• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uganda: Umudepite ati “Nzazana urutonde rw’abahinga urumogi”, Minisitiri ati “Uzazane n’urw’abarunywa”

radiotv10by radiotv10
02/03/2022
in MU RWANDA
0
Uganda: Umudepite ati “Nzazana urutonde rw’abahinga urumogi”, Minisitiri ati “Uzazane n’urw’abarunywa”
Share on FacebookShare on Twitter

Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko muri Uganda, Hon. Betty Nambooze yavuze ko mu cyumweru gitaha azazana urutonde rw’abantu bahinga urumogi, ahita asabwa n’Umunyamabanga wa Leta kuzazana n’urw’abarunywa.

Mu kiganuro cyatambutse mu ijoro ryahise cyari cyateguwe na NBS Television, aba banyapolitiki bagarukaga ku bijyanye n’ubukungu bw’iki Gihugu cya Uganda.

Bagarukaga no ku bikomeje gutuma ubukungu bwacyo butazamuka birimo ruswa ndetse n’abazitanga.

Muri iki kiganiro, Hon. Betty Nambooze yagarutse ku kiyobyabwenge cy’urumogi, avuga ko kiri mu byangiza ubuzima bw’Abanya-Uganda kandi kikanagira ingaruka ku bukungu.

Ati “Mu cyumweru gitaha, nzazana urutonde rw’abantu bahinga urumogi.”

Umunyamabanga wa Leta ushinzwe imishinga mito n’iciriritse muri Guverinoma ya Uganda, Hon. Haruna Kasolo Kyeyune yahise agira ati “Ahubwo uzazane n’urutonde rw’abarunywa [urumogi]”

Hon. Betty Nambooze usanzwe ari n’Umunyamakuru mu bijyanye na Politiki, yanagarutse ku misoro, avuga ko itangwa n’abaturage bityo ko inyungu zayo zikwiye kubageraho.

Yagize ati “Abantu benshi iyo bumvise ko ibigo by’ubucuruzi bikomeye bitanga imisoro myinshi, ntibamenya ko iba yavuye muri twe.”

Yakomeje atanga urugero agira ati “Iyo uguze ikarita yo guhamagara y’igihumbi (1.000 UGX), burya uba uguze unite za 700, andi 300 ajya mu misoro.”

Hon. Betty Nambooze yavuze ko azazana urutonde rw’abahinga urumogi
Hon. Haruna Kasolo Kyeyune ati “uzazane n’urw’abarunywa”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − ten =

Previous Post

Hoteli ikomeye mu Rwanda yaciwe 300.000Frw kubera gutanga serivisi mbi muri TourDuRwanda

Next Post

Kigali: Ibiceri bya 100Frw byabaye idolari none ababikenera cyane bari kubigura

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Kigali: Ibiceri bya 100Frw byabaye idolari none ababikenera cyane bari kubigura

Kigali: Ibiceri bya 100Frw byabaye idolari none ababikenera cyane bari kubigura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.