Friday, October 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ubutumwa bw’Umwami wa Jordanie ku Gisozi bwumvikanamo isomo Isi yakwigira ku Rwanda

radiotv10by radiotv10
08/01/2024
in MU RWANDA
0
Ubutumwa bw’Umwami wa Jordanie ku Gisozi bwumvikanamo isomo Isi yakwigira ku Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umwami wa Jordanie uri mu ruzinduko mu Rwanda, yasuye Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kigali, ku Gisozi, atanga ubutumwa bugaruka ku mateka yabonye y’ibyabaye ndetse n’uburyo u Rwanda rwabashije kuyigobotora ubu Abanyarwanda bakaba bunze ubumwe, avuga ko byatanga isomo ku Isi yose.

Ni umunsi wa kabiri w’uruzinduko rw’Umwami wa Jordanie, Abdullah II Ibn Al-Hussein, aho kuri uyu wa Mbere tariki 08 Mutarama 2024, yasuye Urwibutso rwa Kigali.

Abdullah II wageze ku Rwibutso mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, yabanje gushyira indabo ku mva ishyinguyemo inzirakarengane zirenga ibihumbi 250 ziruhukiye muri uru Rwibutso.

Umwami wa Jordanie kandi yatemberejwe mu bice binyuranye muri uru Rwibutso bibumbatiye amwe mu mateka y’ibyabaye mu Rwanda y’uburyo Jenoside yakorewe Abatutsi yateguwe n’uburyo yakoranywe ubugome.

Yasobanuriwe kandi amwe muri aya mateka mabi ya mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi, no mu ikorwa ryayo ndetse n’uburyo Abanyarwanda batangiye urugendo rwo kuyigobotora.

Mu butumwa yatanze ku Rwibutso ubwo yari amaze gusura uru Rwibutso, Umwami wa Jordanie, Abdullah II, yavuze ko rugaragaza amateka ashaririye y’ibyabaye mu Rwanda, ariko rukanatanga isomo rikomeye ku kiremwamuntu, kuba mu Rwanda harabaye aya mateka akomeye gutya, ariko ubu Abanyarwanda bakaba basangira akabisi n’agahiye.

Yagize ati “Ni ikimenyetso cy’ubwitange bw’iki Gihugu mu bumwe n’ubwiyunge by’Abanyarwanda.”

Yakomeje agira ati “Amakuru ari hano kuri uru Rwibutso, atanga amasomo ku Isi yose ry’uburyo abantu bakwigobotora ibihe bikomeye no guharanira ubumwe, amahoro no kwigira.”

Ubwami wa Jordanie, Abdullah II, wasuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, kuri uyu wa Mbere, yageze mu Rwanda kuri iki Cyumweru tariki 07 Mutarama 2024.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + six =

Previous Post

Uko imbwa yahombeje ba Sebuja arenga Miliyoni 5Frw

Next Post

Kigali: Amakuru ku yindi mpanuka y’urukuta rwagwiriye abantu

Related Posts

Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

by radiotv10
24/10/2025
0

Musirikare Obed wari umukinnyi w’ikipe y’umupira w’amaguru ya Muganza Trainning center ibarizwa mu kiciro cya gatatu mu Rwanda wageragezaga kwambuka   Rusizi...

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abamwifurija isabukuru nziza y’amavuko

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abamwifurija isabukuru nziza y’amavuko

by radiotv10
24/10/2025
0

Perezida wa Repubulika y'u Rwanda, Paul Kagame yashimiye abamwifurije isabukuru nziza y’amavuko, ababwira ko na we byamushimishije, anabifuriza umugisha. Kuri...

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

by radiotv10
24/10/2025
3

Rwanda’s ambitious move to introduce a new digital identification system has sparked widespread curiosity among citizens and observers eager to...

Ntibumva icyatumye ingo zabo zisimbukwa mu guhabwa umuriro w’amashanyarazi

Ntibumva icyatumye ingo zabo zisimbukwa mu guhabwa umuriro w’amashanyarazi

by radiotv10
23/10/2025
0

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Karambo mu Karere ka Gakenke, bavuga ko batumva ukuntu ingo zabo zasimbutswe mu guhabwa...

Izajya ihabwa n’abakivuka: Iby’ingenzi wamenya ku irangamuntu nshya igiye kujya itangwa mu Rwanda

Eng.-Rwanda sets date to begin nationwide photo capture for the new digital ID ‘eNdangamuntu’

by radiotv10
23/10/2025
0

The National Identification Agency (NIDA) has announced that by the end of this month, activities will begin to verify personal...

IZIHERUKA

Annette Murava na Bishop Gafaranga bagaragaye basohokanye umwe agenera undi ubutumwa
IBYAMAMARE

Annette Murava na Bishop Gafaranga bagaragaye basohokanye umwe agenera undi ubutumwa

by radiotv10
24/10/2025
0

Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

24/10/2025
Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abamwifurija isabukuru nziza y’amavuko

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abamwifurija isabukuru nziza y’amavuko

24/10/2025
Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

24/10/2025
Umuhanzikazi Marina yavuze amahirwe yagize agatuma akabya inzozi amaranye imyaka 8

Umuhanzikazi Marina yavuze amahirwe yagize agatuma akabya inzozi amaranye imyaka 8

23/10/2025
Ntibumva icyatumye ingo zabo zisimbukwa mu guhabwa umuriro w’amashanyarazi

Ntibumva icyatumye ingo zabo zisimbukwa mu guhabwa umuriro w’amashanyarazi

23/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Amakuru ku yindi mpanuka y’urukuta rwagwiriye abantu

Kigali: Amakuru ku yindi mpanuka y’urukuta rwagwiriye abantu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Annette Murava na Bishop Gafaranga bagaragaye basohokanye umwe agenera undi ubutumwa

Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abamwifurija isabukuru nziza y’amavuko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.