Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uganda Airlines yongereye ingendo zerecyeza DRCongo mu kuziba icyuho ihagarikwa rya RwandAir

radiotv10by radiotv10
06/06/2022
in MU RWANDA
0
Uganda Airlines yongereye ingendo zerecyeza DRCongo mu kuziba icyuho ihagarikwa rya RwandAir
Share on FacebookShare on Twitter

Uganda Airlines yongereye umubare w’ingendo zerecyeza muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nyuma y’uko iki Gihugu gihagaritse RwandAir kwerecyezayo mu rwego rwo guhana u Rwanda.

Icyemezo cyo guhagarika ingendo za RwandAir, cyafatiwe mu nama idasanzwe y’Akanama gashinzwe umutekano muri DRC yabaye tariki 27 Gicurasi 2022 iyobowe na Perezida Félix Tshisekdi.

Iyi nama yafatiwemo ibyemezo birimo ibishinja u Rwanda mu buryo bweruye ko rutera inkunga umutwe wa M23 uherutse kubura imirwano, yanemeje ko uyu mutwe ari uw’iterabwoba.

Nyuma y’icyumweru kimwe hafashwe iki cyemezo gihagarika RwandAir yari isanzwe ijya mu byerecyezo bitatu birimo i Goma, Kinshasa na Lubumbashi, sosiyete y’Indege ya Uganda, Uganda Airlines yongereye umubare w’ingendo yakoreraga muri DRC ziba eshanu.

Minisiteri ishinzwe ibikorwa by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba muri Uganda, yatangaje ko Uganda Airlines yongereye umubare w’ingendo ndetse n’urugendo rwo gutwara aho igiye kongera n’ibice yerecyezamo birimo na Goma.

The expansion of flights of @UG_Airlines will as well ease movement of both goods and the people thereby facilitating growth amd expasion of formal trade. @DRC_Cord #UGDRCBIZNESSUMIT pic.twitter.com/yJ7LoKyOxG

— #Ministry of EAC Affairs (@meaca_ug) June 6, 2022

Iyi minisiteri ivuga ko uku kongera umubare w’ingendo za Uganda Airlines bizongera urujya n’uruza rw’abantu n’ibindi ndetse bikazamura n’urwego rw’ubucuruzi.

Abasesenguzi mu bijyanye n’ubukungu, bavuga ko uku kongera umubare w’ingendo za Uganda Airlines zerecyeza muri DRCongo, bizagabanya icyuho kizaterwa n’ihagarikwa rya RwandAir.

Bavuga ko nk’umucuruzi wakundaga kugirira ingendo muri DRC aturutse mu Rwanda azoroherwa no kujyayo kuko RwandAir isanzwe ijya i Entebbe bityo ko azajya ahita afata Uganda Airlines agahita yerecyeza muri DRC.

Umwe mu basesenguzi avuga ko nubwo igiciro cy’urugendo kizazamuka ariko ko atari kimwe no kuba atabasha kujyayo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five − 4 =

Previous Post

Kigali: Ahazwi nko mu Migina imodoka yari iparitse yaguramanye abantu bayoberwa ibibaye

Next Post

Gufunga n’abibye inkoko cyangwa igitoki, imwe mu mpamvu y’ubucucike mu magereza- CLADHO

Related Posts

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

Why Some People Feel Tired After Socializing

Why Some People Feel Tired After Socializing

by radiotv10
22/01/2026
0

Have you ever spent time with friends or attended a social event, then felt extremely tired afterward? This is very...

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

IZIHERUKA

Haravugwa ikibazo cyateye ihungabana rikomeye ry’uburezi mu Burundi
AMAHANGA

Haravugwa ikibazo cyateye ihungabana rikomeye ry’uburezi mu Burundi

by radiotv10
22/01/2026
0

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

22/01/2026
Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

22/01/2026
Why Some People Feel Tired After Socializing

Why Some People Feel Tired After Socializing

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Gufunga n’abibye inkoko cyangwa igitoki, imwe mu mpamvu y’ubucucike mu magereza- CLADHO

Gufunga n'abibye inkoko cyangwa igitoki, imwe mu mpamvu y'ubucucike mu magereza- CLADHO

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Haravugwa ikibazo cyateye ihungabana rikomeye ry’uburezi mu Burundi

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.