Tuesday, December 9, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uko byifashe nyuma yuko Congo ifunze umupaka bitunguranye n’impamvu ikekwa

radiotv10by radiotv10
05/11/2024
in MU RWANDA
0
Uko byifashe nyuma yuko Congo ifunze umupaka bitunguranye n’impamvu ikekwa
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage biganjemo abakora ubucuruzi buciriritse bwambukiranya imipaka hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, baguye mu kantu nyuma yo gusanga umupaka wa Grande Barrière wafunzwe bitunguranye, bakanavuga amakuru bari kumva y’icyatumye uyu mupaka ufungwa.

Iki cyemezo cyamenyekanye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Ugushyingo 2024, ubwo abaturage bavaga mu Rwanda biganjemo abakora ubucuruzi buciriritse berecyezaga muri Congo, banyuze kuri uyu mupaka, ariko bagasanga inzira zitakiri nyabagendwa.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 ukorera mu Ntara y’Iburengerazuba, yageze kuri uyu mupaka asanga abaturage benshi babuze ayo bacira n’ayo bamira, babuze uko bambuka, bicaye bategereje ko hari impinduka zaba kugira ngo bambuke.

Kugeza mu masaha ya saa yine ubwo twandikaga iyi nkuru, abaturage bari bakicaye kuri uyu mupaka wa Grande Barrière bategereje ko bafungurirwa.

Ababuze uko bambuka, ni abagombaga gukoresha uyu mupaka wa Grande Barrière, ufite umwihariko w’ibicuruzwa biwunyuraho bitemerewe kunyura ku mupaka wa Petite Barrière, aho hanyura ibicuruzwa biba bifite agaciro, mu gihe abandi bahise bajya kunyura ku mupaka muto.

Kuri uyu mupaka wa Grande Barrière kandi hanyura ibicuruzwa bitwawe n’imodoka, biba bigomba gusoreshwa, kuko ari na ho hari ibiro bishinzwe gusoresha, ku buryo hari n’umurongo w’imodoka nyinshi zabuze uko zambuka.

Hari abatanyura ku mupaka muto, bitewe n’ibyo bitwaje birimo ibifite agaciro kanini imodoka zitwaye ibicuruzwa, kuko ari ho hari ibiro bishinzwe ikoresho

Bamwe mu baganiriye na RADIOTV10, bavuga ko bafite icyizere ko baza gufungurirwa uyu mupaka bakabona uko bambuka bakajya gushakisha imibereho nk’uko bisanzwe.

Umwe yagize ati “Ariko nibadufungurira ubwo turambuka tugende, ariko nibatatwemerera turataha.”

Bamwe mu baturage kandi bavuga ko bari kumva amakuru ko ifungwa ry’uyu mupaka wa Grande Barrière ryakozwe n’ubuyobozi bwa Congo, ryatewe n’Inama y’Umutekano ikomeye iri kubera muri Hoteli ya Ihusi iri hakurya mu Mujyi wa Goma, hafi h’uyu mupaka.

Aba baturage bavuga ko n’iyo byaba byatewe n’iyi nama byaba byumvikana, ariko ko nibura ubuyobozi bw’ibiro bishinzwe abinjira n’abasohoka muri Congo, bwagakwiye kuba bwabimenyesheje abaturage, nibuga hakaba hari n’itangazo ribivugaho, kandi bikaba byaratangajwe mbere, ntibikorwe mu buryo butunguranye.

Imyanzuro yafatiwe mu nama yabereye i Luanda muri Angola mu cyumweru gishize, yahuje impuguke mu by’umutekano n’ubutasi hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yanzuye ko bitarenze kuri uyu wa 05 Ugushyingo 2024, i Goma hagomba gutangizwa ku mugaragaro itsinda rihuriweho ry’Inzego z’umutekano z’Ibihugu byombi, rigomba kuzakurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’ibyemeranyijweho na Guverinoma z’Ibihugu byombi birimo kurandura FDLR.

Bamwe babanje gutegereza ngo barebe ko umupaka ufungurwa
Bari bajyanye amatungo akunze kugurishirizwa muri Congo
Abantu baguye mu kantu
Imodoka nini zabuze uko zambuka

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 3 =

Previous Post

Mu rubanza rwa ‘Fatakumavuta’ havuzwemo amazina y’abazwi mu myidagaduro Nyarwanda

Next Post

Uko hatahuwe amashusho y’umuyobozi muri Guinée Equatoriale waciye ibintu ku mbuga nkoranyambaga

Related Posts

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

by radiotv10
09/12/2025
0

Entering adulthood comes with new freedom, responsibility, and decisions that shape one’s future. For many young Rwandans, especially those beginning...

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

by radiotv10
09/12/2025
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, bavuga ko amatiyo y'amazi meza anyura mu Mudugudu...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
08/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

by radiotv10
08/12/2025
0

Mu marushanwa y’imikino y’abagize Inteko Zishinga Ametegeko z’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Depite Mukabalisa Germaine, yegukanye umudali wa Zahabu...

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

by radiotv10
08/12/2025
0

A member of the Rwandan Parliament, Hon. Germaine Mukabalisa has made history at the East African Community (EAC) Games, held...

IZIHERUKA

Balancing full-time job/studies with passion projects: Stories of Kigali youth chasing dreams after 5pm
IMYIDAGADURO

Balancing full-time job/studies with passion projects: Stories of Kigali youth chasing dreams after 5pm

by radiotv10
09/12/2025
0

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

09/12/2025
U Burundi bwavuze ko bwiteguye kurwana bunashinja u Rwanda ibirego bishya by’ibinyoma

U Burundi bwavuze ko bwiteguye kurwana bunashinja u Rwanda ibirego bishya by’ibinyoma

09/12/2025
Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

09/12/2025
Umunsi Rayon na APR zizongera gukiniraho wamenyekanye noneho uzasiga imwe yegukanye igikombe

Umunsi Rayon na APR zizongera gukiniraho wamenyekanye noneho uzasiga imwe yegukanye igikombe

09/12/2025
Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

09/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko hatahuwe amashusho y’umuyobozi muri Guinée Equatoriale waciye ibintu ku mbuga nkoranyambaga

Uko hatahuwe amashusho y’umuyobozi muri Guinée Equatoriale waciye ibintu ku mbuga nkoranyambaga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Balancing full-time job/studies with passion projects: Stories of Kigali youth chasing dreams after 5pm

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

U Burundi bwavuze ko bwiteguye kurwana bunashinja u Rwanda ibirego bishya by’ibinyoma

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.