Friday, September 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ubutumwa Perezida Ruto yahaye Perezida Kagame na Tshisekedi n’ikigomba gukurikiraho

radiotv10by radiotv10
27/01/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ubutumwa Perezida Ruto yahaye Perezida Kagame na Tshisekedi n’ikigomba gukurikiraho
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Kenya, William Ruto akaba anayoboye Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, yatangaje ko yavugishije bagenzi be, Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, na Felix Tshisekedi wa DRC, ku bibazo byo mu burasirazuba bwa Congo byakajije umurego, ndetse ko bitarenze amasaha 48 hagomba kuba Inteko Rusange idasanzwe y’Abakuru b’Ibihugu bya EAC.

Perezida Ruto yabitangaje mu butumwa bw’amashusho yatambukije, aho avuga ko ubwiyongere bw’ibibazo by’umutekano biri muri Congo, ari ikibazo gihangayikishije cyane Ibihugu byo muri Afurika y’Iburasirazuba ndetse n’ababituye.

Yavuze kandi ko n’ibikorwa by’ubutabazi no gukiza amagara by’abaturage, na byo byahazahariye kubera ibikorwa bya gisirikare, birimo ifungwa ry’ikibuga cy’indege cya Goma.

Ati “Ndahamagarira guhagarika imirwano byihuse kandi nta mananiza abayeho, nanashimangira kandi ko impande zose zigomba koroshya ikorwa ry’ibikorwa by’ubutazi ku baturage bagizweho ingaruka, kandi nsaba impande zombi, kugana inzira z’amahoro mu gukemura aya makimbirane.”

Yavuze kandi ko ibi bibazo byo mu burasirazuba bwa Congo byazamuye umwuka mubi mu mibanire ya bimwe mu Bihugu byo muri aka karere.

Ati “Nk’umuyobozi wa EAC w’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Kenya ihangayikishijwe bikomeye n’ibibazo bikomeje gukara, kandi ifite inshingano zo gutanga ubufasha mu biganiro hagati y’impande zibirimo.”

Perezida William Ruto uvuga ko umuti urambye w’ibi bibazo, ntahandi wava atari mu biganiro ndetse no mu bushake bwa Politiki bw’impande zirebwa, yavuze ko kandi yanavuganye n’impande ziri mu biganiro by’i Luanda.

Ati “Ndahamagarira impande ziri mu biganiro by’i Luanda ku bibazo byo mu burasirazuba bwa DRC, byumwihariko abavandimwe banjye Prezida Félix Tshisekedi na Perezida Paul Kagame, bombi nanavugishihe muri uyu mugoroba, kugira ngo bumve icyifuzo cy’amahoro gitangwa n’abaturage bo mu karere kacu ndetse n’umuryango mpuzamahanga.”

Yavuze ko nyuma yo kuganira n’abandi Bakuru b’Ibihugu binyamuryango bya EAC, hahise hategurwa Inteko Rusange idasanzwe igomba kuba mu gihe kitarenze amasaha 48.

Perezida Ruto yatangaje ibi mu ijoro ryacyeye ubwo imirwano ikomeye yari ikomeje kubera mu nkengero z’Umujyi wa Goma, mbere yuko ufatwa na M23.

Nyuma y’amasaha macye atangaje ibi, Umutwe wa M23 waje gutangaza ko wamaze gufata uyu mujyi wa Goma, unahumuriza abaturage bawutuyemo ko bakwiye gutuza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + fifteen =

Previous Post

Hakomeje kugaragara impinduka nziza mu bya Israel na Hamas

Next Post

Ibivugwa n’abasirikare ba Congo bahungiye mu Rwanda bakakirwa na RDF

Related Posts

AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

by radiotv10
18/09/2025
0

Ubuyobozi bw’Intara ya Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwamenyesheje abatuye Umujyi wa Goma ko bemerewe kwambuka umupaka munini uzwi...

Eng.-AFC/M23 takes decision to ease border crossing at Rwanda-Congo ‘Grande Barrière’

Eng.-AFC/M23 takes decision to ease border crossing at Rwanda-Congo ‘Grande Barrière’

by radiotv10
18/09/2025
0

The leadership of North Kivu Province that was appointed by AFC/M23 “informs all residents of the city of Goma that...

Hemejwe inyito y’ibyaha Abayobozi ba Israel bakoreye muri Gaza

Hemejwe inyito y’ibyaha Abayobozi ba Israel bakoreye muri Gaza

by radiotv10
17/09/2025
0

Komisiyo y’Umuryango w’Abibumbye ishinzwe iperereza, yemeje ko abayobozi ba Israel bakoze Jenoside ku Banya-Palestine bo mu Ntara ya Gaza. Raporo...

Hashyizwe hanze ibimenyetso bigaragaza ko ushinjwa kwica Charlie Kirk ari we wabikoze

Hashyizwe hanze ibimenyetso bigaragaza ko ushinjwa kwica Charlie Kirk ari we wabikoze

by radiotv10
17/09/2025
0

Ubushinjacyaha buburana na Tyler Robinson ukekwaho kwica Umunyamerika Charlie Kirk, inshuti ikomeye ya Perezida Trump, bwagaragaje bumwe mu butumwa bwoherejwe...

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

by radiotv10
16/09/2025
0

Ifoto yafashwe mu 1863 yerekana umucakara yuzuye inkovu umugongo wose, igaragaza amateka y’ubucakara bwakorewe abirabura muri Leta Zunze Ubumwe za...

IZIHERUKA

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi
MU RWANDA

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

by radiotv10
18/09/2025
0

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

18/09/2025
Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

18/09/2025
Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

18/09/2025
AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

18/09/2025
Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

18/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibivugwa n’abasirikare ba Congo bahungiye mu Rwanda bakakirwa na RDF

Ibivugwa n’abasirikare ba Congo bahungiye mu Rwanda bakakirwa na RDF

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.