Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uganda: Impanuka idasanzwe y’imodoka iherekeza Museveni yagonze umumotari wari utwaye abagenzi 2

radiotv10by radiotv10
13/09/2022
in MU RWANDA
0
Uganda: Impanuka idasanzwe y’imodoka iherekeza Museveni yagonze umumotari wari utwaye abagenzi 2
Share on FacebookShare on Twitter

Imwe mu modoka ziherekeza Perezida Yoweri Museveni wa Uganda, yagonze abantu batatu bari kuri moto, ihita ikomeza urugendo, none abamotari bibukijwe kujya bahigamira imodoka z’Umukuru w’Igihugu.

Iyi mpanuka yabaye kuri uyu wa Mbere ahitwa Ssentema ubwo umumotari wari utwaye abagenzi babiri, yagongwaga n’imwe mu modoka yari muri convoy ya Museveni.

Umwe mu babonye iyi mpanuka, yavuze ko uyu mumotari wari utwaye abagenzi babiri ari we wari mu makosa kuko yashatse gukomeza urugendo nyamara ibindi binyabiziga byari byahagaze.

Yagize ati “Mu gihe izindi modoka zari zahagaze, umumotari yakomeje urugendo ashaka kujya imbere y’imodoka yari imbere yagendaga ibuza izindi guhagarara. Umumotari yagiye ahita agwa muri convoy.”

Iyi mpanuka yahise ikomerekeramo abantu batatu barimo umumotari wari utwaye moto ndetse n’abagenzi babiri yari atwaye, bose bahise boherezwa mu Bitaro bya Mulago na Mengo kugira ngo bitabweho.

Amashusho yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga, agaragaza abantu batatu baryamye mu muhanda rwagati ndetse na moto bose nta n’umwe unyeganyega.

Umuvugizi w’itsinda ry’abasirikare bashinzwe kurinda Perezida Museveni rizwi nka SFC (Special Forces Command), Maj Dennis Omara yemeje amakuru y’iyi mpanuka.

Yagize ati “Yego ni byo ni ukuri, imwe mu modoka yakoze impanuka hagati ya saa tanu z’amanywa na saa sita. Abantu batatu bakomeretse.”

Maj Dennis Omara yavuze ko ari bo bari kuvuza abo bantu kandi ko bazishyura amafaranga y’ubuvuzi bazahabwa.

Yagize ati “Turi gukurikirana uko bamerewe kandi tuzanakurikirana ko bahawe ubuvuzi bwose bwa ngomwa. Ikindi tuzakurikirana ko bavuye mu bitaro bamerewe neza.”

Yaboneyeho kugenera ubutumwa abamotari, ati “Ubutumwa ku bamotari n’abashoferi bose muri rusange bagomba kubahiriza amategeko igihe cyose hari ubwihutire. Bagomba guhigamira convoy ya Perezida.”

Yabibukije ko imodoka z’umukuru w’Igihugu zifite uburenganzira zemererwa n’amategeko ko zigomba guhabwa inzira mu gihe ziri mu muhanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + 9 =

Previous Post

U Rwanda ruzohereze ingabo zitazarenga umupaka warwo-Lutundula abajijwe niba RDF koko itazajya DRC

Next Post

Yasezeye Ubupadiri ajya gushyigikira ibyo gushaka abagore benshi ngo Imana yabimuhishuriye

Related Posts

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, riratangaza ko abantu 92 bafashwe ku minsi mikuru ya Noheli...

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Yasezeye Ubupadiri ajya gushyigikira ibyo gushaka abagore benshi ngo Imana yabimuhishuriye

Yasezeye Ubupadiri ajya gushyigikira ibyo gushaka abagore benshi ngo Imana yabimuhishuriye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.