Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ubutumwa Guverinoma y’u Burundi yageneye Abarundi babaswe n’ingeso yo gusabiriza ku banyamahanga

radiotv10by radiotv10
28/11/2024
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Ubutumwa Guverinoma y’u Burundi yageneye Abarundi babaswe n’ingeso yo gusabiriza ku banyamahanga
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Burundi, Albert Shingiro yihanangirije Abarundi babaswe n’ingeso yo gusaba amafaranga abanyamahanga, abasaba kubihagarika kuko biri mu bituma abashoramari bari bafite gahunda yo kuhashora imari bahina akarenge.

Nk’uko tubikesha ikinyamakuru Akeza.net gikorera mu Burundi, Albert Shingiro yatangaje ibi mu kiganiro yatanze kuri Radio na Televiziyo by’u Burundi (RTNB) ubwo yavugaga ku myiteguro y’inama mpuzamahanga y’Abashoramari izabera muri iki Gihugu tariki 05 na 06 Ukuboza 2024.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Burundi yavuze ko iyi nama izitabirwa n’abashoramari bazaba baturutse mu Bihugu binyuranye, aboneraho gusaba Abarundi kuzabakira neza, birinda ingeso mbi yo gusabiriza.

Yagize ati “Abarundi bagomba kurandurana n’imizi ingeso yo kuza basaba amafaranga abanyemari b’abanyamahanga baje bazanye ishoramari mu Burundi n’imishinga. Ngo njyewe ndungukamo angahe? Mpa aya n’aya mbere yuko dukorana.”

Albert Shingiro yavuze ko iyo hari umunyamahanga uhuye n’Umunyagihugu akamugaragariza imyitwarire nk’iyi yo kumusaba amafaranga, ajyana isura mbi ku Gihugu avuyemo.

Yavuze kandi ko ibi biri mu bishobora gutuma mu Burundi hataza abashoramari benshi, kuko iyo hari uwakorewe ibi, ajyenda abibwira n’abandi, bigatuma n’uwari ufite gahunda yo kuhaza ahina akarenge.

Ati “Abashoramari b’abanyamahanga baraziranye kandi barakorana. Iyo umwe aje ukamusaba amafaranga, agasubira iwabo, ahita abwira abandi ati ‘kiriya Gihugu si icyo gushoramo imari. Ni yo mpamvu rero iyi ngeso igomba kuranduranwa n’imizi yayo.”

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burundi yakomeje avuga ko Perezida w’iki Gihugu, Evariste Ndayishimiye ari gukoresha imbaraga zose kugira ngo iki Gihugu kizemo abashoramari, bityo ko hakwiye no kongerwa imbaraga mu kurandura iyi ngeso ituma hari abikandagira kujya gukorerayo.

Ati “Umukuru w’Igihugu abirimo, igisigaye ni uko natwe abakorera muri Leta dukomeza dusaba Abarundi kurandurana n’imizi iyo ngeso yo kuza basaba amafaranga abantu baje, bazanye imari n’ibikorwa mu Burundi.”

Minisitiri Albert Shingiro yasabye Abarundi basabiriza kubihagarika

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 1 =

Previous Post

Mu rubanza rw’uregwamo ubutekamutwe hazamuwe ingingo nshya nk’impamvu yo gusaba ko ataburanishwa

Next Post

Ingabo z’u Rwanda n’iza Uganda zashashe inzobe mu biganiro by’iminsi itatu: Menya ibizaganirirwamo

Related Posts

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugaba w’ingabo za Uganda, akaba n’umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni uherutse kongera gutorerwa kuyobora igihugu, yatangaje ko abashyigikiye ishyaka ritavuga...

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Umunyamabanga Wungirije wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Ibibazo bya Afurika, yagaragaje ko gushyira abarwanyi ba AFC/M23 mu gisirikare...

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

by radiotv10
23/01/2026
0

I Davos mu Busuwisi, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangije Akanama k’Amahoro kagamije gushimangira agahenge kari...

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

by radiotv10
23/01/2026
0

Urukiko rwa Gisirikare rwa Ituri rwakatiye igifungo cy’imyaka 20 umusirikare wo ku rwego rwa Ofisiye muri FARDC no kwirukanwa burundu...

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, akomeje guterana amagambo na Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi Wine) uherutse gutsindwa amatora...

IZIHERUKA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika
AMAHANGA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ingabo z’u Rwanda n’iza Uganda zashashe inzobe mu biganiro by’iminsi itatu: Menya ibizaganirirwamo

Ingabo z’u Rwanda n’iza Uganda zashashe inzobe mu biganiro by’iminsi itatu: Menya ibizaganirirwamo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.