Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ubyaza imitako y’akataraboneka mu bifatwa nk’umwanda arasaba igikwiye gushyigikirwa

radiotv10by radiotv10
19/07/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ubyaza imitako y’akataraboneka mu bifatwa nk’umwanda arasaba igikwiye gushyigikirwa
Share on FacebookShare on Twitter

Uri mu cyiciro cy’urubyiruko wo mu Murenge wa Kibungo mu Karere ka Ngoma, ukora imitako iryoheye ijisho akoresheje uduti tw’imishito tuba twavuyeho mushikaki, avuga ko agifite imbogamizi zo kutagira isoko rihagije.

Tuyisenge Cassien w’imyaka 29 y’amavuko, yabwiye RADIOTV10 ko aka kazi yagahanze mu bihe bya COVID-19 ubwo akazi ke ko kuvangavanga imiziki kahagararaga.

Ati “Igitekerezo cyaje giturutse kuba nari ndi njyenyine, turi mu rugo nkaguma nitekerezaho, ntekereza uburyo akazi kanjye kahagaze.”

Avuga ko ari bwo yatangiye gutekereza uburyo yajya abyaza umusaruro imishito, kuko yabonaga ikoreshwa rimwe ikajugunywa kandi igateza umwanda.

Ati “Nashatse uburyo nayibyaza umusaruro, ni bwo naje kujya njya mu kabari gufata imishito ndayirundanya nkayisena neza nkayikoramo utuntu tw’utuvaze.”

Iba yabaye umwanda ariko ikagira akamaro

Ni imitako inogeye ijisho, ishimwa na buri wese uyibonye, ariko isoko ryayo riracyari rito, mu gihe inzozi z’uyu musore zo ari ngari, ku buryo yifuza kwagura ibikorwa bye.

Ati “Ibintu bigera aho bikaba byinshi. Kuko intego mfite ni ukuba nakora ibintu byinshi nkabona isoko nkacuruza twese tukagura ikintu twinjiza. Ariko ubu mfite isoko rito ntabwo abantu barabimenyera, ntibaramenya ngo Made i Rwanda yacu imeze ite. Bamenyereye bya bindi by’Abashinwa.”

Tuyisenge Cassien ubu afite abakozi babiri bahoraho, bamufasha muri aka kazi ke, bakanamushimira kuba uyu murimo yahanze watumye babasha kubaho, ndetse ko na bo hari icyo bamwigiraho.

Ayikuramo imitako iryoheye ijisho

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Ngoma ushinze Iterambere ry’Ubukungu, Mapambano Nyiridandi Cyriaque yavuze ko hari ibyemerewe uyu musore kuko ibyo akora byashimwe n’inzego zo hejuru.

Ati “Ubwo hari urugendo rwa Minisitiri w’Urubyiruko yadusuraga, ku buvugizi twakoze hari ibyo bamwemereye ko hagiye kubaho imurikira i Kigali yabo aho amurika ibintu bye.”

Umuyobozi Wungirije w’Akarere avuga kandi ko ubuyobozi buri kubaka inzu ngari y’urubyiruko muri aka Karere izajya inakorerwamo imurika, ku buryo bizanafasha uyu musore kubona aho agaragariza ibikorwa bye bikanagurwa.

INKURU MU MASHUSHO

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + 3 =

Previous Post

Hamaganiwe kure igikorwa cyabaye mu Rwanda kibangamira ihame rikomeye ry’Abanyarwanda

Next Post

Madamu Jeannette Kagame yagaragaje ahareba abagore ariko hakiri icyuho mu kubaha ijambo

Related Posts

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

by radiotv10
30/01/2026
0

The Ministry of Education in partnership with MTN Rwanda, today officially launched the Digital Skills for Digital Jobs (DSDJ) initiative,...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu batatu barimo Barafinda Sekikubo Fred wigeze kwiyita Umunyapolitiki w’akataraboneka, akanajya kuri Komisiyo y’Amatora avuga ko...

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida w’Inama y’Abaminisitiri ya Togo, Faure Essozimna Gnassingbé wanahawe inshingano na Afurika Yunze Ubumwe z’ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo...

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

IZIHERUKA

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce
MU RWANDA

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

by radiotv10
30/01/2026
0

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

30/01/2026
Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

30/01/2026
Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

29/01/2026
Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Madamu Jeannette Kagame yagaragaje ahareba abagore ariko hakiri icyuho mu kubaha ijambo

Madamu Jeannette Kagame yagaragaje ahareba abagore ariko hakiri icyuho mu kubaha ijambo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.