Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ubuvuzi bw’u Rwanda bwateye intambwe ikomeye izaniye amahirwe bamwe bumvaga ko bahumye burundu

radiotv10by radiotv10
21/12/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ubuvuzi bw’u Rwanda bwateye intambwe ikomeye izaniye amahirwe bamwe bumvaga ko bahumye burundu
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima (RBC) cyatangije ishami ry’ubuvuzi bw’amaso, rizatanga serivisi igezweho yo gusimbuza imboni z’amaso zahumye, aho bamwe mu bamaze guhabwa iyi serivisi bavuga ko ubu babona nyamara barahoze barahumye.

Ni ubuvuzi bugezweho busanzwe bukoreshwa mu Bihugu byateye imbere, aho umuntu ufite imboni yahumye, ikurwamo agashyirirwamo ibona, akongera kureba nta nkomyi.

Dr. Alex Nyemanzi, Umuyobozi wungirije w’abaganga bavura amaso, avuga ko mu Rwanda hagaragara indwara zifata ibice bitandukanye by’amaso birimo n’imboni isanzwe ari igice cy’ingenzi cy’amaso.

Ati “Ubusanzwe iyo imboni yarwaye, ikenera gusimbuzwa. Gusimbuzwa kw’imboni rero, nta mboni tugira mu Gihugu, inyinshi ziva hanze.”

Dr. Alex Nyemanzi akomeza avuga ko mu Rwanda hari abantu benshi bahumye kubera ibibazo bitandukanye ariko ko abangana na 4,8% muri bo bahumye kubera ibibazo by’imboni.

Ati “Izo mboni rero kugira ngo tuzibone twazikuraga hanze y’Igihugu. Hari iziva i Burayi, hari iziva muri America, hari iziva muri Asia; kandi zikanahenda cyane.”

Yakomeje agira ati “Ni ho inzego zitandukanye; MINISANTE, RBC, n’abaganga b’amaso twicaye tukavuga tuti ‘ariko se abarwayi bacu b’Abanyarwanda bazahuma kugeza ryari? Kuki tutatangiza uburyo bwo kwishakamo imboni.”

Avuga ko aha ari ho havuye igitekerezo cyo gutangiza iri shami rizajya ritanga izi serivisi, ku buryo rizagabanya umubare w’abantu bahumaga mu Rwanda.

Emmenuel Kubwimana wahinduriwe imboni, avuga ko yarwaye amaso akiri umwana muto yiga mu mashuri abanza, ariko ababyeyi be ntibabyiteho, bikaza kugeza aho ahuma burundu, ndetse akaza no koherezwa mu kigo cy’abantu bafite ubumuga bwo kutabona.

Avuga ko yaje kuvurwa hakoreshejwe ubu buryo bwo gusimbuza imboni, none ubu asigaye abona. Ati “Nyuma yo guhindurirwa imboni z’amaso ebyiri, byagenze neza, ndabasha kureba neza.”

Emmenuel Kubwimana uvuga ko yahawe iyi serivisi ahenzwe kuko yishyuye miliyoni 2,3 Frw, ariko ko aho hatangirijwe ubu buryo bwo gukora imboni mu Rwanda, iyi serivisi igiye guhenduka.

Uyu musore uri mu mwaka wa mbere wa kaminuza mu by’ubuvuzi, avuga ko afite inzozi zo kuba umuganga w’amaso, kandi ko yishimiye kuba agiye kuzinjira muri uyu mwuga hari intambwe yatewe mu Rwanda muri ubu buvuzi bwatumye yongera kubona.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 4 =

Previous Post

AMAFOTO: Sogongera ku bwiza bwa Hoteli y’ubwato izanye ikirungo mu byiza by’u Rwanda

Next Post

Utazibagirana muri ruhago y’Isi yararikiye abantu kuzerekeza amaso mu Rwanda kubera ibihateganyijwe muri 2024

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, yatangaje ko ku wa Mbere tariki 02 Gashyantare 2026 ari umunsi w’Ikiruhuko rusange, bitewe no...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

by radiotv10
30/01/2026
0

Ubushakashatsi bw’Umuryango urwanya ruswa n’akarengane, Transparency International Rwanda, bwakorewe mu mashuri makuru na za kaminuza, bwagaragaje ko abantu 8% batanze...

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu batatu barimo Barafinda Sekikubo Fred wigeze kwiyita Umunyapolitiki w’akataraboneka, akanajya kuri Komisiyo y’Amatora avuga ko...

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida w’Inama y’Abaminisitiri ya Togo, Faure Essozimna Gnassingbé wanahawe inshingano na Afurika Yunze Ubumwe z’ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda
MU RWANDA

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

30/01/2026
Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

30/01/2026
General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

30/01/2026
Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Utazibagirana muri ruhago y’Isi yararikiye abantu kuzerekeza amaso mu Rwanda kubera ibihateganyijwe muri 2024

Utazibagirana muri ruhago y’Isi yararikiye abantu kuzerekeza amaso mu Rwanda kubera ibihateganyijwe muri 2024

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.