Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, ruvuga ko ibyaha by’icuruzwa ry’abantu byakunze gukorerwa abantu badafite ubumenyi bwinshi, bisigaye bikorerwa abantu bize banafite ubumenyi bizezwa ibitangaza, rugasaba abantu kujya babigiraho amakenga kuko “nta kuntu umuntu utakuzi yakurira impuhwe.”
Byatangajwe n’Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry kuri uyu wa Mbere tariki 02 Kamena 2025 mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru.
Yavuze ko mbere ibi byaha by’icuruzwa ry’abantu byabanje kujya bikorerwa abantu batajijutse, ariko ko muri iki gihe biri gukorerwa abantu bafite amashuri n’ubumenyi.
Yagize ati “Iyo bavuga ngo icuruzwa ry’abantu ntabwo rigikorerwa abaturage badasobanutse, ubu ngubu turabona abize na bo batwarwa, bafite amashuri, bafite ubumenyi.”
Yavuze ko muri Mata 2025, hagaruwe Abanyarwanda 10 bari barajyanywe mu Gihugu cya Myanmar, bariho bakoreshwa imirimo y’uburetwa ndetse n’ibindi bikorwa bitemewe n’amategeko.
Ati “Bashobora kugenda bakagukoresha akazi k’uburetwa, hari abo bashora mu buraya, hari abakurwamo ingingo z’umubiri, hari na ruriya rubyiruko rukoreshwa mu gukora ibyaha.”
Aba bantu bari bajyanywe bizezwa ibitangaza nk’akazi kazajya kabahemba amafaranga menshi, ariko bagerayo bakisanga bakoreshwa ibyo bikorwa.
Ati “Babizezaga ndetse n’umushahara w’amafaranga menshi, hagati y’amadorali y’igihumbi (1 000 USD) n’igihumbi na magana atanu (1 500 USD), babizeza ko uko bakora neza, uko batera imbere ayo mafaranga azagenda yiyongera.”
Bamwe mu baherutse kugarurwa mu Rwanda nyuma yuko bisanze muri kiriya Gihugu bakoreshwagamo iyi mirimo y’agahato, baherutse gutanga ubuhamya, bavuga uko bisanzeyo, n’uburyo bafatwaga, aho bavuze ko bageragayo bakamburwa telefone, ubundi bagakoreshwa uburetwa, banahabwa ibihano biremereye igihe babaga batakoze ibyo basabwaga.
Bamwe muri urwo rubyiruko rufite ubumenyi mu ikoranabuhanga, bavuze ko basabwaga gukora uburiganya bakoresheje imbuga nkoranyambaga kugira ngo bibe amafaranga abantu.
Dr Murangira yavuze ko abari gukorerwa ibi byaha biganjemo urubyiruko, aboneraho kubagenera ubutumwa ndetse n’ababyeyi babo. Ati “Urubyiruko rubwire urundi rubyiruko, ababyeyi babwire abandi babyeyi ko ibi byaba byo gucuruza abantu, biriho, birahari […] Ikindi abantu bakwiriye kwibutswa, umuntu utazi utigeze ubona, akugirira impuhwe ate?”
Yagarutse ku mayeri akoreshwa n’abakora ibi bikorwa arimo kwifashisha imbuga nkoranyambaga n’ibigo bifasha abantu kubona Visa na buruse zo kujya kwiga hanze.
RADIOTV10