Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ubutumwa bwahawe M23 nyuma yo kurekura ku mugaragaro agace kamwe yagenzuraga

radiotv10by radiotv10
23/12/2022
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Ubutumwa bwahawe M23 nyuma yo kurekura ku mugaragaro agace kamwe yagenzuraga
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 washyikirije ku mugaragaro agace ka Kibumba, ihuriro ry’Ingabo ry’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EACRF) riri mu butumwa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ishimirwa ubu bushake ikomeje kugaragaza ndetse n’abaturage bahunze aka gace bagenerwa ubutumwa.

Icyemezo cyo kurekura aka gace ka Kibumba kari kamaze iminsi kari mu maboko ya M23, cyamenyekanye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 23 Ukuboza 2022, nkuko byari bikubiye mu itangazo ryanditswe kuri uyu wa Kane.

Iki gikorwa cyaberye muri aka gace ka Kibumba, kitabiriwe n’ingabo zitandukanye zirimo abayobozi b’itsinda rya EACRF ndetse na FARDC.

Ku ruhande rwa M23, uyu muhango wari urimo abasirikare bakuru barimo Colonel Nzenze wanagejeje ijambo kuri aba basirikare bitabiriye uyu muhango, avuga ko uyu mutwe wafashe iki cyemezo mu rwego rwo gukomeza kwerekana ubushake bwo kubahiriza ibyo wasabwe.

Umuyobozi wa EACRF, Gen. Jeff Nyangah mu ijambo rye, yashimangiye ko ingabo zo mu karere zifuza ko mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo haboneka amahoro nk’intego nyamukuru y’izi ngabo.

Yavuze kandi ko ubusugire bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bugomba kubahwa nkuko bikubiye mu itegeko Nshinga ry’iki Gihugu.

Yavuze ko ubutumwa bw’iri tsinda ry’ingabo z’akarere, buri gukorwa hubahirizwa amategeko mpuzamahanga nubwo habayeho imbogamizi zatewe n’imiterere y’ahari gukorerwa ubu butumwa.

Yasoje ubutumwa bwe, agira icyo abwira abaturage batuye muri aka gace, ati “Turizeza abaturage bahunze Kibumba ko aka gace aka kanya gatekanye, kandi turabasaba gutahuka.”

Yaboneyeho kandi gushimira ubuyobozi bw’umutwe wa M23 ku bw’iki kimenyetso cyiza cy’ubushake bwo kubahiriza ibyo wasabwe.

Ati “Turashishikariza ubuyobozi bwa M23 gukomeza kwerekana ubushake bwiza nkuko yerekanye.”

Aka gace ka Kibumba, M23 ikarekuye nyuma yo gushyira hanze amatangazo abiri arimo iryabanje rivuga ko uyu mutwe wemeye guhagarika imirwano ndetse n’irindi ryaje ririkurikira rivuga ko witeguye gutangira kuva mu bice byari mu maboko yawo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 3 =

Previous Post

Abanyamakuru ba Siporo kuri RADIO10 bongeye guca impaka noneho bakorera ikiganiro muri Hoteli (VIDEO)

Next Post

Abasirikare bashya ba RDF bagaragaje imyitozo idasanzwe ya gikomando irimo n’iy’urugamba binjiranyemo

Related Posts

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

by radiotv10
07/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Israel, Gideon Saar, yagiriye uruzinduko muri Somaliland, nyuma yo kwemeza nk'Igihugu cyigenga iyi Ntara yo muri...

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

by radiotv10
07/01/2026
0

Umuryango Uharanira Amahoro n'Imibereho myiza y’Abaturage (CPCC), watangaje ko Abantu 105 bari mu nkambi z’impunzi z’Abanyekongo ziri mu Burundi, bitabye...

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

by radiotv10
07/01/2026
0

Impanuka y’ikamyo yabereye mu mujyi wa Semera, mu Karere ka Afar mu majyaruguru ya Ethiopia, yari ibatwaye nk'abimukira, yahitanye abantu...

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

by radiotv10
06/01/2026
0

Raporo ku bugenzuzi bwakorewe ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’Amahoro, yagaragaje ko hari ingingo z’ingenzi zikomeje kwirengagizwa mu masezerano y’i Washington,...

Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

by radiotv10
06/01/2026
0

A report assessing the implementation of peace agreements has revealed that key provisions of the Washington Peace Agreement continue to...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abasirikare bashya ba RDF bagaragaje imyitozo idasanzwe ya gikomando irimo n’iy’urugamba binjiranyemo

Abasirikare bashya ba RDF bagaragaje imyitozo idasanzwe ya gikomando irimo n’iy’urugamba binjiranyemo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.