Monday, December 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ubutumwa bw’ihumure Ukuriye Kiliziya Gatulika mu Rwanda yageneye Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi

radiotv10by radiotv10
10/04/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ubutumwa bw’ihumure Ukuriye Kiliziya Gatulika mu Rwanda yageneye Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi
Share on FacebookShare on Twitter

Arikiyepisikopi wa Kigali, Musenyeri Antoni Karidinali Kambanda yahumurije abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, agaragaza ko banyuze mu mwijima w’icuraburindi, ariko ko baje kubona urumuri, kandi ko igihe nk’iki ari umwanya wo kubaba hafi.

Mu kiganiro cyihariye yagiranye na RADIOTV10, Musenyeri Antoni Karidinali Kambanda  yavuze ko iyo abantu bibutse ibyabaye mu Rwanda n’ubukana byari bifite, bishobora kurusha imbaraga z’umubiri, ku buryo bisaba ko abantu bafatana mu mugongo no kwegera abarokotse.

Ati “Turasaba Imana ngo iborohereze kuko ni yo ibasha kugera aho umutima ubabara, no kuremamo umuntu icyizere no kumuha imbaraga z’ubuzima, kugira ngo tubone ijambo n’ubutumwa bukwiye byadufasha kwibuka twiyubaka muri ibi bihe bikomeye.”

Avuga ko buri mwaka ibi bihe byo Kwibuka bihura n’igihe cya Pasika, kandi byombi bikaba bijya kugira igisobanuro kimwe, kuko Abanyarwanda byumwihariko abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi banyuze mu bihe bigoye, ariko bakaza kubona urumuri.

Ati “Nk’abakristu dufite ukwizera ko nubwo icyaha n’urupfu byagaragaje ubukana bukomeye, no muri Jenoside twarabibonye ariko Kristu yarabidutsindiye yemera kupfira ku musabaraba, ibi rero biduha kwizera ko ikibi kitarusha icyiza imbaraga, urwango rutarusha urukundo imbaraga, ko urupfu rutarusha ubuzima imbaraga kandi ko urumuri rurusha imbaraga umwijima.”

Yakomoje ku rumuri rutazima avuga ko nubwo muri Jenoside byari umwijima w’icuraburindi ariko ubu hari urumuri rutazima rw’ubuzima.

Ati “Mu bihe bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 byari umwijma w’icuraburindi, mu kwibuka dukunze kugaruka ku rumuri rutazima, urumuri rw’ubuzima, Kristu aravuga ati ‘ndi urumuri rw’ubuzima, unkurikira ntabwo azagenda mu mwijima’.

Iyo umuntu ari mu mwijima yikanga umuntu wese bahuye, akaba yamuhunga cyangwa akiyemeza kurwana na we, akaba yamugirira nabi ukaza gusanga ni umuvandimwe agiriye nabi kuko mu mwijima yumvaga ari umwanzi ahuye na we, mu mwijima umuntu yikanga uwo ari we wese nubwo yaba ari umuvandimwe, muri Jenoside wari umwijima w’icuraburindi ku buryo Abanyarwanda bamwe bagize ivangura umwijima w’urwango n’amacakubiri, byatumye bahemuka bagirira nabi abandi bavandimwe ari ko kababaro n’agahinda turimo.”

Musenyeri Antoni Karidinali Kambanda avuga ko nk’abakristu bagomba guhora bamurikiwe na Kristu, bakirinda icyazabasubiza mu bihe bibi Abanyarwanda banyuzemo, kandi ko hari icyizere kuko ubu hari urumuri ruganje.

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + fourteen =

Previous Post

Amakuru atunguranye ku biganiro byagombaga guhuza AFC/M23 na Guverinoma ya Congo

Next Post

Ingaruka z’imibereho mibi yugarije impunzi z’Abanyekongo ziri i Burundi zafashe urundi rwego

Related Posts

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Nyuma y’igitero umutwe w’iterabwoba wa FDLR wagabye muri Teritwari ya Walikare cyahitanye abantu bane, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yavuze...

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

by radiotv10
15/12/2025
0

After a brutal attack carried out by the FDLR terrorist group in Walikale Territory left four civilians dead. Rwanda’s Minister...

Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

Umusesenguzi mu bya Politiki, Hon. Evode Uwizeyimana, avuga ko ibyakunze gutangazwa na Perezida w’u Burundi ko yifuza gutera u Rwanda,...

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

by radiotv10
15/12/2025
0

Uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, Amb. Martin Ngoga, yagaragarije Akanama k’uyu Muryango gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi, amatariki yagiye...

MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

by radiotv10
15/12/2025
0

Kigali, Rwanda - Mobile Money Rwanda Ltd (MoMo Rwanda ) is excited to announce an exclusive 5% cashback for MoMoApp...

IZIHERUKA

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge
MU RWANDA

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

15/12/2025
Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

15/12/2025
Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

15/12/2025
Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

15/12/2025
Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

15/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ingaruka z’imibereho mibi yugarije impunzi z’Abanyekongo ziri i Burundi zafashe urundi rwego

Ingaruka z’imibereho mibi yugarije impunzi z’Abanyekongo ziri i Burundi zafashe urundi rwego

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.