Monday, June 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uko byagenze ngo Umuyobozi w’Ishuri ry’i Nyagatare akekweho uruhare mu kwica umuntu

radiotv10by radiotv10
18/12/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi w’Ishuri rimwe ryo mu Murenge wa Rwimiyaga mu Karere ka Nyagatare, ari gushakishwa nyuma yo gukekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’umuturage, aho bivugwa ko yafatanyije n’undi muntu mu kumukubita bikamuviramo kwitaba Imana.

Uyu uri gushakishwa, yitwa Gatare Jacques usanzwe ari Umuyobozi wa G.S. Nyarupfubire, aho akekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’umuturage witwa Emmanuel w’imyaka 48 waguye mu Mudugudu wa Rukundo mu Kagari ka Kirebe mu Murenge wa Rwimiyaga.

Amakuru y’urupfu rw’uyu muturage, yemejwe n’Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba, SP Hamdun Twizeyimana, wavuze ko yitabye imana azize inkoni yakubiswe n’uyu muyobozi w’Ishuri afatanyije n’abashumba be.

Ngo intandaro ni amakuru uyu muyobozi w’Ishuri yahawe ko nyakwigendera yajyaga ajya kugura amata n’abashumba b’inka z’uyu Jacques, ariko bakayagurisha atabizi.

Ibi byaje kurakaza Jacques, asaba abamuhaye aya makuru ko igihe Emmanuel azaba agarutse kugura amata, bazamuhamagara bakabimubwira, ari na ko byagenze ku wa Mbere w’iki cyumweru ubwo babimubwiraga, agahita ajyayo ikubagahu, agafatanya n’ushinzwe gukurikirana Inka ze bagakubita uyu mugabo kugeza yitabye Imana.

SP Twizeyimana yibukije abantu ko kwihanira ari icyaha gihanwa n’amategeko, anibutsa abaturage ko igihe hari ikibazo bafitanye n’umuntu bakwiye kumenyesha inzego aho kwifatira icyemezo.

Ni mu gihe kandi Maj Gen (Rtd) Rutatina Richard wigeze kuyobora Urwego rw’Iperereza muri RDF, na we aherutse gutabwa muri yombi akekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’umuturage wakubitiwe mu rwuri rwe ruherereye mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Kayonza nubundi muri iyi Ntara y’Iburasirazuba yabereyemo ibikekwa kuri uyu muyobozi w’Ishuri, aho bivugwa ko uyu Mujenerali ari we watanze amabwiriza yo gukubita uwaje kwitaba Imana nyuma yo gukubitirwa mu rwuri rwe.

Dosiye ya Maj Gen (Rtd) Rutatina Richard yashyikirijwe Ubushinjacyaha mu ntangiro z’uku kwezi, tariki 06 Ukuboza 2024, mu gihe urupfu rw’umuntu wakubitiwe mu rwuri rwe rwabaye tariki 27 Ugushyingo 2024.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + 6 =

Previous Post

U Rwanda rwungutse Abenegihugu batatu bakomoka i Burayi (AMAFOTO)

Next Post

Rutahizamu uherutse kubura igihembo kiruta ibindi bikazamura impaka ubu ari kumwenyura

Related Posts

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Abatuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, baravuga ko hari abaremye itsinda ryiyise ‘Abanjongo’ baturuka mu Murenge wa...

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

by radiotv10
28/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zibifashijwemo n’iya Leta Zunze Ubumwe za America, zasinye amasezerano y’amahoro arimo...

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

by radiotv10
28/06/2025
0

Bamwe mu bakora akazi ko gusoroma icyayi mu mirima ya Pfunda mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, bavuga...

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

by radiotv10
28/06/2025
0

The Government of Rwanda and the Democratic Republic of Congo, with the support of the United States of America, have...

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

by radiotv10
27/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z’u Rwanda, barangije amasomo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Kimaka muri...

IZIHERUKA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye
IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

28/06/2025
Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

28/06/2025
Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

28/06/2025
Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

27/06/2025
“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

27/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rutahizamu uherutse kubura igihembo kiruta ibindi bikazamura impaka ubu ari kumwenyura

Rutahizamu uherutse kubura igihembo kiruta ibindi bikazamura impaka ubu ari kumwenyura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.