Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uko byifashe nyuma yuko Congo ifunze umupaka bitunguranye n’impamvu ikekwa

radiotv10by radiotv10
05/11/2024
in MU RWANDA
0
Uko byifashe nyuma yuko Congo ifunze umupaka bitunguranye n’impamvu ikekwa
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage biganjemo abakora ubucuruzi buciriritse bwambukiranya imipaka hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, baguye mu kantu nyuma yo gusanga umupaka wa Grande Barrière wafunzwe bitunguranye, bakanavuga amakuru bari kumva y’icyatumye uyu mupaka ufungwa.

Iki cyemezo cyamenyekanye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Ugushyingo 2024, ubwo abaturage bavaga mu Rwanda biganjemo abakora ubucuruzi buciriritse berecyezaga muri Congo, banyuze kuri uyu mupaka, ariko bagasanga inzira zitakiri nyabagendwa.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 ukorera mu Ntara y’Iburengerazuba, yageze kuri uyu mupaka asanga abaturage benshi babuze ayo bacira n’ayo bamira, babuze uko bambuka, bicaye bategereje ko hari impinduka zaba kugira ngo bambuke.

Kugeza mu masaha ya saa yine ubwo twandikaga iyi nkuru, abaturage bari bakicaye kuri uyu mupaka wa Grande Barrière bategereje ko bafungurirwa.

Ababuze uko bambuka, ni abagombaga gukoresha uyu mupaka wa Grande Barrière, ufite umwihariko w’ibicuruzwa biwunyuraho bitemerewe kunyura ku mupaka wa Petite Barrière, aho hanyura ibicuruzwa biba bifite agaciro, mu gihe abandi bahise bajya kunyura ku mupaka muto.

Kuri uyu mupaka wa Grande Barrière kandi hanyura ibicuruzwa bitwawe n’imodoka, biba bigomba gusoreshwa, kuko ari na ho hari ibiro bishinzwe gusoresha, ku buryo hari n’umurongo w’imodoka nyinshi zabuze uko zambuka.

Hari abatanyura ku mupaka muto, bitewe n’ibyo bitwaje birimo ibifite agaciro kanini imodoka zitwaye ibicuruzwa, kuko ari ho hari ibiro bishinzwe ikoresho

Bamwe mu baganiriye na RADIOTV10, bavuga ko bafite icyizere ko baza gufungurirwa uyu mupaka bakabona uko bambuka bakajya gushakisha imibereho nk’uko bisanzwe.

Umwe yagize ati “Ariko nibadufungurira ubwo turambuka tugende, ariko nibatatwemerera turataha.”

Bamwe mu baturage kandi bavuga ko bari kumva amakuru ko ifungwa ry’uyu mupaka wa Grande Barrière ryakozwe n’ubuyobozi bwa Congo, ryatewe n’Inama y’Umutekano ikomeye iri kubera muri Hoteli ya Ihusi iri hakurya mu Mujyi wa Goma, hafi h’uyu mupaka.

Aba baturage bavuga ko n’iyo byaba byatewe n’iyi nama byaba byumvikana, ariko ko nibura ubuyobozi bw’ibiro bishinzwe abinjira n’abasohoka muri Congo, bwagakwiye kuba bwabimenyesheje abaturage, nibuga hakaba hari n’itangazo ribivugaho, kandi bikaba byaratangajwe mbere, ntibikorwe mu buryo butunguranye.

Imyanzuro yafatiwe mu nama yabereye i Luanda muri Angola mu cyumweru gishize, yahuje impuguke mu by’umutekano n’ubutasi hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yanzuye ko bitarenze kuri uyu wa 05 Ugushyingo 2024, i Goma hagomba gutangizwa ku mugaragaro itsinda rihuriweho ry’Inzego z’umutekano z’Ibihugu byombi, rigomba kuzakurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’ibyemeranyijweho na Guverinoma z’Ibihugu byombi birimo kurandura FDLR.

Bamwe babanje gutegereza ngo barebe ko umupaka ufungurwa
Bari bajyanye amatungo akunze kugurishirizwa muri Congo
Abantu baguye mu kantu
Imodoka nini zabuze uko zambuka

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + 20 =

Previous Post

Mu rubanza rwa ‘Fatakumavuta’ havuzwemo amazina y’abazwi mu myidagaduro Nyarwanda

Next Post

Uko hatahuwe amashusho y’umuyobozi muri Guinée Equatoriale waciye ibintu ku mbuga nkoranyambaga

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko hatahuwe amashusho y’umuyobozi muri Guinée Equatoriale waciye ibintu ku mbuga nkoranyambaga

Uko hatahuwe amashusho y’umuyobozi muri Guinée Equatoriale waciye ibintu ku mbuga nkoranyambaga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.