Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ubutumwa bw’ikiniga bwa Adil wuriye rutemikirere agasiga amenyesheje APR ikintu gikomeye

radiotv10by radiotv10
25/10/2022
in MU RWANDA, SIPORO
0
Ubutumwa bw’ikiniga bwa Adil wuriye rutemikirere agasiga amenyesheje APR ikintu gikomeye

Photo/ Igihe

Share on FacebookShare on Twitter

Umunya-Maroc Adil Erradi Mohammed utoza ikipe y’Ingabo z’u Rwanda, APR FC, uherutse guhagarikwa mu gihe cy’ukwezi, yuriye rutemikirere yerecyeza iwabo, asigira ubutumwa ubuyobozi bwa APR ashinja kumusuzugura, abubwira ko bugomba kuzirengera ingaruka z’icyemezo bwafashe.

Uyu mugabo wuriye indege mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru tariki 23 Ukwakira ari kumwe n’umuryango we, yagiranye ikiganiro n’itangazamakuru.

Adil usanzwe azwiho kuvuga mu ijwi ryo hejuru, muri iki kiganiro, yavugaga mu ijwi riciye bugufi, aho yatangiye avuga ko yubaha umuryango wa APR FC ndetse aha n’agaciro ibikorwa bakoranye.

Ati “Byumwihariko shampiyona eshatu zose twitwaye neza, twabashije gutanga abakinnyi benshi mu ikipe y’Igihugu.”

Avuga ko nubwo hari abavuga ko iyi kipe y’Ingabo z’u Rwanda ari yo ya mbere yari atoje, atari byo kuko yanyuze mu yandi makipe y’ubukombe mu Bihugu binyuranye nka Raja Club Athletic de Casablanca ndetse na Ittihad Riadhi de Tanger y’iwabo muri Maroc.

Yavuze ko yubaha icyemezo cyafashwe n’ubuyobozi bwa APR FC cyo kumuhagarika, ati “Nubashye abayobozi bafashe icyemezo cyo kumpagarika nubwo ntemera ko ari cyo cyari icy’ibanze, ariko bambujije gukomeza gukora akazi kanjye ko gutoza. Mu byukuri nubashye icyemezo cy’abayobozi ariko sintegetswe kucyemera.”

Yavuze ko na bo bagomba kuzirengera ingaruka z’icyemezo bafashe, ati “Kuko mu byukuri ntibyumvikana guhagarika umutoza.”

Adil wakomeje avuga ko adashobora kwemera iki cyemezo yafatiwe kuko atagombaga guhagarikwa kuko atigeze ahamagazwa n’akana gashinzwe imyitwarire ngo kamwihanangirize.

Ati “Turi kwigana dosiye n’abanyamategeko banjye ubundi tukareba icyo twakora.”

Adil yahagaritswe mu gihe cy’ukwezi kuva tariki ya 14 Ukwakira 2022, nyuma yuko yumvikanye mu bitangazamakuru asa nk’uterana amagambo na kapiteni wa APR FC, Manishimwe Djabel na we wahagaritswe mu gihe cy’ukwezi.

Uyu Munya-Maroc uzwiho kutaripfana mu bitekerezo atanga, aherutse gutangaza ko ubuyobozi bwa APR FC bwamusuzuguye kubera kiriya cyemezo bwamufatiye cyo kumuhagarika mu kazi ke ndetse ko azitaba FIFA.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × one =

Previous Post

Ahaturutse amakuru yatumye hatahurwa ubujura bukekwa muri IPRC-Kigali bwafungishije umuyobozi wayo

Next Post

M23 yafashe akandi gace nyuma yo kurwana inkundura na FARDC

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 yafashe akandi gace nyuma yo kurwana inkundura na FARDC

M23 yafashe akandi gace nyuma yo kurwana inkundura na FARDC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.