Thursday, July 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ubutumwa bw’ihumure Ukuriye Kiliziya Gatulika mu Rwanda yageneye Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi

radiotv10by radiotv10
10/04/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ubutumwa bw’ihumure Ukuriye Kiliziya Gatulika mu Rwanda yageneye Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi
Share on FacebookShare on Twitter

Arikiyepisikopi wa Kigali, Musenyeri Antoni Karidinali Kambanda yahumurije abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, agaragaza ko banyuze mu mwijima w’icuraburindi, ariko ko baje kubona urumuri, kandi ko igihe nk’iki ari umwanya wo kubaba hafi.

Mu kiganiro cyihariye yagiranye na RADIOTV10, Musenyeri Antoni Karidinali Kambanda  yavuze ko iyo abantu bibutse ibyabaye mu Rwanda n’ubukana byari bifite, bishobora kurusha imbaraga z’umubiri, ku buryo bisaba ko abantu bafatana mu mugongo no kwegera abarokotse.

Ati “Turasaba Imana ngo iborohereze kuko ni yo ibasha kugera aho umutima ubabara, no kuremamo umuntu icyizere no kumuha imbaraga z’ubuzima, kugira ngo tubone ijambo n’ubutumwa bukwiye byadufasha kwibuka twiyubaka muri ibi bihe bikomeye.”

Avuga ko buri mwaka ibi bihe byo Kwibuka bihura n’igihe cya Pasika, kandi byombi bikaba bijya kugira igisobanuro kimwe, kuko Abanyarwanda byumwihariko abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi banyuze mu bihe bigoye, ariko bakaza kubona urumuri.

Ati “Nk’abakristu dufite ukwizera ko nubwo icyaha n’urupfu byagaragaje ubukana bukomeye, no muri Jenoside twarabibonye ariko Kristu yarabidutsindiye yemera kupfira ku musabaraba, ibi rero biduha kwizera ko ikibi kitarusha icyiza imbaraga, urwango rutarusha urukundo imbaraga, ko urupfu rutarusha ubuzima imbaraga kandi ko urumuri rurusha imbaraga umwijima.”

Yakomoje ku rumuri rutazima avuga ko nubwo muri Jenoside byari umwijima w’icuraburindi ariko ubu hari urumuri rutazima rw’ubuzima.

Ati “Mu bihe bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 byari umwijma w’icuraburindi, mu kwibuka dukunze kugaruka ku rumuri rutazima, urumuri rw’ubuzima, Kristu aravuga ati ‘ndi urumuri rw’ubuzima, unkurikira ntabwo azagenda mu mwijima’.

Iyo umuntu ari mu mwijima yikanga umuntu wese bahuye, akaba yamuhunga cyangwa akiyemeza kurwana na we, akaba yamugirira nabi ukaza gusanga ni umuvandimwe agiriye nabi kuko mu mwijima yumvaga ari umwanzi ahuye na we, mu mwijima umuntu yikanga uwo ari we wese nubwo yaba ari umuvandimwe, muri Jenoside wari umwijima w’icuraburindi ku buryo Abanyarwanda bamwe bagize ivangura umwijima w’urwango n’amacakubiri, byatumye bahemuka bagirira nabi abandi bavandimwe ari ko kababaro n’agahinda turimo.”

Musenyeri Antoni Karidinali Kambanda avuga ko nk’abakristu bagomba guhora bamurikiwe na Kristu, bakirinda icyazabasubiza mu bihe bibi Abanyarwanda banyuzemo, kandi ko hari icyizere kuko ubu hari urumuri ruganje.

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + 3 =

Previous Post

Amakuru atunguranye ku biganiro byagombaga guhuza AFC/M23 na Guverinoma ya Congo

Next Post

Ingaruka z’imibereho mibi yugarije impunzi z’Abanyekongo ziri i Burundi zafashe urundi rwego

Related Posts

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

by radiotv10
30/07/2025
0

Polisi yo mu Karere ka Huye yafashe abasore 9 bakekwaho ibikorwa bihungabanya umutekano w’abaturage by’ubujura bakoraga bitwaje intwaro gakondo zirimo...

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

by radiotv10
30/07/2025
0

Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, Paul Kagame yemeje ikiruhuko ku basirikare 1 081 barimo 9 bo...

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

by radiotv10
30/07/2025
0

Umugabo w’imyaka 48 wari uzwiho ubusinzi, yasanzwe yapfuye mu mukingo wa metero zirindwi mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka...

Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

by radiotv10
30/07/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko kuba Guverinoma y’u Rwanda yaremeye gushyira umukono ku masezerano y’amahoro na...

Hasobanuwe intandaro y’ibura ry’amazi ryakajije uburemere mu Mujyi wa Kigali n’umuti riri kuvugutirwa

Hasobanuwe intandaro y’ibura ry’amazi ryakajije uburemere mu Mujyi wa Kigali n’umuti riri kuvugutirwa

by radiotv10
30/07/2025
0

Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko ikibazo cy’ibura ry’amazi riri kugaragara muri iyi minsi, cyatewe n’igabanuka ry’ayo mu mugezi wa Nyabarongo...

IZIHERUKA

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage
MU RWANDA

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

by radiotv10
30/07/2025
0

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

30/07/2025
Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

30/07/2025
Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

30/07/2025
Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

30/07/2025
Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

30/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ingaruka z’imibereho mibi yugarije impunzi z’Abanyekongo ziri i Burundi zafashe urundi rwego

Ingaruka z’imibereho mibi yugarije impunzi z’Abanyekongo ziri i Burundi zafashe urundi rwego

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.