Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ubutumwa Guverinoma y’u Burundi yageneye Abarundi babaswe n’ingeso yo gusabiriza ku banyamahanga

radiotv10by radiotv10
28/11/2024
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Ubutumwa Guverinoma y’u Burundi yageneye Abarundi babaswe n’ingeso yo gusabiriza ku banyamahanga
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Burundi, Albert Shingiro yihanangirije Abarundi babaswe n’ingeso yo gusaba amafaranga abanyamahanga, abasaba kubihagarika kuko biri mu bituma abashoramari bari bafite gahunda yo kuhashora imari bahina akarenge.

Nk’uko tubikesha ikinyamakuru Akeza.net gikorera mu Burundi, Albert Shingiro yatangaje ibi mu kiganiro yatanze kuri Radio na Televiziyo by’u Burundi (RTNB) ubwo yavugaga ku myiteguro y’inama mpuzamahanga y’Abashoramari izabera muri iki Gihugu tariki 05 na 06 Ukuboza 2024.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Burundi yavuze ko iyi nama izitabirwa n’abashoramari bazaba baturutse mu Bihugu binyuranye, aboneraho gusaba Abarundi kuzabakira neza, birinda ingeso mbi yo gusabiriza.

Yagize ati “Abarundi bagomba kurandurana n’imizi ingeso yo kuza basaba amafaranga abanyemari b’abanyamahanga baje bazanye ishoramari mu Burundi n’imishinga. Ngo njyewe ndungukamo angahe? Mpa aya n’aya mbere yuko dukorana.”

Albert Shingiro yavuze ko iyo hari umunyamahanga uhuye n’Umunyagihugu akamugaragariza imyitwarire nk’iyi yo kumusaba amafaranga, ajyana isura mbi ku Gihugu avuyemo.

Yavuze kandi ko ibi biri mu bishobora gutuma mu Burundi hataza abashoramari benshi, kuko iyo hari uwakorewe ibi, ajyenda abibwira n’abandi, bigatuma n’uwari ufite gahunda yo kuhaza ahina akarenge.

Ati “Abashoramari b’abanyamahanga baraziranye kandi barakorana. Iyo umwe aje ukamusaba amafaranga, agasubira iwabo, ahita abwira abandi ati ‘kiriya Gihugu si icyo gushoramo imari. Ni yo mpamvu rero iyi ngeso igomba kuranduranwa n’imizi yayo.”

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burundi yakomeje avuga ko Perezida w’iki Gihugu, Evariste Ndayishimiye ari gukoresha imbaraga zose kugira ngo iki Gihugu kizemo abashoramari, bityo ko hakwiye no kongerwa imbaraga mu kurandura iyi ngeso ituma hari abikandagira kujya gukorerayo.

Ati “Umukuru w’Igihugu abirimo, igisigaye ni uko natwe abakorera muri Leta dukomeza dusaba Abarundi kurandurana n’imizi iyo ngeso yo kuza basaba amafaranga abantu baje, bazanye imari n’ibikorwa mu Burundi.”

Minisitiri Albert Shingiro yasabye Abarundi basabiriza kubihagarika

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − eight =

Previous Post

Mu rubanza rw’uregwamo ubutekamutwe hazamuwe ingingo nshya nk’impamvu yo gusaba ko ataburanishwa

Next Post

Ingabo z’u Rwanda n’iza Uganda zashashe inzobe mu biganiro by’iminsi itatu: Menya ibizaganirirwamo

Related Posts

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

by radiotv10
07/01/2026
0

Impanuka y’ikamyo yabereye mu mujyi wa Semera, mu Karere ka Afar mu majyaruguru ya Ethiopia, yari ibatwaye nk'abimukira, yahitanye abantu...

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

by radiotv10
06/01/2026
0

Raporo ku bugenzuzi bwakorewe ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’Amahoro, yagaragaje ko hari ingingo z’ingenzi zikomeje kwirengagizwa mu masezerano y’i Washington,...

Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

by radiotv10
06/01/2026
0

A report assessing the implementation of peace agreements has revealed that key provisions of the Washington Peace Agreement continue to...

Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

by radiotv10
06/01/2026
0

Abarwanyi barenga ibihumbi bitatu barimo abasirikare b’u Burundi, aba DRC, ab’umutwe wa FDLR n’uwa Wazalendo, baravugwaho kwigarurira ishuri riherereye muri...

Amagambo ya mbere ya Maduro n’umugore we ku nshuro ya mbere bagejejwe imbere y’Urukiko

Amagambo ya mbere ya Maduro n’umugore we ku nshuro ya mbere bagejejwe imbere y’Urukiko

by radiotv10
06/01/2026
0

Nicolás Maduro wahoze ari Perezida wa Venezuela uherutse gufatwa na Leta Zunze Ubumwe za America zimusanze mu Gihugu cye, ubwo...

IZIHERUKA

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo
AMAHANGA

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

by radiotv10
07/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

07/01/2026
Bidasubirwaho Muhadjiri wari umaze iminsi nta kipe ubu ni umukinnyi w’iyo muri Kenya

Bidasubirwaho Muhadjiri wari umaze iminsi nta kipe ubu ni umukinnyi w’iyo muri Kenya

07/01/2026
Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ingabo z’u Rwanda n’iza Uganda zashashe inzobe mu biganiro by’iminsi itatu: Menya ibizaganirirwamo

Ingabo z’u Rwanda n’iza Uganda zashashe inzobe mu biganiro by’iminsi itatu: Menya ibizaganirirwamo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.