Saturday, December 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ubutumwa bw’umuyobozi mushya wa RDB nyuma yo guhabwa inshingano na Perezida Kagame

radiotv10by radiotv10
14/01/2025
in MU RWANDA
0
Ubutumwa bw’umuyobozi mushya wa RDB nyuma yo guhabwa inshingano na Perezida Kagame
Share on FacebookShare on Twitter

Jean-Guy Afrika wahawe inshingano na Perezida Paul Kagame, zo kuba Umuyobozi w’Urwego rushinzwe Iterambere mu Rwanda (RDB), yashimiye Umukuru w’Igihugu ku cyizere yamugiriye, yizeza kuzakora ibizazanira inyungu Abanyarwanda bose.

Jean-Guy Afrika yahawe izi nshingano kuri uyu wa Mbere tariki 13 Mutarama 2025, nk’uko byasohotse mu itangazo ryaturutse mu Biro bya Minisitiri w’Intebe.

Nyuma y’amasaha ahawe izi nshingano, Jean-Guy Afrika; kuri uyu wa Kabiri tariki 14 Mutarama 2025, yashimiye Umukuru w’Igihugu ku cyizere yamugiriye.

Mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X, Jean-Guy Afrika yagize ati “Mwakoze Nyakubahwa Perezida Paul Kagame, ku bw’icyizere n’amahirwe mumpaye yo gukora nk’Umuyobozi Mukuru w’Urwego rushinzwe Iterambere mu Rwanda (RDB).”

Yakomeje agira ati “Ni iby’agaciro kuri njye mu gutanga umusanzu mu bushobozi bwanjye ndetse no kuzakorana n’itsinda ry’abakozi b’abahanga ba RDB mu kuzanira inyungu Abanyarwanda bose.”

Jean-Guy Afrika yahawe izi nshingano, asimbuye Francis Gatare uherutse kugirwa Umujyanama Wihariye muri Perezidansi ya Repubulika y’u Rwanda, aho yari amaze umwaka n’amezi atatu kuri izi nshingano zo kuyobora RDB yari yazihawe muri Nzeri 2023.

Jean-Guy Afrika usanzwe afite ubunararibonye mu miyoborere y’imishinga, yize mu mashuri makuru na za kaminuza zo mu Bihugu binyuranye, nko muri Lerta Zunze Ubumwe za America no mu Busuwisi.

Yari asanzwe akora muri Banki Nyafurika Itsura Amajyambere (African Development Bank), aho mu kwezi k’Ukuboza 2021 yanagizwe Umuyobozi Mukuru w’Agateganyo w’Ibiro bishinzwe ubuhuzabikorwa mu karere.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + nineteen =

Previous Post

Icyatumye hadasomwa icyemezo cyari gitegerejwe ku rubanza rw’abaregwa kwica umwana washenguye benshi

Next Post

Haravugwa inkuru nziza mu kurangiza intambara imaze igihe muri Gaza

Related Posts

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Rwanda’s digital identity scheme is making progress toward its planned June 2026 rollout, with 300,000 now registered for the scheme,...

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

by radiotv10
13/12/2025
0

Mu muhango wo gusezerera ku Bapolisi 74 baherutse gushyirwa mu kiruhuko cy'izabukuru, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y'u Rwanda, IGP Felix...

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

by radiotv10
13/12/2025
0

Patriotism is more than singing the national anthem or proudly wearing the colors of our flag. It is a deep...

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

13/12/2025
America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Haravugwa inkuru nziza mu kurangiza intambara imaze igihe muri Gaza

Haravugwa inkuru nziza mu kurangiza intambara imaze igihe muri Gaza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.