Tuesday, December 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ubyaza imitako y’akataraboneka mu bifatwa nk’umwanda arasaba igikwiye gushyigikirwa

radiotv10by radiotv10
19/07/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ubyaza imitako y’akataraboneka mu bifatwa nk’umwanda arasaba igikwiye gushyigikirwa
Share on FacebookShare on Twitter

Uri mu cyiciro cy’urubyiruko wo mu Murenge wa Kibungo mu Karere ka Ngoma, ukora imitako iryoheye ijisho akoresheje uduti tw’imishito tuba twavuyeho mushikaki, avuga ko agifite imbogamizi zo kutagira isoko rihagije.

Tuyisenge Cassien w’imyaka 29 y’amavuko, yabwiye RADIOTV10 ko aka kazi yagahanze mu bihe bya COVID-19 ubwo akazi ke ko kuvangavanga imiziki kahagararaga.

Ati “Igitekerezo cyaje giturutse kuba nari ndi njyenyine, turi mu rugo nkaguma nitekerezaho, ntekereza uburyo akazi kanjye kahagaze.”

Avuga ko ari bwo yatangiye gutekereza uburyo yajya abyaza umusaruro imishito, kuko yabonaga ikoreshwa rimwe ikajugunywa kandi igateza umwanda.

Ati “Nashatse uburyo nayibyaza umusaruro, ni bwo naje kujya njya mu kabari gufata imishito ndayirundanya nkayisena neza nkayikoramo utuntu tw’utuvaze.”

Iba yabaye umwanda ariko ikagira akamaro

Ni imitako inogeye ijisho, ishimwa na buri wese uyibonye, ariko isoko ryayo riracyari rito, mu gihe inzozi z’uyu musore zo ari ngari, ku buryo yifuza kwagura ibikorwa bye.

Ati “Ibintu bigera aho bikaba byinshi. Kuko intego mfite ni ukuba nakora ibintu byinshi nkabona isoko nkacuruza twese tukagura ikintu twinjiza. Ariko ubu mfite isoko rito ntabwo abantu barabimenyera, ntibaramenya ngo Made i Rwanda yacu imeze ite. Bamenyereye bya bindi by’Abashinwa.”

Tuyisenge Cassien ubu afite abakozi babiri bahoraho, bamufasha muri aka kazi ke, bakanamushimira kuba uyu murimo yahanze watumye babasha kubaho, ndetse ko na bo hari icyo bamwigiraho.

Ayikuramo imitako iryoheye ijisho

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Ngoma ushinze Iterambere ry’Ubukungu, Mapambano Nyiridandi Cyriaque yavuze ko hari ibyemerewe uyu musore kuko ibyo akora byashimwe n’inzego zo hejuru.

Ati “Ubwo hari urugendo rwa Minisitiri w’Urubyiruko yadusuraga, ku buvugizi twakoze hari ibyo bamwemereye ko hagiye kubaho imurikira i Kigali yabo aho amurika ibintu bye.”

Umuyobozi Wungirije w’Akarere avuga kandi ko ubuyobozi buri kubaka inzu ngari y’urubyiruko muri aka Karere izajya inakorerwamo imurika, ku buryo bizanafasha uyu musore kubona aho agaragariza ibikorwa bye bikanagurwa.

INKURU MU MASHUSHO

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − three =

Previous Post

Hamaganiwe kure igikorwa cyabaye mu Rwanda kibangamira ihame rikomeye ry’Abanyarwanda

Next Post

Madamu Jeannette Kagame yagaragaje ahareba abagore ariko hakiri icyuho mu kubaha ijambo

Related Posts

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

by radiotv10
02/12/2025
0

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America, byatangaje ko kuri uyu wa Kane Donald Trump yakira Perezida w’u...

Icyakozwe nyuma yuko abitwaje intwaro gakondo bateye abaturage bo mu gace kamwe mu Rwanda

Icyakozwe nyuma yuko abitwaje intwaro gakondo bateye abaturage bo mu gace kamwe mu Rwanda

by radiotv10
02/12/2025
0

Nyuma y’igisa n’igitero cyagabwe n’itsinda ry’insoresore zari zitwaje intwaro gakondo zirimo imihoro ku manywa y’ihangu mu Murenge wa Kabacuzi mu...

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Eng.-White House confirms expected Peace Agreement to be signed by Presidents Kagame and Tshisekedi

by radiotv10
02/12/2025
0

The office of the President of the United States has announced that this Thursday, Donald Trump will host the President...

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
01/12/2025
0

Perezida wa Repubulika y'u Rwanda, Paul Kagame; yashyize mu myanya abayobozi barimo Minisitiri w'Ubuhinzi mushya, n'Abanyamabanga ba Leta babiri barimo...

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

by radiotv10
01/12/2025
0

Hari abahoze ari abakozi b’Ikigo Nderabuzima cya Murara mu Karere ka Rubavu, bavuga ko bari mu gihirahiro nyuma y’uko mu...

IZIHERUKA

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza
AMAHANGA

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

by radiotv10
02/12/2025
0

AMAKURU MASHYA: Ndayishimiye yahagurutse i Burundi agiye mu muhango uzahuza Perezida Kagame na Tshisekedi

AMAKURU MASHYA: Ndayishimiye yahagurutse i Burundi agiye mu muhango uzahuza Perezida Kagame na Tshisekedi

02/12/2025
Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

02/12/2025
Icyakozwe nyuma yuko abitwaje intwaro gakondo bateye abaturage bo mu gace kamwe mu Rwanda

Icyakozwe nyuma yuko abitwaje intwaro gakondo bateye abaturage bo mu gace kamwe mu Rwanda

02/12/2025
Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Eng.-White House confirms expected Peace Agreement to be signed by Presidents Kagame and Tshisekedi

02/12/2025
Perezida Trump yongeye kuvuga ku mugambi uzatuma abo mu Bihugu bikennye badakandagira muri America

Perezida Trump yongeye kuvuga ku mugambi uzatuma abo mu Bihugu bikennye badakandagira muri America

02/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Madamu Jeannette Kagame yagaragaje ahareba abagore ariko hakiri icyuho mu kubaha ijambo

Madamu Jeannette Kagame yagaragaje ahareba abagore ariko hakiri icyuho mu kubaha ijambo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

AMAKURU MASHYA: Ndayishimiye yahagurutse i Burundi agiye mu muhango uzahuza Perezida Kagame na Tshisekedi

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.