Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uganda: Umudepite ati “Nzazana urutonde rw’abahinga urumogi”, Minisitiri ati “Uzazane n’urw’abarunywa”

radiotv10by radiotv10
02/03/2022
in MU RWANDA
0
Uganda: Umudepite ati “Nzazana urutonde rw’abahinga urumogi”, Minisitiri ati “Uzazane n’urw’abarunywa”
Share on FacebookShare on Twitter

Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko muri Uganda, Hon. Betty Nambooze yavuze ko mu cyumweru gitaha azazana urutonde rw’abantu bahinga urumogi, ahita asabwa n’Umunyamabanga wa Leta kuzazana n’urw’abarunywa.

Mu kiganuro cyatambutse mu ijoro ryahise cyari cyateguwe na NBS Television, aba banyapolitiki bagarukaga ku bijyanye n’ubukungu bw’iki Gihugu cya Uganda.

Bagarukaga no ku bikomeje gutuma ubukungu bwacyo butazamuka birimo ruswa ndetse n’abazitanga.

Muri iki kiganiro, Hon. Betty Nambooze yagarutse ku kiyobyabwenge cy’urumogi, avuga ko kiri mu byangiza ubuzima bw’Abanya-Uganda kandi kikanagira ingaruka ku bukungu.

Ati “Mu cyumweru gitaha, nzazana urutonde rw’abantu bahinga urumogi.”

Umunyamabanga wa Leta ushinzwe imishinga mito n’iciriritse muri Guverinoma ya Uganda, Hon. Haruna Kasolo Kyeyune yahise agira ati “Ahubwo uzazane n’urutonde rw’abarunywa [urumogi]”

Hon. Betty Nambooze usanzwe ari n’Umunyamakuru mu bijyanye na Politiki, yanagarutse ku misoro, avuga ko itangwa n’abaturage bityo ko inyungu zayo zikwiye kubageraho.

Yagize ati “Abantu benshi iyo bumvise ko ibigo by’ubucuruzi bikomeye bitanga imisoro myinshi, ntibamenya ko iba yavuye muri twe.”

Yakomeje atanga urugero agira ati “Iyo uguze ikarita yo guhamagara y’igihumbi (1.000 UGX), burya uba uguze unite za 700, andi 300 ajya mu misoro.”

Hon. Betty Nambooze yavuze ko azazana urutonde rw’abahinga urumogi
Hon. Haruna Kasolo Kyeyune ati “uzazane n’urw’abarunywa”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + three =

Previous Post

Hoteli ikomeye mu Rwanda yaciwe 300.000Frw kubera gutanga serivisi mbi muri TourDuRwanda

Next Post

Kigali: Ibiceri bya 100Frw byabaye idolari none ababikenera cyane bari kubigura

Related Posts

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yakiriye mu Biro bye, abarimo Prof. Dong-Sup Yoon usanzwe ari Perezida wa Yonsei University, Kaminuza yo muri...

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

by radiotv10
27/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yamaze gutanga ikirego mu Rukiko Ruhoraho rushinzwe Ubukemurampaka, iregamo iy’u Bwongereza nyuma yo guhagarika amasezerano Ibihugu byombi...

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

by radiotv10
27/01/2026
0

Brigadier General Godfrey Gasana wahoze ari Umugaba Wungirije w’Ingabo zirwanira mu Kirere akaba aherutse kugirwa Umupilote wihariye wa Perezida wa...

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza, Bill na Joyce Cummings; ndetse n’abagira uruhare...

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

by radiotv10
27/01/2026
0

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) ku bufatanye n’Ihuriro ry’Imiryango itari iya Leta, bari mu bukangurambaga bwo gukumira indwara zititaweho, zirimo...

IZIHERUKA

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi
IMYIDAGADURO

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

27/01/2026
Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

27/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

27/01/2026
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

27/01/2026
Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Ibiceri bya 100Frw byabaye idolari none ababikenera cyane bari kubigura

Kigali: Ibiceri bya 100Frw byabaye idolari none ababikenera cyane bari kubigura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.