Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uganda Airlines yongereye ingendo zerecyeza DRCongo mu kuziba icyuho ihagarikwa rya RwandAir

radiotv10by radiotv10
06/06/2022
in MU RWANDA
0
Uganda Airlines yongereye ingendo zerecyeza DRCongo mu kuziba icyuho ihagarikwa rya RwandAir
Share on FacebookShare on Twitter

Uganda Airlines yongereye umubare w’ingendo zerecyeza muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nyuma y’uko iki Gihugu gihagaritse RwandAir kwerecyezayo mu rwego rwo guhana u Rwanda.

Icyemezo cyo guhagarika ingendo za RwandAir, cyafatiwe mu nama idasanzwe y’Akanama gashinzwe umutekano muri DRC yabaye tariki 27 Gicurasi 2022 iyobowe na Perezida Félix Tshisekdi.

Iyi nama yafatiwemo ibyemezo birimo ibishinja u Rwanda mu buryo bweruye ko rutera inkunga umutwe wa M23 uherutse kubura imirwano, yanemeje ko uyu mutwe ari uw’iterabwoba.

Nyuma y’icyumweru kimwe hafashwe iki cyemezo gihagarika RwandAir yari isanzwe ijya mu byerecyezo bitatu birimo i Goma, Kinshasa na Lubumbashi, sosiyete y’Indege ya Uganda, Uganda Airlines yongereye umubare w’ingendo yakoreraga muri DRC ziba eshanu.

Minisiteri ishinzwe ibikorwa by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba muri Uganda, yatangaje ko Uganda Airlines yongereye umubare w’ingendo ndetse n’urugendo rwo gutwara aho igiye kongera n’ibice yerecyezamo birimo na Goma.

The expansion of flights of @UG_Airlines will as well ease movement of both goods and the people thereby facilitating growth amd expasion of formal trade. @DRC_Cord #UGDRCBIZNESSUMIT pic.twitter.com/yJ7LoKyOxG

— #Ministry of EAC Affairs (@meaca_ug) June 6, 2022

Iyi minisiteri ivuga ko uku kongera umubare w’ingendo za Uganda Airlines bizongera urujya n’uruza rw’abantu n’ibindi ndetse bikazamura n’urwego rw’ubucuruzi.

Abasesenguzi mu bijyanye n’ubukungu, bavuga ko uku kongera umubare w’ingendo za Uganda Airlines zerecyeza muri DRCongo, bizagabanya icyuho kizaterwa n’ihagarikwa rya RwandAir.

Bavuga ko nk’umucuruzi wakundaga kugirira ingendo muri DRC aturutse mu Rwanda azoroherwa no kujyayo kuko RwandAir isanzwe ijya i Entebbe bityo ko azajya ahita afata Uganda Airlines agahita yerecyeza muri DRC.

Umwe mu basesenguzi avuga ko nubwo igiciro cy’urugendo kizazamuka ariko ko atari kimwe no kuba atabasha kujyayo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + 17 =

Previous Post

Kigali: Ahazwi nko mu Migina imodoka yari iparitse yaguramanye abantu bayoberwa ibibaye

Next Post

Gufunga n’abibye inkoko cyangwa igitoki, imwe mu mpamvu y’ubucucike mu magereza- CLADHO

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

IZIHERUKA

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse
MU RWANDA

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Gufunga n’abibye inkoko cyangwa igitoki, imwe mu mpamvu y’ubucucike mu magereza- CLADHO

Gufunga n'abibye inkoko cyangwa igitoki, imwe mu mpamvu y'ubucucike mu magereza- CLADHO

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.