Tuesday, December 9, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ubutumwa Perezida Ruto yahaye Perezida Kagame na Tshisekedi n’ikigomba gukurikiraho

radiotv10by radiotv10
27/01/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ubutumwa Perezida Ruto yahaye Perezida Kagame na Tshisekedi n’ikigomba gukurikiraho
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Kenya, William Ruto akaba anayoboye Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, yatangaje ko yavugishije bagenzi be, Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, na Felix Tshisekedi wa DRC, ku bibazo byo mu burasirazuba bwa Congo byakajije umurego, ndetse ko bitarenze amasaha 48 hagomba kuba Inteko Rusange idasanzwe y’Abakuru b’Ibihugu bya EAC.

Perezida Ruto yabitangaje mu butumwa bw’amashusho yatambukije, aho avuga ko ubwiyongere bw’ibibazo by’umutekano biri muri Congo, ari ikibazo gihangayikishije cyane Ibihugu byo muri Afurika y’Iburasirazuba ndetse n’ababituye.

Yavuze kandi ko n’ibikorwa by’ubutabazi no gukiza amagara by’abaturage, na byo byahazahariye kubera ibikorwa bya gisirikare, birimo ifungwa ry’ikibuga cy’indege cya Goma.

Ati “Ndahamagarira guhagarika imirwano byihuse kandi nta mananiza abayeho, nanashimangira kandi ko impande zose zigomba koroshya ikorwa ry’ibikorwa by’ubutazi ku baturage bagizweho ingaruka, kandi nsaba impande zombi, kugana inzira z’amahoro mu gukemura aya makimbirane.”

Yavuze kandi ko ibi bibazo byo mu burasirazuba bwa Congo byazamuye umwuka mubi mu mibanire ya bimwe mu Bihugu byo muri aka karere.

Ati “Nk’umuyobozi wa EAC w’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Kenya ihangayikishijwe bikomeye n’ibibazo bikomeje gukara, kandi ifite inshingano zo gutanga ubufasha mu biganiro hagati y’impande zibirimo.”

Perezida William Ruto uvuga ko umuti urambye w’ibi bibazo, ntahandi wava atari mu biganiro ndetse no mu bushake bwa Politiki bw’impande zirebwa, yavuze ko kandi yanavuganye n’impande ziri mu biganiro by’i Luanda.

Ati “Ndahamagarira impande ziri mu biganiro by’i Luanda ku bibazo byo mu burasirazuba bwa DRC, byumwihariko abavandimwe banjye Prezida Félix Tshisekedi na Perezida Paul Kagame, bombi nanavugishihe muri uyu mugoroba, kugira ngo bumve icyifuzo cy’amahoro gitangwa n’abaturage bo mu karere kacu ndetse n’umuryango mpuzamahanga.”

Yavuze ko nyuma yo kuganira n’abandi Bakuru b’Ibihugu binyamuryango bya EAC, hahise hategurwa Inteko Rusange idasanzwe igomba kuba mu gihe kitarenze amasaha 48.

Perezida Ruto yatangaje ibi mu ijoro ryacyeye ubwo imirwano ikomeye yari ikomeje kubera mu nkengero z’Umujyi wa Goma, mbere yuko ufatwa na M23.

Nyuma y’amasaha macye atangaje ibi, Umutwe wa M23 waje gutangaza ko wamaze gufata uyu mujyi wa Goma, unahumuriza abaturage bawutuyemo ko bakwiye gutuza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − one =

Previous Post

Hakomeje kugaragara impinduka nziza mu bya Israel na Hamas

Next Post

Ibivugwa n’abasirikare ba Congo bahungiye mu Rwanda bakakirwa na RDF

Related Posts

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

by radiotv10
08/12/2025
0

Nyuma yuko bivuzwe ko kajugujugu yakoreye impanuka mu Kiyaga cya Tanganyika muri Teritwari ya Fizi muri Kivu y’Epfo, yari ivuye...

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

by radiotv10
08/12/2025
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) kimaze iminsi gishoje intambara mu mirwano ikomeje kubera mu bice birimo Kamanyola...

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

by radiotv10
08/12/2025
0

Perezida wa Benin, Patrice Talon yatangaje ko nyuma yuko itsinda ry’abasirikare ritangaje ko ryahiritse ubutegetsi bwe, ibintu byasubiye ku murongo,...

Eng.-First message from the President of Benin after soldiers attempted to stage a Coup d’État

Eng.-First message from the President of Benin after soldiers attempted to stage a Coup d’État

by radiotv10
08/12/2025
0

Benin’s President Patrice Talon has announced that after a group of soldiers claimed to have overthrown his government, the situation...

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
06/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwamaganye bwivuye inyuma ibitero y’ibisasu bya rutura bimaze iminsi...

IZIHERUKA

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23
AMAHANGA

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

by radiotv10
08/12/2025
0

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

08/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

08/12/2025
Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

08/12/2025
Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

08/12/2025
Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

08/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibivugwa n’abasirikare ba Congo bahungiye mu Rwanda bakakirwa na RDF

Ibivugwa n’abasirikare ba Congo bahungiye mu Rwanda bakakirwa na RDF

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.