Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Uganda: Umugabo yavuze icyamuteye kwiyicira umwana we w’imyaka 2

radiotv10by radiotv10
04/09/2023
in AMAHANGA
0
Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo wo mu Karere ka Wakiso muri Uganda ukekwaho kwica umwana we w’umukobwa w’imyaka ibiri, agahita yishyikiriza inzego, yavuze ko yabikoze yihimura ku mugore we [nyina w’umwana] wamutaye, akamusiga mu bwigunge.

Uyu mugabo witwa Ibrahim Ssemaganda, ukekwaho kwica umwana we witwa Shallon Namaganda, yabwiye Polisi ko yabitewe n’umujinya yatewe no kuba yaratawe n’umugore we Catherine Makati, banabyaranye uyu mwana.

Ssemaganda wishe uyu mwana we mu cyumweru gishize, ubu afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Buloba, nyuma yo kwishyikiriza urwego rw’ibaze rushinzwe umutekano.

Mu buhamya yahaye Polisi, uyu mugabo yavuze ko ibi byose yabitewe n’agahinda yatewe n’umugore we, wamutaye akamusiga mu rugo wenyine.

Yagize ati “Yarabyutse umunsi umwe, ubundi azinga ibye byose atanambwiye impamvu. Nagerageje kumusaba kugaruka, ariko aranga. Yahisemo kujyana umwana wanjye kwa nyirakuru, ibi byagaragazaga ko adafite gahunda yo kugaruka iwanjye.”

Umurambo w’uyu mwana bawusanze mu buriri woroshe ikingiti, bigaragara ko yishwe atemwe umutwe. Mu gihe uyu se wamwivuganye avuga ko yamwiciye mu ruganiriro ubundi akajyana umurambo we mu buriri.

Yagize ati “Nagiye gufata umukobwa wanjye kwa nyirarukuru Dora Walusimbi muri Burenga mfite umugambi wo kumwica kugira ngo nyina na we yumve agahinda maranye umwaka. Nashenguwe no kuba narumvise ko yashatse undi mugabo.”

Walusimbi Nyirarukuru wa nyakwigendera, utuye muri Paruwasi ya Nakabugo mu Karere ka Wakiso, yavuze ko uyu mugabo yaje kumusaba umwana we, amubwira ko yifuza ko bajya kuba bari kumwe mu gihe cy’amasaha macye, agahita amugarura.

Yagize ati “Nategereje ko amugarura ndaheba. Ariko numvaga ntafite impungenge kuko umukobwa yari kumwe na se, sinakekaga ko ashobora kwiyicira umwana. Nyuma naje kumva amakuru ko umwuzukuru wanjye yishwe, na Se akaba yishyikirije Polisi.”

Ubu bwicanyi bwabaye nyuma y’igihe gito mu Karere ka Kisaro muri Uganda, na ho habaye ubwicanyi bujya gusa n’ubu, aho umugabo yishe umwana w’umuhungu w’imyaka itanu amukuye kwa nyirakuru, nyuma y’uko umugore byakekwaga ko bamubyaranye, amubwiye ko atari se.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + twelve =

Previous Post

Karongi: Abatishoboye batunguwe n’icyemezo bafatiwe nyuma yo gutoranywa ngo bazafashwe

Next Post

Gabon: Umujenerali wahiritse ubutegetsi agiye kujya ku rundi rwego

Related Posts

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, mu gace ka Barcelona muri Espagne, gari ya moshi itwara abagenzi b’imbere mu...

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

by radiotv10
21/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko rizasubira mu Mujyi wa Uvira nyuma yuko riwukuyemo abarwanyi baryo bose, ugahita wigabizwa n’uruhande bahanganye, rugatangira...

AFC/M23 says it may return to Uvira days after withdrawing its forces

AFC/M23 says it may return to Uvira days after withdrawing its forces

by radiotv10
21/01/2026
0

The AFC/M23 coalition has indicated that it will return to the city of Uvira after withdrawing all its fighters, following...

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

by radiotv10
20/01/2026
0

Uganda held widely watched presidential and parliamentary elections on 15 January 2026, choosing both the country’s leader and members of...

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

by radiotv10
20/01/2026
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, cyatangaje ko kigaruriye Umujyi wa Uvira muri Kivu y’Epfo, nyuma yuko Ihuriro AFC/M23...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Gabon: Umujenerali wahiritse ubutegetsi agiye kujya ku rundi rwego

Gabon: Umujenerali wahiritse ubutegetsi agiye kujya ku rundi rwego

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.