Friday, December 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

UPDATE: Uko byagenze ngo u Rwanda rumenye ko muhindi warutorokeyemo yavuye iwabo akurikiranyweho ibyaha bikomeye

radiotv10by radiotv10
27/11/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
UPDATE: Uko byagenze ngo u Rwanda rumenye ko muhindi warutorokeyemo yavuye iwabo akurikiranyweho ibyaha bikomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yashyikirije iy’u Buhindi, umuturage wabwo ukekwajo ibyaha by’iterabwoba wafatiwe ku butaka bw’u Rwanda kugira ngo ajye kuburanishwa n’Ubutabera bw’Igihugu cye.

Ni igikorwa cyabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 27 Ugushyingo 2024 aho inzego z’ubutabera z’u Rwanda, zirimo Polisi, Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha n’Ubushinjacyaha, bashyikirije Guverinoma y’u Buhindi uyu muturage witwa Salman Khan.

Uyu mugabo ukurikiranyweho ibyaha by’iterabwoba n’ibindi bifitanye isano na ryo, yafatiwe ku butaka bw’u Rwanda tariki 09 Nzeri uyu mwaka wa 2024.

Guta muri yombi uyu mugabo, byakozwe ku busabe bwa Guverinoma y’u Buhindi, yabugejeje ku y’u Rwanda binyuze muri Polisi Mpuzamahanga INTERPOL.

Umushinjacyaha ku Rwego rw’Igihugu, Siboyintore Jean Bosco wari uhagarariye Ubushinjacyaha muri iki gikorwa, yavuze ko Salman Khan yacikiye mu Rwanda akurikiranyweho ibyaha akekwaho gukorana n’abandi bagenzi be bafungiye mu Gihugu cy’iwabo mu Buhindi.

Yavuze ko tariki 02 Kanama 2024, Guverinoma y’u Buhindi yahaye u Rwanda ubusabe bwo gufata uyu muturage w’iki Gihugu wari waracikiye mu Rwanda.

Ati “Bugaragaza ko Salman Khan ukurikiranyweho ibyaha by’iterabwoba, ko ashakishwa, hari n’abandi bafungiye mu Gihugu cyabo ariko uyu yari yagerageje gucika aza mu Gihugu cy’u Rwanda, hanyuma ubwo busabe bwa Leta y’u Buhindi bucishije muri Polisi Mpuzamahanga [INTEPOL] bushakisha Salman Khan, noneho Urwego rw’Ubugenzacyaha RIB, habamo ishami rya INTERPOL baza kumubona hano mu Rwanda, baramufata ari tariki 09 z’ukwa cyenda.”

Siboyintore Jean Bosco akomeza avuga ko nyuma yuko Salman Khan afatiwe mu Rwanda, Guverinoma y’u Rwanda yabimenyesheje iy’u Buhindi, aho tariki 29 Ukwakira 2024 u Buhindi bwohereje inyandiko imusaba ko yakoherezwa mu Gihugu cye kugira ngo aburanishirizweyo.

Ati “Leta y’u Rwanda Minisiteri y’Ubutabera isuzuma ubwo busabe, Nyakubahwa Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta tariki 12 z’uku kwezi k’Ugushyingo uyu mwaka, yemeza ubwo busa abikora mu cyo twita Extradition order, atanga uruhushya rw’uko Salman Khan yahabwa Igihugu cy’u Buhindi.”

Ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwashyikirije inzego z’ubutabera z’u Buhindi dosiye z’uyu mugabo
Ndetse n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine + 9 =

Previous Post

Gisagara: Umubyeyi ubuzima buri gucika abureba aratabaza abagiraneza

Next Post

Rusizi: Umukecuru warokotse Jenoside yatewe n’abataramenyekana bamukubita banamubwira amagambo akanganye

Related Posts

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Abagore bo mu Ngabo z’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, bagaragarije abagore n’abakobwa bo muri iki Gihugu...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

by radiotv10
04/12/2025
0

Mu muhango wabereye muri White House-Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cya Leta Zunze Ubumwe za America, Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, na...

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

by radiotv10
04/12/2025
0

Umunsi wari utegerejwe wageze, ahateganyijwe isinywa ry’amasezerano y’amahoro n’ubukungu hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ashyirwaho umukono...

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

by radiotv10
04/12/2025
0

Nyuma yuko hasakaye amashusho agaragaza bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rusizi, bigamba ko banywa urumogi, ubuyobozi bw’aka Karere...

IZIHERUKA

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye
MU RWANDA

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

05/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

05/12/2025
Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

04/12/2025
Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

04/12/2025
Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

04/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Umukecuru warokotse Jenoside yatewe n’abataramenyekana bamukubita banamubwira amagambo akanganye

Rusizi: Umukecuru warokotse Jenoside yatewe n’abataramenyekana bamukubita banamubwira amagambo akanganye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.