Monday, December 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Uganda: Minisitiri yari arasiwe ahakorerwa ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro Imana ikinga akaboko

radiotv10by radiotv10
20/06/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Uganda: Minisitiri yari arasiwe ahakorerwa ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro Imana ikinga akaboko
Share on FacebookShare on Twitter

Hon. Phiona Nyamutoro uherutse kugirwa Minisitiri w’Ingufu n’Iterambere ry’Ubucukuzi bw’Amabuye y’Agaciro muri Uganda, yarusimbutse, nyuma y’uko abacunga umutekano w’ikirombe yari yasuye, bamurekuriyeho urufaya rw’amasasu.

Ibi byabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 20 Kamena 2024, ubwo yari mu kazi ke k’igenzura riri gukorerwa ibigo bikora mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro bivugwaho kuba hari ibikora mu buryo budakurikije amategeko.

Yarashwe n’abacunga umutekano bigenga ba Kompanyi yitwa National Cement Company isanzwe ari iya Sosiyete ya Devki Group, mu Karere ka Kisoro, bivugwa ko ikora ibikorwa binyuranyije n’amategeko.

Uwabonye ibi biba, yavuze ko ubwo Minisitiri Phiona Nyamutoro n’itsinda bari kumwe bageraga ku cyicaro cy’iyi kompanyi, abashinzwe kuhacungira umutekano bari bamaze guhabwa amabwiriza yo kubarasa, bagahita barekura urufaya rw’amasasu.

Abashinzwe umutekano bari barinze Minisitiri, bahise bahagoboka, bahita banambura imbunda aba bacunga umutekano kuri iki kigo, bahita banabata muri yombi.

Minisitiri Phiona Nyamutoro wavuze kuri uru rugomo yakorewe, yagize ati “Amasasu yari mu cyumba, bari bamaze guhabwa amabwiriza n’abayobozi babo yo kuturasa. Kandi twari mu nshingano zacu. Ibi birasekeje. Yewe n’abayobozi b’iki kigo cy’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bagomba gutabwa muri yombi.”

Inzego z’ibanze muri aka gace, zatangaje ko iki kibazo cyahise gicungwa neza, ndetse Minisitiri akaba ameze neza, hakaba hahise hatangira imperereza kuri uru rugomo rwakorewe Minisitiri ndetse no ku bikorwa by’iyi kompanyi.

Iyi kompanyi ya National Cement Company isanzwe ivugwaho gukora ibikorwa binyuranyije n’amategeko birimo ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bwangize ibidukije ndetse bunabangamira abaturage.

Hon. Nyamutoro yahise ategeka ko ibikorwa by’iyi kompanyi biba bihagaze, kugeza igihe iperereza rizaba rirangiye, ndetse asaba Guverinoma gufatira ibyemezo bikarishye aba bashatse kumwivugana.

Amashusho yashyizwe ku mbuga nkoranyambaga, agaragaza abapolisi bafashe aba bacunga umutekano kuri iyi kompanyi babicaje hasi, babaza impamvu batinyutse bagashaka kwivugana Minisitiri.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + 7 =

Previous Post

Umuryango ukomeye wagaragaje uko ubona Congo yitwara mu bibazo n’impungenge ufite igihe MONUSCO yagenda

Next Post

Iby’ingenzi wamenya ku mpumeko y’amatora ya Perezida w’u Rwanda abura igihe gito akaba

Related Posts

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

by radiotv10
29/12/2025
0

Ubuyobozi Bukuru bw’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) bwitandukanyije n'amagambo ya Major General Sylvain Ekenge Bomusa Efomi wari...

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

by radiotv10
29/12/2025
0

The High Command of the Armed Forces of the Democratic Republic of Congo (FARDC) has distanced itself from the hate...

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

by radiotv10
29/12/2025
0

Amakuru aturuka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga ko Maj Gen Sylvain Ekenge wari Umuvugizi w'Igisirikare cy'iki Gihugu-FARDC, yahagaritswe...

Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
29/12/2025
0

Abantu banyuranye barimo Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, bamaganye imvugo yuzuye ingengabitekerezo mbi y’Umuvugizi wa FARDC, Maj Gen Sylvain Ekenge...

Eng.-FARDC spokesperson Maj. Gen. Ekenge suspended following widely criticized remarks

Eng.-FARDC spokesperson Maj. Gen. Ekenge suspended following widely criticized remarks

by radiotv10
29/12/2025
0

Reports from the Democratic Republic of Congo indicate that Major General Sylvain Ekenge, the Spokesperson of the Armed Forces of...

IZIHERUKA

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe
AMAHANGA

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

by radiotv10
29/12/2025
0

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

29/12/2025
Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

29/12/2025
BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

29/12/2025
Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

29/12/2025
Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

29/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Iby’ingenzi wamenya ku mpumeko y’amatora ya Perezida w’u Rwanda abura igihe gito akaba

Iby’ingenzi wamenya ku mpumeko y’amatora ya Perezida w’u Rwanda abura igihe gito akaba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.