Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ubutumwa Dr Ngirente yageneye Perezida Kagame nyuma yo gusimburwa ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe

radiotv10by radiotv10
24/07/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ubutumwa Dr Ngirente yageneye Perezida Kagame nyuma yo gusimburwa ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe
Share on FacebookShare on Twitter

Dr Ngirente Edourd wasimbuwe ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe yari amazeho imyaka umunani, yashimiye Perezida Paul Kagame ku cyizere yamugiriye no kuba yaramubereye icyitegererezo muri uru rugendo rwo kuyobora Guverinoma y’u Rwanda.

Ni nyuma yuko kuri uyu wa Gatatu tariki 23 Nyakanga 2025 Perezida wa Repubulika, Paul Kagame ashyizeho Minisitiri w’Intebe mushya, ari we Dr Justin Nsengiyumva wari usanzwe ari Guverineri Wungirije wa Banki Nkuru y’u Rwanda.

Dr Justin Nsengiyumva usanzwe ari inzobere mu bijyanye n’Ubukungu, asimbuye Dr Edouard Ngirente wari wagiye muri izi nshingano muri 2017 ubwo hashyirwagaho Guverinoma y’u Rwanda muri manda ya Perezida Paul Kagame ibanziriza iheruka yatsindiye umwaka ushize.

Dr Ngirente kandi yongeye kugirirwa icyizere yongera guhabwa kuyobora Guverinoma y’u Rwanda muri manda y’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda yatangiye umwaka ushize.

Mu butumwa yatanze nyuma yo gusimburwa, Dr Edouard Ngirente yashimiye Perezida Paul Kagame ku cyizere yari yaramugiriye akamuha izi nshingano zo kuba umukuru wa Guverinoma.

Yagize ati “Ndabashimiye byimazeyo Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, Paul Kagame ku cyizere mwangiriye mukampa inshingano zo kuba Minisitiri w’Intebe mu myaka 8 ishize.”

Dr Ngirente avuga ko muri izi nshingano yari amazemo imyaka umunani, yungukiyemo byinshi, ariko byumwihariko akaba azakomeza kuzirikana uburyo Umukuru w’u Rwanda yakomeje kumubera urugero rwiza.

Ati “Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, mbashimiye aya mahirwe mwampaye yo gukorera Igihugu cyacu no kuba mwarambaye hafi mukanshyigikira muri urwo rugendo. Mwambereye icyitegererezo. Nzahora iteka nterwa ishema n’icyo cyizere mwangiriye.”

Dr Ngirente yashimiye Perezida Kagame ku kuba yaramubereye icyitegererezo

Dr Ngirente na we usanzwe ari inzobere mu bijyanye n’ubukungu dore ko afite impamyabumenyi y’ikirenga (PhD), mbere yo kugirwa Minisitiri w’Intebe, ntiyari azwi na benshi muri Politiki y’u Rwanda, gusa kuva yahabwa izi nshingano hagaragaye impinduka zikomeye mu buzima bw’Igihugu cyarushijeho kwihuta mu iterambere mu nzego zose, guhera mu buhinzi kugeza mu ikoranabuhanga, ibikorwa remezo, uburezi, ubuzima n’ibindi.

Impamyabumenyi y’Ikirenga ya Dr Ngirente, yayikuye muri Kaminuza Gatulika ya Louvain mu Bubiligi, yabonye muri 2010. Yakoze imirimo inyuranye yaba mu Rwanda no hanze yarwo nko kuba yarabaye Umuyobozi Mukuru (Executive Director) uhagararaiye Banki y’Isi mu gace kazwi nka Africa Group 1 Constituency kagizwe n’Ibihugu 22 birimo n’u Rwanda.

Yabaye kandi Umujyanama muri Minisiteri y’Imari n’Ingenamigambi MINECOFIN, inshingano yari yavuyeho muri 2011.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 − four =

Previous Post

Rwanda and Algeria have signed a Memorandum of Understanding on defense cooperation

Next Post

Uwo umugabo we yatanye abana batanu mu buzima bugoye aratabaza

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwo umugabo we yatanye abana batanu mu buzima bugoye aratabaza

Uwo umugabo we yatanye abana batanu mu buzima bugoye aratabaza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.