Sunday, August 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ubwiyongere bw’abimukira mu Bwongereza bwatumye uwirukanywe ku Buminisitiri yongera gutunga agatoki PM

radiotv10by radiotv10
25/11/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ubwiyongere bw’abimukira mu Bwongereza bwatumye uwirukanywe ku Buminisitiri yongera gutunga agatoki PM
Share on FacebookShare on Twitter

Suella Braverman uherutse kwirukanwa ku mwanya wa Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu Gihugu mu Bwongereza, yongeye kunenga imbaraga nke za Guverinoma y’Igihugu cye mu guhangana n’ikibazo cy’abimukira bakomeje kwiyongera, aho mu myaka ibiri ishize, imibare yabo yageze kuri miliyoni 1,3.

Suella Braverman ni umwe mu bayoboye ibikorwa byo kwamagana itumbagita ry’imibare y’abimukira mu Bwongereza, biri gukorwa mu Bwongereza.

Uyu wahoze ari Minisitiri w’Umutekano w’imbere mu Gihugu, wavuze ko “bikabije” nyuma y’uko bigaragaye ko mu myaka ibiri ishize, hinjiye abimukira babarirwa muri miliyoni 1,3.

Ni imibare yagaragajwe n’Ikigo cy’Igihugu mu Bwongereza cy’ibarurishamibare, cyagaragaje ko habayeho impinduka ku bijyanye n’abinjira n’abasohoka nyuma y’uko iki Gihugu kivuye mu Muryango w’Ubumwe bw’u Burayi kuva muri 2021.

Itumbagira ry’imibare y’abimukira binjira mu Bwongereza no muri Wales yaturutse ku mibare y’abava hanze y’Ibihugu bigize Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, bagiye biyongera kuva mu myaka y’ 1960.

Iyi mibare y’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ibarurishamibare mu Bwongereza, yashyizwe hanze muri iki cyumweru, igaragaza ko mu mwaka ushize hinjiye abimukira ibihumbi 745. Umubare ungana n’abatuye Umujyi wa Leeds wo mu majyaruguru y’u Bwongereza.

Umubare w’abaturage b’u Bwongereza na Wales, wamaze kurenga miliyoni 60 ku nshuro ya mbere nyuma y’izamuta ry’abaturage kuva mu 1961.

Braverman wari unafite inshingano zo guhangana n’ikibazo cy’abimukira, nyuma y’uko yirukanywe muri Guverinoma, yahise anenga Minisitiri w’Intebe, Rishi Sunak, amushinja imbaraga nke mu gushaka umuti w’iki kibazo.

Nyuma y’iyi mibare, Braverman yongeye kwibasira Rishi Sunak, avuga ko iyi uyu PM w’u Bwongereza, iyo amushyigikira, yari kubasha kubaka sisiteme ku mipaka yari guca intege abimukira binjira muri iki Gihugu, none ubu cyugarijwe n’ibibazo uruhuri.

Yagize ati “Igitutu ku miturire, ubuzima, amashuri, ibibazo by’imishahara na gahunda zo guhuriza hamwe kw’abaturage, birajegajega. Kandi nta gihe tutabivuze. Birahagije birahagije.”

Yakomeje agira ati “Twatowe twizeza ko tuzagabanya ikigero cy’abimukira, aho bari kuri 229 000 muri 2019. Uyu munsi imibare irakomeza gutumbagira mu maso y’Abongereza batoye bazi ko hagiye kubaho igabanuka ry’abimukira mu buryo bwose bushoboka.”

Braverman avuga ko kuba u Bwongereza bwaravuye mu Muryango w’Ubumwe bw’u Burayi, hari amahirwe byahaye iki Gihugu, ariko ko kitayabyaza umusaruro.

Ubwo yirukanwaga muri Guverinoma, Braverman yari yavuze ko ntako atagize asaba Minisitiri w’Intebe kuva mu Rukiko Nyaburayi ku Burenganzira bwa muntu, kuko byari gutuma gahunda u Bwongereza bwagiranye n’u Rwanda yo kohereza abimukira itagira ikiyikoma mu nkokora, ariko ko ngo yabyanze.

Iyo baruwa yasohoye mbere y’uko Urukiko rw’Ikirenga mu Bwongereza rutanga icyemezo cyarwo cyatesheje agaciro uyu mugambi w’iki Gihugu n’u Rwanda, Braverman yari yabaye nk’uca amarenga ko uru rukiko n’ubundi ruzabitera utwatsi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen + 19 =

Previous Post

Urukiko rutegetse ko ukekwaho kwiba telefone ya The Ben afungurwa

Next Post

Volleyball: Umukinnyi w’ikipe ikomeye mu Rwanda wagaragaje imyitwarire yanenzwe yafatiwe ibihano

Related Posts

AMAFOTO: Perezida wa Kenya n’uwo yasimbuye bigeze kugirana umubano urimo igitotsi bagaragaye batemberana bishimye

AMAFOTO: Perezida wa Kenya n’uwo yasimbuye bigeze kugirana umubano urimo igitotsi bagaragaye batemberana bishimye

by radiotv10
02/08/2025
0

Perezida William Ruto wa Kenya yatangaje ko yishimiye gutembereza mu Biro by’Umukuru w’Igihugu Uhuru Kenyatta yasimbuye yanigeze kubera Visi Perezida...

Icyo Congo ivuga ku Mudipomate wayo wafatiwe i Burayi mu modoka itwaye ibiyobyabwenge

Icyo Congo ivuga ku Mudipomate wayo wafatiwe i Burayi mu modoka itwaye ibiyobyabwenge

by radiotv10
31/07/2025
0

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yamaganye yivuye inyuma Umudipolomate wayo uherutse gufatirwa muri Bulgarie ari mu modoka itwaye...

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

by radiotv10
30/07/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ko muri Gurupoma...

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

by radiotv10
30/07/2025
0

Leta ya Tanzania yafashe icyemezo cyo guhagarika abanyamahanga gufungura ibikorwa by’ubucuruzi mu nzego z’ingenzi z’ubukungu bw’iki Gihugu. Iki cyemezo cya...

Ouattara w’imyaka 83 yavuze impamvu yifuza kuguma ku butegetsi nyuma y’imyaka 15 ari Perezida

Ouattara w’imyaka 83 yavuze impamvu yifuza kuguma ku butegetsi nyuma y’imyaka 15 ari Perezida

by radiotv10
30/07/2025
0

Perezida wa Côte d’Ivoire, Alassane Ouattara yatangaje ko aziyamamariza manda ya kane mu matora agiye kuba muri iki Gihugu, kugira...

IZIHERUKA

AMAFOTO: Perezida wa Kenya n’uwo yasimbuye bigeze kugirana umubano urimo igitotsi bagaragaye batemberana bishimye
AMAHANGA

AMAFOTO: Perezida wa Kenya n’uwo yasimbuye bigeze kugirana umubano urimo igitotsi bagaragaye batemberana bishimye

by radiotv10
02/08/2025
0

Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda Protais Mitali yitabiye Imana i Burayi

Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda Protais Mitali yitabiye Imana i Burayi

02/08/2025
Abayobozi mu karere bagize icyo bavuga ku ntambwe iri guterwa mu by’u Rwanda na DRCongo

Abayobozi mu karere bagize icyo bavuga ku ntambwe iri guterwa mu by’u Rwanda na DRCongo

02/08/2025
Police FC igiye kwipima na APR FC iyisimbuje Rayon Sports

Police FC igiye kwipima na APR FC iyisimbuje Rayon Sports

02/08/2025
Nyamirambo: Harumvikana kutavuga rumwe ku mafaranga yaciwe abafite inzu mu ‘Marangi’

Nyamirambo: Harumvikana kutavuga rumwe ku mafaranga yaciwe abafite inzu mu ‘Marangi’

01/08/2025
Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

01/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Volleyball: Umukinnyi w’ikipe ikomeye mu Rwanda wagaragaje imyitwarire yanenzwe yafatiwe ibihano

Volleyball: Umukinnyi w'ikipe ikomeye mu Rwanda wagaragaje imyitwarire yanenzwe yafatiwe ibihano

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAFOTO: Perezida wa Kenya n’uwo yasimbuye bigeze kugirana umubano urimo igitotsi bagaragaye batemberana bishimye

Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda Protais Mitali yitabiye Imana i Burayi

Abayobozi mu karere bagize icyo bavuga ku ntambwe iri guterwa mu by’u Rwanda na DRCongo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.