Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Ubutumwa Yampano yageneye abafana n’Abanyarwanda muri rusange ku by’amashusho yavuzweho byinshi

radiotv10by radiotv10
13/11/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Ubutumwa Yampano yageneye abafana n’Abanyarwanda muri rusange ku by’amashusho yavuzweho byinshi
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, yasabye imbabazi abafana be n’Abanyarwanda bose muri rusange ku bw’amashusho ye y’ibanga yagiye hanze, avuga ko ari ihohoterwa rikomeye yakorewe kandi ko inzego zibishinzwe ziri kubikoraho iperereza.

Ni mu butumwa uyu muhanzi yatanze nyuma yuko hasakaye amashusho y’urukozasoni agaragaramo uyu muhanzi ari mu gikorwa cy’imibonano mpuzabitsina n’umukunzi we, bikazamura impaka ndende.

Mu itangazo yashyize hanze avuga ko rigenewe abafana be, itangazamakuru n’Umuryango w’Abanyarwanda wose, Yampano yatangiye yibutsa ko izina rye ryamenyekanye kubera gushyigikirwa n’abantu ku bw’impano afite mu muziki.

Akomeza agira ati “Mbere na mbere, ndashaka gusaba imbabazi bivuye ku mutima ku bw’agahinda n’umubabaro byatewe n’ibyabaye vuba aha byo gushyira ahagaragara videwo yihariye ku buryo budakurikije amategeko.”

Arongera ati “Ibi byabaye ihohoterwa rikomeye kandi ribabaza cyane, kandi ndicuza nanasaba imbabazi uwo ari we wese iyi video yaba yagezeho, abafana banjye, itangazamakuru ndetse n’umuryango wacu w’Abanyarwanda dusangiye ufite indangagaciro zo kwiyubaha.”

Muri iri tangazo, Yampano avuga ko inzego zibishinzwe ziri gukora iperereza kuri iki kibazo, kandi ko yizeye ko azahabwa ubutabera, ku buryo ababikoze bazabihanirwa.

Ati “Ndimo ndafatanya na bo byimazeyo kandi nizeye inzira yo gutanga ubutabera.”

Yaboneyeho gusaba abantu kurekera gukwirakwiza ariya mashusho. Ati “Hagati aho, ndasaba buri wese, cyane cyane abashobora kuba bagisangira cyangwa bakwirakwiza videwo, kubihagarika ako kanya. Ibikorwa nk’ibi ntabwo byemewe ahubwo ni ibinyuranyije n’amategeko, kuko bikomeza kwangiza ubuzima bwite, n’isura yanjye nk’umuhanzi.”

Yampano kandi yanaboneyeho kwizeza abafana be ko ibyabaye bitamuca intege mu mwuga we w’ubuhanzi, ahubwo ko azakomeza gushyira hanze ibihangano.

Ati “niyemeje gukomeza guhanga umuziki mwiza uduhuza. Ndasezeranya ko nzabivamo nkomeye cyane, mpanga indirimbo zubaka n’umuryango Nyarwanda.”

Uyu muhanzi kandi aherutse gutangaza ko yamaze gutanga ikirego kiregwamo uwitwa Patrick Ishimwe uzwi nka Pazzo, banigeze kubana amufasha gucunga imbuga nkoranyambaga ze, anashinja kuba ari we uri inyuma y’isakara ry’ariya mashusho.

Yampano atangaza ko uyu wahoze ari inshuti ye, ari we wari ufite ariya mashusho yafashe mu buryo bw’ibanga abyumvikanyeho n’umukunzi we, ndetse ko yigeze kubimukangisha ko azayashyira hanze, nyuma yuko bagiranye ibibazo byazamuwe no kuba yaramusabye kwimuka kugira ngo abashe kwisanzurana n’umukunzi we bari batangiye kubana.

Yampano arasaba imbabazi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen + 9 =

Previous Post

Israel Mbonyi yatangaje igihe hazabera igitaramo ngarukamwaka cye kiba gitegerejwe na benshi

Next Post

President Kagame calls for action and collaboration to drive Africa’s digital transformation

Related Posts

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

by radiotv10
03/04/2026
0

Umunyamakuru Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement ukurikiranyweho ibyaha birimo kurwanya ububasha bw’amategeko, yanditse ibaruwa asaba imbabazi avuga ko ibyo...

Ruracyageretse hagati y’umunyamakuru n’umukinnyikazi wa filimi bapfa imodoka yagaragajwe n’umwe

Hemejwe ifungwa ry’umunyamakuru DC Clement hanasobanurwa imiterere y’icyabiteye

by radiotv10
02/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwemeje ko Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement, yatawe muri yombi akekwaho kwangiza ikintu cy’undi no...

Moses Turahirwa wari wajuriye atakambira Urukiko ngo rumurekure yagumishirijweho igihano

Moses Turahirwa wari wajuriye atakambira Urukiko ngo rumurekure yagumishirijweho igihano

by radiotv10
01/04/2026
0

Turahirwa Moses uri mu bahanga mu guhanga imideri bazwi mu Rwanda wanashinze inzu yayo ya Moshions, yagumishirijweho igihano cy’igifungo cy’imyaka...

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

by radiotv10
01/04/2026
0

Umunyamakuru Niyigaba Clément uzwi nka DC Clément watawe muri yombi, akurikiranyweho ibyaha birimo icyo kwangiza ikintu cy'undi, akekwaho gukora yangiza...

Umuhanzikazi wakunzwe na benshi ku Isi Celine Dion wari umaze igihe arembye agarukanye ubutumwa bwiza

Umuhanzikazi wakunzwe na benshi ku Isi Celine Dion wari umaze igihe arembye agarukanye ubutumwa bwiza

by radiotv10
31/03/2026
0

Umuhanzikazi Celine Dion uri mu bafite abafana benshi ku Isi, wari umaze igihe arembye, arahumuriza abakunzi be ko ubu amerewe...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
President Kagame calls for action and collaboration to drive Africa’s digital transformation

President Kagame calls for action and collaboration to drive Africa’s digital transformation

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.