Tuesday, August 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ubutumwa bw’ihumure Ukuriye Kiliziya Gatulika mu Rwanda yageneye Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi

radiotv10by radiotv10
10/04/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ubutumwa bw’ihumure Ukuriye Kiliziya Gatulika mu Rwanda yageneye Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi
Share on FacebookShare on Twitter

Arikiyepisikopi wa Kigali, Musenyeri Antoni Karidinali Kambanda yahumurije abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, agaragaza ko banyuze mu mwijima w’icuraburindi, ariko ko baje kubona urumuri, kandi ko igihe nk’iki ari umwanya wo kubaba hafi.

Mu kiganiro cyihariye yagiranye na RADIOTV10, Musenyeri Antoni Karidinali Kambanda  yavuze ko iyo abantu bibutse ibyabaye mu Rwanda n’ubukana byari bifite, bishobora kurusha imbaraga z’umubiri, ku buryo bisaba ko abantu bafatana mu mugongo no kwegera abarokotse.

Ati “Turasaba Imana ngo iborohereze kuko ni yo ibasha kugera aho umutima ubabara, no kuremamo umuntu icyizere no kumuha imbaraga z’ubuzima, kugira ngo tubone ijambo n’ubutumwa bukwiye byadufasha kwibuka twiyubaka muri ibi bihe bikomeye.”

Avuga ko buri mwaka ibi bihe byo Kwibuka bihura n’igihe cya Pasika, kandi byombi bikaba bijya kugira igisobanuro kimwe, kuko Abanyarwanda byumwihariko abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi banyuze mu bihe bigoye, ariko bakaza kubona urumuri.

Ati “Nk’abakristu dufite ukwizera ko nubwo icyaha n’urupfu byagaragaje ubukana bukomeye, no muri Jenoside twarabibonye ariko Kristu yarabidutsindiye yemera kupfira ku musabaraba, ibi rero biduha kwizera ko ikibi kitarusha icyiza imbaraga, urwango rutarusha urukundo imbaraga, ko urupfu rutarusha ubuzima imbaraga kandi ko urumuri rurusha imbaraga umwijima.”

Yakomoje ku rumuri rutazima avuga ko nubwo muri Jenoside byari umwijima w’icuraburindi ariko ubu hari urumuri rutazima rw’ubuzima.

Ati “Mu bihe bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 byari umwijma w’icuraburindi, mu kwibuka dukunze kugaruka ku rumuri rutazima, urumuri rw’ubuzima, Kristu aravuga ati ‘ndi urumuri rw’ubuzima, unkurikira ntabwo azagenda mu mwijima’.

Iyo umuntu ari mu mwijima yikanga umuntu wese bahuye, akaba yamuhunga cyangwa akiyemeza kurwana na we, akaba yamugirira nabi ukaza gusanga ni umuvandimwe agiriye nabi kuko mu mwijima yumvaga ari umwanzi ahuye na we, mu mwijima umuntu yikanga uwo ari we wese nubwo yaba ari umuvandimwe, muri Jenoside wari umwijima w’icuraburindi ku buryo Abanyarwanda bamwe bagize ivangura umwijima w’urwango n’amacakubiri, byatumye bahemuka bagirira nabi abandi bavandimwe ari ko kababaro n’agahinda turimo.”

Musenyeri Antoni Karidinali Kambanda avuga ko nk’abakristu bagomba guhora bamurikiwe na Kristu, bakirinda icyazabasubiza mu bihe bibi Abanyarwanda banyuzemo, kandi ko hari icyizere kuko ubu hari urumuri ruganje.

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine + 1 =

Previous Post

Amakuru atunguranye ku biganiro byagombaga guhuza AFC/M23 na Guverinoma ya Congo

Next Post

Ingaruka z’imibereho mibi yugarije impunzi z’Abanyekongo ziri i Burundi zafashe urundi rwego

Related Posts

Ubutumwa Umugaba Mukuru wa RDF Gen.Muganga yahaye urubyiruko ruri mu Itorero ‘Indangamirwa’

Ubutumwa Umugaba Mukuru wa RDF Gen.Muganga yahaye urubyiruko ruri mu Itorero ‘Indangamirwa’

by radiotv10
11/08/2025
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, General Mubarakh Muganga yahaye ikiganiro urubyiruko ruri mu Itorero Indangamirwa icyiciro cya 15, arugaragariza ko...

Eng.- RDF Chief urges youth to champion African solutions to African problems

Eng.- RDF Chief urges youth to champion African solutions to African problems

by radiotv10
11/08/2025
0

The Rwanda Defence Force (RDF) CDS, General MK Mubarakh, has called on the country’s youth to take ownership of Africa’s...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Polisi yasobanuye uko byagenze ngo haraswe abagabo babiri bakekwagaho ubwicanyi n’ubujura i Rwamagana

by radiotv10
11/08/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko abagabo babiri bari mu bantu bakekwaho ubwicanyi n’ubujura byakorewe mu Murenge wa Muyumbu mu Karere...

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

by radiotv10
11/08/2025
3

The digital ID will be issued to Rwandans, refugees, and foreigners, NIDA’s Director General Mukesha Josephine announced on August 7,...

E-Sports in Rwanda: Can gaming be a real career?

E-Sports in Rwanda: Can gaming be a real career?

by radiotv10
11/08/2025
0

In Rwanda and across Africa, digital entertainment is undergoing a quiet revolution. At the center of this change is the...

IZIHERUKA

Icyemezo cya Israel cyo gushaka kwigarurira Gaza cyahagurukiwe n’amahanga
AMAHANGA

Icyemezo cya Israel cyo gushaka kwigarurira Gaza cyahagurukiwe n’amahanga

by radiotv10
11/08/2025
0

Ubutumwa Umugaba Mukuru wa RDF Gen.Muganga yahaye urubyiruko ruri mu Itorero ‘Indangamirwa’

Ubutumwa Umugaba Mukuru wa RDF Gen.Muganga yahaye urubyiruko ruri mu Itorero ‘Indangamirwa’

11/08/2025
Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga

Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga

11/08/2025
Eng.- RDF Chief urges youth to champion African solutions to African problems

Eng.- RDF Chief urges youth to champion African solutions to African problems

11/08/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Polisi yasobanuye uko byagenze ngo haraswe abagabo babiri bakekwagaho ubwicanyi n’ubujura i Rwamagana

11/08/2025
Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

11/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ingaruka z’imibereho mibi yugarije impunzi z’Abanyekongo ziri i Burundi zafashe urundi rwego

Ingaruka z’imibereho mibi yugarije impunzi z’Abanyekongo ziri i Burundi zafashe urundi rwego

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyemezo cya Israel cyo gushaka kwigarurira Gaza cyahagurukiwe n’amahanga

Ubutumwa Umugaba Mukuru wa RDF Gen.Muganga yahaye urubyiruko ruri mu Itorero ‘Indangamirwa’

Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.