• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

radiotv10by radiotv10
12/12/2025
in MU RWANDA
0
Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Imodoka y’isuku n’umutekano y’Umurenge wa Nyakabanda mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali, yakoreye impanuka mu Murenge wa Kimisagara, nyuma yuko yari ivanywe mu igaraje gukoreshwa, ubwo bariho bayikorera igerageza ngo bumve ko yakize.

Iyi mpanuka yabaye mu ijoro ryacyeye ryo kuri uyu wa Kane tariki 11 Ukuboza 2025, ubwo yerecyeza ahazwi nka Cyahafi mu Murenge wa Kimisagara.

Iyi modoka y’isuku n’umutekano y’Umurenge wa Nyakabanda, yari itwawe n’umushoferi wayo, witwa Ntezimana Afrodice ari kumwe n’umukanishi witwa Mukeshimana Jean Marie Vianey.

Bivugwa ko iyi modoka yari ifite ikibazo cyo mu maferi, ari nacyo cyari cyatumye ijyanwa mu igaraje, ikaba yakoze impanuka ubwo bariho bayigerageza ngo bumve ko cyakemutse.

Amakuru avuga ko ubwo abari batwaye iyi modoka bari basubiye mu igaraje kongera gukora neza icyo kibazo cya feri kuko bari bamaze kumva ko ikigifite, ubwo bariho berecyeza ahubatse amazu mashya hazwi nko mu Cyahafi, n’ubundi yabuze feri ihita isekura igikuta cy’ahazwi nka Oprovia.

Ku bw’amahirwe, iyi mpanuka nta n’umwe yahitanye, uretse kuba uwari uyitwaye yakomeretse ahantu hatandukanye harimo ku mavi, ndetse ubwo yari ikimara kuba, akaba yavugaga ko ababara mu gatuza kuko yari yahakubise kuri Volant.

Ni mu gihe umukanishi bari kumwe, we yakubise umutwe ku birahure agakomereka, ndetse abakomerekejwe n’iyi mpanuka bahise bajyanwa kuvurirwa ahantu hatandukanye, barimo uwajyanywe ku Bitaro Bikuru bya Kaminuza Kigali CHUK no ku Bitaro by’ahazwi nko kwa Nyiranuma, i Nyamirambo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 1 =

Previous Post

AFC/M23 yashyize hanze imyitwarire iteye impungenge ya bamwe mu basirikare b’u Burundi nyuma yo kubatsinda

Next Post

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.