Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uganda: Impanuka idasanzwe y’imodoka iherekeza Museveni yagonze umumotari wari utwaye abagenzi 2

radiotv10by radiotv10
13/09/2022
in MU RWANDA
0
Uganda: Impanuka idasanzwe y’imodoka iherekeza Museveni yagonze umumotari wari utwaye abagenzi 2
Share on FacebookShare on Twitter

Imwe mu modoka ziherekeza Perezida Yoweri Museveni wa Uganda, yagonze abantu batatu bari kuri moto, ihita ikomeza urugendo, none abamotari bibukijwe kujya bahigamira imodoka z’Umukuru w’Igihugu.

Iyi mpanuka yabaye kuri uyu wa Mbere ahitwa Ssentema ubwo umumotari wari utwaye abagenzi babiri, yagongwaga n’imwe mu modoka yari muri convoy ya Museveni.

Umwe mu babonye iyi mpanuka, yavuze ko uyu mumotari wari utwaye abagenzi babiri ari we wari mu makosa kuko yashatse gukomeza urugendo nyamara ibindi binyabiziga byari byahagaze.

Yagize ati “Mu gihe izindi modoka zari zahagaze, umumotari yakomeje urugendo ashaka kujya imbere y’imodoka yari imbere yagendaga ibuza izindi guhagarara. Umumotari yagiye ahita agwa muri convoy.”

Iyi mpanuka yahise ikomerekeramo abantu batatu barimo umumotari wari utwaye moto ndetse n’abagenzi babiri yari atwaye, bose bahise boherezwa mu Bitaro bya Mulago na Mengo kugira ngo bitabweho.

Amashusho yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga, agaragaza abantu batatu baryamye mu muhanda rwagati ndetse na moto bose nta n’umwe unyeganyega.

Umuvugizi w’itsinda ry’abasirikare bashinzwe kurinda Perezida Museveni rizwi nka SFC (Special Forces Command), Maj Dennis Omara yemeje amakuru y’iyi mpanuka.

Yagize ati “Yego ni byo ni ukuri, imwe mu modoka yakoze impanuka hagati ya saa tanu z’amanywa na saa sita. Abantu batatu bakomeretse.”

Maj Dennis Omara yavuze ko ari bo bari kuvuza abo bantu kandi ko bazishyura amafaranga y’ubuvuzi bazahabwa.

Yagize ati “Turi gukurikirana uko bamerewe kandi tuzanakurikirana ko bahawe ubuvuzi bwose bwa ngomwa. Ikindi tuzakurikirana ko bavuye mu bitaro bamerewe neza.”

Yaboneyeho kugenera ubutumwa abamotari, ati “Ubutumwa ku bamotari n’abashoferi bose muri rusange bagomba kubahiriza amategeko igihe cyose hari ubwihutire. Bagomba guhigamira convoy ya Perezida.”

Yabibukije ko imodoka z’umukuru w’Igihugu zifite uburenganzira zemererwa n’amategeko ko zigomba guhabwa inzira mu gihe ziri mu muhanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 5 =

Previous Post

U Rwanda ruzohereze ingabo zitazarenga umupaka warwo-Lutundula abajijwe niba RDF koko itazajya DRC

Next Post

Yasezeye Ubupadiri ajya gushyigikira ibyo gushaka abagore benshi ngo Imana yabimuhishuriye

Related Posts

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

by radiotv10
26/01/2026
0

Uzwi nka Prophet Joshua uherutse gufungwa akurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro k’ifaranga ry’Igihugu kubera ibikorwa yakunze kugaragaramo anyanyagiza amafaranga ayaha...

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

by radiotv10
26/01/2026
0

Ukoresha izina rya Atanya ku rubuga nkoranyambaga rwa TikTok, wavuze ko urubyiruko rw’u Rwanda rukennye bigakurikirwa n'impaka, yavuze ko ariya...

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

by radiotv10
26/01/2026
0

Journaling is the habit of writing down your thoughts, feelings, and experiences. It may look simple, but it has many...

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

by radiotv10
26/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi b’icyayi bo muri Pfunda mu Karere ka Rutsiro bashengurwa no kuba bagurirwa umusaruro wabo ku giciro cyo...

IZIHERUKA

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)
AMAHANGA

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

by radiotv10
26/01/2026
0

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

26/01/2026
Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

26/01/2026
Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Yasezeye Ubupadiri ajya gushyigikira ibyo gushaka abagore benshi ngo Imana yabimuhishuriye

Yasezeye Ubupadiri ajya gushyigikira ibyo gushaka abagore benshi ngo Imana yabimuhishuriye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.