Sunday, December 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Uko gahunda y’izina ryihariye irimo n’agashya yabafashije kurwanya imirire mibi mu bana

radiotv10by radiotv10
21/01/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Uko gahunda y’izina ryihariye irimo n’agashya yabafashije kurwanya imirire mibi mu bana
Share on FacebookShare on Twitter

Gahunda ya ‘Kundwa Kibondo’ yazanywe n’Ikigo Nderabuzima cya Sovu mu Murenge wa Huye mu Karere ka Huye, ibumbatiyemo ibikorwa binyuranye nko kubyara muri batisimu abana bafite imirire mibi, yatumye muri uyu Murenge barwanya iki kibazo, aho ubu baharwa umwana umwe gusa mu gihe hari 69.

Umubikira Solange Uwanyirigira uyobora Ikigo Nderabuzima cya Sovu, avuga ko yatekereje aka gashya nyuma yo kubona umubare w’abana bari mu mirire mibi ukomeza kwiyongera, nyamara hari gahunda za Leta zibageraho buri kwezi nka shisha kibondo.

Agira ati “Abana barabona amata, abana barabona shisha kibondo bakanavurwa, nkibaza impamvu ikibazo kireshya gutyo. Twahise dupima abana mu Tugari twose dusanga abagera kuri 64 bararembye.”

Abana bose mu Murenge bari barembye bashyizwe mu bitaro bitabwaho byumwihariko ndetse ababyeyi babo barigishwa, bamwe bahindura imyumvire yabateraga kutita ku bana neza.

Uwanyirigira ati “Uko amezi yagendaga ashira twarabasezereraga bakize, bakijijwe n’iki?, n’isuku kubavura, guhindurira ba nyina  imyumvire no kubongerera amashereka kuko hari abo twasangaga na bo ubwabo bashonje.”

Uretse kubitaho muri ubwo buryo, muri iyi gahunda ya Kundwa Kibondo na gahunda y’igi ry’umwana, aho muri mukozi w’Ikigo Nderabuzima cya Sovu n’ab’Umurenge wa Huye ndetse n’abajyanama b’ubuzima bigomwa ibiceri 200 Frw agakoreshwa mu gukomeza kwita ku bana baba bavuye mu mirire mibi.

Uretse kwigomwa ibyo biceri ku mishahara yabo, abakozi b’Ikigo Nderabuzima ndetse n’ab’Umurenge wa Huye babyara abana muri batisimu muri abo baba bakize imirire mibi bagakomeza kubakurikirana babasura.

Mutesire Beathe ati “Mfite aba bane nabyaye muri batisimu kugeza ubu bose bameze neza.”

Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Ange Sebutege ushima iyi gahunda, avuga ko n’utundi Turere twaje kuyigiraho ndetse akemeza ko yafashije mu kugabanya umubare w’abana bari bafite iki kibazo mu buryo bwihuse.

Ati “Nanjye mperutse kubyara impanga mu Kagari ka Kaburemera kandi ubu zimeze neza. Hari ibikorwa byinshi dukora ariko agashya icyo kadufasha ni ukurwanya ibipimo by’igwingira n’imirire mibi mu buyo bwihuse, ndetse nta n’ubwo byagarukiye hano gusa kuko n’Uturere two mu Ntara y’Amajyepfo twagiye tuza kwigira ku Kigo Nderabuzima cya Sovu.”

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − six =

Previous Post

BREAKING: Hemejwe ifungwa ry’abarimo Emelyne wagaragaye mu mashusho yamaganiwe kure hatangazwa n’andi makuru

Next Post

U Rwanda rwavuze icyo rwiteze mu mubano warwo na America nyuma y’irahira rya Trump

Related Posts

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugore wari umaze ukwezi ashatse mu murenge wa Muganza yagerageje kwiyahura akoresheje igitenge ubwo umugabo yari amaze kumubwirira mu buriri...

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

by radiotv10
27/12/2025
0

Ginger is a common spice found in many kitchens. In Rwanda and across the world, people use it in tea,...

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

IZIHERUKA

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye
FOOTBALL

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
27/12/2025
0

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

27/12/2025
Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

27/12/2025
Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

27/12/2025
Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwavuze icyo rwiteze mu mubano warwo na America nyuma y’irahira rya Trump

U Rwanda rwavuze icyo rwiteze mu mubano warwo na America nyuma y’irahira rya Trump

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.