Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ubutumwa Perezida Ruto yahaye Perezida Kagame na Tshisekedi n’ikigomba gukurikiraho

radiotv10by radiotv10
27/01/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ubutumwa Perezida Ruto yahaye Perezida Kagame na Tshisekedi n’ikigomba gukurikiraho
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Kenya, William Ruto akaba anayoboye Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, yatangaje ko yavugishije bagenzi be, Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, na Felix Tshisekedi wa DRC, ku bibazo byo mu burasirazuba bwa Congo byakajije umurego, ndetse ko bitarenze amasaha 48 hagomba kuba Inteko Rusange idasanzwe y’Abakuru b’Ibihugu bya EAC.

Perezida Ruto yabitangaje mu butumwa bw’amashusho yatambukije, aho avuga ko ubwiyongere bw’ibibazo by’umutekano biri muri Congo, ari ikibazo gihangayikishije cyane Ibihugu byo muri Afurika y’Iburasirazuba ndetse n’ababituye.

Yavuze kandi ko n’ibikorwa by’ubutabazi no gukiza amagara by’abaturage, na byo byahazahariye kubera ibikorwa bya gisirikare, birimo ifungwa ry’ikibuga cy’indege cya Goma.

Ati “Ndahamagarira guhagarika imirwano byihuse kandi nta mananiza abayeho, nanashimangira kandi ko impande zose zigomba koroshya ikorwa ry’ibikorwa by’ubutazi ku baturage bagizweho ingaruka, kandi nsaba impande zombi, kugana inzira z’amahoro mu gukemura aya makimbirane.”

Yavuze kandi ko ibi bibazo byo mu burasirazuba bwa Congo byazamuye umwuka mubi mu mibanire ya bimwe mu Bihugu byo muri aka karere.

Ati “Nk’umuyobozi wa EAC w’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Kenya ihangayikishijwe bikomeye n’ibibazo bikomeje gukara, kandi ifite inshingano zo gutanga ubufasha mu biganiro hagati y’impande zibirimo.”

Perezida William Ruto uvuga ko umuti urambye w’ibi bibazo, ntahandi wava atari mu biganiro ndetse no mu bushake bwa Politiki bw’impande zirebwa, yavuze ko kandi yanavuganye n’impande ziri mu biganiro by’i Luanda.

Ati “Ndahamagarira impande ziri mu biganiro by’i Luanda ku bibazo byo mu burasirazuba bwa DRC, byumwihariko abavandimwe banjye Prezida Félix Tshisekedi na Perezida Paul Kagame, bombi nanavugishihe muri uyu mugoroba, kugira ngo bumve icyifuzo cy’amahoro gitangwa n’abaturage bo mu karere kacu ndetse n’umuryango mpuzamahanga.”

Yavuze ko nyuma yo kuganira n’abandi Bakuru b’Ibihugu binyamuryango bya EAC, hahise hategurwa Inteko Rusange idasanzwe igomba kuba mu gihe kitarenze amasaha 48.

Perezida Ruto yatangaje ibi mu ijoro ryacyeye ubwo imirwano ikomeye yari ikomeje kubera mu nkengero z’Umujyi wa Goma, mbere yuko ufatwa na M23.

Nyuma y’amasaha macye atangaje ibi, Umutwe wa M23 waje gutangaza ko wamaze gufata uyu mujyi wa Goma, unahumuriza abaturage bawutuyemo ko bakwiye gutuza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × three =

Previous Post

Hakomeje kugaragara impinduka nziza mu bya Israel na Hamas

Next Post

Ibivugwa n’abasirikare ba Congo bahungiye mu Rwanda bakakirwa na RDF

Related Posts

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, yavuze ko amasezerano y’amahoro iki Gihugu cyasinyanye n’u Rwanda i Washington,...

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

by radiotv10
27/06/2025
0

Mu butumwa bwanditse mu Kinyarwanda kiyunguruye, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, yatumiye Abanyarwanda ko mu minsi y’ibiruhuko...

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

by radiotv10
25/06/2025
0

Abanya-Kenya ibihumbi n’ibihumbi biraye mu mihanda mu myigaragambyo igamije kwibuka abaguye mu yindi yabaye umwaka ushize muri iki Gihugu cya...

Kabila reveals a secret to his successor Tshisekedi, outlining three remaining options

Kabila reveals a secret to his successor Tshisekedi, outlining three remaining options

by radiotv10
25/06/2025
0

Joseph Kabila Kabange, the former President of the Democratic Republic of the Congo(DRC), has presented his successor, Felix Tshisekedi, with...

Igihugu cya Zambia ntigikozwa ibyo kuba uwakibereye Perezida yashyingurwa mu kindi

Igihugu cya Zambia ntigikozwa ibyo kuba uwakibereye Perezida yashyingurwa mu kindi

by radiotv10
25/06/2025
0

Leta ya Zambia yatanze ikirego mu Rukiko rwo muri Afurika y’Epfo isaba ko ishyingurwa rya Edgar Lungu wayoboye iki Gihugu...

IZIHERUKA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato
IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
30/06/2025
0

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

30/06/2025
Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibivugwa n’abasirikare ba Congo bahungiye mu Rwanda bakakirwa na RDF

Ibivugwa n’abasirikare ba Congo bahungiye mu Rwanda bakakirwa na RDF

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.