Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ukekwaho kwica umugabo we afatanyije n’abana babo haravugwa impamvu idasanzwe yabibateye

radiotv10by radiotv10
11/02/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Ukekwaho kwica umugabo we afatanyije n’abana babo haravugwa impamvu idasanzwe yabibateye

Ifoto yakuwe kuri internet-Yifashishijwe ntijyanye n'ibivugwa mu nkuru

Share on FacebookShare on Twitter

Umugore wo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi n’abana be babiri bakurikiranyweho kwica umugabo w’uyu mugore akaba se w’aba bana, barangiza bakamuta mu musarani bagateraho intsina, harakekwa ko bamuhoye ibijumba nyakwigendera yari yakuye iwabo.

Inkuru y’ubu bugizi bwa nabi, yanditswe n’urubuga rwa RADIOTV10 mu cyumweru gishize, yagaragazaga ko uyu mugore w’imyaka 44 n’abana be bari batawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, bari bacumbikiwe kuri sitasiyo ya Kaniga.

Abaregwa kwivugana uyu muntu wari umwe mu bagize umuryango wabo babanaga mu Mudugudu wa Rugarama mu Kagari ka Bugomba mu Murenge wa Kaniga, bakorewe dosiye n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, ruyishyikiriza Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Gcumbi.

Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Gicumbi bwakiriye iyi dosiye muri iki cyumweru tariki Indwi Gashyantare 2023, buvuga ko abakekwaho kwica nyakwigendera, bamukubise umuhini kugeza ashizemo umwuka, barangije bamujugunya mu musarane bateraho intsina kugira ngo basibanganye ibimenyetso.

Buvuga ko aba bakekwaho iki cyaha bishe uyu mugabo tariki 24 Ukuboza 2022 biturutse ku bijumba nyakwigendera yari yavanye iwabo, yabigeza iwe umugore we akanga kubiteka avuga ko adashobora kurya ibiryo biturutse kwa nyirabukwe kuko basanzwe bafitanye ibibazo.

Uyu mugore yahise afata umuhini ubundi afatanya n’abana be, bawukubita nyakwigendera kugeza yitabye Imana, bahita bataba umurambo we mu musarani, barangije bateraho intsina.

Kuko nyakwigendera yari amaze igihe atagaragara, umuvandimwe we yakomeje kubaza abo mu muryango we aho aherereye, ariko umugore we ndetse n’abana be, bakamubwira ko batazi aho yagiye.

Uyu muvandimwe wa nyakwigendera yabonye bikabije, yiyambaza inzego, zahise zibyinjiramo ziza gutahura ko yishwe n’abo mu muryango we bakamujugunya mu musarani, zimukuramo zihita zinata muri yombi abakekwaho ubu bugizi bwa nabi.

Urubanza rw’abaregwa iki cyaha cyo kwica nyakwigendera, ruzaburanishwa n’Urukiko Rwisumbuye rwa Gicumbi, nyuma yuko Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Gicumbi bushyikirijwe iyi dosiye, bukazaregera uru rukiko.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − fifteen =

Previous Post

Umuraperi nyarwanda wigeze gufungirwa ibiyobyabwenge azanye album ifite izina ridasanzwe

Next Post

Ibiteye amatsiko ku mbwa ikuze kurusha izindi ku Isi yamaze kuba ikirangirire

Related Posts

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

by radiotv10
31/01/2026
0

Mugisha David Gakuba uba muri Leta Zunze Ubumwe za America ukurikiranyweho kwica mugenzi we amugongeye ku kabari ko mu Mujyi...

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, yatangaje ko ku wa Mbere tariki 02 Gashyantare 2026 ari umunsi w’Ikiruhuko rusange, bitewe no...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

by radiotv10
30/01/2026
0

Ubushakashatsi bw’Umuryango urwanya ruswa n’akarengane, Transparency International Rwanda, bwakorewe mu mashuri makuru na za kaminuza, bwagaragaje ko abantu 8% batanze...

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu batatu barimo Barafinda Sekikubo Fred wigeze kwiyita Umunyapolitiki w’akataraboneka, akanajya kuri Komisiyo y’Amatora avuga ko...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

by radiotv10
31/01/2026
0

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

31/01/2026
AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

30/01/2026
Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

30/01/2026
Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

30/01/2026
General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibiteye amatsiko ku mbwa ikuze kurusha izindi ku Isi yamaze kuba ikirangirire

Ibiteye amatsiko ku mbwa ikuze kurusha izindi ku Isi yamaze kuba ikirangirire

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.