Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ubuvuzi bw’u Rwanda bwateye intambwe ikomeye izaniye amahirwe bamwe bumvaga ko bahumye burundu

radiotv10by radiotv10
21/12/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ubuvuzi bw’u Rwanda bwateye intambwe ikomeye izaniye amahirwe bamwe bumvaga ko bahumye burundu
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima (RBC) cyatangije ishami ry’ubuvuzi bw’amaso, rizatanga serivisi igezweho yo gusimbuza imboni z’amaso zahumye, aho bamwe mu bamaze guhabwa iyi serivisi bavuga ko ubu babona nyamara barahoze barahumye.

Ni ubuvuzi bugezweho busanzwe bukoreshwa mu Bihugu byateye imbere, aho umuntu ufite imboni yahumye, ikurwamo agashyirirwamo ibona, akongera kureba nta nkomyi.

Dr. Alex Nyemanzi, Umuyobozi wungirije w’abaganga bavura amaso, avuga ko mu Rwanda hagaragara indwara zifata ibice bitandukanye by’amaso birimo n’imboni isanzwe ari igice cy’ingenzi cy’amaso.

Ati “Ubusanzwe iyo imboni yarwaye, ikenera gusimbuzwa. Gusimbuzwa kw’imboni rero, nta mboni tugira mu Gihugu, inyinshi ziva hanze.”

Dr. Alex Nyemanzi akomeza avuga ko mu Rwanda hari abantu benshi bahumye kubera ibibazo bitandukanye ariko ko abangana na 4,8% muri bo bahumye kubera ibibazo by’imboni.

Ati “Izo mboni rero kugira ngo tuzibone twazikuraga hanze y’Igihugu. Hari iziva i Burayi, hari iziva muri America, hari iziva muri Asia; kandi zikanahenda cyane.”

Yakomeje agira ati “Ni ho inzego zitandukanye; MINISANTE, RBC, n’abaganga b’amaso twicaye tukavuga tuti ‘ariko se abarwayi bacu b’Abanyarwanda bazahuma kugeza ryari? Kuki tutatangiza uburyo bwo kwishakamo imboni.”

Avuga ko aha ari ho havuye igitekerezo cyo gutangiza iri shami rizajya ritanga izi serivisi, ku buryo rizagabanya umubare w’abantu bahumaga mu Rwanda.

Emmenuel Kubwimana wahinduriwe imboni, avuga ko yarwaye amaso akiri umwana muto yiga mu mashuri abanza, ariko ababyeyi be ntibabyiteho, bikaza kugeza aho ahuma burundu, ndetse akaza no koherezwa mu kigo cy’abantu bafite ubumuga bwo kutabona.

Avuga ko yaje kuvurwa hakoreshejwe ubu buryo bwo gusimbuza imboni, none ubu asigaye abona. Ati “Nyuma yo guhindurirwa imboni z’amaso ebyiri, byagenze neza, ndabasha kureba neza.”

Emmenuel Kubwimana uvuga ko yahawe iyi serivisi ahenzwe kuko yishyuye miliyoni 2,3 Frw, ariko ko aho hatangirijwe ubu buryo bwo gukora imboni mu Rwanda, iyi serivisi igiye guhenduka.

Uyu musore uri mu mwaka wa mbere wa kaminuza mu by’ubuvuzi, avuga ko afite inzozi zo kuba umuganga w’amaso, kandi ko yishimiye kuba agiye kuzinjira muri uyu mwuga hari intambwe yatewe mu Rwanda muri ubu buvuzi bwatumye yongera kubona.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + 9 =

Previous Post

AMAFOTO: Sogongera ku bwiza bwa Hoteli y’ubwato izanye ikirungo mu byiza by’u Rwanda

Next Post

Utazibagirana muri ruhago y’Isi yararikiye abantu kuzerekeza amaso mu Rwanda kubera ibihateganyijwe muri 2024

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

IZIHERUKA

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?
FOOTBALL

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Utazibagirana muri ruhago y’Isi yararikiye abantu kuzerekeza amaso mu Rwanda kubera ibihateganyijwe muri 2024

Utazibagirana muri ruhago y’Isi yararikiye abantu kuzerekeza amaso mu Rwanda kubera ibihateganyijwe muri 2024

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.