• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Uganda: Ibiro by’Umuyobozi uri muri batanu bakomeye mu Gihugu byafashwe n’inkongi y’Umuriro

radiotv10by radiotv10
27/04/2022
in Uncategorized
0
Uganda: Ibiro by’Umuyobozi uri muri batanu bakomeye mu Gihugu byafashwe n’inkongi y’Umuriro
Share on FacebookShare on Twitter

Ibiro bya Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga rwa Uganda, biri mu nyubako ikoreramo uru rukiko iherereye i Kalolo muri Kampala, byafashwe n’inkongi y’umuriro itaramenyekana icyayiteye.

Ikinyamakuru New Vision dukesha aya makuru, kivuga ko ibi biro bya Alfonse Owiny Dollo byafashwe n’inkongi mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 27 Mata 2022.

Ibikoresho byari mu biro by’uyu muyobozi uri mu bakomeye ku rwego rw’Igihugu, byahiye birakongoka gusa nta muntu wagiriyemo ikibazo.

Kugeza ubu icyateye iyi nkongi ntikiramenyekana, gusa itsinda rishinzwe kuzimya inkongi ryihutiye kuhagera rirawuzimya ndetse hahita hatangira iperereza ku cyaba cyayiteye.

Abakozi b’uru rukiko rusumba izindi muri Uganda, bahise basohoka ndetse biravugwa ko ubu batari gukorera mu biro byabo nyuma y’iyi nkongi yafashe ibiro bya Perezida w’uru rukiko.

Ishami rishinzwe itumanaho mu Rukiko rw’Ikirenga, ryatangaje ko riza gushyira hanze itangazo rivuga iby’iki kibazo cyabayeho.

Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga ari mu bayobozi batanu bakomeye mu Gihugu aho muri Uganda, ari ku mwanya wa gatanu uhereye kuri Perezida.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven − five =

Previous Post

DRCongo: Rwongeye kwambikana hagati ya M23 na FARDC

Next Post

Icyatumye umutoza wa rayon afata umweyo agakubura cyamenyekanye

Related Posts

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

by radiotv10
18/05/2026
0

Umupira w’amaguru w’abari n’abategarugori urabyinira ku rukoma kubera amafaranga ari gushyirwamo, guhera ku bihembo amakipe ari gutsindira. Mu kiciro cya...

How to spend money wisely and build a better financial future

How to spend money wisely and build a better financial future

by radiotv10
07/05/2026
0

Most people think their future depends on how much money they will make one day. But in reality, your future...

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

Next Post
Icyatumye umutoza wa rayon afata umweyo agakubura cyamenyekanye

Icyatumye umutoza wa rayon afata umweyo agakubura cyamenyekanye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.