Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uko byifashe nyuma yuko Congo ifunze umupaka bitunguranye n’impamvu ikekwa

radiotv10by radiotv10
05/11/2024
in MU RWANDA
0
Uko byifashe nyuma yuko Congo ifunze umupaka bitunguranye n’impamvu ikekwa
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage biganjemo abakora ubucuruzi buciriritse bwambukiranya imipaka hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, baguye mu kantu nyuma yo gusanga umupaka wa Grande Barrière wafunzwe bitunguranye, bakanavuga amakuru bari kumva y’icyatumye uyu mupaka ufungwa.

Iki cyemezo cyamenyekanye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Ugushyingo 2024, ubwo abaturage bavaga mu Rwanda biganjemo abakora ubucuruzi buciriritse berecyezaga muri Congo, banyuze kuri uyu mupaka, ariko bagasanga inzira zitakiri nyabagendwa.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 ukorera mu Ntara y’Iburengerazuba, yageze kuri uyu mupaka asanga abaturage benshi babuze ayo bacira n’ayo bamira, babuze uko bambuka, bicaye bategereje ko hari impinduka zaba kugira ngo bambuke.

Kugeza mu masaha ya saa yine ubwo twandikaga iyi nkuru, abaturage bari bakicaye kuri uyu mupaka wa Grande Barrière bategereje ko bafungurirwa.

Ababuze uko bambuka, ni abagombaga gukoresha uyu mupaka wa Grande Barrière, ufite umwihariko w’ibicuruzwa biwunyuraho bitemerewe kunyura ku mupaka wa Petite Barrière, aho hanyura ibicuruzwa biba bifite agaciro, mu gihe abandi bahise bajya kunyura ku mupaka muto.

Kuri uyu mupaka wa Grande Barrière kandi hanyura ibicuruzwa bitwawe n’imodoka, biba bigomba gusoreshwa, kuko ari na ho hari ibiro bishinzwe gusoresha, ku buryo hari n’umurongo w’imodoka nyinshi zabuze uko zambuka.

Hari abatanyura ku mupaka muto, bitewe n’ibyo bitwaje birimo ibifite agaciro kanini imodoka zitwaye ibicuruzwa, kuko ari ho hari ibiro bishinzwe ikoresho

Bamwe mu baganiriye na RADIOTV10, bavuga ko bafite icyizere ko baza gufungurirwa uyu mupaka bakabona uko bambuka bakajya gushakisha imibereho nk’uko bisanzwe.

Umwe yagize ati “Ariko nibadufungurira ubwo turambuka tugende, ariko nibatatwemerera turataha.”

Bamwe mu baturage kandi bavuga ko bari kumva amakuru ko ifungwa ry’uyu mupaka wa Grande Barrière ryakozwe n’ubuyobozi bwa Congo, ryatewe n’Inama y’Umutekano ikomeye iri kubera muri Hoteli ya Ihusi iri hakurya mu Mujyi wa Goma, hafi h’uyu mupaka.

Aba baturage bavuga ko n’iyo byaba byatewe n’iyi nama byaba byumvikana, ariko ko nibura ubuyobozi bw’ibiro bishinzwe abinjira n’abasohoka muri Congo, bwagakwiye kuba bwabimenyesheje abaturage, nibuga hakaba hari n’itangazo ribivugaho, kandi bikaba byaratangajwe mbere, ntibikorwe mu buryo butunguranye.

Imyanzuro yafatiwe mu nama yabereye i Luanda muri Angola mu cyumweru gishize, yahuje impuguke mu by’umutekano n’ubutasi hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yanzuye ko bitarenze kuri uyu wa 05 Ugushyingo 2024, i Goma hagomba gutangizwa ku mugaragaro itsinda rihuriweho ry’Inzego z’umutekano z’Ibihugu byombi, rigomba kuzakurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’ibyemeranyijweho na Guverinoma z’Ibihugu byombi birimo kurandura FDLR.

Bamwe babanje gutegereza ngo barebe ko umupaka ufungurwa
Bari bajyanye amatungo akunze kugurishirizwa muri Congo
Abantu baguye mu kantu
Imodoka nini zabuze uko zambuka

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − two =

Previous Post

Mu rubanza rwa ‘Fatakumavuta’ havuzwemo amazina y’abazwi mu myidagaduro Nyarwanda

Next Post

Uko hatahuwe amashusho y’umuyobozi muri Guinée Equatoriale waciye ibintu ku mbuga nkoranyambaga

Related Posts

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

IZIHERUKA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye
IMIBEREHO MYIZA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko hatahuwe amashusho y’umuyobozi muri Guinée Equatoriale waciye ibintu ku mbuga nkoranyambaga

Uko hatahuwe amashusho y’umuyobozi muri Guinée Equatoriale waciye ibintu ku mbuga nkoranyambaga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.