Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

UPDATE: Uko byagenze ngo u Rwanda rumenye ko muhindi warutorokeyemo yavuye iwabo akurikiranyweho ibyaha bikomeye

radiotv10by radiotv10
27/11/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
UPDATE: Uko byagenze ngo u Rwanda rumenye ko muhindi warutorokeyemo yavuye iwabo akurikiranyweho ibyaha bikomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yashyikirije iy’u Buhindi, umuturage wabwo ukekwajo ibyaha by’iterabwoba wafatiwe ku butaka bw’u Rwanda kugira ngo ajye kuburanishwa n’Ubutabera bw’Igihugu cye.

Ni igikorwa cyabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 27 Ugushyingo 2024 aho inzego z’ubutabera z’u Rwanda, zirimo Polisi, Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha n’Ubushinjacyaha, bashyikirije Guverinoma y’u Buhindi uyu muturage witwa Salman Khan.

Uyu mugabo ukurikiranyweho ibyaha by’iterabwoba n’ibindi bifitanye isano na ryo, yafatiwe ku butaka bw’u Rwanda tariki 09 Nzeri uyu mwaka wa 2024.

Guta muri yombi uyu mugabo, byakozwe ku busabe bwa Guverinoma y’u Buhindi, yabugejeje ku y’u Rwanda binyuze muri Polisi Mpuzamahanga INTERPOL.

Umushinjacyaha ku Rwego rw’Igihugu, Siboyintore Jean Bosco wari uhagarariye Ubushinjacyaha muri iki gikorwa, yavuze ko Salman Khan yacikiye mu Rwanda akurikiranyweho ibyaha akekwaho gukorana n’abandi bagenzi be bafungiye mu Gihugu cy’iwabo mu Buhindi.

Yavuze ko tariki 02 Kanama 2024, Guverinoma y’u Buhindi yahaye u Rwanda ubusabe bwo gufata uyu muturage w’iki Gihugu wari waracikiye mu Rwanda.

Ati “Bugaragaza ko Salman Khan ukurikiranyweho ibyaha by’iterabwoba, ko ashakishwa, hari n’abandi bafungiye mu Gihugu cyabo ariko uyu yari yagerageje gucika aza mu Gihugu cy’u Rwanda, hanyuma ubwo busabe bwa Leta y’u Buhindi bucishije muri Polisi Mpuzamahanga [INTEPOL] bushakisha Salman Khan, noneho Urwego rw’Ubugenzacyaha RIB, habamo ishami rya INTERPOL baza kumubona hano mu Rwanda, baramufata ari tariki 09 z’ukwa cyenda.”

Siboyintore Jean Bosco akomeza avuga ko nyuma yuko Salman Khan afatiwe mu Rwanda, Guverinoma y’u Rwanda yabimenyesheje iy’u Buhindi, aho tariki 29 Ukwakira 2024 u Buhindi bwohereje inyandiko imusaba ko yakoherezwa mu Gihugu cye kugira ngo aburanishirizweyo.

Ati “Leta y’u Rwanda Minisiteri y’Ubutabera isuzuma ubwo busabe, Nyakubahwa Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta tariki 12 z’uku kwezi k’Ugushyingo uyu mwaka, yemeza ubwo busa abikora mu cyo twita Extradition order, atanga uruhushya rw’uko Salman Khan yahabwa Igihugu cy’u Buhindi.”

Ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwashyikirije inzego z’ubutabera z’u Buhindi dosiye z’uyu mugabo
Ndetse n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 + 17 =

Previous Post

Gisagara: Umubyeyi ubuzima buri gucika abureba aratabaza abagiraneza

Next Post

Rusizi: Umukecuru warokotse Jenoside yatewe n’abataramenyekana bamukubita banamubwira amagambo akanganye

Related Posts

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Moving to a new place can feel overwhelming, especially when you’re doing it by yourself. From packing your things to...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
31/12/2025
0

Abantu babiri batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’abantu bane bo mu Murenge wa Rukoma mu Karere ka...

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Eng.-Rwanda’s Foreign Minister says FARDC spokesperson’s suspension was driven by Western pressure

by radiotv10
31/12/2025
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation of Rwanda, Olivier Nduhungirehe, says that the suspension of Major General Sylvain...

IZIHERUKA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier
MU RWANDA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Umukecuru warokotse Jenoside yatewe n’abataramenyekana bamukubita banamubwira amagambo akanganye

Rusizi: Umukecuru warokotse Jenoside yatewe n’abataramenyekana bamukubita banamubwira amagambo akanganye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.