Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uganda: Impanuka idasanzwe y’imodoka iherekeza Museveni yagonze umumotari wari utwaye abagenzi 2

radiotv10by radiotv10
13/09/2022
in MU RWANDA
0
Uganda: Impanuka idasanzwe y’imodoka iherekeza Museveni yagonze umumotari wari utwaye abagenzi 2
Share on FacebookShare on Twitter

Imwe mu modoka ziherekeza Perezida Yoweri Museveni wa Uganda, yagonze abantu batatu bari kuri moto, ihita ikomeza urugendo, none abamotari bibukijwe kujya bahigamira imodoka z’Umukuru w’Igihugu.

Iyi mpanuka yabaye kuri uyu wa Mbere ahitwa Ssentema ubwo umumotari wari utwaye abagenzi babiri, yagongwaga n’imwe mu modoka yari muri convoy ya Museveni.

Umwe mu babonye iyi mpanuka, yavuze ko uyu mumotari wari utwaye abagenzi babiri ari we wari mu makosa kuko yashatse gukomeza urugendo nyamara ibindi binyabiziga byari byahagaze.

Yagize ati “Mu gihe izindi modoka zari zahagaze, umumotari yakomeje urugendo ashaka kujya imbere y’imodoka yari imbere yagendaga ibuza izindi guhagarara. Umumotari yagiye ahita agwa muri convoy.”

Iyi mpanuka yahise ikomerekeramo abantu batatu barimo umumotari wari utwaye moto ndetse n’abagenzi babiri yari atwaye, bose bahise boherezwa mu Bitaro bya Mulago na Mengo kugira ngo bitabweho.

Amashusho yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga, agaragaza abantu batatu baryamye mu muhanda rwagati ndetse na moto bose nta n’umwe unyeganyega.

Umuvugizi w’itsinda ry’abasirikare bashinzwe kurinda Perezida Museveni rizwi nka SFC (Special Forces Command), Maj Dennis Omara yemeje amakuru y’iyi mpanuka.

Yagize ati “Yego ni byo ni ukuri, imwe mu modoka yakoze impanuka hagati ya saa tanu z’amanywa na saa sita. Abantu batatu bakomeretse.”

Maj Dennis Omara yavuze ko ari bo bari kuvuza abo bantu kandi ko bazishyura amafaranga y’ubuvuzi bazahabwa.

Yagize ati “Turi gukurikirana uko bamerewe kandi tuzanakurikirana ko bahawe ubuvuzi bwose bwa ngomwa. Ikindi tuzakurikirana ko bavuye mu bitaro bamerewe neza.”

Yaboneyeho kugenera ubutumwa abamotari, ati “Ubutumwa ku bamotari n’abashoferi bose muri rusange bagomba kubahiriza amategeko igihe cyose hari ubwihutire. Bagomba guhigamira convoy ya Perezida.”

Yabibukije ko imodoka z’umukuru w’Igihugu zifite uburenganzira zemererwa n’amategeko ko zigomba guhabwa inzira mu gihe ziri mu muhanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − five =

Previous Post

U Rwanda ruzohereze ingabo zitazarenga umupaka warwo-Lutundula abajijwe niba RDF koko itazajya DRC

Next Post

Yasezeye Ubupadiri ajya gushyigikira ibyo gushaka abagore benshi ngo Imana yabimuhishuriye

Related Posts

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yakiriye mu Biro bye, abarimo Prof. Dong-Sup Yoon usanzwe ari Perezida wa Yonsei University, Kaminuza yo muri...

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

by radiotv10
27/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yamaze gutanga ikirego mu Rukiko Ruhoraho rushinzwe Ubukemurampaka, iregamo iy’u Bwongereza nyuma yo guhagarika amasezerano Ibihugu byombi...

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

by radiotv10
27/01/2026
0

Brigadier General Godfrey Gasana wahoze ari Umugaba Wungirije w’Ingabo zirwanira mu Kirere akaba aherutse kugirwa Umupilote wihariye wa Perezida wa...

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza, Bill na Joyce Cummings; ndetse n’abagira uruhare...

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

by radiotv10
27/01/2026
0

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) ku bufatanye n’Ihuriro ry’Imiryango itari iya Leta, bari mu bukangurambaga bwo gukumira indwara zititaweho, zirimo...

IZIHERUKA

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi
IMYIDAGADURO

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

27/01/2026
Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

27/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

27/01/2026
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

27/01/2026
Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Yasezeye Ubupadiri ajya gushyigikira ibyo gushaka abagore benshi ngo Imana yabimuhishuriye

Yasezeye Ubupadiri ajya gushyigikira ibyo gushaka abagore benshi ngo Imana yabimuhishuriye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.