Tuesday, March 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye Kayikwamba wa DRC wishimiye ibihano America yafatiye RDF

radiotv10by radiotv10
03/03/2026
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye Kayikwamba wa DRC wishimiye ibihano America yafatiye RDF
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo avuga ko ibihano bibogamye bifatirwa uruhande rumwe, bidashobora gutanga umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa DRC, ahubwo ko bibyenyegeza bikanatiza umurindi Congo mu migambi yayo yo gutera inkunga umutwe wa FDLR.

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda yabitangaje asubiza Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Thérèse Kayikwamba Wagner wagaragaje ko yakiranye yombi ibihano Leta Zunze Ubumwe za America zafatiye Ingabo z’u Rwanda na bamwe mu Basirikare Bakuru barimo Umugaba Mukuru wa RDF, General Mubarakh Muganga.

Yolande Makolo wavuze ko nubwo abayobozi bo muri DRC bakiriye neza biriya bihano, ariko bazi neza ukuri kw’ibibera mu Gihugu cyabo, ko ikibazo ari ubutegetsi bwaco, yagaragaje ko iki Gihugu gikomeje gukorana n’umutwe wa FDLR, wakomeje kuba ikibazo ku Rwanda.

Ati “Hatitawe ku ngano y’ibinyoma ndetse n’akayabo k’ubushobozi bushorwa muri propaganda yo kuyobya uburari ku bufasha DRC iha FDLR, iki kibazo ntabwo kigiye gukemuka.”

Yolande Makolo avuga ko ibi bihano byafashwe bibogamye, ntakindi byatanga uretse gutiza umurindi Guverinoma ya DRC mu mugambi yiyemeje wo gukomeza gushyira imbere imirwano.

Ati “Umusaruro ni uyu tubona: amakimbirane yabaye karande, guhoraho no kwiyongera k’urugomo, kubura amahirwe n’iby’ingenzi, no gutakaza ubuzima.”

Yavuze kandi ko n’umuti w’ibibazo biri imbere mu Gihugu muri DRC, utapfa kuboneka, kuko ihuriro AFC/M23 rizakomeza kurwanya iriya migirire mibi y’ubutegetsi bwa DRC na bamwe mu babugize bimakaje ingengabitekerezo ya Jenoside, agaragaza urugero rw’imvugo yuzuye urwango iherutse gutangazwa na General Ekenge wahoze ari Umuvugizi wa FARDC, byose bikomeje kuba umuzi w’ibibazo biri mu karere.

Yolande Makolo ati “Ibi bimenyetso ntibishobora kugorekwa cyangwa no byirengagizwe mu gushakisha umuti w’amakimbirane.”

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda yavuze ko inzira yo kugera ku mahoro, yari ihanzwe amaso ku masezerano y’amahoro yashyizweho umukono umwaka ushize, arimo ay’i Washington, ariko ubutegetsi bwa DRC bukaba bukomeje kugaragaza ko bushyize imbere inzira y’intambara aho gushyira mu bikorwa ibyo bwasabwe.

Yolande Makolo, Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda
Thérèse Kayikwamba Wagner, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa DRC

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − 8 =

Previous Post

Umuvandimwe wa Bad Rama uherutse kwibasira u Rwanda n’abayobozi barwo yamugeneye ubutumwa

Related Posts

Icyo u Rwanda ruvuga ku bihano America yafatiye RDF n’Abejenerani bane barimo Umugaba Mukuru

Icyo u Rwanda ruvuga ku bihano America yafatiye RDF n’Abejenerani bane barimo Umugaba Mukuru

by radiotv10
03/03/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko ibihano Leta Zunze Ubumwe za America zafashe, bibogamye kandi bidakwiye binagoreka ukuri ku makimbirane ari...

Ingabo z’u Rwanda n’iza Ethiopia zaganiriye ku buryo zarushaho gushimangira ubufatanye

Ingabo z’u Rwanda n’iza Ethiopia zaganiriye ku buryo zarushaho gushimangira ubufatanye

by radiotv10
03/03/2026
0

Itsinda ry’Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda riyobowe n’Umuvugizi wazo, Brig. Gen. Ronald Rwivanga, ryakiriwe na Minisitiri w’Ingabo wa Ethiopia, Eng Aisha...

Youth Shaping Rwanda’s Future: Energy, Vision and Responsibility

Youth Shaping Rwanda’s Future: Energy, Vision and Responsibility

by radiotv10
03/03/2026
0

We are living in a time where Rwanda’s greatest strength is not just in its policies or infrastructure, but in...

Impuruza ku businzi bukabije bugaragara mu rubyiruko rw’u Rwanda

Inzoga n’ibiyobyabwenge biri mu bituma hari urubyiruko rw’u Rwanda rubura akazi

by radiotv10
02/03/2026
0

Minisitiri w’Urubyiruko n’Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah Utumatwishima, avuga ko inzoga n’ibiyobyabwenge biri mu bituma urubyiruko rubura akazi. Minisitiri...

Brig.Gen.Rwivanga ayoboye itsinda ry’Ingabo z’u Rwanda ryagiye kwifatanya n’iza Ethiopia mu birori

Brig.Gen.Rwivanga ayoboye itsinda ry’Ingabo z’u Rwanda ryagiye kwifatanya n’iza Ethiopia mu birori

by radiotv10
02/03/2026
0

Umuvugizi wa RDF, Brig Gen Ronald Rwivanga ayoboye itsinda ryoherejwe n’Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda muri Ethiopia kwifatanya n’Ingabo z’iki Gihugu...

IZIHERUKA

Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye Kayikwamba wa DRC wishimiye ibihano America yafatiye RDF
MU RWANDA

Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye Kayikwamba wa DRC wishimiye ibihano America yafatiye RDF

by radiotv10
03/03/2026
0

Umuvandimwe wa Bad Rama uherutse kwibasira u Rwanda n’abayobozi barwo yamugeneye ubutumwa

Umuvandimwe wa Bad Rama uherutse kwibasira u Rwanda n’abayobozi barwo yamugeneye ubutumwa

03/03/2026
Ukuri mpamo ku mafoto byavugwaga ko ari ay’umurambo w’Umuyobozi w’Ikirenga akimara kwicwa

Ukuri mpamo ku mafoto byavugwaga ko ari ay’umurambo w’Umuyobozi w’Ikirenga akimara kwicwa

03/03/2026
AFC/M23 yohereje abasirikare gushwanyaguza ‘drones’ za FARDC inaca amarenga guhorera Col.Willy Ngoma

AFC/M23 yohereje abasirikare gushwanyaguza ‘drones’ za FARDC inaca amarenga guhorera Col.Willy Ngoma

03/03/2026
Icyo u Rwanda ruvuga ku bihano America yafatiye RDF n’Abejenerani bane barimo Umugaba Mukuru

Icyo u Rwanda ruvuga ku bihano America yafatiye RDF n’Abejenerani bane barimo Umugaba Mukuru

03/03/2026
Hemejwe urupfu rw’umugore w’Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran nyuma yuko umugabo we yishwe

Hemejwe urupfu rw’umugore w’Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran nyuma yuko umugabo we yishwe

03/03/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye Kayikwamba wa DRC wishimiye ibihano America yafatiye RDF

Umuvandimwe wa Bad Rama uherutse kwibasira u Rwanda n’abayobozi barwo yamugeneye ubutumwa

Ukuri mpamo ku mafoto byavugwaga ko ari ay’umurambo w’Umuyobozi w’Ikirenga akimara kwicwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.