Friday, June 6, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ubutumwa RIB igenera Abanyarwanda ku byaha by’ubucuruzi bw’abantu byahinduye isura

radiotv10by radiotv10
02/06/2025
in MU RWANDA
0
Ubutumwa RIB igenera Abanyarwanda ku byaha by’ubucuruzi bw’abantu byahinduye isura
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, ruvuga ko ibyaha by’icuruzwa ry’abantu byakunze gukorerwa abantu badafite ubumenyi bwinshi, bisigaye bikorerwa abantu bize banafite ubumenyi bizezwa ibitangaza, rugasaba abantu kujya babigiraho amakenga kuko “nta kuntu umuntu utakuzi yakurira impuhwe.”

Byatangajwe n’Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry kuri uyu wa Mbere tariki 02 Kamena 2025 mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru.

Yavuze ko mbere ibi byaha by’icuruzwa ry’abantu byabanje kujya bikorerwa abantu batajijutse, ariko ko muri iki gihe biri gukorerwa abantu bafite amashuri n’ubumenyi.

Yagize ati “Iyo bavuga ngo icuruzwa ry’abantu ntabwo rigikorerwa abaturage badasobanutse, ubu ngubu turabona abize na bo batwarwa, bafite amashuri, bafite ubumenyi.”

Yavuze ko muri Mata 2025, hagaruwe Abanyarwanda 10 bari barajyanywe mu Gihugu cya Myanmar, bariho bakoreshwa imirimo y’uburetwa ndetse n’ibindi bikorwa bitemewe n’amategeko.

Ati “Bashobora kugenda bakagukoresha akazi k’uburetwa, hari abo bashora mu buraya, hari abakurwamo ingingo z’umubiri, hari na ruriya rubyiruko rukoreshwa mu gukora ibyaha.”

Aba bantu bari bajyanywe bizezwa ibitangaza nk’akazi kazajya kabahemba amafaranga menshi, ariko bagerayo bakisanga bakoreshwa ibyo bikorwa.

Ati “Babizezaga ndetse n’umushahara w’amafaranga menshi, hagati y’amadorali y’igihumbi (1 000 USD) n’igihumbi na magana atanu (1 500 USD), babizeza ko uko bakora neza, uko batera imbere ayo mafaranga azagenda yiyongera.”

Bamwe mu baherutse kugarurwa mu Rwanda nyuma yuko bisanze muri kiriya Gihugu bakoreshwagamo iyi mirimo y’agahato, baherutse gutanga ubuhamya, bavuga uko bisanzeyo, n’uburyo bafatwaga, aho bavuze ko bageragayo bakamburwa telefone, ubundi bagakoreshwa uburetwa, banahabwa ibihano biremereye igihe babaga batakoze ibyo basabwaga.

Bamwe muri urwo rubyiruko rufite ubumenyi mu ikoranabuhanga, bavuze ko basabwaga gukora uburiganya bakoresheje imbuga nkoranyambaga kugira ngo bibe amafaranga abantu.

Dr Murangira yavuze ko abari gukorerwa ibi byaha biganjemo urubyiruko, aboneraho kubagenera ubutumwa ndetse n’ababyeyi babo. Ati “Urubyiruko rubwire urundi rubyiruko, ababyeyi babwire abandi babyeyi ko ibi byaba byo gucuruza abantu, biriho, birahari […] Ikindi abantu bakwiriye kwibutswa, umuntu utazi utigeze ubona, akugirira impuhwe ate?”

Yagarutse ku mayeri akoreshwa n’abakora ibi bikorwa arimo kwifashisha imbuga nkoranyambaga n’ibigo bifasha abantu kubona Visa na buruse zo kujya kwiga hanze.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × four =

Previous Post

Hategerejwe ibindi biganiro hagati y’u Burusiya na Ukraine mu gihe urujiro rukomeje kuba rwinshi

Next Post

I Bweyeye bahishuye impamvu hari ingo zitakibarizwamo abagabo n’izisigaye zirya rimwe

Related Posts

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

Abari bakoresheje amayeri adasanzwe ngo babone uko bakwirakwiza urumogi batahuwe batarabigeraho

Abari bakoresheje amayeri adasanzwe ngo babone uko bakwirakwiza urumogi batahuwe batarabigeraho

by radiotv10
05/06/2025
0

Abagabo babiri bafatiwe mu Murenge wa Kanyinya mu Karere ka Nyarugenge bafite ibilo 36 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi bari bahishe mu ipine...

Abazi umugabo ukekwaho gukorera umuturanyi we ubugome bamuvuzeho amakuru

Abazi umugabo ukekwaho gukorera umuturanyi we ubugome bamuvuzeho amakuru

by radiotv10
05/06/2025
0

Mu Murenge wa Karama mu Karere ka Kamonyi, hatawe muri yombi umugabo ukekwaho kwirara mu rutoki rw’umuturanyi we agatemamo insina...

Nyanza: Umugabo arakekwaho kwiyahuza umuti wica udukoko abitewe n’isindwe

Umugabo ukekwaho kubwira uwarokotse Jenoside amagambo asesereza byamenyekanye ko yafunguwe

by radiotv10
05/06/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, ukurikiranyweho icyaha cy'ingengabitekerezo ya Jenoside gishingiye ku bikekwa ko yabwiye...

Steps to have a creative mind

Steps to have a creative mind

by radiotv10
05/06/2025
0

All great ideas follow a certain process for it to be productive and this article will go through how this...

IZIHERUKA

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida
AMAHANGA

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

by radiotv10
05/06/2025
0

Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

05/06/2025
Muri DRCongo hazamutse urujijo nyuma y’icyemezo cya Trump gihagarika abo mu Bihugu bimwe kujya muri America

Muri DRCongo hazamutse urujijo nyuma y’icyemezo cya Trump gihagarika abo mu Bihugu bimwe kujya muri America

05/06/2025
Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

05/06/2025
Menya Ibihugu bizagirwaho ingaruka n’itegeko ryasinywe na Perezida wa America birimo igituranye n’u Rwanda

Menya Ibihugu bizagirwaho ingaruka n’itegeko ryasinywe na Perezida wa America birimo igituranye n’u Rwanda

05/06/2025
Congo: Icyemezo kibuza itangazamakuru kuvuga kuri Kabila cyatangiye guhagurukirwa

Congo: Icyemezo kibuza itangazamakuru kuvuga kuri Kabila cyatangiye guhagurukirwa

05/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
I Bweyeye bahishuye impamvu hari ingo zitakibarizwamo abagabo n’izisigaye zirya rimwe

I Bweyeye bahishuye impamvu hari ingo zitakibarizwamo abagabo n’izisigaye zirya rimwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

Muri DRCongo hazamutse urujijo nyuma y’icyemezo cya Trump gihagarika abo mu Bihugu bimwe kujya muri America

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.