Monday, December 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ubwo bamfataga nari nzi ko rugiye guhwaniramo ariko nta n’uwandiye urwara- Sankara

radiotv10by radiotv10
27/05/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ubwo bamfataga nari nzi ko rugiye guhwaniramo ariko nta n’uwandiye urwara- Sankara
Share on FacebookShare on Twitter

Nsabimana Callixte uzwi nka Sankara wabaye Umuvugizi wa MRCD-FLN ubu uri gukora igihano cy’igifungo cy’imyaka 15 yakatiwe, yashimiye ubuyobozi bw’u Rwanda buri kumugorora, avuga ko ubwo yafatwaga yari azi ko agomba guhita yamburwa ubuzima kubera ibikorwa bye ariko ko nta n’uwamuriye urwara.

Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru aho afungiye muri Gereza, Sankara yagarutse ku bikorwa bye bibi, avuga ko yinjiye mu barwanya u Rwanda abishaka ndetse ko yumvaga abifitiye ishyaka bigatuma abayoboye abarurwanya nka Kayumba na Karegeya bamusamira hejuru.

Ati “Dutangira gukorana na bo, mpura na bo dukorana inama dushyiza hamwe, twagerageje gukora ibintu byinshi kugira ngo duhungabanye iyi Leta ariko byaratunaniye, kugeza ku munota wa nyuma ubwo njye bamfataga nari mfite amasezerano menshi nari maze guhabwa n’ubutasi bw’u Burundi, n’ubutasi bwa Uganda, nizeraga ko hari igihe kigiye kugera cyo kuba twagera ku gikorwa nyacyo ngo twatse umuriro nkuko twabivugaga.”

Sankara avuga ko akurikije imbaraga z’ubutegetsi bw’u Rwanda, ibyo bifuzaga byose bitari gushoboka ndetse ko n’abandi baba bafite imigambi yo kuyirwanya, kuzibukira.

Ati “Leta y’u Rwanda ifite ubutasi bukomeye, iyi Leta ifite umuyobozi uri ‘Charismatique’ [umuntu uukomeye kandi ukundwa] iyi Leta iri smart ifite amafaranga. Ntabwo bazayirwanya ngo bayishobore.”

Uyu musore wakatiwe igifungo cy’imyaka 15, avug ako bamwe mu barwanya u Rwanda bakomeje kumunenga bavuga ngo “Yabaye akabwa, ngo yarayobotse, ngo yakomye amashyi…nshuti yanjye Abongereza baravuga ngo if you can’t fight him, you join him, niba udashoboye kurwanya umuntu ngo uzamutsinde, uramuyoboka.”

Sankara avuga ko yamaze gufata umurongo udakuka wo kutongera gusubira mu barwanya u Rwanda, ati “Narayobotse, Niteguye kugorororwa hano muri gereza, nitegura kuba nasubira mu muryango nyarwanda ngafatanya n’abandi kubaka Igihugu.”

Yaboneyeho guha ubutumwa abo mu mitwe irwanya u Rwanda barimo abahoze mu yo yari abereye umuyobozi n’ishyaka yashinze, abibutsa ko na bo ubwabo bumvaga ko u Rwanda nirumufata ruzamwivugana “kandi nanjye ubwanjye mbonye bamfashe nari nzi ko rugiye guhwaniramo ariko ntabwo banyishe nta n’umuntu wigeze andya urwara […] ubwo rero intambara barwana ntabwo bazayitsinda.”

Yavuze ko iyo Leta yarwanyaga anayivuga nabi, yanatekerezaga ko iramutse imufashe izamwivugana, ari yo iri kumugorora ndetse ko aho afungiye muri Gereza ubu abayeho neza kurusha uko yari ameze ari mu buhungiro kuko ubu aryama agasinzira akanasurwa n’abavandimwe be.

Akomeza abwira abarwanya u Rwanda, guhindukira, akababwira ko ibitangaza bagiye bizezwa ko bazagera ku ntego yabo kandi ntibibe, byabateye ihungabana. Ati “Ikintu cyabamara iyo deception, ni ukuyoboka, bakiyambura ishati y’ubugarasha bakambara iy’ubutore bakajya muri diyasiporo bagafatanya n’abandi Banyarwanda.”

Avuga ko ntakiza cyo kuba mu barwanya ubutegetsi kuko uri muri ibyo bikorwa adashobora gusinzira ahubwo ahora agenda yububa kubera ikikango cy’ibyo bikorwa bibi yayobotse.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + 6 =

Previous Post

Abana batwaye Igikombe cy’Isi bageze i Huye umujyi urakubita uruzura banakirwa na Guverineri

Next Post

Umutangabuhamya washinje Bucyibaruka yavuze ko umwana yari atwite muri Jenoside afite ihungabana kumurusha

Related Posts

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

by radiotv10
22/12/2025
0

I Gishari mu Ishuri ry’amahugurwa rya Polisi y’u Rwanda, hasojwe icyiciro cya 21 cy’amahugurwa y’abapolisi bato 1 905, barimo 337...

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
22/12/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwataye muri yombi Umuhuzabikorwa w'Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Bahame Hassan ukurikiranyweho ibyaha birimo gukora ishimishamubiri rishingiye...

Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

by radiotv10
22/12/2025
0

Hari gushakishwa abasore babiri muri batatu biraye mu ishuri ryo mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, bahengereye abanyeshuri...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Hari urujijo ku mukozi wo mu rugo w’umuhungu ukekwaho kwica uw’umukobwa bakoranaga muri Kigali

by radiotv10
22/12/2025
0

Umuhungu w’imyaka 28 usanzwe ari umukozi wo mu rugo ruherereyeye mu Murenge wa Gahanga mu Karere ka Kicukiro, ari gushakishwa...

Rusizi: Uwavuye mu rugo agiye kugura inyama yasanzwe mu mashyuza yapfuye

Rusizi: Uwavuye mu rugo agiye kugura inyama yasanzwe mu mashyuza yapfuye

by radiotv10
22/12/2025
0

Kwizera Elias w’imyaka 25 wabarizwaga mu kagari ka Kingwa ko mu murenge wa Gitambi yasanzwe mu mazi y’amashyuza mu kagari...

IZIHERUKA

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo
MU RWANDA

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

by radiotv10
22/12/2025
0

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

22/12/2025
AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

22/12/2025
I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

22/12/2025
Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

22/12/2025
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Hari urujijo ku mukozi wo mu rugo w’umuhungu ukekwaho kwica uw’umukobwa bakoranaga muri Kigali

22/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umutangabuhamya washinje Bucyibaruka yavuze ko umwana yari atwite muri Jenoside afite ihungabana kumurusha

Umutangabuhamya washinje Bucyibaruka yavuze ko umwana yari atwite muri Jenoside afite ihungabana kumurusha

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.