Sunday, January 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uganda: Umudepite ati “Nzazana urutonde rw’abahinga urumogi”, Minisitiri ati “Uzazane n’urw’abarunywa”

radiotv10by radiotv10
02/03/2022
in MU RWANDA
0
Uganda: Umudepite ati “Nzazana urutonde rw’abahinga urumogi”, Minisitiri ati “Uzazane n’urw’abarunywa”
Share on FacebookShare on Twitter

Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko muri Uganda, Hon. Betty Nambooze yavuze ko mu cyumweru gitaha azazana urutonde rw’abantu bahinga urumogi, ahita asabwa n’Umunyamabanga wa Leta kuzazana n’urw’abarunywa.

Mu kiganuro cyatambutse mu ijoro ryahise cyari cyateguwe na NBS Television, aba banyapolitiki bagarukaga ku bijyanye n’ubukungu bw’iki Gihugu cya Uganda.

Bagarukaga no ku bikomeje gutuma ubukungu bwacyo butazamuka birimo ruswa ndetse n’abazitanga.

Muri iki kiganiro, Hon. Betty Nambooze yagarutse ku kiyobyabwenge cy’urumogi, avuga ko kiri mu byangiza ubuzima bw’Abanya-Uganda kandi kikanagira ingaruka ku bukungu.

Ati “Mu cyumweru gitaha, nzazana urutonde rw’abantu bahinga urumogi.”

Umunyamabanga wa Leta ushinzwe imishinga mito n’iciriritse muri Guverinoma ya Uganda, Hon. Haruna Kasolo Kyeyune yahise agira ati “Ahubwo uzazane n’urutonde rw’abarunywa [urumogi]”

Hon. Betty Nambooze usanzwe ari n’Umunyamakuru mu bijyanye na Politiki, yanagarutse ku misoro, avuga ko itangwa n’abaturage bityo ko inyungu zayo zikwiye kubageraho.

Yagize ati “Abantu benshi iyo bumvise ko ibigo by’ubucuruzi bikomeye bitanga imisoro myinshi, ntibamenya ko iba yavuye muri twe.”

Yakomeje atanga urugero agira ati “Iyo uguze ikarita yo guhamagara y’igihumbi (1.000 UGX), burya uba uguze unite za 700, andi 300 ajya mu misoro.”

Hon. Betty Nambooze yavuze ko azazana urutonde rw’abahinga urumogi
Hon. Haruna Kasolo Kyeyune ati “uzazane n’urw’abarunywa”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − seven =

Previous Post

Hoteli ikomeye mu Rwanda yaciwe 300.000Frw kubera gutanga serivisi mbi muri TourDuRwanda

Next Post

Kigali: Ibiceri bya 100Frw byabaye idolari none ababikenera cyane bari kubigura

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Ibiceri bya 100Frw byabaye idolari none ababikenera cyane bari kubigura

Kigali: Ibiceri bya 100Frw byabaye idolari none ababikenera cyane bari kubigura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.