Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Ubutumwa Yampano yageneye abafana n’Abanyarwanda muri rusange ku by’amashusho yavuzweho byinshi

radiotv10by radiotv10
13/11/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Ubutumwa Yampano yageneye abafana n’Abanyarwanda muri rusange ku by’amashusho yavuzweho byinshi
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, yasabye imbabazi abafana be n’Abanyarwanda bose muri rusange ku bw’amashusho ye y’ibanga yagiye hanze, avuga ko ari ihohoterwa rikomeye yakorewe kandi ko inzego zibishinzwe ziri kubikoraho iperereza.

Ni mu butumwa uyu muhanzi yatanze nyuma yuko hasakaye amashusho y’urukozasoni agaragaramo uyu muhanzi ari mu gikorwa cy’imibonano mpuzabitsina n’umukunzi we, bikazamura impaka ndende.

Mu itangazo yashyize hanze avuga ko rigenewe abafana be, itangazamakuru n’Umuryango w’Abanyarwanda wose, Yampano yatangiye yibutsa ko izina rye ryamenyekanye kubera gushyigikirwa n’abantu ku bw’impano afite mu muziki.

Akomeza agira ati “Mbere na mbere, ndashaka gusaba imbabazi bivuye ku mutima ku bw’agahinda n’umubabaro byatewe n’ibyabaye vuba aha byo gushyira ahagaragara videwo yihariye ku buryo budakurikije amategeko.”

Arongera ati “Ibi byabaye ihohoterwa rikomeye kandi ribabaza cyane, kandi ndicuza nanasaba imbabazi uwo ari we wese iyi video yaba yagezeho, abafana banjye, itangazamakuru ndetse n’umuryango wacu w’Abanyarwanda dusangiye ufite indangagaciro zo kwiyubaha.”

Muri iri tangazo, Yampano avuga ko inzego zibishinzwe ziri gukora iperereza kuri iki kibazo, kandi ko yizeye ko azahabwa ubutabera, ku buryo ababikoze bazabihanirwa.

Ati “Ndimo ndafatanya na bo byimazeyo kandi nizeye inzira yo gutanga ubutabera.”

Yaboneyeho gusaba abantu kurekera gukwirakwiza ariya mashusho. Ati “Hagati aho, ndasaba buri wese, cyane cyane abashobora kuba bagisangira cyangwa bakwirakwiza videwo, kubihagarika ako kanya. Ibikorwa nk’ibi ntabwo byemewe ahubwo ni ibinyuranyije n’amategeko, kuko bikomeza kwangiza ubuzima bwite, n’isura yanjye nk’umuhanzi.”

Yampano kandi yanaboneyeho kwizeza abafana be ko ibyabaye bitamuca intege mu mwuga we w’ubuhanzi, ahubwo ko azakomeza gushyira hanze ibihangano.

Ati “niyemeje gukomeza guhanga umuziki mwiza uduhuza. Ndasezeranya ko nzabivamo nkomeye cyane, mpanga indirimbo zubaka n’umuryango Nyarwanda.”

Uyu muhanzi kandi aherutse gutangaza ko yamaze gutanga ikirego kiregwamo uwitwa Patrick Ishimwe uzwi nka Pazzo, banigeze kubana amufasha gucunga imbuga nkoranyambaga ze, anashinja kuba ari we uri inyuma y’isakara ry’ariya mashusho.

Yampano atangaza ko uyu wahoze ari inshuti ye, ari we wari ufite ariya mashusho yafashe mu buryo bw’ibanga abyumvikanyeho n’umukunzi we, ndetse ko yigeze kubimukangisha ko azayashyira hanze, nyuma yuko bagiranye ibibazo byazamuwe no kuba yaramusabye kwimuka kugira ngo abashe kwisanzurana n’umukunzi we bari batangiye kubana.

Yampano arasaba imbabazi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 + 17 =

Previous Post

Israel Mbonyi yatangaje igihe hazabera igitaramo ngarukamwaka cye kiba gitegerejwe na benshi

Next Post

President Kagame calls for action and collaboration to drive Africa’s digital transformation

Related Posts

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

by radiotv10
10/12/2025
0

Umuhanzikazi Alyn Sano yabajijwe niba akiri isugi, abanza gutungurwa no kuba uwari ubimubajije atinyuka kubimubaza, amusubiza na we amubaza niba...

Balancing full-time job/studies with passion projects: Stories of Kigali youth chasing dreams after 5pm

Balancing full-time job/studies with passion projects: Stories of Kigali youth chasing dreams after 5pm

by radiotv10
09/12/2025
0

In Kigali today, many young people are rewriting what it means to work, hustle, and build a future. The city...

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

by radiotv10
06/12/2025
0

Korali Ambassadors of Christ iri mu zifite amazina akomeye mu Rwanda, yatangiye ibikorwa byo kwizihiza imyaka 30 imaze ibayeho, mu...

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

by radiotv10
05/12/2025
0

Uyu mukinnyi wa filime w'Umuyapani, Cary-Hiroyuki Tagawa wamenyekanye cyane akina nk’umuntu w’umugome wakinnye filimi zinyuranye zirimo iyitwa 'Mortal Kombat', yitabye...

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

by radiotv10
05/12/2025
0

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano umaze iminsi agarukwaho nyuma yuko hasakaye amashusho y’urukozasoni ye n’umukunzi we, yagaragaje ifoto ari...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira
AMAHANGA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

by radiotv10
10/12/2025
0

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

10/12/2025
Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

10/12/2025
Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

10/12/2025
Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

10/12/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

10/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
President Kagame calls for action and collaboration to drive Africa’s digital transformation

President Kagame calls for action and collaboration to drive Africa’s digital transformation

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.