Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ubutumwa bwahawe M23 nyuma yo kurekura ku mugaragaro agace kamwe yagenzuraga

radiotv10by radiotv10
23/12/2022
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Ubutumwa bwahawe M23 nyuma yo kurekura ku mugaragaro agace kamwe yagenzuraga
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 washyikirije ku mugaragaro agace ka Kibumba, ihuriro ry’Ingabo ry’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EACRF) riri mu butumwa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ishimirwa ubu bushake ikomeje kugaragaza ndetse n’abaturage bahunze aka gace bagenerwa ubutumwa.

Icyemezo cyo kurekura aka gace ka Kibumba kari kamaze iminsi kari mu maboko ya M23, cyamenyekanye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 23 Ukuboza 2022, nkuko byari bikubiye mu itangazo ryanditswe kuri uyu wa Kane.

Iki gikorwa cyaberye muri aka gace ka Kibumba, kitabiriwe n’ingabo zitandukanye zirimo abayobozi b’itsinda rya EACRF ndetse na FARDC.

Ku ruhande rwa M23, uyu muhango wari urimo abasirikare bakuru barimo Colonel Nzenze wanagejeje ijambo kuri aba basirikare bitabiriye uyu muhango, avuga ko uyu mutwe wafashe iki cyemezo mu rwego rwo gukomeza kwerekana ubushake bwo kubahiriza ibyo wasabwe.

Umuyobozi wa EACRF, Gen. Jeff Nyangah mu ijambo rye, yashimangiye ko ingabo zo mu karere zifuza ko mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo haboneka amahoro nk’intego nyamukuru y’izi ngabo.

Yavuze kandi ko ubusugire bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bugomba kubahwa nkuko bikubiye mu itegeko Nshinga ry’iki Gihugu.

Yavuze ko ubutumwa bw’iri tsinda ry’ingabo z’akarere, buri gukorwa hubahirizwa amategeko mpuzamahanga nubwo habayeho imbogamizi zatewe n’imiterere y’ahari gukorerwa ubu butumwa.

Yasoje ubutumwa bwe, agira icyo abwira abaturage batuye muri aka gace, ati “Turizeza abaturage bahunze Kibumba ko aka gace aka kanya gatekanye, kandi turabasaba gutahuka.”

Yaboneyeho kandi gushimira ubuyobozi bw’umutwe wa M23 ku bw’iki kimenyetso cyiza cy’ubushake bwo kubahiriza ibyo wasabwe.

Ati “Turashishikariza ubuyobozi bwa M23 gukomeza kwerekana ubushake bwiza nkuko yerekanye.”

Aka gace ka Kibumba, M23 ikarekuye nyuma yo gushyira hanze amatangazo abiri arimo iryabanje rivuga ko uyu mutwe wemeye guhagarika imirwano ndetse n’irindi ryaje ririkurikira rivuga ko witeguye gutangira kuva mu bice byari mu maboko yawo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + fourteen =

Previous Post

Abanyamakuru ba Siporo kuri RADIO10 bongeye guca impaka noneho bakorera ikiganiro muri Hoteli (VIDEO)

Next Post

Abasirikare bashya ba RDF bagaragaje imyitozo idasanzwe ya gikomando irimo n’iy’urugamba binjiranyemo

Related Posts

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugaba w’ingabo za Uganda, akaba n’umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni uherutse kongera gutorerwa kuyobora igihugu, yatangaje ko abashyigikiye ishyaka ritavuga...

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Umunyamabanga Wungirije wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Ibibazo bya Afurika, yagaragaje ko gushyira abarwanyi ba AFC/M23 mu gisirikare...

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

by radiotv10
23/01/2026
0

I Davos mu Busuwisi, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangije Akanama k’Amahoro kagamije gushimangira agahenge kari...

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

by radiotv10
23/01/2026
0

Urukiko rwa Gisirikare rwa Ituri rwakatiye igifungo cy’imyaka 20 umusirikare wo ku rwego rwa Ofisiye muri FARDC no kwirukanwa burundu...

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, akomeje guterana amagambo na Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi Wine) uherutse gutsindwa amatora...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

25/01/2026
Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abasirikare bashya ba RDF bagaragaje imyitozo idasanzwe ya gikomando irimo n’iy’urugamba binjiranyemo

Abasirikare bashya ba RDF bagaragaje imyitozo idasanzwe ya gikomando irimo n’iy’urugamba binjiranyemo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.