Saturday, June 7, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

UPDATE: Uko byagenze ngo u Rwanda rumenye ko muhindi warutorokeyemo yavuye iwabo akurikiranyweho ibyaha bikomeye

radiotv10by radiotv10
27/11/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
UPDATE: Uko byagenze ngo u Rwanda rumenye ko muhindi warutorokeyemo yavuye iwabo akurikiranyweho ibyaha bikomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yashyikirije iy’u Buhindi, umuturage wabwo ukekwajo ibyaha by’iterabwoba wafatiwe ku butaka bw’u Rwanda kugira ngo ajye kuburanishwa n’Ubutabera bw’Igihugu cye.

Ni igikorwa cyabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 27 Ugushyingo 2024 aho inzego z’ubutabera z’u Rwanda, zirimo Polisi, Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha n’Ubushinjacyaha, bashyikirije Guverinoma y’u Buhindi uyu muturage witwa Salman Khan.

Uyu mugabo ukurikiranyweho ibyaha by’iterabwoba n’ibindi bifitanye isano na ryo, yafatiwe ku butaka bw’u Rwanda tariki 09 Nzeri uyu mwaka wa 2024.

Guta muri yombi uyu mugabo, byakozwe ku busabe bwa Guverinoma y’u Buhindi, yabugejeje ku y’u Rwanda binyuze muri Polisi Mpuzamahanga INTERPOL.

Umushinjacyaha ku Rwego rw’Igihugu, Siboyintore Jean Bosco wari uhagarariye Ubushinjacyaha muri iki gikorwa, yavuze ko Salman Khan yacikiye mu Rwanda akurikiranyweho ibyaha akekwaho gukorana n’abandi bagenzi be bafungiye mu Gihugu cy’iwabo mu Buhindi.

Yavuze ko tariki 02 Kanama 2024, Guverinoma y’u Buhindi yahaye u Rwanda ubusabe bwo gufata uyu muturage w’iki Gihugu wari waracikiye mu Rwanda.

Ati “Bugaragaza ko Salman Khan ukurikiranyweho ibyaha by’iterabwoba, ko ashakishwa, hari n’abandi bafungiye mu Gihugu cyabo ariko uyu yari yagerageje gucika aza mu Gihugu cy’u Rwanda, hanyuma ubwo busabe bwa Leta y’u Buhindi bucishije muri Polisi Mpuzamahanga [INTEPOL] bushakisha Salman Khan, noneho Urwego rw’Ubugenzacyaha RIB, habamo ishami rya INTERPOL baza kumubona hano mu Rwanda, baramufata ari tariki 09 z’ukwa cyenda.”

Siboyintore Jean Bosco akomeza avuga ko nyuma yuko Salman Khan afatiwe mu Rwanda, Guverinoma y’u Rwanda yabimenyesheje iy’u Buhindi, aho tariki 29 Ukwakira 2024 u Buhindi bwohereje inyandiko imusaba ko yakoherezwa mu Gihugu cye kugira ngo aburanishirizweyo.

Ati “Leta y’u Rwanda Minisiteri y’Ubutabera isuzuma ubwo busabe, Nyakubahwa Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta tariki 12 z’uku kwezi k’Ugushyingo uyu mwaka, yemeza ubwo busa abikora mu cyo twita Extradition order, atanga uruhushya rw’uko Salman Khan yahabwa Igihugu cy’u Buhindi.”

Ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwashyikirije inzego z’ubutabera z’u Buhindi dosiye z’uyu mugabo
Ndetse n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − 16 =

Previous Post

Gisagara: Umubyeyi ubuzima buri gucika abureba aratabaza abagiraneza

Next Post

Rusizi: Umukecuru warokotse Jenoside yatewe n’abataramenyekana bamukubita banamubwira amagambo akanganye

Related Posts

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, hatawe muri yombi umusore w’imyaka 20 nyuma yo gukekwaho gufata ku ngufu...

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Umukecuru warokotse Jenoside yatewe n’abataramenyekana bamukubita banamubwira amagambo akanganye

Rusizi: Umukecuru warokotse Jenoside yatewe n’abataramenyekana bamukubita banamubwira amagambo akanganye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.