Sunday, January 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ubwiyongere bw’abimukira mu Bwongereza bwatumye uwirukanywe ku Buminisitiri yongera gutunga agatoki PM

radiotv10by radiotv10
25/11/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ubwiyongere bw’abimukira mu Bwongereza bwatumye uwirukanywe ku Buminisitiri yongera gutunga agatoki PM
Share on FacebookShare on Twitter

Suella Braverman uherutse kwirukanwa ku mwanya wa Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu Gihugu mu Bwongereza, yongeye kunenga imbaraga nke za Guverinoma y’Igihugu cye mu guhangana n’ikibazo cy’abimukira bakomeje kwiyongera, aho mu myaka ibiri ishize, imibare yabo yageze kuri miliyoni 1,3.

Suella Braverman ni umwe mu bayoboye ibikorwa byo kwamagana itumbagita ry’imibare y’abimukira mu Bwongereza, biri gukorwa mu Bwongereza.

Uyu wahoze ari Minisitiri w’Umutekano w’imbere mu Gihugu, wavuze ko “bikabije” nyuma y’uko bigaragaye ko mu myaka ibiri ishize, hinjiye abimukira babarirwa muri miliyoni 1,3.

Ni imibare yagaragajwe n’Ikigo cy’Igihugu mu Bwongereza cy’ibarurishamibare, cyagaragaje ko habayeho impinduka ku bijyanye n’abinjira n’abasohoka nyuma y’uko iki Gihugu kivuye mu Muryango w’Ubumwe bw’u Burayi kuva muri 2021.

Itumbagira ry’imibare y’abimukira binjira mu Bwongereza no muri Wales yaturutse ku mibare y’abava hanze y’Ibihugu bigize Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, bagiye biyongera kuva mu myaka y’ 1960.

Iyi mibare y’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ibarurishamibare mu Bwongereza, yashyizwe hanze muri iki cyumweru, igaragaza ko mu mwaka ushize hinjiye abimukira ibihumbi 745. Umubare ungana n’abatuye Umujyi wa Leeds wo mu majyaruguru y’u Bwongereza.

Umubare w’abaturage b’u Bwongereza na Wales, wamaze kurenga miliyoni 60 ku nshuro ya mbere nyuma y’izamuta ry’abaturage kuva mu 1961.

Braverman wari unafite inshingano zo guhangana n’ikibazo cy’abimukira, nyuma y’uko yirukanywe muri Guverinoma, yahise anenga Minisitiri w’Intebe, Rishi Sunak, amushinja imbaraga nke mu gushaka umuti w’iki kibazo.

Nyuma y’iyi mibare, Braverman yongeye kwibasira Rishi Sunak, avuga ko iyi uyu PM w’u Bwongereza, iyo amushyigikira, yari kubasha kubaka sisiteme ku mipaka yari guca intege abimukira binjira muri iki Gihugu, none ubu cyugarijwe n’ibibazo uruhuri.

Yagize ati “Igitutu ku miturire, ubuzima, amashuri, ibibazo by’imishahara na gahunda zo guhuriza hamwe kw’abaturage, birajegajega. Kandi nta gihe tutabivuze. Birahagije birahagije.”

Yakomeje agira ati “Twatowe twizeza ko tuzagabanya ikigero cy’abimukira, aho bari kuri 229 000 muri 2019. Uyu munsi imibare irakomeza gutumbagira mu maso y’Abongereza batoye bazi ko hagiye kubaho igabanuka ry’abimukira mu buryo bwose bushoboka.”

Braverman avuga ko kuba u Bwongereza bwaravuye mu Muryango w’Ubumwe bw’u Burayi, hari amahirwe byahaye iki Gihugu, ariko ko kitayabyaza umusaruro.

Ubwo yirukanwaga muri Guverinoma, Braverman yari yavuze ko ntako atagize asaba Minisitiri w’Intebe kuva mu Rukiko Nyaburayi ku Burenganzira bwa muntu, kuko byari gutuma gahunda u Bwongereza bwagiranye n’u Rwanda yo kohereza abimukira itagira ikiyikoma mu nkokora, ariko ko ngo yabyanze.

Iyo baruwa yasohoye mbere y’uko Urukiko rw’Ikirenga mu Bwongereza rutanga icyemezo cyarwo cyatesheje agaciro uyu mugambi w’iki Gihugu n’u Rwanda, Braverman yari yabaye nk’uca amarenga ko uru rukiko n’ubundi ruzabitera utwatsi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − five =

Previous Post

Urukiko rutegetse ko ukekwaho kwiba telefone ya The Ben afungurwa

Next Post

Volleyball: Umukinnyi w’ikipe ikomeye mu Rwanda wagaragaje imyitwarire yanenzwe yafatiwe ibihano

Related Posts

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

by radiotv10
09/01/2026
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo, is reportedly strengthening its presence in the...

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ka Mpety, muri...

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Olive Lembe Kabila, Madamu wa Joseph Kabila wari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Abanyekongo, gukora amasengesho yo...

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

by radiotv10
09/01/2026
0

Lieutenant-Colonel Mak Hazukay Mongba yagizwe Umuyobozi Mukuru ushinzwe Itumanaho n’Amakuru mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, akaba n’Umuvugizi...

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

by radiotv10
08/01/2026
0

Abayobozi mu nzego bwite no mu z’umutekano mu Ntara ya Kivu ya Rugurumu bice bigenzurwa n’Ihuriro AFC/M23 bitabiriye umuhango wo...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Volleyball: Umukinnyi w’ikipe ikomeye mu Rwanda wagaragaje imyitwarire yanenzwe yafatiwe ibihano

Volleyball: Umukinnyi w'ikipe ikomeye mu Rwanda wagaragaje imyitwarire yanenzwe yafatiwe ibihano

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.