Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Uko gahunda y’izina ryihariye irimo n’agashya yabafashije kurwanya imirire mibi mu bana

radiotv10by radiotv10
21/01/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Uko gahunda y’izina ryihariye irimo n’agashya yabafashije kurwanya imirire mibi mu bana
Share on FacebookShare on Twitter

Gahunda ya ‘Kundwa Kibondo’ yazanywe n’Ikigo Nderabuzima cya Sovu mu Murenge wa Huye mu Karere ka Huye, ibumbatiyemo ibikorwa binyuranye nko kubyara muri batisimu abana bafite imirire mibi, yatumye muri uyu Murenge barwanya iki kibazo, aho ubu baharwa umwana umwe gusa mu gihe hari 69.

Umubikira Solange Uwanyirigira uyobora Ikigo Nderabuzima cya Sovu, avuga ko yatekereje aka gashya nyuma yo kubona umubare w’abana bari mu mirire mibi ukomeza kwiyongera, nyamara hari gahunda za Leta zibageraho buri kwezi nka shisha kibondo.

Agira ati “Abana barabona amata, abana barabona shisha kibondo bakanavurwa, nkibaza impamvu ikibazo kireshya gutyo. Twahise dupima abana mu Tugari twose dusanga abagera kuri 64 bararembye.”

Abana bose mu Murenge bari barembye bashyizwe mu bitaro bitabwaho byumwihariko ndetse ababyeyi babo barigishwa, bamwe bahindura imyumvire yabateraga kutita ku bana neza.

Uwanyirigira ati “Uko amezi yagendaga ashira twarabasezereraga bakize, bakijijwe n’iki?, n’isuku kubavura, guhindurira ba nyina  imyumvire no kubongerera amashereka kuko hari abo twasangaga na bo ubwabo bashonje.”

Uretse kubitaho muri ubwo buryo, muri iyi gahunda ya Kundwa Kibondo na gahunda y’igi ry’umwana, aho muri mukozi w’Ikigo Nderabuzima cya Sovu n’ab’Umurenge wa Huye ndetse n’abajyanama b’ubuzima bigomwa ibiceri 200 Frw agakoreshwa mu gukomeza kwita ku bana baba bavuye mu mirire mibi.

Uretse kwigomwa ibyo biceri ku mishahara yabo, abakozi b’Ikigo Nderabuzima ndetse n’ab’Umurenge wa Huye babyara abana muri batisimu muri abo baba bakize imirire mibi bagakomeza kubakurikirana babasura.

Mutesire Beathe ati “Mfite aba bane nabyaye muri batisimu kugeza ubu bose bameze neza.”

Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Ange Sebutege ushima iyi gahunda, avuga ko n’utundi Turere twaje kuyigiraho ndetse akemeza ko yafashije mu kugabanya umubare w’abana bari bafite iki kibazo mu buryo bwihuse.

Ati “Nanjye mperutse kubyara impanga mu Kagari ka Kaburemera kandi ubu zimeze neza. Hari ibikorwa byinshi dukora ariko agashya icyo kadufasha ni ukurwanya ibipimo by’igwingira n’imirire mibi mu buyo bwihuse, ndetse nta n’ubwo byagarukiye hano gusa kuko n’Uturere two mu Ntara y’Amajyepfo twagiye tuza kwigira ku Kigo Nderabuzima cya Sovu.”

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 5 =

Previous Post

BREAKING: Hemejwe ifungwa ry’abarimo Emelyne wagaragaye mu mashusho yamaganiwe kure hatangazwa n’andi makuru

Next Post

U Rwanda rwavuze icyo rwiteze mu mubano warwo na America nyuma y’irahira rya Trump

Related Posts

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

by radiotv10
07/01/2026
0

Mental exhaustion doesn’t always look like a breakdown or tears. Most of the time, it shows up quietly in ways...

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

by radiotv10
07/01/2026
0

Have you ever noticed how January feels like a fresh start? Suddenly, people are setting goals, joining gyms, or trying...

IZIHERUKA

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito
AMAHANGA

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

by radiotv10
07/01/2026
0

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwavuze icyo rwiteze mu mubano warwo na America nyuma y’irahira rya Trump

U Rwanda rwavuze icyo rwiteze mu mubano warwo na America nyuma y’irahira rya Trump

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.