Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ubutumwa bw’Umwami wa Jordanie ku Gisozi bwumvikanamo isomo Isi yakwigira ku Rwanda

radiotv10by radiotv10
08/01/2024
in MU RWANDA
0
Ubutumwa bw’Umwami wa Jordanie ku Gisozi bwumvikanamo isomo Isi yakwigira ku Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umwami wa Jordanie uri mu ruzinduko mu Rwanda, yasuye Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kigali, ku Gisozi, atanga ubutumwa bugaruka ku mateka yabonye y’ibyabaye ndetse n’uburyo u Rwanda rwabashije kuyigobotora ubu Abanyarwanda bakaba bunze ubumwe, avuga ko byatanga isomo ku Isi yose.

Ni umunsi wa kabiri w’uruzinduko rw’Umwami wa Jordanie, Abdullah II Ibn Al-Hussein, aho kuri uyu wa Mbere tariki 08 Mutarama 2024, yasuye Urwibutso rwa Kigali.

Abdullah II wageze ku Rwibutso mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, yabanje gushyira indabo ku mva ishyinguyemo inzirakarengane zirenga ibihumbi 250 ziruhukiye muri uru Rwibutso.

Umwami wa Jordanie kandi yatemberejwe mu bice binyuranye muri uru Rwibutso bibumbatiye amwe mu mateka y’ibyabaye mu Rwanda y’uburyo Jenoside yakorewe Abatutsi yateguwe n’uburyo yakoranywe ubugome.

Yasobanuriwe kandi amwe muri aya mateka mabi ya mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi, no mu ikorwa ryayo ndetse n’uburyo Abanyarwanda batangiye urugendo rwo kuyigobotora.

Mu butumwa yatanze ku Rwibutso ubwo yari amaze gusura uru Rwibutso, Umwami wa Jordanie, Abdullah II, yavuze ko rugaragaza amateka ashaririye y’ibyabaye mu Rwanda, ariko rukanatanga isomo rikomeye ku kiremwamuntu, kuba mu Rwanda harabaye aya mateka akomeye gutya, ariko ubu Abanyarwanda bakaba basangira akabisi n’agahiye.

Yagize ati “Ni ikimenyetso cy’ubwitange bw’iki Gihugu mu bumwe n’ubwiyunge by’Abanyarwanda.”

Yakomeje agira ati “Amakuru ari hano kuri uru Rwibutso, atanga amasomo ku Isi yose ry’uburyo abantu bakwigobotora ibihe bikomeye no guharanira ubumwe, amahoro no kwigira.”

Ubwami wa Jordanie, Abdullah II, wasuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, kuri uyu wa Mbere, yageze mu Rwanda kuri iki Cyumweru tariki 07 Mutarama 2024.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight − 3 =

Previous Post

Uko imbwa yahombeje ba Sebuja arenga Miliyoni 5Frw

Next Post

Kigali: Amakuru ku yindi mpanuka y’urukuta rwagwiriye abantu

Related Posts

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

IZIHERUKA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye
IMIBEREHO MYIZA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Amakuru ku yindi mpanuka y’urukuta rwagwiriye abantu

Kigali: Amakuru ku yindi mpanuka y’urukuta rwagwiriye abantu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.