Monday, September 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Uko Bobi Wine utavuga rumwe n’ubutegezi bwa Uganda yarashwe n’uwo ishyaka rye ribishinja

radiotv10by radiotv10
04/09/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Uko Bobi Wine utavuga rumwe n’ubutegezi bwa Uganda yarashwe n’uwo ishyaka rye ribishinja
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda, Robert Kyagulanyi Ssentamu wanamamaye mu buhanzi nka Bobi Wine, yarasiwe mu gace ka Bolindo akomereka akaguru, aho ishyaka rye rivuga ko ubutegetsi bwa Perezida Museveni bwari bugiye kumwambura ubuzima.

Ibi byabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki 03 Nzeri 2024, nk’uko bitangazwa n’ishyaka riyobowe na Bobi Wine rya NUP (National Unity Platform), mu butumwa ryatanze ubwo uyu munyapolitiki yari amaze kuraswa.

Iri shyaka ryagize riti “Muri uyu mugobora Perezida wacu yariho ava muri Bulindo mu gace ka Kira, aho yari yagiye kureba umunyamategeko wacu, Musisi George, igipolisi n’igisirikare bahawe amabwiriza n’umwe muri bo Twesigye bagose imodoka zacu ubundi batangira kurasa urufaya rw’amasasu n’ibyuka biryani mu maso.”

Ubutumwa bwa NUP bukomeza bugira buti “Ubwo ibyo byose byabaga, Perezida wacu Bobi Wine wari ugenderewe yarashwe mu kaguru. Ubu ari kwitabwaho n’itsinda ry’abaganga. Iki ni ikindi gikorwa cyo gushaka guhitana ubuzima bwa Perezida wacu cyakozwe n’ubutegetsi bwa Perezida Museveni.”

Bobi Wine wakunze gushyamirana n’inzego z’umutekano muri Uganda, by’umwihariko ubwo yabaga yateguye imyigaragambyo yamagana ibyo yita ubutegetsi bubi buriho muri Uganda, yagiye atabwa muri yombi inshuro nyinshi ariko akaza kurekurwa.

Mu matora y’Umukuru w’Igihugu ya 2021, uyu munyapolitiki yakurikiye Perezida Yoweri Kaguta Museveni mu majwi, aho yari yagize 35,08% mu gihe Museveni yagize 58,38%.

Yarashwe mu kaguru
Yahise ajyanwa mu Bitaro kwitabwaho

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 3 =

Previous Post

Minisitiri Dr Ngirente yagaragaje uko ubuhinzi bufatiye runini izindi nzego ziteza imbere Ibihugu

Next Post

Umunyamakuru M.Irene yatanze umucyo ku byo yavuzweho na mugenzi we Yago

Related Posts

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

by radiotv10
15/09/2025
0

Umugaba Mukuru w’Igisirikare cy’Ihuriro AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga, yasabye abasirikare 7 437 binjiye muri iki Gisirikare, ko bagomba kwitegura...

Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

by radiotv10
15/09/2025
0

Joseph Kabila Kabange wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yageneye Abanyekongo ubutumwa, abamenyesha ko adashobora kwicara ngo arebere...

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

by radiotv10
13/09/2025
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) cyemeje urupfu rwa General Muaku Mbuluku Daniel wari ukuriye Ingabo muri rejiyo...

Amakuru mashya: Ukekwaho kwica Charlie wavugishije benshi ku Isi yafashwe

Amakuru mashya: Ukekwaho kwica Charlie wavugishije benshi ku Isi yafashwe

by radiotv10
12/09/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump yatangaje ko ukekwaho kwica Charlie Kirk, yatawe muri yombi. Trump atangaza...

Ibimaze kumenyekana k’uwishe Charlie Kirk wari inshuti ikomeye ya Perezida Trump

Ibimaze kumenyekana k’uwishe Charlie Kirk wari inshuti ikomeye ya Perezida Trump

by radiotv10
12/09/2025
0

Urwego rushinzwe Iperereza muri Leta Zunze Ubumwe za America FBI, rwashyize hanze amafoto n’amashusho agaragaza ukekwaho kwica arasiye mu ruhame...

IZIHERUKA

Bagaragarije ubuyobozi icyatanga umuti w’impanuka n’akavuyo bigaragara mu isantere yabo
MU RWANDA

Bagaragarije ubuyobozi icyatanga umuti w’impanuka n’akavuyo bigaragara mu isantere yabo

by radiotv10
15/09/2025
0

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

15/09/2025
Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

15/09/2025
Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi

13/09/2025
Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

13/09/2025
Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

13/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyamakuru M.Irene yatanze umucyo ku byo yavuzweho na mugenzi we Yago

Umunyamakuru M.Irene yatanze umucyo ku byo yavuzweho na mugenzi we Yago

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bagaragarije ubuyobozi icyatanga umuti w’impanuka n’akavuyo bigaragara mu isantere yabo

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.