Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Uhatanira kuyobora Komisiyo ya AU yageneye ubutumwa abarimo Perezida Kagame, Ndayishimiye na Museveni

radiotv10by radiotv10
27/08/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Uhatanira kuyobora Komisiyo ya AU yageneye ubutumwa abarimo Perezida Kagame, Ndayishimiye na Museveni
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyapolitiki Raila Odinga uhatanira umwanya wa Perezida wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, yashimiye Abakuru b’Ibihugu byo mu Karere, barimo Perezida Paul Kagame, William Ruto na Yoweri Museveni bakomeje kumutera ingabo mu bitugu.

Raila Odinga yabitangaje kuri uyu wa Kabiri tariki 27 Kanama 2024 ubwo Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba bahuriraga muri Kenya mu gushyigikira uyu munyapolitiki mu gutangiza ibikorwa byo guhatanira uyu mwanya wo kuba Perezida wa Komisiyo ya Afurika Yunze Ubumwe.

Abakuru b’Ibihugu bitabiriye iki gikorwa, barimo Perezida William Ruto wa Kenya, Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, Samia Suluhu Hassan na Salva Kiir Mayardit wa Sudani y’Epfo.

Ni mu gihe Perezida Paul Kagame yahagarariwe n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererame ushinzwe Ubutwererane bw’Akarere, Gen. (Rtd) James Kabarebe.

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi we yahagarariwe na Minisitiri w’Intebe w’iki Gihugu, Gervais Ndirakobuca muri iki gikorwa cyanitabiriwe n’abanyacyubahiro barimo Oluṣẹgun Ọbasanjọ wabaye Perezida wa Nigeria ndetse na Jakaya Kikwete wayoboye Tanzania.

Mu butumwa Raila Odinga yatanze nyuma y’ibi biganiro, yagize ati “Nshimiye Perezida Ruto, Museveni, Suluhu, Kiir, Kagame, Ndayishimiye, Kikwete, na Obasanjo ku bwo kunshyigikira, kuntera ingabo mu bitugu no gutangiza ubukangurambaga bwo kuyobora Komisiyo ya AU.”

Yakomeje agira ati “Dushyize hamwe, birashoboka ko twazana amahoro, iterambere na Afurika y’uburumbuke. Urugendo ruratangiye.”

Raila Odinga uri guhatanira kuzaba Perezida wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, yagiye agirira ingendo mu Bihugu bitandukanye byo mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba, aho muri Weruwe uyu mwaka yakiriwe na Perezida Paul Kagame, na we wamusezeranyije ko amushyigikiye kuri kandidatire ye.

Aya matora ya Perezida wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, azaba muri Gashyantare umwaka utaha, ubwo hazaba hashakwa uzasimbura Umunya-Chad Moussa Faki Mahamat uzaba arangije manda ze ebyiri.

Odinga yashimiye Abakuru b’Ibihugu bashyigikiye kandidatire banakomeje kumutera ingabo mu bitugu
Hatangijwe ibikorwa byo kwiyamamaza

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + 5 =

Previous Post

Amakuru mashya: Hatangajwe amanota y’Ibizamini bya Leta n’ibipimo by’imitsindire y’abanyeshuri

Next Post

Abafite imitungo itimukanwa bagomba gusorera bagiriwe inama

Related Posts

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

by radiotv10
07/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Israel, Gideon Saar, yagiriye uruzinduko muri Somaliland, nyuma yo kwemeza nk'Igihugu cyigenga iyi Ntara yo muri...

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

by radiotv10
07/01/2026
0

Umuryango Uharanira Amahoro n'Imibereho myiza y’Abaturage (CPCC), watangaje ko Abantu 105 bari mu nkambi z’impunzi z’Abanyekongo ziri mu Burundi, bitabye...

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

by radiotv10
07/01/2026
0

Impanuka y’ikamyo yabereye mu mujyi wa Semera, mu Karere ka Afar mu majyaruguru ya Ethiopia, yari ibatwaye nk'abimukira, yahitanye abantu...

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

by radiotv10
06/01/2026
0

Raporo ku bugenzuzi bwakorewe ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’Amahoro, yagaragaje ko hari ingingo z’ingenzi zikomeje kwirengagizwa mu masezerano y’i Washington,...

Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

by radiotv10
06/01/2026
0

A report assessing the implementation of peace agreements has revealed that key provisions of the Washington Peace Agreement continue to...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abafite imitungo itimukanwa bagomba gusorera bagiriwe inama

Abafite imitungo itimukanwa bagomba gusorera bagiriwe inama

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.