane.

Iki gikorwa cyaberye muri aka gace ka Kibumba, kitabiriwe n’ingabo zitandukanye zirimo abayobozi b’itsinda rya EACRF ndetse na FARDC.

Ku ruhande rwa M23, uyu muhango wari urimo abasirikare bakuru barimo Colonel Nzenze wanagejeje ijambo kuri aba basirikare bitabiriye uyu muhango, avuga ko uyu mutwe wafashe iki cyemezo mu rwego rwo gukomeza kwerekana ubushake bwo kubahiriza ibyo wasabwe.

Umuyobozi wa EACRF, Gen. Jeff Nyangah mu ijambo rye, yashimangiye ko ingabo zo mu karere zifuza ko mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo haboneka amahoro nk’intego nyamukuru y’izi ngabo.

Yavuze kandi ko ubusugire bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bugomba kubahwa nkuko bikubiye mu itegeko Nshinga ry’iki Gihugu.

Yavuze ko ubutumwa bw’iri tsinda ry’ingabo z’akarere, buri gukorwa hubahirizwa amategeko mpuzamahanga nubwo habayeho imbogamizi zatewe n’imiterere y’ahari gukorerwa ubu butumwa.

Yasoje ubutumwa bwe, agira icyo abwira abaturage batuye muri aka gace, ati “Turizeza abaturage bahunze Kibumba ko aka gace aka kanya gatekanye, kandi turabasaba gutahuka.”

Yaboneyeho kandi gushimira ubuyobozi bw’umutwe wa M23 ku bw’iki kimenyetso cyiza cy’ubushake bwo kubahiriza ibyo wasabwe.

Ati “Turashishikariza ubuyobozi bwa M23 gukomeza kwerekana ubushake bwiza nkuko yerekanye.”

Aka gace ka Kibumba, M23 ikarekuye nyuma yo gushyira hanze amatangazo abiri arimo iryabanje rivuga ko uyu mutwe wemeye guhagarika imirwano ndetse n’irindi ryaje ririkurikira rivuga ko witeguye gutangira kuva mu bice byari mu maboko yawo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 + 6 =

Previous Post

Abanyamakuru ba Siporo kuri RADIO10 bongeye guca impaka noneho bakorera ikiganiro muri Hoteli (VIDEO)

Next Post

Abasirikare bashya ba RDF bagaragaje imyitozo idasanzwe ya gikomando irimo n’iy’urugamba binjiranyemo

Related Posts

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

by radiotv10
27/01/2026
0

Ifoto ya Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu imugaragaza ari kuvugira kuri Telefone yagiye yomekwaho utuntu duhisha kamera yayo n’akarango...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

by radiotv10
27/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko ridateze kurekura igice na kimwe mu byo ryafashe,...

Abajenerali bafite amazina akomeye muri FARDC baravugwa mu rubanza ruregwamo undi Mujenerali

Abajenerali bafite amazina akomeye muri FARDC baravugwa mu rubanza ruregwamo undi Mujenerali

by radiotv10
27/01/2026
0

Abajenerali barimo Maj Gen Sylvain Ekenge, wahoze ari Umuvugizi w’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) baravugwa nk’abatangabuhamya mu...

Amasezerano y’amateka yagezweho hagati y’u Burayi n’u Buhindi

Amasezerano y’amateka yagezweho hagati y’u Burayi n’u Buhindi

by radiotv10
27/01/2026
0

Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi n’u Buhinde batangaje amasezerano akomeye y’ubucuruzi nyuma y’imyaka hafi 20 y’ibiganiro byagiye bihagarara kenshi, mu gihe...

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

by radiotv10
27/01/2026
0

The AFC/M23 coalition that is against the government of the Democratic Republic of Congo, announced that it is never going...

IZIHERUKA

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi
IMYIDAGADURO

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

27/01/2026
Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

27/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

27/01/2026
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

27/01/2026
Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abasirikare bashya ba RDF bagaragaje imyitozo idasanzwe ya gikomando irimo n’iy’urugamba binjiranyemo

Abasirikare bashya ba RDF bagaragaje imyitozo idasanzwe ya gikomando irimo n’iy’urugamba binjiranyemo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.