Wednesday, October 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ubutumwa Dr Ngirente yageneye Perezida Kagame nyuma yo gusimburwa ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe

radiotv10by radiotv10
24/07/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ubutumwa Dr Ngirente yageneye Perezida Kagame nyuma yo gusimburwa ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe
Share on FacebookShare on Twitter

Dr Ngirente Edourd wasimbuwe ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe yari amazeho imyaka umunani, yashimiye Perezida Paul Kagame ku cyizere yamugiriye no kuba yaramubereye icyitegererezo muri uru rugendo rwo kuyobora Guverinoma y’u Rwanda.

Ni nyuma yuko kuri uyu wa Gatatu tariki 23 Nyakanga 2025 Perezida wa Repubulika, Paul Kagame ashyizeho Minisitiri w’Intebe mushya, ari we Dr Justin Nsengiyumva wari usanzwe ari Guverineri Wungirije wa Banki Nkuru y’u Rwanda.

Dr Justin Nsengiyumva usanzwe ari inzobere mu bijyanye n’Ubukungu, asimbuye Dr Edouard Ngirente wari wagiye muri izi nshingano muri 2017 ubwo hashyirwagaho Guverinoma y’u Rwanda muri manda ya Perezida Paul Kagame ibanziriza iheruka yatsindiye umwaka ushize.

Dr Ngirente kandi yongeye kugirirwa icyizere yongera guhabwa kuyobora Guverinoma y’u Rwanda muri manda y’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda yatangiye umwaka ushize.

Mu butumwa yatanze nyuma yo gusimburwa, Dr Edouard Ngirente yashimiye Perezida Paul Kagame ku cyizere yari yaramugiriye akamuha izi nshingano zo kuba umukuru wa Guverinoma.

Yagize ati “Ndabashimiye byimazeyo Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, Paul Kagame ku cyizere mwangiriye mukampa inshingano zo kuba Minisitiri w’Intebe mu myaka 8 ishize.”

Dr Ngirente avuga ko muri izi nshingano yari amazemo imyaka umunani, yungukiyemo byinshi, ariko byumwihariko akaba azakomeza kuzirikana uburyo Umukuru w’u Rwanda yakomeje kumubera urugero rwiza.

Ati “Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, mbashimiye aya mahirwe mwampaye yo gukorera Igihugu cyacu no kuba mwarambaye hafi mukanshyigikira muri urwo rugendo. Mwambereye icyitegererezo. Nzahora iteka nterwa ishema n’icyo cyizere mwangiriye.”

Dr Ngirente yashimiye Perezida Kagame ku kuba yaramubereye icyitegererezo

Dr Ngirente na we usanzwe ari inzobere mu bijyanye n’ubukungu dore ko afite impamyabumenyi y’ikirenga (PhD), mbere yo kugirwa Minisitiri w’Intebe, ntiyari azwi na benshi muri Politiki y’u Rwanda, gusa kuva yahabwa izi nshingano hagaragaye impinduka zikomeye mu buzima bw’Igihugu cyarushijeho kwihuta mu iterambere mu nzego zose, guhera mu buhinzi kugeza mu ikoranabuhanga, ibikorwa remezo, uburezi, ubuzima n’ibindi.

Impamyabumenyi y’Ikirenga ya Dr Ngirente, yayikuye muri Kaminuza Gatulika ya Louvain mu Bubiligi, yabonye muri 2010. Yakoze imirimo inyuranye yaba mu Rwanda no hanze yarwo nko kuba yarabaye Umuyobozi Mukuru (Executive Director) uhagararaiye Banki y’Isi mu gace kazwi nka Africa Group 1 Constituency kagizwe n’Ibihugu 22 birimo n’u Rwanda.

Yabaye kandi Umujyanama muri Minisiteri y’Imari n’Ingenamigambi MINECOFIN, inshingano yari yavuyeho muri 2011.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 2 =

Previous Post

Rwanda and Algeria have signed a Memorandum of Understanding on defense cooperation

Next Post

Uwo umugabo we yatanye abana batanu mu buzima bugoye aratabaza

Related Posts

Minisitiri w’Intebe yagaragarije muri America ibanga u Rwanda rwakoresheje mu kubungabunga ibinyabuzima by’umwihariko Ingagi

Minisitiri w’Intebe yagaragarije muri America ibanga u Rwanda rwakoresheje mu kubungabunga ibinyabuzima by’umwihariko Ingagi

by radiotv10
29/10/2025
0

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva witabiriye Inama muri Leta Zunze Ubumwe za America, yagaragaje ko mu kubungabunga ibidukikije...

Icyo Minisitiri avuga ku mwana ufite ubumuga wagaragaje impano idasanzwe bigakora benshi ku mutima

Icyo Minisitiri avuga ku mwana ufite ubumuga wagaragaje impano idasanzwe bigakora benshi ku mutima

by radiotv10
29/10/2025
0

Nyuma yuko hagaragaye umwana ufite ubumuga akina umupira w’amaguru na bagenzi be batabufite akagaragaza impano idasanzwe, bigakora benshi ku mutima,...

Impuruza ku businzi bukabije bugaragara mu rubyiruko rw’u Rwanda

Impuruza ku businzi bukabije bugaragara mu rubyiruko rw’u Rwanda

by radiotv10
29/10/2025
0

Impuguke mu buzima n’imiyoborere, ziravuga ko imyitwarire y’ubusinzi ikomeje kugaragara mu rubyiruko rw’u Rwanda ihangayikishije, zigasaba Leta kugira icyo ikora...

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Ibyavugiwe mu ibazwa ry’umusore ukurikiranyweho kwica umubyeyi we barimo basangira

by radiotv10
29/10/2025
0

Umusore w’imyaka 33 y’amavuko wo mu Murenge wa Kibirizi mu Karere ka Nyanza, akurikiranyweho kwica nyina babanaga, amuziza kuba yaranze...

Nyamagabe: Uruganda rw’abashinwa rwashyize mu kaga ubuzima bwe none arasaba ubuyobozi kubyinjiramo

Nyamagabe: Uruganda rw’abashinwa rwashyize mu kaga ubuzima bwe none arasaba ubuyobozi kubyinjiramo

by radiotv10
29/10/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Nyamagabe, aravuga ko atakibasha kubonera ibitotsi mu nzu ye yiyubakiye nyuma...

IZIHERUKA

Minisitiri w’Intebe yagaragarije muri America ibanga u Rwanda rwakoresheje mu kubungabunga ibinyabuzima by’umwihariko Ingagi
MU RWANDA

Minisitiri w’Intebe yagaragarije muri America ibanga u Rwanda rwakoresheje mu kubungabunga ibinyabuzima by’umwihariko Ingagi

by radiotv10
29/10/2025
0

Umusirikarekazi mu Ngabo za Congo yasabiwe gufungwa imyaka 10 kubera amafoto ye n’umukunzi we yasakaye

Umusirikarekazi mu Ngabo za Congo yasabiwe gufungwa imyaka 10 kubera amafoto ye n’umukunzi we yasakaye

29/10/2025
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

29/10/2025
Icyo Minisitiri avuga ku mwana ufite ubumuga wagaragaje impano idasanzwe bigakora benshi ku mutima

Icyo Minisitiri avuga ku mwana ufite ubumuga wagaragaje impano idasanzwe bigakora benshi ku mutima

29/10/2025
Impuruza ku businzi bukabije bugaragara mu rubyiruko rw’u Rwanda

Impuruza ku businzi bukabije bugaragara mu rubyiruko rw’u Rwanda

29/10/2025
RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Ibyavugiwe mu ibazwa ry’umusore ukurikiranyweho kwica umubyeyi we barimo basangira

29/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwo umugabo we yatanye abana batanu mu buzima bugoye aratabaza

Uwo umugabo we yatanye abana batanu mu buzima bugoye aratabaza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Minisitiri w’Intebe yagaragarije muri America ibanga u Rwanda rwakoresheje mu kubungabunga ibinyabuzima by’umwihariko Ingagi

Umusirikarekazi mu Ngabo za Congo yasabiwe gufungwa imyaka 10 kubera amafoto ye n’umukunzi we yasakaye

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.