Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uganda Airlines yongereye ingendo zerecyeza DRCongo mu kuziba icyuho ihagarikwa rya RwandAir

radiotv10by radiotv10
06/06/2022
in MU RWANDA
0
Uganda Airlines yongereye ingendo zerecyeza DRCongo mu kuziba icyuho ihagarikwa rya RwandAir
Share on FacebookShare on Twitter

Uganda Airlines yongereye umubare w’ingendo zerecyeza muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nyuma y’uko iki Gihugu gihagaritse RwandAir kwerecyezayo mu rwego rwo guhana u Rwanda.

Icyemezo cyo guhagarika ingendo za RwandAir, cyafatiwe mu nama idasanzwe y’Akanama gashinzwe umutekano muri DRC yabaye tariki 27 Gicurasi 2022 iyobowe na Perezida Félix Tshisekdi.

Iyi nama yafatiwemo ibyemezo birimo ibishinja u Rwanda mu buryo bweruye ko rutera inkunga umutwe wa M23 uherutse kubura imirwano, yanemeje ko uyu mutwe ari uw’iterabwoba.

Nyuma y’icyumweru kimwe hafashwe iki cyemezo gihagarika RwandAir yari isanzwe ijya mu byerecyezo bitatu birimo i Goma, Kinshasa na Lubumbashi, sosiyete y’Indege ya Uganda, Uganda Airlines yongereye umubare w’ingendo yakoreraga muri DRC ziba eshanu.

Minisiteri ishinzwe ibikorwa by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba muri Uganda, yatangaje ko Uganda Airlines yongereye umubare w’ingendo ndetse n’urugendo rwo gutwara aho igiye kongera n’ibice yerecyezamo birimo na Goma.

The expansion of flights of @UG_Airlines will as well ease movement of both goods and the people thereby facilitating growth amd expasion of formal trade. @DRC_Cord #UGDRCBIZNESSUMIT pic.twitter.com/yJ7LoKyOxG

— #Ministry of EAC Affairs (@meaca_ug) June 6, 2022

Iyi minisiteri ivuga ko uku kongera umubare w’ingendo za Uganda Airlines bizongera urujya n’uruza rw’abantu n’ibindi ndetse bikazamura n’urwego rw’ubucuruzi.

Abasesenguzi mu bijyanye n’ubukungu, bavuga ko uku kongera umubare w’ingendo za Uganda Airlines zerecyeza muri DRCongo, bizagabanya icyuho kizaterwa n’ihagarikwa rya RwandAir.

Bavuga ko nk’umucuruzi wakundaga kugirira ingendo muri DRC aturutse mu Rwanda azoroherwa no kujyayo kuko RwandAir isanzwe ijya i Entebbe bityo ko azajya ahita afata Uganda Airlines agahita yerecyeza muri DRC.

Umwe mu basesenguzi avuga ko nubwo igiciro cy’urugendo kizazamuka ariko ko atari kimwe no kuba atabasha kujyayo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + 12 =

Previous Post

Kigali: Ahazwi nko mu Migina imodoka yari iparitse yaguramanye abantu bayoberwa ibibaye

Next Post

Gufunga n’abibye inkoko cyangwa igitoki, imwe mu mpamvu y’ubucucike mu magereza- CLADHO

Related Posts

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
25/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

25/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Gufunga n’abibye inkoko cyangwa igitoki, imwe mu mpamvu y’ubucucike mu magereza- CLADHO

Gufunga n'abibye inkoko cyangwa igitoki, imwe mu mpamvu y'ubucucike mu magereza- CLADHO

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.