Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Uganda: Minisitiri yari arasiwe ahakorerwa ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro Imana ikinga akaboko

radiotv10by radiotv10
20/06/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Uganda: Minisitiri yari arasiwe ahakorerwa ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro Imana ikinga akaboko
Share on FacebookShare on Twitter

Hon. Phiona Nyamutoro uherutse kugirwa Minisitiri w’Ingufu n’Iterambere ry’Ubucukuzi bw’Amabuye y’Agaciro muri Uganda, yarusimbutse, nyuma y’uko abacunga umutekano w’ikirombe yari yasuye, bamurekuriyeho urufaya rw’amasasu.

Ibi byabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 20 Kamena 2024, ubwo yari mu kazi ke k’igenzura riri gukorerwa ibigo bikora mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro bivugwaho kuba hari ibikora mu buryo budakurikije amategeko.

Yarashwe n’abacunga umutekano bigenga ba Kompanyi yitwa National Cement Company isanzwe ari iya Sosiyete ya Devki Group, mu Karere ka Kisoro, bivugwa ko ikora ibikorwa binyuranyije n’amategeko.

Uwabonye ibi biba, yavuze ko ubwo Minisitiri Phiona Nyamutoro n’itsinda bari kumwe bageraga ku cyicaro cy’iyi kompanyi, abashinzwe kuhacungira umutekano bari bamaze guhabwa amabwiriza yo kubarasa, bagahita barekura urufaya rw’amasasu.

Abashinzwe umutekano bari barinze Minisitiri, bahise bahagoboka, bahita banambura imbunda aba bacunga umutekano kuri iki kigo, bahita banabata muri yombi.

Minisitiri Phiona Nyamutoro wavuze kuri uru rugomo yakorewe, yagize ati “Amasasu yari mu cyumba, bari bamaze guhabwa amabwiriza n’abayobozi babo yo kuturasa. Kandi twari mu nshingano zacu. Ibi birasekeje. Yewe n’abayobozi b’iki kigo cy’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bagomba gutabwa muri yombi.”

Inzego z’ibanze muri aka gace, zatangaje ko iki kibazo cyahise gicungwa neza, ndetse Minisitiri akaba ameze neza, hakaba hahise hatangira imperereza kuri uru rugomo rwakorewe Minisitiri ndetse no ku bikorwa by’iyi kompanyi.

Iyi kompanyi ya National Cement Company isanzwe ivugwaho gukora ibikorwa binyuranyije n’amategeko birimo ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bwangize ibidukije ndetse bunabangamira abaturage.

Hon. Nyamutoro yahise ategeka ko ibikorwa by’iyi kompanyi biba bihagaze, kugeza igihe iperereza rizaba rirangiye, ndetse asaba Guverinoma gufatira ibyemezo bikarishye aba bashatse kumwivugana.

Amashusho yashyizwe ku mbuga nkoranyambaga, agaragaza abapolisi bafashe aba bacunga umutekano kuri iyi kompanyi babicaje hasi, babaza impamvu batinyutse bagashaka kwivugana Minisitiri.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + six =

Previous Post

Umuryango ukomeye wagaragaje uko ubona Congo yitwara mu bibazo n’impungenge ufite igihe MONUSCO yagenda

Next Post

Iby’ingenzi wamenya ku mpumeko y’amatora ya Perezida w’u Rwanda abura igihe gito akaba

Related Posts

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

by radiotv10
12/01/2026
0

Umutwe w'inyeshyamba uzwi nka Bakata Katanga wakozanyijeho n'igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), mu mirwano yabereye mu gace...

America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga

America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga

by radiotv10
12/01/2026
0

Mu gihe imyigaragambyo ikomeje kuba hirya no hino muri Iran yinjiraga mu cyumweru cya gatatu, Tehran yatanze umuburo ko izihorera...

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

by radiotv10
09/01/2026
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo, is reportedly strengthening its presence in the...

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ka Mpety, muri...

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Olive Lembe Kabila, Madamu wa Joseph Kabila wari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Abanyekongo, gukora amasengesho yo...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Iby’ingenzi wamenya ku mpumeko y’amatora ya Perezida w’u Rwanda abura igihe gito akaba

Iby’ingenzi wamenya ku mpumeko y’amatora ya Perezida w’u Rwanda abura igihe gito akaba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.