Sunday, January 18, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Uhatanira kuyobora Komisiyo ya AU yageneye ubutumwa abarimo Perezida Kagame, Ndayishimiye na Museveni

radiotv10by radiotv10
27/08/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Uhatanira kuyobora Komisiyo ya AU yageneye ubutumwa abarimo Perezida Kagame, Ndayishimiye na Museveni
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyapolitiki Raila Odinga uhatanira umwanya wa Perezida wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, yashimiye Abakuru b’Ibihugu byo mu Karere, barimo Perezida Paul Kagame, William Ruto na Yoweri Museveni bakomeje kumutera ingabo mu bitugu.

Raila Odinga yabitangaje kuri uyu wa Kabiri tariki 27 Kanama 2024 ubwo Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba bahuriraga muri Kenya mu gushyigikira uyu munyapolitiki mu gutangiza ibikorwa byo guhatanira uyu mwanya wo kuba Perezida wa Komisiyo ya Afurika Yunze Ubumwe.

Abakuru b’Ibihugu bitabiriye iki gikorwa, barimo Perezida William Ruto wa Kenya, Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, Samia Suluhu Hassan na Salva Kiir Mayardit wa Sudani y’Epfo.

Ni mu gihe Perezida Paul Kagame yahagarariwe n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererame ushinzwe Ubutwererane bw’Akarere, Gen. (Rtd) James Kabarebe.

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi we yahagarariwe na Minisitiri w’Intebe w’iki Gihugu, Gervais Ndirakobuca muri iki gikorwa cyanitabiriwe n’abanyacyubahiro barimo Oluṣẹgun Ọbasanjọ wabaye Perezida wa Nigeria ndetse na Jakaya Kikwete wayoboye Tanzania.

Mu butumwa Raila Odinga yatanze nyuma y’ibi biganiro, yagize ati “Nshimiye Perezida Ruto, Museveni, Suluhu, Kiir, Kagame, Ndayishimiye, Kikwete, na Obasanjo ku bwo kunshyigikira, kuntera ingabo mu bitugu no gutangiza ubukangurambaga bwo kuyobora Komisiyo ya AU.”

Yakomeje agira ati “Dushyize hamwe, birashoboka ko twazana amahoro, iterambere na Afurika y’uburumbuke. Urugendo ruratangiye.”

Raila Odinga uri guhatanira kuzaba Perezida wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, yagiye agirira ingendo mu Bihugu bitandukanye byo mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba, aho muri Weruwe uyu mwaka yakiriwe na Perezida Paul Kagame, na we wamusezeranyije ko amushyigikiye kuri kandidatire ye.

Aya matora ya Perezida wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, azaba muri Gashyantare umwaka utaha, ubwo hazaba hashakwa uzasimbura Umunya-Chad Moussa Faki Mahamat uzaba arangije manda ze ebyiri.

Odinga yashimiye Abakuru b’Ibihugu bashyigikiye kandidatire banakomeje kumutera ingabo mu bitugu
Hatangijwe ibikorwa byo kwiyamamaza

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + ten =

Previous Post

Amakuru mashya: Hatangajwe amanota y’Ibizamini bya Leta n’ibipimo by’imitsindire y’abanyeshuri

Next Post

Abafite imitungo itimukanwa bagomba gusorera bagiriwe inama

Related Posts

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

by radiotv10
16/01/2026
0

Ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Gihugu cy’u Burundi, riranengerwa kujandika abana b’abanyeshuri mu bya politiki, nyuma yuko ribakoresheje imyiyerekano...

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

by radiotv10
16/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryongeye kugaragaza ko uruhande bahanganye mu mirwano, rukomeje kurenga ku...

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

Munyemana Athanase 41 w’imyaka na Habimana Augustin w’imyaka 33 y’amavuko batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa amadolari ya Amerika asaga...

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

by radiotv10
15/01/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko igiye guhagarika gutanga no kwakira ubusabe Visa ku baturage b'abimukira bo...

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Abajenerali mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu,...

IZIHERUKA

Simple Habits That Improve Digestion
IMIBEREHO MYIZA

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
18/01/2026
0

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

18/01/2026
Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abafite imitungo itimukanwa bagomba gusorera bagiriwe inama

Abafite imitungo itimukanwa bagomba gusorera bagiriwe inama

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Simple Habits That Improve Digestion

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.