Tuesday, November 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Ufite ubumuga bwo kutabona wakundaga The Ben banafitanye indirimbo yitabye Imana

radiotv10by radiotv10
11/04/2022
in IMYIDAGADURO
0
Ufite ubumuga bwo kutabona wakundaga The Ben banafitanye indirimbo yitabye Imana
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo witwa Hagenimana Fabien wari umufana w’umuhanzi The Ben ndetse banakoranye indirimbo, yitabye Imana azize uburwayi yari amaranye iminsi.

Hagenimana Fabien wari ufite ubumuga bwo kutabona, yamenyekanye cyane muri 2019 ubwo yahuriraga na The Ben ku Kibuga cy’Indege ubwo uyu muhanzi yari avuye muri America akakirwa n’abarimo uyu mugabo wamukundaga cyane.

Icyo gihe The Ben yaraturitse ararira kubera imbamutima z’uyu mugabo ndetse anamwizeza ko bazakorana indirimbo ndetse banabishyira mu bikorwa bakorana iyo bise ibyiringiro.

Bongeye kugaragara bari kumwe muri Kigari Arena tariki 01/01/2020 mu gitaramo gisanzwe gitangiza umwaka kizwi nka East African Party ubwo bombi baririmbanaga iyi ndirimbo.

Hagenimana ubwo yajyaga kwakira The Ben mu mpera za 2019

Gusa Hagenimana Fabien ubu ntakiri mu mwuka w’abazima kuko yitabye Imana kuri iki Cyumweru tariki 10 Mata 2022.

Umubyeyi wa nyakwigendera witwa Nyabyenda Regine avuga ko Hagenimana yabanje kurwarira mu rugo ariko akaza gukomerezwa ari byo byatumye bamujyana kwa muganga akaba yaje kwitabira Imana mu Bitaro bya Kibagabaga.

Yagize ati “Mu cyumweru gishize tubona birarushaho kuba bibi duhitamo kumujyana kwa muganga aho yari amaze icyumweru mbere y’uko yitaba Imana.”

Indirimbo ‘Ibyiringiro’ nyakwigendera yakoranye na The Ben, yumvikanagamo amagambo y’ihumure nk’aho baririmbaga bagira bati “…Uri ibyiringiro! Ntawakwizeye ngo akorwe n’isoni, oya! Uri ibyiringiro.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 − two =

Previous Post

Abamaze igihe gito bafunguwe kubera ubujura bafatiwe i Rulindo bavuye kwiba i Gicumbi

Next Post

Polisi iri gukurikirana ikibazo cy’Inka y’uwarokotse yatemwe n’abataramenyekana

Related Posts

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Hamenyekanye ibishya muri dosiye ifitanye isano n’amashusho yo mu buriri y’umuhanzi Yampano n’umukunzi

by radiotv10
24/11/2025
0

Dosiye iregwamo abakurikiranyweho ibifitanye isano n’isakara ry’amashusho y’urukozasoni y’Umuhanzi Yampano n’umukunzi we, yamaze gushyikirizwa Ubushinjacyaha, ndetse hakaba haratawe muri yombi...

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

by radiotv10
22/11/2025
0

Murindahabi Irene usanzwe areberera inyungu abaririmbyi Vestine na Dorcas, yavuze ko ubutumwa buherutse gutambuka ku rubuga nkoranyambaga rw’umwe muri aba...

Rwandan-origin contestant advances to the final stage of Miss Belgium

Rwandan-origin contestant advances to the final stage of Miss Belgium

by radiotv10
22/11/2025
0

Kyra Nkezabera, whose parents include a Rwandan father and a Belgian mother, has reached the final round of the Miss...

Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

by radiotv10
21/11/2025
0

Umuhanzi Niyo Bosco yatanze umucyo ku byatumye hari abakeka ko yaba yarabeshye abantu igihe kinini ko atabona, avuga ko amashusho...

Amakuru agezweho ku mukobwa ufite inkomoko mu Rwanda uri guhatana muri Miss Belgium

Amakuru agezweho ku mukobwa ufite inkomoko mu Rwanda uri guhatana muri Miss Belgium

by radiotv10
21/11/2025
0

Kyra Nkezabera ukomoka ku babyeyi barimo Umunyarwanda, uri guhatanira ikamba rya Miss w’u Bubiligi (Miss Belgium), yageze mu cyiciro cya...

IZIHERUKA

Icyo umunyabigwi muri ruhago y’u Rwanda Haruna avuga ku gutsindwa kw’amakipe akomeye arimo Rayon
FOOTBALL

Icyo umunyabigwi muri ruhago y’u Rwanda Haruna avuga ku gutsindwa kw’amakipe akomeye arimo Rayon

by radiotv10
25/11/2025
0

Hadutse udusimba twatumye bamwe batangira kwikanga inzara

Hadutse udusimba twatumye bamwe batangira kwikanga inzara

25/11/2025
Imiterere mishya ya Michelle Madamu wa Obama wayoboye America yazamuye impaka z’urudaca

Imiterere mishya ya Michelle Madamu wa Obama wayoboye America yazamuye impaka z’urudaca

25/11/2025
Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

25/11/2025
Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

25/11/2025
Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

25/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Polisi iri gukurikirana ikibazo cy’Inka y’uwarokotse yatemwe n’abataramenyekana

Polisi iri gukurikirana ikibazo cy’Inka y’uwarokotse yatemwe n’abataramenyekana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo umunyabigwi muri ruhago y’u Rwanda Haruna avuga ku gutsindwa kw’amakipe akomeye arimo Rayon

Hadutse udusimba twatumye bamwe batangira kwikanga inzara

Imiterere mishya ya Michelle Madamu wa Obama wayoboye America yazamuye impaka z’urudaca

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.