Saturday, December 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ubutumwa bw’umuyobozi mushya wa RDB nyuma yo guhabwa inshingano na Perezida Kagame

radiotv10by radiotv10
14/01/2025
in MU RWANDA
0
Ubutumwa bw’umuyobozi mushya wa RDB nyuma yo guhabwa inshingano na Perezida Kagame
Share on FacebookShare on Twitter

Jean-Guy Afrika wahawe inshingano na Perezida Paul Kagame, zo kuba Umuyobozi w’Urwego rushinzwe Iterambere mu Rwanda (RDB), yashimiye Umukuru w’Igihugu ku cyizere yamugiriye, yizeza kuzakora ibizazanira inyungu Abanyarwanda bose.

Jean-Guy Afrika yahawe izi nshingano kuri uyu wa Mbere tariki 13 Mutarama 2025, nk’uko byasohotse mu itangazo ryaturutse mu Biro bya Minisitiri w’Intebe.

Nyuma y’amasaha ahawe izi nshingano, Jean-Guy Afrika; kuri uyu wa Kabiri tariki 14 Mutarama 2025, yashimiye Umukuru w’Igihugu ku cyizere yamugiriye.

Mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X, Jean-Guy Afrika yagize ati “Mwakoze Nyakubahwa Perezida Paul Kagame, ku bw’icyizere n’amahirwe mumpaye yo gukora nk’Umuyobozi Mukuru w’Urwego rushinzwe Iterambere mu Rwanda (RDB).”

Yakomeje agira ati “Ni iby’agaciro kuri njye mu gutanga umusanzu mu bushobozi bwanjye ndetse no kuzakorana n’itsinda ry’abakozi b’abahanga ba RDB mu kuzanira inyungu Abanyarwanda bose.”

Jean-Guy Afrika yahawe izi nshingano, asimbuye Francis Gatare uherutse kugirwa Umujyanama Wihariye muri Perezidansi ya Repubulika y’u Rwanda, aho yari amaze umwaka n’amezi atatu kuri izi nshingano zo kuyobora RDB yari yazihawe muri Nzeri 2023.

Jean-Guy Afrika usanzwe afite ubunararibonye mu miyoborere y’imishinga, yize mu mashuri makuru na za kaminuza zo mu Bihugu binyuranye, nko muri Lerta Zunze Ubumwe za America no mu Busuwisi.

Yari asanzwe akora muri Banki Nyafurika Itsura Amajyambere (African Development Bank), aho mu kwezi k’Ukuboza 2021 yanagizwe Umuyobozi Mukuru w’Agateganyo w’Ibiro bishinzwe ubuhuzabikorwa mu karere.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − eight =

Previous Post

Icyatumye hadasomwa icyemezo cyari gitegerejwe ku rubanza rw’abaregwa kwica umwana washenguye benshi

Next Post

Haravugwa inkuru nziza mu kurangiza intambara imaze igihe muri Gaza

Related Posts

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

by radiotv10
20/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Burusiya, Sergey Lavrov, byibanze ku guteza imbere...

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

by radiotv10
20/12/2025
0

Bamwe mu barema isoko ry’amatungo magufi ryo mu Murenge wa Kabarondo, bavuga ko babangamirwa n’uko ritazitiye, bigatuma amatungo yangiza ubusitani...

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

by radiotv10
20/12/2025
0

Rwanda’s Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, held talks with his Russian counterpart, Sergey Lavrov, focusing...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
20/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
20/12/2025
1

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days
AMAHANGA

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

by radiotv10
20/12/2025
0

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Haravugwa inkuru nziza mu kurangiza intambara imaze igihe muri Gaza

Haravugwa inkuru nziza mu kurangiza intambara imaze igihe muri Gaza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.