Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uko byifashe nyuma yuko Congo ifunze umupaka bitunguranye n’impamvu ikekwa

radiotv10by radiotv10
05/11/2024
in MU RWANDA
0
Uko byifashe nyuma yuko Congo ifunze umupaka bitunguranye n’impamvu ikekwa
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage biganjemo abakora ubucuruzi buciriritse bwambukiranya imipaka hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, baguye mu kantu nyuma yo gusanga umupaka wa Grande Barrière wafunzwe bitunguranye, bakanavuga amakuru bari kumva y’icyatumye uyu mupaka ufungwa.

Iki cyemezo cyamenyekanye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Ugushyingo 2024, ubwo abaturage bavaga mu Rwanda biganjemo abakora ubucuruzi buciriritse berecyezaga muri Congo, banyuze kuri uyu mupaka, ariko bagasanga inzira zitakiri nyabagendwa.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 ukorera mu Ntara y’Iburengerazuba, yageze kuri uyu mupaka asanga abaturage benshi babuze ayo bacira n’ayo bamira, babuze uko bambuka, bicaye bategereje ko hari impinduka zaba kugira ngo bambuke.

Kugeza mu masaha ya saa yine ubwo twandikaga iyi nkuru, abaturage bari bakicaye kuri uyu mupaka wa Grande Barrière bategereje ko bafungurirwa.

Ababuze uko bambuka, ni abagombaga gukoresha uyu mupaka wa Grande Barrière, ufite umwihariko w’ibicuruzwa biwunyuraho bitemerewe kunyura ku mupaka wa Petite Barrière, aho hanyura ibicuruzwa biba bifite agaciro, mu gihe abandi bahise bajya kunyura ku mupaka muto.

Kuri uyu mupaka wa Grande Barrière kandi hanyura ibicuruzwa bitwawe n’imodoka, biba bigomba gusoreshwa, kuko ari na ho hari ibiro bishinzwe gusoresha, ku buryo hari n’umurongo w’imodoka nyinshi zabuze uko zambuka.

Hari abatanyura ku mupaka muto, bitewe n’ibyo bitwaje birimo ibifite agaciro kanini imodoka zitwaye ibicuruzwa, kuko ari ho hari ibiro bishinzwe ikoresho

Bamwe mu baganiriye na RADIOTV10, bavuga ko bafite icyizere ko baza gufungurirwa uyu mupaka bakabona uko bambuka bakajya gushakisha imibereho nk’uko bisanzwe.

Umwe yagize ati “Ariko nibadufungurira ubwo turambuka tugende, ariko nibatatwemerera turataha.”

Bamwe mu baturage kandi bavuga ko bari kumva amakuru ko ifungwa ry’uyu mupaka wa Grande Barrière ryakozwe n’ubuyobozi bwa Congo, ryatewe n’Inama y’Umutekano ikomeye iri kubera muri Hoteli ya Ihusi iri hakurya mu Mujyi wa Goma, hafi h’uyu mupaka.

Aba baturage bavuga ko n’iyo byaba byatewe n’iyi nama byaba byumvikana, ariko ko nibura ubuyobozi bw’ibiro bishinzwe abinjira n’abasohoka muri Congo, bwagakwiye kuba bwabimenyesheje abaturage, nibuga hakaba hari n’itangazo ribivugaho, kandi bikaba byaratangajwe mbere, ntibikorwe mu buryo butunguranye.

Imyanzuro yafatiwe mu nama yabereye i Luanda muri Angola mu cyumweru gishize, yahuje impuguke mu by’umutekano n’ubutasi hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yanzuye ko bitarenze kuri uyu wa 05 Ugushyingo 2024, i Goma hagomba gutangizwa ku mugaragaro itsinda rihuriweho ry’Inzego z’umutekano z’Ibihugu byombi, rigomba kuzakurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’ibyemeranyijweho na Guverinoma z’Ibihugu byombi birimo kurandura FDLR.

Bamwe babanje gutegereza ngo barebe ko umupaka ufungurwa
Bari bajyanye amatungo akunze kugurishirizwa muri Congo
Abantu baguye mu kantu
Imodoka nini zabuze uko zambuka

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 − four =

Previous Post

Mu rubanza rwa ‘Fatakumavuta’ havuzwemo amazina y’abazwi mu myidagaduro Nyarwanda

Next Post

Uko hatahuwe amashusho y’umuyobozi muri Guinée Equatoriale waciye ibintu ku mbuga nkoranyambaga

Related Posts

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

IZIHERUKA

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye
MU RWANDA

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko hatahuwe amashusho y’umuyobozi muri Guinée Equatoriale waciye ibintu ku mbuga nkoranyambaga

Uko hatahuwe amashusho y’umuyobozi muri Guinée Equatoriale waciye ibintu ku mbuga nkoranyambaga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.