Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Uganda: Minisitiri yari arasiwe ahakorerwa ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro Imana ikinga akaboko

radiotv10by radiotv10
20/06/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Uganda: Minisitiri yari arasiwe ahakorerwa ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro Imana ikinga akaboko
Share on FacebookShare on Twitter

Hon. Phiona Nyamutoro uherutse kugirwa Minisitiri w’Ingufu n’Iterambere ry’Ubucukuzi bw’Amabuye y’Agaciro muri Uganda, yarusimbutse, nyuma y’uko abacunga umutekano w’ikirombe yari yasuye, bamurekuriyeho urufaya rw’amasasu.

Ibi byabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 20 Kamena 2024, ubwo yari mu kazi ke k’igenzura riri gukorerwa ibigo bikora mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro bivugwaho kuba hari ibikora mu buryo budakurikije amategeko.

Yarashwe n’abacunga umutekano bigenga ba Kompanyi yitwa National Cement Company isanzwe ari iya Sosiyete ya Devki Group, mu Karere ka Kisoro, bivugwa ko ikora ibikorwa binyuranyije n’amategeko.

Uwabonye ibi biba, yavuze ko ubwo Minisitiri Phiona Nyamutoro n’itsinda bari kumwe bageraga ku cyicaro cy’iyi kompanyi, abashinzwe kuhacungira umutekano bari bamaze guhabwa amabwiriza yo kubarasa, bagahita barekura urufaya rw’amasasu.

Abashinzwe umutekano bari barinze Minisitiri, bahise bahagoboka, bahita banambura imbunda aba bacunga umutekano kuri iki kigo, bahita banabata muri yombi.

Minisitiri Phiona Nyamutoro wavuze kuri uru rugomo yakorewe, yagize ati “Amasasu yari mu cyumba, bari bamaze guhabwa amabwiriza n’abayobozi babo yo kuturasa. Kandi twari mu nshingano zacu. Ibi birasekeje. Yewe n’abayobozi b’iki kigo cy’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bagomba gutabwa muri yombi.”

Inzego z’ibanze muri aka gace, zatangaje ko iki kibazo cyahise gicungwa neza, ndetse Minisitiri akaba ameze neza, hakaba hahise hatangira imperereza kuri uru rugomo rwakorewe Minisitiri ndetse no ku bikorwa by’iyi kompanyi.

Iyi kompanyi ya National Cement Company isanzwe ivugwaho gukora ibikorwa binyuranyije n’amategeko birimo ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bwangize ibidukije ndetse bunabangamira abaturage.

Hon. Nyamutoro yahise ategeka ko ibikorwa by’iyi kompanyi biba bihagaze, kugeza igihe iperereza rizaba rirangiye, ndetse asaba Guverinoma gufatira ibyemezo bikarishye aba bashatse kumwivugana.

Amashusho yashyizwe ku mbuga nkoranyambaga, agaragaza abapolisi bafashe aba bacunga umutekano kuri iyi kompanyi babicaje hasi, babaza impamvu batinyutse bagashaka kwivugana Minisitiri.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × two =

Previous Post

Umuryango ukomeye wagaragaje uko ubona Congo yitwara mu bibazo n’impungenge ufite igihe MONUSCO yagenda

Next Post

Iby’ingenzi wamenya ku mpumeko y’amatora ya Perezida w’u Rwanda abura igihe gito akaba

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Iby’ingenzi wamenya ku mpumeko y’amatora ya Perezida w’u Rwanda abura igihe gito akaba

Iby’ingenzi wamenya ku mpumeko y’amatora ya Perezida w’u Rwanda abura igihe gito akaba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.