Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ubutumwa bw’ikiniga bwa Adil wuriye rutemikirere agasiga amenyesheje APR ikintu gikomeye

radiotv10by radiotv10
25/10/2022
in MU RWANDA, SIPORO
0
Ubutumwa bw’ikiniga bwa Adil wuriye rutemikirere agasiga amenyesheje APR ikintu gikomeye

Photo/ Igihe

Share on FacebookShare on Twitter

Umunya-Maroc Adil Erradi Mohammed utoza ikipe y’Ingabo z’u Rwanda, APR FC, uherutse guhagarikwa mu gihe cy’ukwezi, yuriye rutemikirere yerecyeza iwabo, asigira ubutumwa ubuyobozi bwa APR ashinja kumusuzugura, abubwira ko bugomba kuzirengera ingaruka z’icyemezo bwafashe.

Uyu mugabo wuriye indege mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru tariki 23 Ukwakira ari kumwe n’umuryango we, yagiranye ikiganiro n’itangazamakuru.

Adil usanzwe azwiho kuvuga mu ijwi ryo hejuru, muri iki kiganiro, yavugaga mu ijwi riciye bugufi, aho yatangiye avuga ko yubaha umuryango wa APR FC ndetse aha n’agaciro ibikorwa bakoranye.

Ati “Byumwihariko shampiyona eshatu zose twitwaye neza, twabashije gutanga abakinnyi benshi mu ikipe y’Igihugu.”

Avuga ko nubwo hari abavuga ko iyi kipe y’Ingabo z’u Rwanda ari yo ya mbere yari atoje, atari byo kuko yanyuze mu yandi makipe y’ubukombe mu Bihugu binyuranye nka Raja Club Athletic de Casablanca ndetse na Ittihad Riadhi de Tanger y’iwabo muri Maroc.

Yavuze ko yubaha icyemezo cyafashwe n’ubuyobozi bwa APR FC cyo kumuhagarika, ati “Nubashye abayobozi bafashe icyemezo cyo kumpagarika nubwo ntemera ko ari cyo cyari icy’ibanze, ariko bambujije gukomeza gukora akazi kanjye ko gutoza. Mu byukuri nubashye icyemezo cy’abayobozi ariko sintegetswe kucyemera.”

Yavuze ko na bo bagomba kuzirengera ingaruka z’icyemezo bafashe, ati “Kuko mu byukuri ntibyumvikana guhagarika umutoza.”

Adil wakomeje avuga ko adashobora kwemera iki cyemezo yafatiwe kuko atagombaga guhagarikwa kuko atigeze ahamagazwa n’akana gashinzwe imyitwarire ngo kamwihanangirize.

Ati “Turi kwigana dosiye n’abanyamategeko banjye ubundi tukareba icyo twakora.”

Adil yahagaritswe mu gihe cy’ukwezi kuva tariki ya 14 Ukwakira 2022, nyuma yuko yumvikanye mu bitangazamakuru asa nk’uterana amagambo na kapiteni wa APR FC, Manishimwe Djabel na we wahagaritswe mu gihe cy’ukwezi.

Uyu Munya-Maroc uzwiho kutaripfana mu bitekerezo atanga, aherutse gutangaza ko ubuyobozi bwa APR FC bwamusuzuguye kubera kiriya cyemezo bwamufatiye cyo kumuhagarika mu kazi ke ndetse ko azitaba FIFA.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 1 =

Previous Post

Ahaturutse amakuru yatumye hatahurwa ubujura bukekwa muri IPRC-Kigali bwafungishije umuyobozi wayo

Next Post

M23 yafashe akandi gace nyuma yo kurwana inkundura na FARDC

Related Posts

Hashyizwe hanze itangazo ku byakozwe n’abafana ba APR nyuma y’icyemezo kitabanyuze

Hashyizwe hanze itangazo ku byakozwe n’abafana ba APR nyuma y’icyemezo kitabanyuze

by radiotv10
19/01/2026
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w'Amaguru mu Rwanda na Rwanda Premier League ikurikirana Shampiyona, bamaganye imyitwarire yagaragajwe na bamwe mu bafana ba APR...

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

by radiotv10
19/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa nyuma w’Igikombe cya Afurika warangiye Ikipe y’Igihugu ya Senegal icyegukanye, nyuma y’imvururu zawuranze kubera...

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

IZIHERUKA

Hashyizwe hanze itangazo ku byakozwe n’abafana ba APR nyuma y’icyemezo kitabanyuze
FOOTBALL

Hashyizwe hanze itangazo ku byakozwe n’abafana ba APR nyuma y’icyemezo kitabanyuze

by radiotv10
19/01/2026
0

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

19/01/2026
Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 yafashe akandi gace nyuma yo kurwana inkundura na FARDC

M23 yafashe akandi gace nyuma yo kurwana inkundura na FARDC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hashyizwe hanze itangazo ku byakozwe n’abafana ba APR nyuma y’icyemezo kitabanyuze

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.