Friday, December 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ubutumwa bw’Umwami wa Jordanie ku Gisozi bwumvikanamo isomo Isi yakwigira ku Rwanda

radiotv10by radiotv10
08/01/2024
in MU RWANDA
0
Ubutumwa bw’Umwami wa Jordanie ku Gisozi bwumvikanamo isomo Isi yakwigira ku Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umwami wa Jordanie uri mu ruzinduko mu Rwanda, yasuye Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kigali, ku Gisozi, atanga ubutumwa bugaruka ku mateka yabonye y’ibyabaye ndetse n’uburyo u Rwanda rwabashije kuyigobotora ubu Abanyarwanda bakaba bunze ubumwe, avuga ko byatanga isomo ku Isi yose.

Ni umunsi wa kabiri w’uruzinduko rw’Umwami wa Jordanie, Abdullah II Ibn Al-Hussein, aho kuri uyu wa Mbere tariki 08 Mutarama 2024, yasuye Urwibutso rwa Kigali.

Abdullah II wageze ku Rwibutso mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, yabanje gushyira indabo ku mva ishyinguyemo inzirakarengane zirenga ibihumbi 250 ziruhukiye muri uru Rwibutso.

Umwami wa Jordanie kandi yatemberejwe mu bice binyuranye muri uru Rwibutso bibumbatiye amwe mu mateka y’ibyabaye mu Rwanda y’uburyo Jenoside yakorewe Abatutsi yateguwe n’uburyo yakoranywe ubugome.

Yasobanuriwe kandi amwe muri aya mateka mabi ya mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi, no mu ikorwa ryayo ndetse n’uburyo Abanyarwanda batangiye urugendo rwo kuyigobotora.

Mu butumwa yatanze ku Rwibutso ubwo yari amaze gusura uru Rwibutso, Umwami wa Jordanie, Abdullah II, yavuze ko rugaragaza amateka ashaririye y’ibyabaye mu Rwanda, ariko rukanatanga isomo rikomeye ku kiremwamuntu, kuba mu Rwanda harabaye aya mateka akomeye gutya, ariko ubu Abanyarwanda bakaba basangira akabisi n’agahiye.

Yagize ati “Ni ikimenyetso cy’ubwitange bw’iki Gihugu mu bumwe n’ubwiyunge by’Abanyarwanda.”

Yakomeje agira ati “Amakuru ari hano kuri uru Rwibutso, atanga amasomo ku Isi yose ry’uburyo abantu bakwigobotora ibihe bikomeye no guharanira ubumwe, amahoro no kwigira.”

Ubwami wa Jordanie, Abdullah II, wasuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, kuri uyu wa Mbere, yageze mu Rwanda kuri iki Cyumweru tariki 07 Mutarama 2024.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight + 15 =

Previous Post

Uko imbwa yahombeje ba Sebuja arenga Miliyoni 5Frw

Next Post

Kigali: Amakuru ku yindi mpanuka y’urukuta rwagwiriye abantu

Related Posts

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Umuryango FPR-Inkotanyi wakoze amavugurura n’impinduka mu Buyobozi Bukuru bwawo, zasize ugize ba Visi Perezida babiri, ndetse Bazivamo Christophe wigeze kububamo,...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
19/12/2025
0

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

by radiotv10
19/12/2025
1

Abafurere babiri bari mu bantu bakurikiranyweho uruhare mu rupfu rwa mugenzi wabo wayoboraga ishuri ryo mu Karere ka Huye uherutse...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
19/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Should parents still choose careers for their children?

Should parents still choose careers for their children?

by radiotv10
19/12/2025
0

For decades, many families have believed that parents should play a major, sometimes final role in deciding their children’s careers....

IZIHERUKA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo
MU RWANDA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

19/12/2025
Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

19/12/2025
Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

19/12/2025
Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Amakuru ku yindi mpanuka y’urukuta rwagwiriye abantu

Kigali: Amakuru ku yindi mpanuka y’urukuta rwagwiriye abantu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.