Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Uganda: Umugabo yavuze icyamuteye kwiyicira umwana we w’imyaka 2

radiotv10by radiotv10
04/09/2023
in AMAHANGA
0
Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo wo mu Karere ka Wakiso muri Uganda ukekwaho kwica umwana we w’umukobwa w’imyaka ibiri, agahita yishyikiriza inzego, yavuze ko yabikoze yihimura ku mugore we [nyina w’umwana] wamutaye, akamusiga mu bwigunge.

Uyu mugabo witwa Ibrahim Ssemaganda, ukekwaho kwica umwana we witwa Shallon Namaganda, yabwiye Polisi ko yabitewe n’umujinya yatewe no kuba yaratawe n’umugore we Catherine Makati, banabyaranye uyu mwana.

Ssemaganda wishe uyu mwana we mu cyumweru gishize, ubu afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Buloba, nyuma yo kwishyikiriza urwego rw’ibaze rushinzwe umutekano.

Mu buhamya yahaye Polisi, uyu mugabo yavuze ko ibi byose yabitewe n’agahinda yatewe n’umugore we, wamutaye akamusiga mu rugo wenyine.

Yagize ati “Yarabyutse umunsi umwe, ubundi azinga ibye byose atanambwiye impamvu. Nagerageje kumusaba kugaruka, ariko aranga. Yahisemo kujyana umwana wanjye kwa nyirakuru, ibi byagaragazaga ko adafite gahunda yo kugaruka iwanjye.”

Umurambo w’uyu mwana bawusanze mu buriri woroshe ikingiti, bigaragara ko yishwe atemwe umutwe. Mu gihe uyu se wamwivuganye avuga ko yamwiciye mu ruganiriro ubundi akajyana umurambo we mu buriri.

Yagize ati “Nagiye gufata umukobwa wanjye kwa nyirarukuru Dora Walusimbi muri Burenga mfite umugambi wo kumwica kugira ngo nyina na we yumve agahinda maranye umwaka. Nashenguwe no kuba narumvise ko yashatse undi mugabo.”

Walusimbi Nyirarukuru wa nyakwigendera, utuye muri Paruwasi ya Nakabugo mu Karere ka Wakiso, yavuze ko uyu mugabo yaje kumusaba umwana we, amubwira ko yifuza ko bajya kuba bari kumwe mu gihe cy’amasaha macye, agahita amugarura.

Yagize ati “Nategereje ko amugarura ndaheba. Ariko numvaga ntafite impungenge kuko umukobwa yari kumwe na se, sinakekaga ko ashobora kwiyicira umwana. Nyuma naje kumva amakuru ko umwuzukuru wanjye yishwe, na Se akaba yishyikirije Polisi.”

Ubu bwicanyi bwabaye nyuma y’igihe gito mu Karere ka Kisaro muri Uganda, na ho habaye ubwicanyi bujya gusa n’ubu, aho umugabo yishe umwana w’umuhungu w’imyaka itanu amukuye kwa nyirakuru, nyuma y’uko umugore byakekwaga ko bamubyaranye, amubwiye ko atari se.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − twelve =

Previous Post

Karongi: Abatishoboye batunguwe n’icyemezo bafatiwe nyuma yo gutoranywa ngo bazafashwe

Next Post

Gabon: Umujenerali wahiritse ubutegetsi agiye kujya ku rundi rwego

Related Posts

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

by radiotv10
28/01/2026
0

Mu rubanza ruburanishwa n’Urukiko Rukuru rwa Gitega mu Burundi ruregwamo abantu 16 baregwa ibikorwa byo kuryamana kw’abahuje ibitsina rwavutsemo impaka...

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

by radiotv10
28/01/2026
0

Umuhuzabikorwa wa AFC/M23, Corneille Nangaa yavuze ko kuba iri Huriro ryakorana n’u Rwanda bitavuze ko rurifasha, ahubwo ko hari impamvu...

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukozi w’Imana wo muri Kenya, Paul Nthenge Mackenzie wari umuyobozi w’Itorero rimwe, umaze imyaka itatu atawe muri yombi akurikiranyweho uruhare...

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

by radiotv10
28/01/2026
0

Ifoto ya Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu imugaragaza ari kuvugira kuri Telefone yagiye yomekwaho utuntu duhisha kamera yayo n’akarango...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

by radiotv10
27/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko ridateze kurekura igice na kimwe mu byo ryafashe,...

IZIHERUKA

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police
FOOTBALL

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

28/01/2026
Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

28/01/2026
Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Gabon: Umujenerali wahiritse ubutegetsi agiye kujya ku rundi rwego

Gabon: Umujenerali wahiritse ubutegetsi agiye kujya ku rundi rwego

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.