Sunday, September 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ubutumwa bw’ikiniga bwa Adil wuriye rutemikirere agasiga amenyesheje APR ikintu gikomeye

radiotv10by radiotv10
25/10/2022
in MU RWANDA, SIPORO
0
Ubutumwa bw’ikiniga bwa Adil wuriye rutemikirere agasiga amenyesheje APR ikintu gikomeye

Photo/ Igihe

Share on FacebookShare on Twitter

Umunya-Maroc Adil Erradi Mohammed utoza ikipe y’Ingabo z’u Rwanda, APR FC, uherutse guhagarikwa mu gihe cy’ukwezi, yuriye rutemikirere yerecyeza iwabo, asigira ubutumwa ubuyobozi bwa APR ashinja kumusuzugura, abubwira ko bugomba kuzirengera ingaruka z’icyemezo bwafashe.

Uyu mugabo wuriye indege mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru tariki 23 Ukwakira ari kumwe n’umuryango we, yagiranye ikiganiro n’itangazamakuru.

Adil usanzwe azwiho kuvuga mu ijwi ryo hejuru, muri iki kiganiro, yavugaga mu ijwi riciye bugufi, aho yatangiye avuga ko yubaha umuryango wa APR FC ndetse aha n’agaciro ibikorwa bakoranye.

Ati “Byumwihariko shampiyona eshatu zose twitwaye neza, twabashije gutanga abakinnyi benshi mu ikipe y’Igihugu.”

Avuga ko nubwo hari abavuga ko iyi kipe y’Ingabo z’u Rwanda ari yo ya mbere yari atoje, atari byo kuko yanyuze mu yandi makipe y’ubukombe mu Bihugu binyuranye nka Raja Club Athletic de Casablanca ndetse na Ittihad Riadhi de Tanger y’iwabo muri Maroc.

Yavuze ko yubaha icyemezo cyafashwe n’ubuyobozi bwa APR FC cyo kumuhagarika, ati “Nubashye abayobozi bafashe icyemezo cyo kumpagarika nubwo ntemera ko ari cyo cyari icy’ibanze, ariko bambujije gukomeza gukora akazi kanjye ko gutoza. Mu byukuri nubashye icyemezo cy’abayobozi ariko sintegetswe kucyemera.”

Yavuze ko na bo bagomba kuzirengera ingaruka z’icyemezo bafashe, ati “Kuko mu byukuri ntibyumvikana guhagarika umutoza.”

Adil wakomeje avuga ko adashobora kwemera iki cyemezo yafatiwe kuko atagombaga guhagarikwa kuko atigeze ahamagazwa n’akana gashinzwe imyitwarire ngo kamwihanangirize.

Ati “Turi kwigana dosiye n’abanyamategeko banjye ubundi tukareba icyo twakora.”

Adil yahagaritswe mu gihe cy’ukwezi kuva tariki ya 14 Ukwakira 2022, nyuma yuko yumvikanye mu bitangazamakuru asa nk’uterana amagambo na kapiteni wa APR FC, Manishimwe Djabel na we wahagaritswe mu gihe cy’ukwezi.

Uyu Munya-Maroc uzwiho kutaripfana mu bitekerezo atanga, aherutse gutangaza ko ubuyobozi bwa APR FC bwamusuzuguye kubera kiriya cyemezo bwamufatiye cyo kumuhagarika mu kazi ke ndetse ko azitaba FIFA.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − 11 =

Previous Post

Ahaturutse amakuru yatumye hatahurwa ubujura bukekwa muri IPRC-Kigali bwafungishije umuyobozi wayo

Next Post

M23 yafashe akandi gace nyuma yo kurwana inkundura na FARDC

Related Posts

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi

by radiotv10
13/09/2025
0

Abantu babiri mu bagize agatsiko k’abagizi ba nabi baherutse gutegera abageni mu nzira mu murenge wa Bushenge bakabakubita ndeste bakanabambura...

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

by radiotv10
13/09/2025
0

Umunyamakuru Mucyo Antha Biganiro wamenyekanye mu biganiro bya siporo, yashyize hanze abakinnyi 11 n’umutoza abona b’ibihe byose banyuze mu mupira...

UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

UPDATE: Abagaragaye bakorera ubugome umugore banafite umuhoro byemejwe ko bose bafashwe

by radiotv10
13/09/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko abantu batatu bagaragaye mu mashusho bakorera urugomo umugore mu Murenge wa Nyarugenge, baragagayemo umwe wamutemeshaga...

Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

by radiotv10
13/09/2025
0

Ikigo cy'Igihugu gishinzwe kurengera Ibidukikije REMA, kigaragaza ko guteka hadakoreshejwe Gaz mu bigo by'amashuri 20 byo mu Ntara y'Amajyepfo byatumye...

Ingabire Victoire yagarutse imbere y’Urukiko arugezeho icyifuzo

Igisubizo u Rwanda ruhaye u Burayi bwarutegetse gufungura umunyapolitiki Ingabire Victoire ataranaburana

by radiotv10
12/09/2025
1

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungire yibukije Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi yasabye ko Ingabire Victoire Umuhoza...

IZIHERUKA

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi
MU RWANDA

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi

by radiotv10
13/09/2025
0

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

13/09/2025
Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

13/09/2025
UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

UPDATE: Abagaragaye bakorera ubugome umugore banafite umuhoro byemejwe ko bose bafashwe

13/09/2025
Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

13/09/2025
Ingabire Victoire yagarutse imbere y’Urukiko arugezeho icyifuzo

Igisubizo u Rwanda ruhaye u Burayi bwarutegetse gufungura umunyapolitiki Ingabire Victoire ataranaburana

12/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 yafashe akandi gace nyuma yo kurwana inkundura na FARDC

M23 yafashe akandi gace nyuma yo kurwana inkundura na FARDC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.